Mu rwego rwo kwitegura umukino wa Mali uzaba tariki 28/07/2012, ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 izakina na mugenzi wayo ya Tanzania ku wa gatandatu tariki 14/7/2012 i Dar Es Salaam muri Tanzania.
Lion Imanzi umenyerewe cyane mu bitaramo bya PGGSS 2 yatangaje ko atazahagarika kuba umushyushyarugamba (MC) wa PGGSS 2 kugeza irangiye bitandukanye n’amakuru yavugaga ko yaba yasezeye kuri ako kazi.
Mu rwego rwo kwitegura imikino y’akarere ka gatanu izabera mu Rwanda tariki 17-26/07/2012, ikipe y’u Rwanda y’abahungu batarengeje imyaka 18 yakinnye na CSK maze ibatsinda amanota 62 kuri 56 mu mukino wabereye kuri petit Stade i Remera tariki 10/07/2012.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu mu Rwanda yageneye Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (Community Policing Commitees) zo mu Ntara zose n’umujyi wa Kigali, telefone igendanwa mu rwego rwo kujya zitanga amakuru vuba kandi mbere y’uko icyaba kiba.
Ikipe y’igihugu ya Basketball y’abakobwa batarengeje imyaka 18 yatsinzwe na APR BBC y’abakobwa bakuru mu mukino wa gicuti wabereye kuri Petit Stade i Remera tariki 09/07/2012, mu rwego rwo kwitegura imikino y’akarere ka gatanu izabera mu Rwanda tariki 17-26/7/2012.
Umuhanzi Jay Polly n’umukunzi we, Nirere Afsa, biravugwa ko baba bibarutse umwana n’ubwo Jay Polly we atari yabyemeza.
Umutoza wa APR FC, Ernie Brandts, ifite icyizere cyo kuzitwara neza, ikipe ye ikagera kure mu mikino ya ‘CECAFA Kagame Cup’ izabera i Dar es Salaam muri Tanzania tariki 14-28/07/2012.
Kuri uyu munsi isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’abayituye, Umujyi wa Kigali wasabye abawutuye kubyara bake, gukoresha neza umutungo kamere w’ubutaka ndetse no kurengera ibidukikije.
Mukansengimana Collette w’imyaka 21 y’amavuko utuye mu mudugudu wa kirundo, akagali ka Butara, umurenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza yatawe muri yombi na polisi y’igihugu akekwaho kuvanamo inda abigizemo uruhare.
Bamwe mu bagore bigeze gukina imikino ngororamubiri bemeza ko byabafashije kugira uruhare mu kwifatira ibyemezo no kubarinda mu gihe cy’imyororokere. Ibi kandi binemezwa n’ubushakashatsi bwabikozweho.
Ahitwa Kondele mu Ntara ya Kisumu muri Kenya hafatiwe umwarimu wari aryamanye n’umukobwa yigishaga, bombi bari mu buriri bw’ababyeyi b’uwo mukobwa.
Icyiciro cya kabiri cy’umushinga wo kugeza amazi meza ku baturage cyatashywe ku mugaragaro tariki 10/07/2012 mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi. Ibyiciro by’uwo mushinga wose uko ari bitatu bizarangira bigejeje amazi meza ku bantu basaga ibihumbi 15 mu Ntara y’Uburengerazuba.
Mu ishuri ryisumbuye rya APRODESOC ribarizwa mu murenge wa Nemba mu karere ka Gakenke haravugwa ubucuti hagati y’abakobwa n’abahungu (copinage) ku buryo abatabikora bagenzi babo badatinya kubita ibifura.
Umuryango Nyafurika w’Itangazamakuru (APO) na Banki y’Afurika Itsura Amajyambere (BAD) bashyize umukono ku masezerano yo korohereza akazi abazatangaza amakuru ku Nama y’Ubukungu y’Abagore muri Afurika izabera Lagos muri Nigeria tariki 13-14/07/ 2012.
Umuhanzi Murara Jean Paul asanga atari ngombwa gukora igitaramo mu gihe cyo kumurika albumu. Kuri we yumva ko gushaka uburyo bushya wakoramo ibintu ari byo byarushaho kuba byiza.
Kuwa kabiri tariki 10/07/2012, mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo habereye imyigaragambyo y’abagore b’abasirikare bamagana Leta bavuga ko ireka abagabo babo bagapfa ari nako bavuma Abanyarwanda.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yemeje ko guhera tariki 18/07/2012 imirenge yose igize akarere ka Rubavu izaba ifite abanyamabanga nshingwabikorwa bashya; nk’uko umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan, yabitangaje.
Nkurunziza Pierre w’imyaka 35 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 07/07/2012 akekwaho kuba ari we warashe umumotari warasiwe mu karere ka Ruhango itariki 30/05/2012.
Minisiteri y’Ubuzima igiye gutangiza ikigo cy’icyitegererezo cyo kuvura no kurinda indwara za kanseri. Ikigo kizaba icyerekezo muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu gufasha ibyaro.
Abitandukanyije n’inyeshyamba zo mu mashyamba ya Kongo bagera kuri 309 bari bari mu ngando mu kigo cya Mutobo, mu karere ka Musanze basubijwe mu buzima busanzwe kugira ngo bakomeze bakorere u Rwanda mu buryo butandukanye.
Umunya-Mexique witwa Manuel Uribe ari hafi kuzuza imyaka 47 y’amavuko kuri ubu afite ibiro 200. Amaze gusohoka mu nzu inshuro eshatu mu gihe cy’imyaka itandatu ariko afite icyizere ko azongera gusohoka ku nshuro ya kane ndetse akanakora ubukwe.
Umugabo yanyoye zo mu bwoko bwa Mitzing mu kabari k’uwitwa Rugerinyange François kari mu mujyi wa Nyanza agenda atishyuye maze arakubitwa ahinduka intere tariki 10/07/2012.
Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Ben Kagarama, arashimira imikoranire myiza iri hagati y’abikorera bo mu karere ka Rusizi n’ikigo ayobora.
Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF) watangije gahunda imeze nk’ubudehe mu bihugu bine bya Afurika birimo n’u Rwanda. Iyi gahunda izamara imyaka itatu yatangiranye ingengo y’imari y’amayero ibihumbi 300 mu turere twa Nyanza, Ngororero na Rutsiro.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye abatwara abagenzi kuri moto kumenya amategeko agenga koperative ndetse no gutekereza ku kindi bakora kitari gutwara moto gusa.
Umuyobozi w’umutwe Union des Patriotes Congolais, Thomas Lubanga, kuwa kabili tariki 10/07/2012 yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 14 n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rukorera mu Buholande (ICC).
Mu Rwanda haje indi sosiyete yitwa Canal+ icuruza imirongo ya televiziyo na radio hifashishijwe icyogajuru (Satelite). Ubu buryo ngo buje guhangana n’imiterere mibi y’ikirere n’imisozi byo mu Rwanda.
Abagore bagera ku 150 basiganywe ku maguru bambaye inketo ndende n’utujipo tugufi i Moscou mu gihugu cy’u Burusiya aho hari hateraniye imbaga y’abantu benshi bari baje kureba ari rushanwa.
Umugabo ufite imyaka 55 wo muri Zimbabwe arakekwaho gusambana n’umwe mu bana 5 yabyaranye n’umukobwa we bwite.
Umwuka watangiye kuba mwiza mu mudugudu wa Nyandarama, akagari ka Kagara, umurenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi nyuma y’ukwezi havugwa umutekano muke uturuka ku kibazo cy’amarozi hagati y’abaturage.
Ingabo za Leta ya Kongo n’iza ONU (MONUSCO) zoherejwe mu mujyi wa Goma mu rwego rwo kwitegura ibitero bakeka ko M23 yagira kuri uyu mujyi. M23 imaze iminsi wigarurira uduce dutandukanye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
East African Promotors na Bralirwa, tariki 09/07/2012, batangaje amanota abahanzi bari muri PGGSS 2 bagiye bagira mu rwego rwo kumara Abanyarwanda impungenge.
Abo mu muryango wa nyakwigendera Sentore Athanase ndetse n’abategura iki gikorwa cyo kwibuka baragirana inama n’abanyamakuru muri Goethe Institute kuri uyu wa kabiri tariki 10/07/2012.
Nyuma y’ibyumweru bitatu gusa mu mujyi wa Ruhango hatangijwe imyidagaduro y’ibimansuro, abagore baratangaza ko bahangayitse cyane kubera ko abagabo benshi ntibagitaha kare ndetse ngo n’ihaho bageneraga ingo zabo ryaragabanutse.
Umusore w’imyaka 28 yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge akekwaho kwiba insinga z’umuriro w’amashyanyarazi z’ikigo cy’igihugu gishinzwe amashyanyarazi, isuku n’isukura (EWSA) cyo ku Muhima agambiriye kuzigurisha.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, yajuririye urubanza rwa Callixte Nzabonimana wabaye Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside.
Impuguke z’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire (UN Habitat) ziri gusura imidugudu itandukanye mu Rwanda mu rwego rwo kureba aho u Rwanda rugeze mu rwego rw’imiturire.
Munyarubuga André w’imyaka 63 yiyahuye ahita apfa, mu gitondo cya tariki 09/07/2012, kubera kutumvikana n’umuryango we. Uyu musaza yari atuye mu mudugudu wa Kambyeyi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi.
Minisiteri y’Ubuzima na Ambasade y’u Bufaransa byasinyanye amasezerano yo gufasha mu guha ubumenyi bukenewe kaminuza zigisha iby’ubuvuzi mu Rwanda.
Mutungirehe Evariste utuye mu murenge wa Ngororero mu kagali ka Mugano mu mudugudu wa Nyabisindu, mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 07/07/2012, yatangiriwe n’abantu bataramenyekana baramukubita banamwambura amafaranga ibihumbi 307 ariko abikuramo ariruka.
Insoresore zitwaje amabuye n’inkoni zo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo zirukanye uwitwa ko ari Umunyarwanda ubarizwa muri uwo mujyi, tariki 09/07/2012, zivuga ko zitabashaka ku butaka bwa Kongo.
Umugore witwa Uwikunda Beatrice uvuka mu Rwanda ariko washatse muri Uganda yafatiwe muri Uganda, mu gitondo cya tariki 09/07/2012 aregwa kwiba umwana w’amezi atanu mu Rwanda akamujyana muri Uganda kumugurisha.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yahaye akarere ka Nyanza imashini 10 zibumba amatafari n’amategura nk’uko Niyitegeka Venant ushinzwe imiturire muri aka karere yabitangaje tariki 09/07/2012.
Nyuma y’umwaka n’amezi 4 habaye ubufatanye mu buhahirane hagati y’u Rwanda na Gabon, Abanyarwanda bafunguye amarembo yo kwereka Abanya-Gabon ibikorerwa mu Rwanda.
Nyirabagande Grace w’imyaka 51acumbikiwe kuri polisi ya Kabarore acyekwaho kwiyicira umugabo mu ijoro rishyira tariki 09/07/2012 mu mudugudu wa Kabeza, akagari ka Nyabukiri umurenge wa Kabarore.
Kuwa kane tariki 05/07/2012, abahanzi b’Abanyarwanda bifatanije n’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur mu gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ishize u Rwanda rubonye ubwigenge, n’izabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Urupfu rw’umusirikare w’umunyakenya wishwe azira gushaka kuvuga amakuru yerekeye Kabuga ndese no gutahurwa amufotora rwihishwa nirwo rwabaye intandaro y’amakuru avuga ko umutwe w’ubutasi wo muri Kenya ukorana na Kabuga Felicien.
Umurambo wa Kayumba Vincent w’imyaka 73 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kamugaza, akagari ka Bunyogombe, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango watoraguwe tariki 09/07/2012 munsi y’umukingo muri uwo mudugudu.
Tujilane Chizumila, ukuriye urwego rw’Umuvunyi muri Malawi, ari mu ruzinduko mu Rwanda guhera kuri uyu wa mbere tariki 09/07/2012, aho aje kwigira ku bunararibonye bwarwo mu gukemura ibibazo hagati ya Leta n’abaturage.