Umuyobozi wa Rwanda Golf Union, Amb. Bill Kayonga yacyeje Nsanzuwera Celestin wegukanye irushanwa rya SportsBiz Golf Africa Championship ryabera i Kigali ahigitse ibihangange ku mugabane w’Afurika. Nsanzuwera akimara kwinjiza agapira ka nyuma yahise asanganirwa n’abafana
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Djihad Bizimama yavuze ko Amavubi atari ikipe nto imbere ya Nigeria nkuko byatekerezwa ahubwo ishobora gukina kandi igahangana mu gihe umutoza avuga ko bazi impamvu bari muri Nigeria.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 5 Nzeri, umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi Ntawangundi Dominique yatangaje urutonde nta kuka rw’abakinnyi azajyana mu gikombe cy’afurika.
Mu gihe irushanwa mpuzamahanga rya Golf “SportsBiz Africa Championship” ribura umunsi umwe ngo rishyirweho akadomo, umunyakenya Charles Gacheru yatangaje ko guhitamo u Rwanda hagendewe ku bintu byinshi birangajwe imbere n’ibikorwa remezo, koroshya ingendo, amahoteri ndetse n’ibindi
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yakoreye imyitozo ya mbere muri Nigeria yitegura umukino w’umunsi wa karindwi wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 uzayihuza na Nigeria.
Ku bufatanye na Sunshine Africa Development Tour, SportsBiz Africa yateguye irushanwa rya Golf ryiswe SportsBiz Africa Golf Championship riteguza inama y’ubucuruzi na Siporo “SportsBiz Africa forum” izabera i Kigali.
Shema Ngoga Fabrice uheruka gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, akaba yanaherekeje Amavubi mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 azakina na Nigeria na Zimbabwe yavuze ko gutsindwa bitari mu byo abara kuko iyo uherekeje ikipe, uba utwaye igihugu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri saa mbili n’iminota 55, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda "Amavubi" irahaguruka i Kigali yerekeza muri Nigeria aho igiye kuhakinira umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 mbere yo gusura Zimbabwe muri Afurika y’Epfo.
Ku mugoroba wo ku wa 30 Kanama 2025 hateguwe irushanwa ry’iteramakofe ryiswe "Ijoro ry’Iteramakofe " hagamijwe kureba urwego abakinnyi b’Abanyarwanda bagezeho muri uyu mukino, banyura abaryitabiriye.
Kuri iki Cyumweru ikipe ya Mukura VS yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu ikorana n’Ikigo cy’Ubwishingizi cya BK Insurance cya Banki ya Kigali.
Uyu munsi taliki ya 30 Kanama mu karere ka Karongi, hasojwe amahugurwa y’abatoza b’umukino wa Triathlon yari agamije gukarishya ubumenyi bw’abari basanzwe muri uyu mukino ndetse no guhugura abashya.
Kuri uyu wa Gatandatu, Shema Ngoga Fabrice yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda kugeza mu 2029.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’Umunya-Cameroon Asanah Nah wayikiniye amezi atanu.
Abarundi Rukundo Abdul Rahman ‘PaPlay’ n’umunyezamu Ndikuriyo Patient batandukanye na Rayon Sports ku bwumvikane nyuma yo gusesa amasezerano.
Kuri uyu wa Gatatu hatangajwe uko amakipe azahura muri shampiyona 2025-2026 aho Rayon Sports izatangira ikina na Kiyovu Sports, ikacyirwa na APR FC mu Ugushyingo 2025.
Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rwa Gisirikare rwategetse ko abasivile 23 barimo abanyamakuru Rugaju Reagan, Ishimwe Ricard, Mucyo Antha n’umuvugizi w’abafana ba APR FC Jangwani bakurikiranweho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe barekurwa by’agateganyo.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Police FC yegukanye irushanwa ry’inkera y’abahizi ryateguwe na APR FC yaribayemo iya nyuma.
Izuba ryabanje gutambika kuri Kigali Golf Resort & Villas, umuyaga mwiza n’ikirere cyera bitanga ishusho y’umunsi udasanzwe: irushanwa rya mbere rya NCBA Junior Golf Series ribereye mu Rwanda. Ku isaha ya kare, abana bato bari bamaze kugera ku kibuga, bitabiriye imyitozo bafite ishyaka n’uburemere bw’umunsi, biteguye (…)
Amashuri ya International Technical School Kigali na APE Rugunga yegukanye ibikombe mu mukino wa Basketball mu mikino ihuza amashuri yo muri Afurika y’Iburasirazuba yaberaga muri Kenya.
Ikipe ya Police FC itsinze APR FC mu irushanwa ry’inkerayabahizi ibitego 3-2 bituma amahirwe yo kwegukana iri rushanwa yiteguriye ayoyoka burundu.
Umukino wa Golf mu Rwanda wateye indi ntambwe ikomeye. Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Kanama 2025 haratangira shampiyona ya mbere y’abana ya NCBA Junior Golf Series ku Kibuga cya Kigali Golf Resort.
Mu gihe isigaje umukino umwe mu irushanwa ry’Inkera y’Abahizi ryateguwe na APR FC, ikipe ya AS Kigali yiyongereye amahirwe yo kuryegukana nyuma yo gutsindira AZAM FC igitego 1-0 kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Kane.
Abanyamuryango ba Rayon Sports batumijwe n’Inama y’Ubutegetsi mu nama y’Inteko Rusange isanzwe y’uyu muryango iteganyijwe tariki 7 Nzeri 2025.
Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda bwatangaje ko iya 2025-2026 izatangira tariki 12 Nzeri 2025.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yanganyirije na AS Kigali igitego 1-1 kuri Kigali Pelé Stadium mu mukino wa kabiri wayo mu irushanwa yateguye yise Inkera y’Abahizi, ariko umukino uza kurangira APR FC itsinzwe kuri penaliti 4 kuri 5 ya AS Kigali.
Ikipe ya AZAM FC yo muri Tanzania, yatsinze ikipe ya Police FC penaliti 4-3 nyuma yo kunganya igitego 1-1, mu minota 90 y’umukino isanzwe mu mukino w’Irushanwa ryiswe Inkera y’Abahizi.
Abayobozi, abakinnyi n’abatoza mu mukino w’Iteramakofe mu Rwanda bitabiriye siporo rusange ku wa 17 Kanama 2025, basabwa kwimakaza umuco wo gukora kuko ituma umuntu agira ubuzima buzira umuze.
Mu mukino wa kamarampaka (Playoffs) wakinwe ku Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, mu cyiciro cy’abagore muri shampiyona ya basketball mu Rwanda, ikipe ya Kepler yageze ku mukino wa nyuma imaze gusezerera ikipe ya APR WBBC.
Ikipe y’Igihugu ya Basketball mu bagabo yari ihagarariye u Rwanda mu mikino y’Igikombe cy’Afurika cya Basketball (AfroBasket 2025), cyaberaga muri Angola yasezerewe idatsinze umukino n’umwe.
Ikipe ya Flying Eagles Karate Club yegukanye irushanwa rya Zanshin Karate Championship 2025 mu bakiri bato ryasojwe kuri iki Cyumweru.