Perezida Kagame yakiranye ibyishimo Ambasaderi wa Kenya ucyuye igihe, Mme Rose Makena Muchiri, kubera ibikorwa by’iterambere yagejeje ku Rwanda mu izina ry’igihugu cye, birimo ubuhinzi, uburezi, ingufu, ishoramari n’imibanire myiza ishingiye ku miryango ibihugu byombi birimo.
Itsinda ry’Abanyasudani y’Epfo 27 bari mu Rwanda mu masomo yo kwiga ku buringanire no kubaka amahoro, baratangaza ko bashenguwe n’ibyo babonye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, byabibukije ibyo nabo babayemo.
Mu ngendo umuyobozi wa banki nkuru y’igihugu agirira mu ntara y’uburengerazuba yagaragaje abafitiwe imyenda n’ibigo by’imari icirirtse byahombye mu mwaka wa 2006 bagiye kwishyurwa amafaranga basigaye batishyuwe.
Akarere ka Rubavu kongereye ingengo y’imari kagomba gukoresha umwaka wa 2012-2013 iva kuri miliyari 11, miliyoni 919 n’ibihumbi 493 igera kuri miliyari 13, miliyoni 736 n’inihumbi 33.
Ikipe United Stars yo mu karere ka Ruhango yatsinze Asport ya Kicukiro ibitego 2-1 mu mukino yahuje izo kipe tariki 20/02/2013 ku kibuga cya FERWAFA i Kigali.
Banki y’Abaturage (PBR) ishami rya Rwamagana rimaze iminsi ibiri ryibwe amafaranga asaga miliyoni 39 zaba zaribwe n’abakozi babiri bakoreraga iyo banki.
Vincent Lurquin Umudepite wo mu gihugu cy’u Bubiligi ukomoka mu ishyaka rya Ecolo ntiyifuza ko hari imishinga igomba kuva mu gihugu cye ngo ize gukorera mu Rwanda ariko ntabyumva kimwe n’abandi muri Guverinoma.
Leta y’Ubushinwa irashimirwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo ku nkunga yatanze mu kubaka ishuli community model school ryubatswe mu murenge wa Kabarore rikaba ryanatangiye kwigisha ururimi rw’Igishinwa.
Umubyeyi wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yitabye Imana, kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, ahagana saa moya za mugitondo aguye mu Bitaro Mpuzamahanga bya Kampala aho yari arwariye.
Mu nama rusange y’abashinjacyaha bose yabaye kuri uyu wa 22/02/2013, Umushinjacyaha mukuru yagarutse ku makuru aherutse gutangazwa n’ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko, avuga ko 70% by’abagezwa imbere y’inkiko bafungwa kandi hari abakagombye no kuburana bari hanze.
Nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe agenderereye Abanyehuye tariki 12/02/2013 akabashishikariza kubaka inyubako zijyanye n’igihe tugezemo, abanyamabanki, abafite amahoteri, amakoperative ndetse n’amasosiyete anyuranye bemeye ko ibyo bemeye gukora bazabishyira mu bikorwa bidatinze.
Cardinal Peter Turkson uhabwa amahirwe yo kuba Papa wa mbere w’umwirabura yatangaje ko umuco wa Kinyafrika utemera ababana bahuje ibitsina, amagambo yatumye benshi bakeka ko amahirwe ye yo gutorerwa kuyobora Kiriziya Gatorika yaba yayoyotse.
Urubyiruko rwitabiriye ihuriro mpuzamahanga rya kane ry’urubyiruko rwo mu bihugu byo muri Afrika y’uburasirazuba (EAC) ruratangaza ko ibyo rwigiye mu karere ka Bugesera ku bijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge ruzabigira impamba maze rukarushaho kubaka no guharanira amahoro mu bihugu byabo.
Nyuma y’umwaka n’igice Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi (REB) kimaze gishinzwe, abayobozi bacyo barasanga igihe kigeze cyo kumanuka bakaganira n’abayobozi bashinzwe uburezi mu turere ndetse n’abarezi ubwabo.
Ku nshuro ya kabiri, Rehoboth Ministries yateguye igitaramo cyo kuramya no guhimbaza yise “Praise and worship Explosion”, icyo gitaramo kizaba kuri iki cyumweru, tariki 24/02/2013, muc yumba (salle) cya Sportsview Hotel kuva ku isaha ya saa cyenda z’amanywa kugeza saa mbiri z’ijoro.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Indimi Kavukire, tariki 21/02/2013, Umushinga Kamusi (Kamusi Project) wamuritse ikoranya y’ikinyarwanda ishamikiye ku mushinga “Global Online Living Dictionary (KAMUSI GOLD)” ihuriza hamwe inkoranyamagambo z’indimi zigera kuri 20.
Nyiransekuye Chricelina wo mu kagari ka Nyarubuye, umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi yabonye ihene ye yari yibwe na Iradukunda Jean Pierre umusore w’imyaka 18 wari waraje gupagasa. Iyo hene akaba yayirangiwe n’umumotari Iradukunda yateze ayifite.
Ibikorwa byo kwegereza abaturage ubutabera mu turere twa Ngoma na Kayonza ni umushinga wa minisiteri y’ubutabera ku nkunga ya ministeri y’ububanyi n’amahanga y’Ubuhorandi binyuze mu mushinga Interanational Rescue Committee (IRC).
Abakuriye abigisha abantu bakuze gusoma no kwandika mu murenge 14 igize akarere ka Rwamagana bahawe inyoroshya-ngendo z’amagare bazajya bifashisha mu gukurikirana ibikorwa byo kwigisha abakuze gusoma, kwandika no kubara.
Umwana witwa Shukuru uri mu kigero cy’imyaka itandatu y’amavuko, yatowe ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda uri mu Cyanika mu karere ka Burera tariki 19/02/2013 ariko inkomoko ye ntiramenyekana kuko adasobanura neza aho yaturutse.
Nubwo ishami rya Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi rishinzwe uburobyi b’ubworozi bw’amafi ryishimira ko umusaruro w’amafi mu Kiyaga cya Kivu ugenda wiyongera, ngo haracyari imbogamizi z’uburobyi bukoresha Imitego yangiza amafi aba atarakura.
Abagore bacururiza ku gataro bagiye kubona uburyo bwo kubafasha kuva mu bukene bakareka uwo murimo utabahesha agaciro. Bazubakirwa amazu ubundi bishyire hamwe bayacururizemo nk’uko Kandutiye Beatha umukozi mu rugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) abisobanura.
Leta y’u Rwanda igiye kuzana intare n’ubundi bwoko bw’inyamaswa zitabaga muri Parike y’Akagera nk’uko bivugwa na Ngoga Telesphore ushinzwe guhuza Parike z’igihugu n’abazituriye, akaba anashinzwe ishami ryo kubungabunga Parike z’igihugu mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB).
Kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013, umwanditsi Ndatsikira Jean Paul azashyira ahagaragara igitabo cye yise “Hirya y’imbibi z’amaso” bikazabera muri Kigali Serena Hotel guhera ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.
Nsengiyumva Jean Paul na Mujyambere Benjamin bakunze kwita Karera bose batuye mu murenge wa Mushikiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira gufatanwa gerenade ebyiri mu rugo imwe yo mu bwoko bwa Totasi indi yo mu bwoko bwa steak.
Batayo ya Gatatu ikubutse mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, irishimira ko imyaka basize bafashije abaturage guhinga yeze. Bitewe n’ubukene bugaragara muri aka gace ngo abaturage ntibashobora no kwigurira amasuka yo guhingisha.
Umucuruzi witwa Iyizere Gregoire ucururiza muri santire ya Mwendo mu karere ka Ruhango, inzu akorerama yafashwe n’inkongi y’umuriro tariki 21/02/2013 hashya ibintu bifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 720.
Habimana Anisept w’imyaka 20 wari utuye mu kagari ka Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango yitabye Imana aguye mu muvure wengerwamo.
Ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB) hamwe n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, basabye ubuyobozi bw’uturere n’abashinzwe kureberera imirimo y’abafatanyabikorwa batwo mu iterambere (JADF), gukurikirana ibikorwa by’imiryango itagengwa na Leta, kugirango itange umusaruro ugaragara.
Mu mudugudu wa Telimbere mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro haravugwa ubujura bw’amatungo bumaze iminsi bwibasira abahatuye, ku buryo ngo muri uku kwezi kwa kabiri abajura bamaze kuhiba inka eshatu mu ngo zitandukanye.
Mu gihe cy’iminsi itatu gusa, urubyiruko rwaturutse muri Korea y’Epfo ku bufatanye n’urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke babashije kuzuza inzu y’umukecuru utishoboye ifite agaciro gasaga amafaranga ibihumbi 600.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi batangiye kumurika ibikorwa bya bo mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Nyuma yo kubona impano y’ibikoresho by’ikoranabuhanga yatanzwe na kaminuza yo mu gihugu cy’Ubudage, kaminuza y’Umutara Polytechnic itangaza ko yishimiye ko igiye kuzamura ireme ry’ubumenyi ngiro butangirwa muri iri shuri.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Gakenke ushinzwe imibereho myiza, Ntakirutimana Zephyrin, avuga ko Abanyarwanda ari bo bafite igihugu cyabo mu maboko kugira ngo bagiteze imbere aho gutegereza ak’imuhana kaza imvura ihise.
Nsabimana Stefano na Ntahontuye bo mu kagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira bitabye Imana tariki 19/02/2013 bahitanywe n’umuyoboro w’amazi bifashishaga mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro.
Nyuma yo gutsindwa na Vital’o mu mukino wa ‘Champions League’, APR FC yongeye kwitwara nabi, ubwo yatsindwaga na Mukura Victory Sport igitego 1-0 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade Kamena i Huye ku wa gatatu tariki 20/02/2013.
Abakozi 4 bakora kuri G.S. Bumbogo mu Kagali ka Nyagasozi, Umurenge wa Bumbogo, Akarere ka Gasabo, bafungiye kuri Sitasiyo ya Rusororo kuva tariki 18/02/2013 bakekwaho kwiba mudasobwa zirindwi.
Ndemezo Appolinaire utuye mu murenge wa Shagasha mu karere ka Gicumbi arasaba ko akarere kamufasha kwishyurwa amafaranga miliyoni n’igice yatsinzemo uwahoze ari umupolisi wa komini ya Rushaki mu mwaka w’1997 nyuma yo kumurasa akamuca akaguru.
Abajyanama b’ubuhinzi bo mu karere ka Bugesera, barasabwa gufasha abahinzi muri gahunda z’iyamamazabuhinzi kugirango umusaruro ubashe kuboneka ari mwinshi.
Mu gihe henshi mu Rwanda bagihatana no kugeza kuri 80% mu bwisungane bwo kwivuza (mutuelle de santé), umurenge wa Rwankuba wo mu karere ka Karongi wo wamaze kuzuza 100% muri Nzeri 2012.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ryimye uburenganzira ikipe ya Rayon Sports bwo gukinisha umukinnyi Umunya-Uganda Sserumaga Mike kuko dosiye imusabira uburenganzira bwo kuyikinira idasobanutse.
Nk’uko urutonde rushya rubyerekana, Kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yaje imbere ho imyanya 527 yose ku rutonde rwa za kaminuza aho yavuye ku mwanya wa 4,158 ikajya kuwa 3631 muri za Kaminuza ibihumbi 21 nk’uko urubuga rwa internet rwa kaminuza nkuru y’u Rwanda rubitangaza.
Kalisa Callixte w’imyaka 29 y’amavuko umurambo we bawusanze tariki 19/02/2013 munsi y’iteme riri mu mudugudu wa Rugarama n’akagali ka Gahombo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera buratangaza ko ikibazo cy’amazi cyakemutse ku baturage bajyaga muri Parike y’Akagera gushaka amazi yo gukoresha no kuhira inka zabo.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, aratangaza ko u Rwanda rutishimira bimwe mu byemezo bijyanye n’ubutabera bifatwa n’ubutabera mpuzamahanga, ariko akemeza ko u Rwanda ruzakomeza kubyamagana rukiga no kubana nabyo.
Alexia Nkurunziza, Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abagide mu Rwanda (AGR), aratangaza ko mu mwaka wa 2013 bagiye guhangana n’imfu z’abana n’ababyeyi ziri kugenda ziyongera cyane cyane mu byaro.
Nyuma y’aho bigaragariye ko bamwe mu banyamahanga bakina muri shampiyona y’u Rwanda usanga ari nta buhanga barusha Abanyarwanda, FERWAFA yafashe icyemezo cy’uko muri shampiyona itaha, abanyamahanga bazemererwa gukina mu Rwanda ari abazaba bakina mu makipe y’ibihugu bakomokamo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abaturage bo mu karere ka Nyaruguru guharanira kuva mu bukene (cyane cyane ubw’ibitekerezo), kuko ari uburenganzira bwabo, bikaba n’inshingano z’abayobozi kubafasha gutera imbere, batabikora bagakurwaho icyizere.
Kuva tariki 19 kugeza 21/02/2013 abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyanza bari mu gikorwa cyo kumurikira abaturage ibikorwa bakorerwa bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo.