Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur mu bakinnyi basezerewe na Musanze FC

Ikipe ya Musanze FC yasezereye abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Ntaribi Steven na Nduwayo Valeur.

Amakuru Kigali Today yahamirijwe n’umwe mu bantu ba hafi muri Musanze FC, ni uko hafashwe icyemezo cyo gusezerera abakinnyi batandatu bari bagifite amasezerano aribo umunyezamu Ntaribi Steven, Nduwayo Valeur ukina hagati mu kibuga, myugariro Ndizeye Gad, Nshimiyimana Clement, Tinyimana Elissa na Uwiringiyimana Christophe.

Musanze FC iheruka gushyiraho Ruremesha Emmanuel nk’umutoza mukuru wungirijwe na Kalisa Francois, iheruka gusinyisha abakinnyi barimo Bizimungu Omar n’umunyezamu Habarurema Gahungu n’abakinnnyi bashya mu gihe inakomeje imyitozo yitegura umwaka w’imikino 2025-2026.

Nduwayo Valeur ari mu bakinnyi batazakomezanya na Musanze FC
Nduwayo Valeur ari mu bakinnyi batazakomezanya na Musanze FC
Ntaribi Steven nawe ari mu bakinnyi batazakomezanya na Musanze FC
Ntaribi Steven nawe ari mu bakinnyi batazakomezanya na Musanze FC

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka