Abagize amakipe y’u Rwanda y’abakobwa y’abatarengeje imyaka 18 na 20 yageze i Kampala muri Uganda, aho yitabiriye irushanwa rya #IHFTrophy/Zone 5 bavuga ko ikibajyanye ari ugutwara ibikombe gusa.
Nyuma yo gutsindirwa na APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2025, Munyakazi Sadate wigeze kuyobora Ikipe ya Rayon Sports yeretse abakunzi b’iyi kipe ko uyu utari umwanya wo gucika intege, ahubwo bashyira hamwe bagakomeza kurwana.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro ku nshuro ya 14, nyuma yo gutsindira Rayon Sports ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro ibitego 2-0, unaba uwa mbere ubonetsemo intsinzi n’ibitego muri ine aya makipe amaze kuhahurira mu mezi 11 kuva yavugururwa.
Ikipe y’Indahangarwa WFC yegukanye Igikombe cy’Amahoro 2025 nyuma yo kunyagirira Rayon Sports WFC 4-2 kuri Stade Amahoro mu mukino wanyuma wakinwe kuri iki Cyumweru.
Ikipe y’Akarere ka Bugesera y’umukino wo gusiganwa ku igare “Bugesera Cycling Team” nyuma y’imyaka 6 ishinzwe ubu yamaze kubona umufatanyabikorwa uzayiha miliyoni 50 y’amafaranga y’u Rwanda
Ikipe ya APR WVC yari imaze iminsi itazi uko gutsinda POLICE WVC bimera yayigobotoye iyihanije, iyitsinda amaseti 3-0 mu mukiino wa mbere wa kamparampaka mu bagore wakinwe ku wa 2 Gicurasi 2025 muri Petit Stade i Remera.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yegukanye igikombe cya Handball mu mikino ya EAPCCO yari imaze icyumweru ibera muri Ethiopia
Ikipe ya Police FC, yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Amahoro 2025 nyuma yo gutsinda Mukura VS igitego 1-0, mu mukino wo kuwuhatanira wakinwe kuri uyu wa Gatandatu kuri Kigali Pele Stadium.
Ikipe y’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) n’iy’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gukwirakwiza Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), zegukanye ibikombe by’Irushanwa ry’Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo rya 2025 mu mupira w’amaguru, ryateguwe n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino y’Abakozi, ARPST.
Mu rukerera rushyira kuri uyu wa Kane, nibwo ikipe ya APR VC yari ihagarariye u Rwanda mu marushanwa yo ku mugabane w’Afurika ahuza amakipe yabaye ayambere iwayo muri volleyball, (CAVB Club Championship 2025) yageze mu Rwanda.
Ikipe ya Gicumbi yakatishije itike iyizamura muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2025/2026, nyuma yo gutsinda La Jeunesse FC ibitego 2-0, mu mukino wa gatanu wa kamarampaka wabereye kuri Stade Mumena ku wa Gatatu tariki 30 Mata 2025.
Ikipe ya Rayon Sports ibifashijwemo na Biramahire Abeddy, yatsinze Mukura Victory Sports et Loisirs igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’irangiza mu irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro 2024/2025, biyihesha itike yo kuzahurira ku mukino wa nyuma na APR FC.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, yakatishije itike yo kuzakina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2024/2025, nyuma yo gutsinda Police FC, igitego 1-0, mu mukino wo kwishyura wa ½, wabereye muri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Mata 2025, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ndetse n’ikipe y’umupira w’amagaru mu cyiciro cya mbere muri Esipanye (Atletico Madrid) binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda bemeje ko basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kumenyekanisha ubucyerarugendo bw’u Rwanda.
Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsindiye Arsenal FC iwayo igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League, wabaye mu ijoro ryo ku wa 29 Mata 2025 itera intambwe ya mbere yerekeza ku mukino wa nyuma.
Amakipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa ahuriye ku kuba yombi yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda arahurira muri ½ cy’irangiza cy’irushanwa rya UEFA Champions League mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025.
Ikipe ya APR y’abagore ibitse igikombe cya shampiyona muri volleyball, ndetse n’icy’akarere ka gatanu, yabonye abayobozi bashya baza buzuza inzego zitarimo abayobozi.
Mu mikino ihuza Abapolisi bo mu karere ka Afurika yo hagati n’i Burasirazuba (EAPCCO) iri kubera muri Ethiopia, Polisi y’u Rwanda yatsinze iya Kenya mu mukino wa mbere
Ikipe ya APR VC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya volleyball ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku mugabane wa Afurika, isezerewe muri 1/2 na Swehly Sports Club yo muri Libya ku maseti 3-1.
Ikundabayo Roben ukinira ikipe ya Muhazi Cycling Generation na Nzayisenga Valentine ukinira Benediction Club, begukanye Isiganwa ry’Amagare ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ryakinwe ku wa 27 Mata 2025.
Ikipe ya Rutsiro FC yatangaje ko yahagaritse umutoza mukuru n’umunyezamu nyuma yo kunyagirwa na APR FC ibitego 5-0
Mu irushanwa ngaruka mwaka ryo kwibuka mu mukino wa Basketball ryasojwe ku Cyumweru tariki 27 Mata 2025, amakipe ya APR BBC mu bagabo na REG WBBC mu bagore, ni yo yegukanye ibikombe.
Ikipe ya Liverpool yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza 2024-2025 , nyuma yo gutsinda Tottenham Hotspur ku kibuga cya Liverpool (Anfield) 5-1, mu mukino wabaye kuri iki Cyumweru.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Etincelles FC kuri Stade Umuganda ibitego 2-1 ,yisubiza umwanya wa mbere yari yambuwe na APR FC yawufashe nyuma yo kuhatsindira Rutsiro FC 5-0 , ku wa Gatandatu.
Imwe mu makipe 2 ahagarariye u Rwanda mu mikino ya Afurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, APR VC, ikoze amateka yo kugera muri 1/2 cy’iyi mikino nyuma yo gutsinda Al Itihad yo mu gihugu cya Libya amaseti 3-1.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yanyagiriye Rutsiro FC yari hasi cyane, kuri Stade Umuganda, ibitego 5-0 ifata umwanya wa mbere, mu gihe itegereje ko Rayon Sports yari iwufite ikina na Etincelles FC kuri iki Cyumweru.
Nyuma y’imikino y’amatsinda yaraye isojwe mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri volleyball, ku mugabane wa Afurika, amakipe ahagarariye u Rwanda yamaze kugera muri 1/8.
Mu mpera z’iki Cyumweru, APR FC na Rayon sports ziri guhatanira igikombe cya shampiyona zirakirwa na Rutsiro FC na Etincelles FC ku munsi wa 25 wa shampiyona mu Karere ka Rubavu.
Ikipe ya Police Handball Club yerekeje mu gihugu cya Ethiopia aho igiye kwitabira irushanwa rihuza amakipe yo mu nzego z’umutekano zo mu bihugu bigize umuryango wa EAPCCO.