Kuri uyu wa Gatanu, amakipe ya Tanzania na Zimbabwe yageze ku mukino wa nyuma w’Irushanwa ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri Cricket asezereye u Rwanda na Uganda muri 1/2.
Urugendo rwa APR BBC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League (BAL) rurangiriye muri ½, nyuma yo gutsindwa na Al Ahli Tripoli yo muri Libya amanota 84 kuri 71.
U Rwanda rwaba rugeze kure ibiganiro byo kwagura imikoranire ishingiye kuri siporo n’Igihugu cya Portugal, kuko hari ibimenyetso bica amarenga aho ikipe ya Portugal na yo yaba igiye kujya yambara umwenda wanditseho Visit Rwanda.
Komite Ngenzuzi ya Rayon Sports yasabye ko hatumizwa inama y’Inteko rusange kugira ngo igezweho raporo y’ubugenzuzi, inafate ibyemezo hirindwa ibibazo byashyira Umuryango mu kaga.
Ikipe ya Drums yegukanye irushanwa rya Rwanda Cue Kings Championship ryahuzaga amakipe atandukanye akina biyari mu Rwanda ryasojwe ku wa 8 Kamena 2025.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Adel Amrouche hari ibyo atumva kimwe n’abakinnyi be nyuma yo gutsindwa umukino wa kabiri wa gicuti yatsinzwemo na Algeria ya kabiri.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinzwe n’ikipe ya kabiri ya Algeria ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wa kabiri bakiniraga muri iki gihugu.
Mu mukino wa 1/4 utagoranye, ikipe ya APR Basketball Club itsinze Rivers Hoopers yo muri Nigeria, igera muri 1/2 ku nshuro yayo ya mbere muri iri rushanwa rihuza ibihangange.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya Police FC yashimiye Mashami Vincent wari umutoza wayo mukuru nabo bakoranaga ndetse n’abakinnyi bane barimo Bigirimana Abedi.
Ku wa Gatandatu tariki 07 Kamena 2025, ku kigo cy’urubyiruko cya Musanze habereye siporo idasanzwe, aho Ambasaderi w’u Buhinde mu Rwanda n’itsinda ryari rimuherekeje bari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, bisanze mu busabane n’abaturage mu gihe cy’amasaha abiri hifashishijwe siporo yitwa YOGA.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Aquatic Academy Kampala yo muri Uganda yegukanye irushanwa ryo koga rya Mako Sharks Summer Invitational Championship ryabere muri Green Hills Academy.
Umunyezamu w’Umunya-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila usoje amasezerano muri APR FC, ashobora gukomereza urugendo mu ikipe ya KMC yo muri Tanzania bageze kure ibiganiro.
Mu mikino ya kamaramapaka (Playoffs) yakinwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 7 Kamena 2025, mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo, ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL (Basketball Africa League), itsinze Petro de Luanda yo muri Angola imenya iyo bazahura muri 1/4.
Kuri uyu wa Gatandatu , Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Umurundi Musore Prince Michel nk’umukinnyi wayo mushya.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabonye intsinzi ya Kane itsinze Nigeria , mu Irushanwa ryo Kwibuka ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri kubera mu Rwanda kuva tariki 3 Kamena 2025.
Mu gihe shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo mu mukino wa Handball igana ku musozo, ikipe ya APR Handball Club yatangiye kwiyubaka yitegura umwaka w’imikino utaha, aho yamaze gusinyisha abakinnyi bane
Rutikanga Ferdinand wamamaye nk’uwatangije umukino w’iteramakofe (boxing) mu Rwanda, ni umugabo waranzwe n’udushya twinshi mu buzima bwe akaba yari azi no gushyenga cyane ashingiye ku bigwi yagize muri uwo mukino.
Kuri uyu wa Kane, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinzwe na Algeria ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wakiniwe mu Mujyi wa Constantine muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Amajyaruguru.
Ikipe ya APR FC iri mu biganiro bya nyuma n’umutoza mushya uzayitoza kuva mu mwaka w’imikino 2025-2026 uzatangazwa mu cyumweru kimwe nta gihindutse.
Kuri uyu wa Kabiri, kuri Stade Mpuzamahanga ya Cricket i Gahanga hatangiye gukinirwa Irushanwa ryo Kwibuka ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rutangira rutsinda Cameroon.
Ikipe y’Agahozo Shalom yegukanye Irushanwa ryo Kwibuka ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, muri Karate ryakinwe ku ya 1 Kamena 2025.
Myugariro Rwatubyaye Abdul wakiniye Rayon Sports mu bihe bitandukanye, yabwiye abakunzi bayo ko ari indashima kuko ubwo ahaheruka bahoraga bamwita ikibazo nyamara aricyo gihe baheruka gutwaramo ibikombe.
Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo ukinira Mukura VS yavuze ko umutoza Afahmia Lotfi wamutoje muri iyi kipe ariwe akesha kugira umwaka mwiza w’imikino ijana ku rindi kubera ikizere yamugiriye.
Mu gihe haburaga iminsi itatu ngo irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka mu mukino wa volleyball (Volleyball Genocide Memorial Tournament) ribe, ryamaze gusubikwa nk’uko ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball (FRVB) ryabitangaje.
Kuri iki Cyumweru, muri Petit Stade Amahoro i Remera hasojwe irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryegukanywe na Equity HC yo muri Kenya mu bagabo, Gorillas HC yo mu Rwanda iritwara mu bagore.
Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ya Diviziyo ya 5 yatsinzwe kuri penaliti 4-3, mu mukino wa gicuti w’umupira w’amaguru wayihuje n’iy’Ingabo za Uganda (UPDF) ya Diviziyo ya 2.
Amakipe ya APR HC na Police HC ahangana muri Handball y’u Rwanda yageze muri 1/2 cy’irushanwa ryo Kwibuka Ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri kubera mu Rwanda, kuva tariki 31 Gicurasi kugeza ku ya 1 Kamena 2025.
Ikipe ya PSG yakoze amateka yo kwegukana UEFA Champions League ku nshuro ya mbere mu mateka, nyuma yo kunyagirira Inter ku mukino wa nyuma wabereye mu Budage ibitego 5-0 mu ijoro ryo ku wa 31 Gicurasi 2025.
Myugariro wa APR FC Niyigena Clement yahembwe nk’umukinnyi mwiza wa shampiyona 2024-2025, Darko Novic wamutozaga ahita abandi batoza bose mu bihembo byatangiwe muri Kigali Convention Center kuri uyu wa Gatanu.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Igikombe cya UEFA Conference League itsindiye Real Betis Balompié yo muri Espagne ku mukino nyuma ibitego 4-1, yandika amateka yo kuba ikipe ya mbere mu mateka itwaye ibikombe byose bikinirwa ku Mugabane w’i Burayi.