
Iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya kabiri mu Karere ka Huye, hagati y’itariki 8-10 Kanama 2025, APR Karate -Do yaryegukanye nyuma y’uko muri rusange ikusanyije imidali 14 ariko irimo itandatu ya zahabu yayihesheje kuyobora andi makipe 12 bari bahatanye.
APR Karate -Do, ku mwanya wa kabiri yakurikiwe na The Great Warriors Karate Academy yatwaye imidali icyenda muri rusange, irimo ine ya zahabu, Kenyatta National Hospital yo muri Kenya iba iya gatatu n’imidali umunani irimo ibiri ya zahabu mu gihe Agahozo Shalom yo yabaye iya kane yegukanye imidali itatu irimo umwe wa zahabu gusa, maze amakipe atanu ya mbere asozwa na Zanshin Karate Academy yatahanye imidali itanu itagira uwa zahabu.



APR Karate -Do, itsinzi yabonye yabifashijwemo n’abakinnyi barimo Niyonkuru Sidick, Munyaneza Flavier, Dushime Sharifu, Niyitanga Khalifa, Kajyimbil Paul , Udahemuka Bertin n’abandi mu bagabo mu gihe mu bagore harimo Uwase Razia, Abayisenga Palerimonique na Ishimwe Sandrine.










Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|