Kuwa gatandatu tariki 21/07/2012, Polisi yataye muri yombi abantu babiri bafatanwe amafaranga y’amakorano ibihumbi birindwi.
Mukarubega Donathile w’imyaka 27 utuye karere ka Gakenke yakubise Tuyizere Leontine ifuni mu mutwe amufatiye mu cyuho asambana n’umugabo we mu rugo mu rukerera rwo kuwa gatanu tariki 20/07/2012.
Abakozi b’uruganda rukora sima (CIMERWA) ruherereye mu karere ka Rusizi bamaze amezi batandatu bahangayikishijwe no kuba igihe icyo aricyo cyose bashobora gutakaza akazi kabo kuko ubuyobozi bw’urwo ruganda bubabwira ko bazagabanywa.
Abanyamabanga nshigwabikorwa b’utugari tugiza akarere ka Nyamagabe bahawe mudasobwa zo mu bwoko bwa ‘laptop’ zo kwifashisha mu kubahiriza inshingano zabo no kunoza neza akazi bakora.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Cyrille Turatsinze, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21/07/2012, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho kwaka ruswa abahatanira amasoko atangwa n’iyo Minisiteri.
Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’umudugudu wa Gakenyeri B, akagali ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barasaba uwabona wese umugabo witwa Kanani Abdoul w’imyaka 30, ushinjwa gusambanya umwaka w’imyaka ine, guhita amuta muri yombi cyangwa agatungira agatoki inzego z’umutekano zimwegereye.
Urukiko mpuzamahanga rw’Umuryango w’Abibumbye (ICC), rwemeje Senegal igomba gukora ibishoboka byose kikaburanisha bidatinze Hissene Habre wigeze kuyobora igihugu cya Chad, niba idashoboye kumwoherereza ubucamanza bwo mu Bubirigi.
Umurambo w’umugabo witwa Léopord Bigaruka watoraguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21/07/2012, yaraye yishwe mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira kuwa Gatandatu azize ko yaba yari umucuraguzi.
Imikino ya Baketball ihuza amakipe y’ibihugu yo mu karere ka Gatanu mu rwego rw’abatarengeje imyaka 18 mu bahungu no mu bakobwa, iratangira i Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21/07/2012 kuri Stade ntoya i Remera.
Abapolisi, abasirikari n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivili (RCAA) bagera kuri 26, bashoje amahugurwa y’iminsi itanu yari agamije kubongerera ubumenyi mu gucunga umutekano ku bibuga by’indege, kuri uyu wa Gatanu 20/07/2012.
Ishami rya Polisi yo mu muhanda riravuga ko impanuka nyinshi zikunze kugaragara hirya no hino ziterwa n’uburangare bw’abamotari cyangwa kwica amategeko agenga amuhanda, n’ubwo nta gihe kinini cyari gishize bavuye mu nama y’umutekano kwihanangirizwa.
Umusore witwa Valens Uwumuremyi niwe wegukanye igihembo mu marushanwa y’abatanga servisi za MTN mobile money mu Rwanda, muri gahunda iyi Sosiyete y’itumanaho ivuga ko igamije guteza imbere ikoranabuhanga.
Imiryango 45 yo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda; yabanaga ku buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye kuri uyu wa Gatanu tariki 20/07/2012, inakangurirwa gutahiriza umugozi umwe.
Abakinnyi b’u Rwanda bakina imikino itandukanye bagiye mu mikino Olympique, igomba gutangira ku wa Gatanu tariki 27/07/2012 i London mu Bwongereza,baravuga ko bahanganye n’ikibazo cy’ikirere kirimo imvura nyinshi n’umuyaga batari bamenyereye.
Umwarimu witwa Gilbert Bizimana wigishaga ku ishuri ryisumbuye rya Mushubati, afungiye kuri polisi ya Nyamagana akarere ka Ruhango guhera tariki 19/07/2012 aho akekwaho gutera inda umwana bareraga, umugore we abereye nyina wabo.
Abaganga, abaforomo n’abasinziriza (Abatera ikinya) baturuka mu bitaro birindwi byo mu Rwanda, barangije amahugurwa aho bahuguwe uburyo abaganga bakorera hamwe bagafasha inkomere.
Abaturage bo mu tugari twa Nawe na Kabuye mu Murenge wa Rubona mu karere ka Rwamagana, barakangurira abandi kwibumbira hamwe bakifatira ibyemezo bibabereye, nyuma y’uko inama bakoze basaba umuriro w’amashyanyarazi yabagejeje ku ntego.
APR FC yaje kubona itike yo gukomeza muri kimwe cya kane cy’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup aho izakina na URA, n’ubwo yari yatsinzwe na Young Africa ibitego Bibiri ku busa, mu mukino wabihuje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20/07/2012.
Amakimbirane yari amaze iminsi hagati y’umugabo witwa Samuel Sinaruhamagaye n’umugore we Annonciathe Nyiramahirane, ashingiye ku buharike, yahagurikije inzego zose z’ubuyobozi n’abaturage, nyuma y’uko byari bitangiye guteza ikibazo mu murenge.
Bamwe mu bagize koperative y’abashinzwe gucungwa umutekano mu mujyi wa Muhanga (COPEVEMU), baratangaza ko kutabona amafaranga bagenewe uko bikwiye bituha hari byinshi byangirika mu mutekano bashinzwe.
Dr.Shurimpumu Théophile uvura mu bitaro bya Rutongo biri mu karere ka Rulindo, atangaza ko mu myaka irenga 30 amaze akora uyu mwuga, kuri ubu abona ubuvuzi mu Rwanda bwarateye imbere agereranyije n’ibihe byashize kubera ikoranabuhanga.
Abayobozi b’akarere ka Huye bahagurukiye gukangurira abaturage kwitabira mitiweri kuko abamaze gutanga amafaranga y’uyu mwaka muri ako karere bakiri munsi ya 10%.
Abayobozi muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) bahakanye igihombo cy’amafaranga arenga miliyari imwe na miliyoni 695 agaragazwa muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari yo mu w’2010, yari yaragenewe kugura ifumbire n’imbuto ariko akaba yaraburiwe irengero.
Nyuma y’imyaka 44 CONFIGI ishinzwe, isigaye ivugwa nk’amateka kuko ibikorwa byayo byahagaze ndetse na bamwe mu banyamuryango bakaba barakuyemo akarenge kabo.
Abaturage bo mu murenge wa Rwaniro mu karere ka Huye bari bamaze iminsi barara bahangayitse kubera ubujura bw’inka ubu ngo babonye agahenge; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwanze ubujurire Leon Mugesera yari yatanze asaba ko yahabwa igihe igihe kingana n’amezi atatu n’iminsi 24 cyo kwiga dosiye ikubiyemo ibirego aregwa.
Abaturage ba Afurika muri rusange n’Abanyarwanda by’umwihariko barakangurirwa kwitabira gukoresha imirongo ya internet (domain) iherwa n’akadomo Afrrica (.africa). Iyi domain yerekana imbuga za internet zo muri Afurika ikora nk’izanzwe iherwa na .com, .net, .rw n’izindi.
Ibiro by’akarere ka Kayonza byafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 20/07/2012 ariko nta bintu uwo muriro wangije kuko bahise bawuzimya utaraba mwinshi.
Umugabo wo mu Buhinde witwa Sohanlal Chouhan w’imyaka 45 y’amavuko ari mu maboko ya polisi azira kudodera umwenda w’imbere ufite ingufuri umugore we witwa Rhada Sitabai arwanya ko ashobora kumuca inyuma.
Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ejo tariki 19/07/2012 muri Serela Hotel i Kigali, Josee Chameleon yatangaje ko atajya afata ku biyobyabwenge nk’uko hari bamwe babimutekerezaho.
Bayingana Aimable, uyobora ishyirahamwe ry’abasiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY) azaba ari Champs-Elysées mu Bufaransa ku cyumweru tariki 22/07/2012 aho azaba yagiye kwifatanya n’abakunzi b’isiganwa rizwi ku izina rya Tour de France rizasozwa kuri uwo munsi.
Ministiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yasabye abayobozi ba za Banki Nkuru z’ibihugu bikirimo gutera imbere gukomeza gucungira hafi ingaruka z’ubukungu bumeze nabi ku isi kuko bamwe bakomeje kutitwara neza bigatuma butazamuka nko mu bihugu byateye imbere.
Amabuye adasanzwe afite forume ya mpande enye akagira uburebure bugera kuri metero eshatu kandi aconze neza wagirango n’abantu babikoze yavumbuwe ku gasozi kari mu kagari ka Butambamo, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Umutoza Ruremesha Emmanuel yongeye kugirirwa icyizere cyo gutoza ikipe ya Mukura mu gihe cy’umwaka umwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arashimira Bill Clinton wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bw’uruhare yagize mu kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Abanyamakuru 13 ba radiyo Huguka ikorera mu karere ka Muhanga ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo radiyo kubera ko ngo badahabwa ibyo bemererwa n’amategeko nk’abakozi, gukatwa imishahara ndetse no kwirukanwa mu buryo ngo butubahirije amategeko.
Abanyarwanda bafite amikoro aciriritse barakangurirwa gutangira kwishyira hamwe bakubaka amazu bahuriyemo agerekeranye mu rwego rwo kurondereza ubutaka kuko ikibazo cy’ubutaka gikomeje kuba ingorabahizi.
Liang Xiaoxiao wo mu gihugu cy’u Bushinwa ufite imyaka itatu y’amavuko, ibiro 2.5 areshya na sentimetero 54 bivugwa ko ariwe mukobwa muto ku isi.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis, aratangaza ko byanze bikunze bitarenze ukwezi kwa munani uyu mwaka ikibanza cyo kubakamo hoteli y’inyenyeri eshatu y’akarere ka Ngoma kiba gitangiye gusizwa.
Byiringiro Gasana Idrissa ukorera ikinyamakuru The Chronicles umaze iminsi ibiri afunzwe avuga ko yabeshyeye inzego zishinzwe umutekano n’ubutabera bw’u Rwanda ko ahohoterwa, kugira ngo agenzure koko niba itangazamakuru mu Rwanda rihutazwa, nk’uko yagiye abyumva.
Abakobwa bo mu karere ka Nyamasheke bagiye kwitabira amarushanwa yo guhatanira kwambara ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda, bamenyekanye kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012.
Abahanga mu binyabuzima bavumbuye ibisigazwa by’inyoni yo mu bwoko bwitwa Pic (inyoni zikunda kurira ibiti) mu gihugu cya Afurika y’Epfo bayitirira izina rya Nelson Mandela.
Umunya-Suede Zlatan Ibrahimovic yabaye umukinnyi wa kabiri ku isi uhembwa amafaranga menshi mu mupira w’amaguru nyuma yo gusinya amasezeranyo y’umushaha wa miliyoni 14 z’ama Euro ku mwaka muri Paris Saint Germain (PSG) yo mu Bufaransa.
Leon Mugesera yashyize ava ku izima yemera kuzaburana mu Kinyarwanda ntawe umushyizeho agahato, nyuma yo kwandikira Urukiko rw’Ikirenga arusaba gutesha agaciro ikirego yari yarushyikirije.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda yo gukangurira Abanyarwanda kugira umuco wo gusoma ihereye ku bakiri bato, nk’imwe mu nkingi zizafasha u Rwanda kugera ku iterambere muri gahunda u Rwanda rwihaye mu cyerekezo 2020.
Victoire Ingabire yongeye kugaragara imbere y’Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012 ajurira ku cyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyashyizwe mu byaha akurikiranyweho, nubwo yari amaze igihe kinini yaravuze ko atazongera kugaragara mu rukiko.
Munezero Bachir ukomoka mu karere ka Rubavu acumbikiwe kuri station ya Police ya Mukamira kuva tariki 15/07/2012 nyuma yo gufatirwa ku isoko rya Byangabo afite insinga z’amashyanyarazi avuga ko akoresha mu gukurura imodoka.
Umunyabanga w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-Moon, yagize Adama Dieng wari umwanditsi w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) umujyanama we mu gukumira Jenoside.