Abagore bakora umurimo w’igipolisi basanga umurimo bakora ntacyo ubabangamiraho kuri kamere Imana yahaye umugore, cyangwa mu nshingano bafite zo mu rugo.
Urubyiruko rwo mu mashuri makuru, rurasabwa kubakira imitekerereze yarwo ku ndangagaciro z’ubutwari, ndetse rukaba umusemburo w’imiyoborere myiza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda bose kwitabira ibikorwa bibateza imbere kandi agahamya ko Guverinoma izafasha cyane abazagaragaza ubushake bwo kwiteza imbere bose.
Nduwimana Jean Paul uzwi ku izina rya NOOPJA, wamenyekanye cyane mu ndirimbo MURABEHO irimo ubutumwa bukangurira Abanyarwanda kwirinda SIDA ,yashyize hanze indirimbo ebyiri zifite ubutumwa bwo gukunda igihugu.
Ngo utunze amahoro ni nawe uyatanga; nk’uko byagarutsweho tariki 29/01/2013 mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’inganzo y’amahoro wateguwe na komisiyo y’ubutabera n’amahoro muri Kiriziya Gatorika paruwase ya Matimba mu karere ka Nyagatare.
Itsinda ry’Abashinwa batanu baturutse muri kaminuza yitwa Peking University mu gihugu cy’Ubushinwa basuye ibikorwa by’iterambere mu ntara y’Uburasirazuba tariki 29/01/2013.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 yasambanyijwe n’umusore w’imyaka 32 wari waje agemuriye umurwayi mu bitaro bya Gitwe mu ijoro rya tariki 28/01/2013.
Umuhanzi Danny Nanone, umwe mu bahanzi bamenyekanye cyane bakanagaragara muri Primus Guma Guma 2, ntakiri kubarizwa muri studiyo ya Kinamusic yari asanzwe akoreramo ibikorwa bye.
Mu biganiro ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA) kirimo gukoresha hirya ni hino mu gihugu gishishikariza urubyiruko kwitabira ubuhanzi, hakomeza kugaruka ikibazo cyo kwemeza ubuhanzi cyangwa ubugeni buzaherwaho butezwa imbere mu Rwanda.
Umuyobozi w’Ishuli ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command and Staff College), Brigadier General Mupenzi Jean Jacques, yabwiye Abanyakarongi ko inshingano z’ingabo z’u Rwanda zitagarukira gusa ku kurinda ubusugire bw’igihugu ahubwo zifite n’uruhare mu iterambere ryacyo.
Intumwa za RDF Command and Staff College (Ishuli Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama) zirashima intambwe akarere ka Karongi kamaze gutera mu nzego zitandukanye harimo ikoranabuhanga, uburezi, ubuzima, ibikorwaremezo, ubukungu n’ibindi.
Uzamukunda Meraniya na Uwitonze Emmanuel bo mu mudugudu wa Kamazuru, akagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamabuye mu karere ka Muhanga bakekwaho kuba baracuze imigambi yo kwivugana umukobwa ikabapfubana.
Umunyeshuli witwa Bayigamba Geras wigaga mu ishuri rikuru rya INILAK ishami rya Nyanza yitabye Imana mu mpanuka y’imodoka yabaye tariki 29/01/2013 ahagana mu ma saa yine z’ijoro ubwo yari avuye kwiga.
Tariki 29/01/2013 itsinda rishinzwe gusuzuma no gukemura ibibazo by’imitungo y’abarokotse Jenoside riyobowe n’umuvunyi mukuru wungirije ryakemuye ibibazo bitandukanye mu karere ka Kirehe.
Nzabonimpa Zaburoni ukomoka mu karere ka Nyamagabe ubu utuye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza avuga ko gutega amafuku yangiza ibijumba n’amateke mu mirima y’abaturage batuye mu gace atuyemo bimutunze ndetse bimurutira guca incuro.
Abayobozi na bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero barasaba minisiteri y’umuco na siporo kwihutisha igikorwa cyo gushyira mu cyiciro cy’intwari abana 17 biciwe mu ishuri rya CIC Muramba (CIC: Complementalité Intelligence Courage) riri mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero.
Abasaza n’abakecuru bakunda kunywa itabi ry’ibibabi rizwi nk’ “igikamba” kuko ngo mu mabyiruka yabo basanze ari ryo tabi ababyeyi babo banywa nabo batangira kumenyera kurinywa gutyo.
Umukecuru witwa Harerimana Anna w’imyaka 74 utuye mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara yabashije kurera abana 42. Uretse babiri yibyariye, abandi ni abo yatoraguye mu gihe cya Jenoside yo muri mata 1994 na nyuma yaho.
Minisitiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, kuri uyu wa kabiri tariki 29/01/2013 yatangije ku mugaragaro gahunda yo gukwirakwiza inzitiramibu mu gihugu mu rwego rwa gahunda ya Leta yo kurwanya malariya.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College), tariki 28/01/2013, basuye akarere ka Gicumbi mu bushakashatsi ku ikoranabuhanga, gukoresha amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba ndetse no kwikoreshwa rya biogaz.
Elisa Rwagatore w’imyaka 31 afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera akekwaho kwica umugore we witwa Mukantagengwa Appoline.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata, yafunguye ku mugaragaro ishami ry’u Rwanda ry’ihuriro nyafurika rya za kaminuza rigamije guteza imbere ubuhinzi rizwi nka RUFORUM (Regional Universities Forum for Capacity Building in Agriculture).
Imvura yaguye mu karere ka Ruhango ku mugoroba wa tariki 28/01/2013 yakubisemo inkuba yahitanye inka ya Karukwerere Prucica ihita ipfa.
Umukecuru Kasanziki Consilia w’imyaka 61, wari utuye mu mudugudu wa Buhoro, akagari ka Kigembe ho mu murenge wa Gacurabwenge, yishwe mu joro ryo ku itariki 28/1/2013. Umuhungu we muto yemera ko yagize uruhare mu kwica nyina.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe butangaza ko gukoresha ikoranabuhanga ritandukanye ryaba irya terefoni cyangwa irya mudasobwa na interineti bibufasha mu kuzuza inshingano zabwo mu kazi zikora umunsi ku wundi.
Abanyeshuri bigaga mu mashuri abanza yose yo mu murenge wa Bugarama batsinze ku kigerenyo cya 100% naho abasoza icyiciro rusange (tronc commun) batsinda kuri 99%. Ngo rimwe riburaho ryatewe no kuba hari umwana utarabashije kurangiza ibizamini byose bitewe n’uburwayi nk’uko Niyindagiye Lucie ushinzwe uburezi muri uyu (…)
Ibaruwa MONUSCO yandikiye ushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Hiroute Guebre Sellassie, taliki 21/01/2013 ivuga ko Gen. Masunzu uyobora ingabo za FARDC muri Kivu y’Amajyepfo ari kongerera ibikoresho umutwe wa FDLR no kuwushyira mu duce twegereye umujyi wa Goma.
Amani Kabasha, ushinzwe itumanaho muri M23 avuga ko kuba FDLR ikomeje guhabwa ubushobozi na Leta ya Kongo, nta cyizere cyo kugera ku mahoro muri icyo gihugu no mu karere muri rusange.
Nyuma y’amezi atatu imirenge ya Kitabi na Kamegeri yari imaze mu kato ko gusarura no gucuruza ibikomoka ku mashyamba, ubu yakuwe muri ako kato nyuma y’uko igaragaje ubushake mu gukora iyo mirimo harengerwa ibidukikije kandi bubahiriza amabwiriza abigenga.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Pekin, umurwa mukuru w’igihugu cy’Ubushinwa bwafunze by’agateganyo inganda zirenga 100 kubera kohereza ibyuka byinshi mu kirere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba amabanki n’ibigo by’imari bikorera muri aka karere byose ko byatangira gukora ubukangurambaga mu baturage muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) gitangaza ko kuba urubyiruko rwakwiga umwuga w’ubuhanzi atari uguta igihe kuko ubuhanzi bufite agaciro kandi bukaba bubeshejeho neza ababukora.
Abashakashatsi bavuga ko agakoko gatera Sida gashobora kuba kamaze imyaka iri hagati y’imyaka miliyoni 5 na 12 aho kuba imyaka isaga 20 nk’uko bisanzwe bizwi.
Leta ya Malawi yatangaje ko indege ya Prezida yashyizwe ku isoko, umuntu wese ubishoboye akaba yemerewe gupiganirwa kuyigura. Ngo uzayegukana ni uzaba yatanze amafaranga menshi kurusha abandi.
Inkuba zaraye zikubise mu mvura yaguye ku mugoroba wa tariki 28/01/2013 mu karere ka Nyamasheke zahitanye ubuzima bw’umuntu, zica inka ndetse n’ibikorwa bitandukanye birangirika.
Ku gicamunzi cyo kuri uyu wa mbere tariki 28/01/2013, impanuka ebyiri zabereye ahantu hatandukanye mu karere ka Musanze zahitanye abantu babiri abandi batandatu barakomereka.
Umwana witwa Munezero w’imyaka itandatu wo mu kagari ka Shyogo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, afite ubushobozi bwo kunyonga igare kandi akanarihekaho n’abandi bana n’ubwo adashyikira intebe ya ryo kubera indeshyo ye.
Abashoramari batangiye kuhubaka inzu zigerekeranye mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, zizafasha abahatuye kubona servisi zitandukanye.
Nyuma y’iby’umweru bitatu Rwagatore Elisa w’imyaka 36 yishe umugore we Mukunagengwa Appolinaria w’imyaka 28 agatoraka, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano tariki 27/01/2013.
Abanyeshuli 12 n’abarimu bane baturutse mu ishuli ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College) bari mu karere ka Karongi mu ruzinduko rugamije kureba aho akarere kageze mu iterambere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) cyatangiye igikorwa cyo gushishikariza Abanyarwanda gukora indi myuga itari ubuhinzi n’ubworozi busanzwe ahubwo bagaharanira gukora ibibinjiriza binyuze mu mpano bifitemo.
Nkundimana Emmanuel ukomoka mu karere ka Nyaruguru, wari urangije umwaka wa mbere mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE) yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha y’epfo mu gitondo cyo kuwa 28/01/2013.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, avuga ko amafaranga miliyoni 350 zanyerejwe mu gikorwa cyo kwimura abaturage mu nkengero z’ahari kubakwa urugomero rwa Nyabarongo ntizirabasha kwishyurwa.
Ahagana mu saa cyenda z’igicamunsi tariki 28/01/2013, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna yavaga i Muhanga yerekeza i Kigali, yabirindutse mu muhanda ariko umushoberi n’abandi bantu babiri yari atwaye, ntawigeze agira icyo aba.
Ubuyobozi bwa sosiyete “Angelique” iri kubaka urugomero rwa Nyabarongo ruri mu karere ka Muhanga no mu karere ka Ngororero buratangaza ko uru rugomero ruzaba rwatangiye gukora mu mpera z’uyu mwaka.
Mu mihigo 85 akarere ka Nyamasheke kahize muri uyu mwaka wa 2012-2013, 17 muri yo yamaze gushyirwa mu bikorwa 100% naho 23 iracyari munsi ya 50%.
Mu ijambo yagejeje ku nteko rusange ya 20 y’abakuru b’ibihugu na Guverinoma bigize Afurika Yunze Ubumwe tariki 28/01/2013, Perezida Paul Kagame yasabye ibihugu by’Afurika gufasha biruseho Guverinoma ya Mali mu rugamba irimo rwo kwisubiza uduce twari twarafashwe n’intagindwa z’abayisilamu.
Nyuma y’igihe kirekire itegerejwe, plage mpimbano ya Nyakariba biteganyijwe ko izatahwa ku mugaragaro hagati y’itariki 8-9 Gashyantare 2013. Ibirori byo kuyitaha bizabera rimwe n’igikorwa cyo gutangiza ubukerarugendo na sports mu Kivu.
Abacuruzi bane bo mu isantere ya Nyakarambi mu karere ka Kirehe ngo barenda gufunga imiryango nyuma y’uko bambuwe amafaranga arenga miliyoni 12 na Karerangabo Mathias bahaye ideni ry’ibikoresho by’ubwubatsi ubwo yubakaga ibiraro by’imihanda itandukanya mu karere ka Kirehe.
Abanyarwanda bari gutahuka bava muri Congo ngo bagomba guhozwaho ijisho kuko ntawabashira amakenga igituma abagore n’abana aribo baza ku bwinshi kandi abagabo babo aribo babarizwa mu mutwe wa FDLR.