Nyamasheke: Ku nshuro ya mbere akarere kitabiriye amarushanwa ya Nyampinga w’u Rwanda

Abakobwa bo mu karere ka Nyamasheke bagiye kwitabira amarushanwa yo guhatanira kwambara ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda, bamenyekanye kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012.

Musabe Lydia w’imyaka 25, Umuhire Dényse w’imyaka 20 na Murekatete Consolee w’imyaka 22, ni nabo gusa bitabiriye aya marushanwa muri aka karere bahitae babona itiki yo kujya guhatana ku rwego rw’Intara.

Musabe yavuze ko yabyakiriye neza kuba yatoranijwe ngo agahagararire kandi ko ngo yiteguye guhatana muri aya marushanwa.

Musabe avuga ko yiteguye gukora uko ashoboye kose ngo abashe guhagararira neza akarere ke ndetse azanabashe kwitwara neza muri aya marushanwa.

Musabe Lydia, Umuhire Denyse na Murekatete Consolee bazahagararira akarere ka Nyamasheke mu marushanywa ya nyampinga w'u Rwanda.
Musabe Lydia, Umuhire Denyse na Murekatete Consolee bazahagararira akarere ka Nyamasheke mu marushanywa ya nyampinga w’u Rwanda.

Kwigirira ikizere akumva ko ashoboye niyo ntwaro umukobwa Murekatete nawe watoranijwe guhagararira akarere azagenderaho. Yavuze ko yabyakiriye neza kuba yatoranijwe kandi ko yumva azagerageza kwitwara neza mu marushanwa ngo aheshe ishema akarere ke.

Aba bakobwa batanga ubutumwa kuri bagenzi babo babasaba gutinyuka kwitabira amarushanwa yo kuba nyampinga ndetse n’ibindi bikorwa byose bagira amahirwe yo gutumirwamo. Basaba bagenzi babo kwigirira ikizere bakumva ko bashoboye ngo kuko iyo wifitiye ikizere ugera kubyo ushaka kugeraho.

Akarere ka Nyamasheke ubusanzwe ntikajyaga kitabira aya marushanwa ariko ngo si uko abakobwa babereye u Rwanda batahaba; nk’uko bitangazwa na Nyirahabimana Noëlla, umukozi ushinzwe urubyiruko, umuco na siporo mu karere.

Aganira na Kigali Today, Nyirahabimana yavuze ko aba bakobwa bazahagararira akarere baganirijwe bagasabwa gutinyuka, bakaba bategerejweho uruhare mu guteza imbere igihugu no guhagararira bagenzi babo.

Yasabye abaturage kumva ko kuba abakobwa bakwitabira amarushanwa ya nyampinga atari uguta igihe ko ahubwo bifite akamaro kanini.

Abaturage ngo bakwiye kumva ko ari ishema kuba nyampinga yaturuka mu gace kabo kuko agira uruhare runini mu kumenyekanisha akarere, gukora ubuvugizi ndetse no mu iterambere muri rusange.

Emmanuel Nshimiyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 19 )

Radjab uwo ninde wiyise homme ko yakoze comment kubyo wavuze akamvugamo buriya ntimuziranye?
Mumbwirire ko ikanzu itambera!!!

Bosco yanditse ku itariki ya: 14-08-2012  →  Musubize

aba bana b’iwacu murabona babaye iki ko iyo mubuze icyo musebya inka muvuga aho amata yayo aturuka! ubundi se nyampinga ni aba mbona birirwa biyambitse ubusa? ubwo se sinumvako ko uwo mwahaye umudari ubushize yataye ubukobwa atarangije na mandat ye? aba bana ahubwo mbari inyuma kandi bazatsinda am sure naho ubwiza se wagize ngo ni ugutukura cyangwa kwambara ubusa! nyampinga ni uyu ahubwo ndabarahiye babambitse nk’ibi mwirirwa mwaheneye abantu baruta benshi

rajab yanditse ku itariki ya: 13-08-2012  →  Musubize

muransebeje mwabuze abakombwa beza iyo mufata bosco mukamwambika ikanzu

homme yanditse ku itariki ya: 13-08-2012  →  Musubize

Muzira abimereye neza! Aba bakobwa murabona babaye iki! Mbese uburanga mubupimisha iki? Aba ahubwo nibo banyampinga biyambika koko bakikwiza, nibo dukeneye. Mbese ntibakwiye no gushimirwa kuba barafashe iyambere mu bakobwa ibihumbi bo muri Nyamasheke?

Mataba yanditse ku itariki ya: 26-07-2012  →  Musubize

ya babababaa sha nyampinga azatuma abakobwa bamwe bakora amahano!MWENE MUZEHE NIGARAMIYE!

karimu yanditse ku itariki ya: 23-07-2012  →  Musubize

yewe nibyenda gusetsa pe!gusa nyine courage. none se nabarokore twemerewe kujya muri aya marushanwa? gusa aya mafoto mbona aha ntajyanye nabanyambinga mba ndoga Rwasibo

yanditse ku itariki ya: 23-07-2012  →  Musubize

courage,uwo hagati yakwica ni umukobwa mwiza pe ,uvuga go agiye kurepeta ni ukumuca intege kdi kuba miss si ukwambara ubusa gusa.

laura yanditse ku itariki ya: 22-07-2012  →  Musubize

Njye ndabona bari kucyatsa bashakagako twisekera peee ariko ubundi mwabatoye mukurikije iki? ni dange

Murwanashyaka Ildephonse yanditse ku itariki ya: 22-07-2012  →  Musubize

Mbega udukobwa twiza shenge turaberewe wagirango dutunze isoko rya karengera tujyanyeyo inkwi zo mu irongerongaho mutwibwirire ako bigiye Nyanyazi (9yazi)

MUPAGASI Binogo Kabiture yanditse ku itariki ya: 22-07-2012  →  Musubize

Si ubwiza murahebuje muri ibitangaza mu mudugudu, nta nkumi yigaya.

nshimiyimana pascal h yanditse ku itariki ya: 21-07-2012  →  Musubize

Iki ni igitekerezo ryose abantu nkaba twari kuzababona koko nabadushaka rwose

yanditse ku itariki ya: 20-07-2012  →  Musubize

Aba ba nyampinga bafunze bukwasi kabisa!!!!!!!! courage rwose

karemera yanditse ku itariki ya: 20-07-2012  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka