Igikorwa cy’ingabo z’u Rwanda cy’ubwitange mu kwita ku bibazo by’imibereho y’abaturage (Army week) cyakomereje ku bitaro bya Gisirikare i Kanombe guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 16/07/2012, aharimo kuvurirwa abarwayi batavuriwe iwabo ubushize bitewe no gukomera k’uburwayi bafite.
Kubazwa kwa Jean Marie Ntagwabira wahoze ari umutoza wa Rayon wagombaga kwitaba FERWAFA kuri uyu wa mbere kugirango asobanure ibijyanye na ruswa imuvugwaho, byimuriwe ku wa kabiri tariki 17/07/2012.
Nicolas Busoro w’imyaka 35, umwarimu kuri College Karambi yo mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango, afungiye kuri polisi ya Kabagali akarere ka Ruhango akekwaho gufata umwana w’imyaka 9.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke burasaba abaturage kwirinda impanuka zikunze kubera mu kiyaga cya Kivu gihuza aka karere n’uturere twa Rusizi, Karongi na Rubavu ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Laszlo Csatary, wari ku rutonde rw’Abanazi bashakishwa kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abayahudi yatawe muri yombi tariki 15/07/2012 i Budapest mu gihugu cya Hongiriya.
Kabayiza Jerome ukomoka mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira gucukura inzu y’umusirikare witwa Lt Felix wo mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango.
Umusirikare w’Ingabo z’U Rwanda uherutse kwitaba Imana ubwo yari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani yashyinguwe mu cyubahiro mu irimbi rya gisirikare i Kanombe tariki 13/07/2012.
Nsengiyaremye Anaclet, w’imyaka 18, utuye mu kagari ka ninzi, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yakomerekejwe ku irugu na Ndayizeye ubwo bari mu kabari ka Desire ahitwa mu Rugabano ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 15/07/2012.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kumenyekanisha ko uburenganzira bw’umurwayi bukwiriye kubahirizwa ariko usanga akenshi abarwayi badatanga ibitekerezo byabo igihe muganga ashaka kuganiriza umurwayi cyangwa umurwaza uburyo indwara cyangwa ikibazo runaka kigomba gukemurwa.
Umunyafurika y’Epfo, madame Nkosazana Dlamini-Zuma, niwe watorewe kuyobora komisiyo y’afurika yunze ubumwe mu matora yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, tariki 15/07/2012.
Munyaneza Emmanuel w’imyaka 24 yakubiswe ingumi ku zuru na Bizimana Emmanuel ucururiza muri Gare ya Ruyenzi ahita agwa muri koma ku mugoroba wa tariki 15/07/2012.
Mu biganiro bagiriye i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Kongo, Joseph Kabila, bemeje ko bashyigikiye ko habaho umutwe w’ingabo mpuzamahanga mu kubungabunga umutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Umusore witwa Manirakiza Emmanuel yapfuye azize pisine yo kuri Hotel Lapalisse i Nyandungu mu mujyi wa Kigali, ubwo yarohagamamo arimo koga, ku cyumweru tariki 15/07/2012.
U Rwanda rwanze kwakira abarwanyi 29 bo mu mutwe M23 bari bazanye n’abarwanyi barindwi bahoze muri FDLR baje baherekejwe n’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe amahoro muri Congo (MONUSCO) hamwe n’itangazamakuru ryo muri Congo.
Umuyobozi w’ihuriro ry’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda yasabye urubyiruko rwarangije amahugurwa y’icyiciro cya gatanu kuri politiki n’imiyoborere myiza kuzavamo abayobozi beza b’ejo hazaza bubaka kandi baharanira guteza imbere igihugu cyabo n’Abanyarwanda muri rusange.
Umugore w’imyaka 28 yatawe muri yombi tariki 11/07/2012 na Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge azira gutanga ruswa ku mupolisi mukuru kugira ngo umugabo we arekurwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, bageze Addis Ababa muri Ethiopia mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 15/07/2012 aho bitabiriye inama rusange ya 19 y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe (AU).
Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Toyota Rav 4 yavaga i Kigali yerekeza i Karongi yataye umuhanda mu ikorosi ry’ahitwa mu Rugabano yiryamira mu mugende tariki 14/07/2012 saa 17h30 maze kuyikuramo bimara iminota 20 izindi zitabasha gutambuka.
Bamwe mu bagore bakora imirimo ya Leta ndetse n’ababavugira mu karere ka Muhanga barasaba ko uburenganzi bw’umugore wabyaye bwajya bwubahirizwa akajya abona ikiruhuko gito cyo konsa umwana.
Umuyobozi mushya watorewe kuyobora ikipe y’Amagaju yatangaje ko muri shampiyona itaha y’icyiciro cya mbere Amagaju agomba kurangiza ri mu makipe ane ya mbere byibuze, intego kugeza ubu iyi kipe itari yabasha kugeraho.
Young Africans yo muri Tanzania yatsinzwe na Atletico y’i Burundi ibitego biri ku busa imbere y’abafana bayo kuri stade y’igihugu i Dar es Salaam ku wa gatandatu tariki 14/07/2012.
Abahanzi Knowless na Young Grace nibo basezerewe tariki 14/07/2012 mu bahanzi bane bari basigaye muri Primus Guma Guma Super Star 2.
Hakizimana Felicien w’imyaka 26 yagwiriwe n’igiti cyo kumanikaho insinga z’amashanyarazi ahita apfa kuwa gatandatu tariki 14/07/2012, ahagana mu masaa tanu za mugitondo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Rukururana yagonze umuntu wambaye ubusa mu mudugudu wa Runyanzige, akagali ka Gasoro, umurenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza ahita ahasiga ubuzima tariki 14/07/2012 ahagana saa kumi n’igize z’umugoroba.
Pasiteri Karikofi Eraston Rwidegembya w’imyaka igera muri 84 wari utuye mu kagari ka Kigoma, umurenge wa Ruhango, akarere ka Ruhango, yagonzwe n’imodoka ya sosiyete Volcano Express itwara abagenzi tariki 12/07/2012 apfira mu nzira ajyanywe kwa Mugangana.
Mutesi Aurore, Isimbi Deborah na Umurerwa Ariane nibo bazahagararira Intara y’Amajyepfo mu marushanwa yo guhatanira ikamba rya Miss Rwanda umwaka wa 2012.
Mu murenge wa Mururu ho mu karere ka Rusizi barishimira ibyo bagezeho birimo kubaka amashuri, korozanya, guhuza ubutaka, isuku n’ibindi; byatumye uva ku mwaka wa 17 mu mirenge 18 igize aka karere, ukagera ku mwanya wa gatatu.
APR FC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CECAFA ‘Kagame Cup’ irimo kubera muri Tanzania, yatangiye inyagira Wau Salaam ibitego 7 ku busa, mu mukino ufungura irushanwa wabereye kuri Stade y’igihugu i Dar Es Salaam kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14/7/2012.
Akagali ka Nyanza niko kegukanye umwanya wa mbere mu gikorwa cyo kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012 ku rwego rw’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, mu muhango wabaye tariki 13/07/2012, ugamije kumurikira abaturage ibyagezweho ku bufatanye bwabo n’ubuyobozi.
Umurambo w’umwana uri mu kigero cy’imyaka 11 y’amavuko warohamye mu kiyaga cya Burera kuwa Gatatu w’iki cyumweru, wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 14/07/2012, nyuma y’iminsi Polisi irinda icyo kiyaga iri kuwushakisha.
Abana n’ababyeyi barerera ku ishuri ribanza ryo ku Muhima, mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batewe ubwoba n’amadayimoni ari misarani y’icyo kigo, yiyereka abana akabarigisa cyangwa akabagirira nabi, iyo bagiye mu bwiherero. Ariko ubuyobozi bw’icyo kigo bukabihakana bwivuye inyuma.
Uruhare rwa rw’Inama Njyanama rurasabwa mu gufasha kumvisha abaturage ubwiza bw’ingambazifatwa na Leta mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage, mu gihe hari abatumva kimwe ikibazo cyo kuringaniza imbyaro no kwirinda icyorezo cya Sida.
Umugabo witwa Bikorimana Fabien aratangaza ko yaburiye irengero irengero umugore we, nyuma y’uko baherukanaga mu gitondo cyo kuwa Kane tariki 12/07/2012, umunsi atangaza ko yamuburiyeho.
Umugabo utaratangajwe izina wo mu gihugu cy’u Buhinde wakuwemo inzoka mu jisho ireshya na santimetero 13.
Ramadan wifata nk’umuvugabutumwa, yahagaritse abantu bari bitabiriye isoko abamarana amasaha agera hafi kuri atandatu ababwiriza ijambo ry’Imana akananyuzamo akabahanurira ibizaba.
Karasira uzaramba Aimable, umuhanzi uririmba mu njyna ya HipHop uzwi cyane ku izina rya ‘Prof Nigga’ cyangwa ‘NDC’ yemeza ko n’ubwo hari abamubona nk’umuhanzi usanzwe abandi bakamubonamo umusazi, we yibonamo umuhanuzi.
Abahinzi bo mu gihugu barakangurirwa barasabwa kwitabira guhinga igihingwa cy’umugano, kuko bifite agaciro mu kurwanya isuri no kubaka ubukungu bw’igihugu. Barabibwirwa mu gihe u Rwanda rukomeje kwbasirwa n’ibiza kubera impinduka z’ibihe.
Ikibazo cy’ibura ry’amazi cyari kimaze iminsi gihangayikishije abatuye umurenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, cyabonewe igisubizo ubwo Croix Rouge y’u Rwanda yatahaga ku mugaragaro umuyoboro w’amazi meza wubakiye abatuye mu gace k’Amayaga, kuri uyu wa Gatanu tariki 13/07/2012.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, atangaza ko gahunda ya Leta yo guha urubuga abikorera mu gushora imari mu ikoranabuhanga, biri mu bizafasha u Rwanda kugira iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.
Umuzamu w’ikigo cy’ishuri ryisumbuye Indangaburezi, Vedaste Gakumba, yakubiswe n’abanyeshuri batatu yari yangiye gusohoka mu ikigo kuko nta mpushya bari babifitite, bimuviramo kujyanwa kwa muganga.
Umugabo witwa Jean de Dieu Ingabire yatemye abantu babiri harimo n’umugore we abaziza impamvu na n’ubu atarabasha gusobanura, kuko avuga ko atazi icyabimuteye. Abatemwe bo kugeza ubu barakivuza ibyo bikomere.
Umwanzuro w’urukiko rwo mu gihugu cya Iran wo guhanisha umugabo guha umugore we indabo 777 z’amaroza watumye umugore ahindura icyemezo cye cyo kuregera ubutane.
Abagore bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera bibumbiye mu ishyirahamwe “Abaharanira Amahoro” biyemeje gukangurira abantu batandukanye igikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge kugira ngo nabo babashe kwishyira hamwe biteza imbere.
Imodoka ya taxi minibus itwara abagenzi yagonganye na FUSO mu murenge wa Nyakiriba, mu karere ka Rubavu mu ma saa tanu za mu gitondo tariki 13/07/2012 abantu batanu bahita bitaba Imana abandi 14 barakomereka.
Hari uturere twaranzwe no guhiga imihigo idafatika mu gihe utundi twananiwe gukora iganamigambi rihamye; nk’uko bigaragara muri raporo y’abari bashinzwe gukora igenzura ku mihigo mu turere.
Nyuma y’uko haje abantu bashaka kwiyitirira Young Grace kugira ngo bamusebye bamubuze amahirwe yo gukomeza gutorwa muri PGGSS 2, ngo haje n’abashaka kumwinjirira muri konti yari asanzwe akoresha bituma ahitamo kuzifunga zose asigarana imwe gusa.
King James, umwe mu bahanzi bane basigaye muri PGGSS 2 afite ubwoba bwinshi mu gihe ejo kuwa gatandatu tariki 14/07/2012 ari bwo hazamenyekana abandi bahanzi babiri bazasezererwa abandi babiri bagakomeza.
Sasha Kennedy, Umwongerezakazi w’imyaka 26 y’amavuko, anywa litiro 25 z’amazi buri munsi. Ibi bivuze ko anywa hejuru ya litiro imwe y’amazi mu isaha.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yemeza ko sosiyete zikora itumanaho mu Rwanda zishobora kuzamura ubukungu bw’igihugu, mu gihe zaba zigejeje serivise zitanga ku baturage bose.
Nkundabagenzi Célèstin w’imyaka w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Karambi, Akagali ka Mbuye, Umurenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza basanze umurambo we munsi y’isambu ye yapfiriye mu mugende unyuramo amazi.