Rusizi: Urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya malariya

Ihuririro ry’urubyiruko (youth Network) ryatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage mu bo mu karere ka Rusizi kwirinda maraliya ku nkunga y’umuryango Nyarwanda wita ku buzima Society for Family Health Rwanda.

Iki gikorwa cyatangiriye mu murenge wa Gikundamvura tariki 30/04/2013 aho bahuguye abajyanama b’ubuzima bazifashishwa mu gutanga ubutumwa muri gahunda yo kwirinda no kurandura maraliya.

Abagize ihuriro Rusizi Youth Network batangije gahunda yo kurwanya malariya muri ako karere.
Abagize ihuriro Rusizi Youth Network batangije gahunda yo kurwanya malariya muri ako karere.

Bimwe mu bikorwa bizibandwaho n’iri huriro ry’urubyiruko harimo kuboneza urubyaro, gukoresha neza umuti usukura amazi, kwirinda Sida, kurwanya imirire mibi n’ibindi.

Inzego z’ibanze zirimo umurenge, centre de santé n’abajyanama b’ubuzima bavuze ko bazafatanya n’iri huriro rya Ruzizi youth network muri ibyo bikorwa byose kuko bifitiye Abanyarwanda akamaro by’akarusho bikaba bikora ku buzima bw’abantu.

Abajyanama b'ubuzima basobanura uburyo bazavura marariya n'izindi ndwara.
Abajyanama b’ubuzima basobanura uburyo bazavura marariya n’izindi ndwara.

Uhagarariye Rusizi Youth network, Rukundo Jean Paul, yasabye urubyiruko n’abaturage baturiye akarere ka Rusizi kuzarya bafasha kandi bakitabira ibikorwa bizajya bikorerwa mu mirenge batuyemo bakanashishikariza abaturage bose kwirinda indwara kuko baruta kuzivuza.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Sfhrwanda ije mugihe cyiza rwose abajene tuzabafasha gutanga ubutumwa rwose Turi imbaraga zubaka iyi Rusizi Youth network turayemera mubikorwa idufashamo kongererwa ubumenyi amahugurwa meshi baduhaye ariko bagere nahandi muturere baturanye baduhe ikiraka cyo guukina théâtre

Furaha yanditse ku itariki ya: 6-05-2013  →  Musubize

Turashima cyane uyu muryango wa SFhrwanda bazakorana na Rusizi Youth network tugasaba kuzajya batwibuka bakaduha ibiraka ariko cyane baduhe amahugurwa twizere ko na za drama tuzongera tukazikina courage rubyirukô

gaudence yanditse ku itariki ya: 2-05-2013  →  Musubize

Rusizi Youth Network yaje ari igisubizo cy’urubyiruko no mugufasha abaturage turashima uriya mu ryango wa SFH uje gufatanya na Rusizi Youth Network

Jean Robert yanditse ku itariki ya: 2-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka