Benshi mu Banyarwanda bakora imishinga ijyanye no kugabanya iyangizwa ry’ikirere ntibasobanukiwe n’uburyo mpuzamahanga bushobora kubaha amafaranga yabafasha kwiteza imbere bakanarushaho kuzamura iyo mishinga.
Mu rugendo rw’iminsi ibiri Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Kabahizi Celestin, agirira mu karere ka Rusizi yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze ko nta mikoranire iri hagati y’abakozi bigatuma imihigo yahizwe imbere y’umukuru w’igihugu itagerwaho.
Abantu bataramenyekana, tariki 03/04/2013, bateze abakozi ba sosiyete yitwa GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu karere ka Ngororero maze babambura amabuye avugwa ko ari mu biro 300.
Umugabo w’imyaka 30 witwa Faustin yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali akurikiranweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 ku gahato.
Ku gicamunsi cya tariki 03/04/2013 mu Kagali ka Nyarutarama Umurenge wa Byumba, mu Karere ka Gicumbi habereye impanuka y’ikamyo yahitanye umuntu umwe maze ikomerekeramo bikabije abandi bane.
Bamwe mu baturage baturiye ahacukurwa amabuye y’agaciro na sosiyete yitwa New Bugarama Mining, mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, ndetse n’abahacunga umutekano, bagiranye ubushyamirane bwabyaye imvururu maze zituma hakomereka abantu bane barimo babiri bakomeretse bikomeye.
Real Madrid ibifashijwemo na kizigenza wayo Christiano Ronaldo, Karim Benzema na Gonzalo Huguain yatsinze Galatasalay bitayigoye ibitego 3-0, mu marushanwa ya ¼ k’irangiza cya UEFA Champions League.
Ikipe ya Rayon Sports yatangiye gahunda yo kwishyura Raoul Shungu umwenda w’ibihumbi 40 by’amadolari imubereyemo, nyuma y’aho ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ritegetse ko ayahabwa byihutirwa mbere y’uko iyo kipe ifatirwa ibihano bikaze.
Mu ijoro ryo kuwa 13 Werurwe inka y’umukecuru witwa Cyabatuku Judith utuye mu murenge wa Tabagwe mu kagali ka Nyabitekeri, yishwe n’imvubu iyisanze mu kiraro.
Abenshi baturutse hirya no hino baza gusengera ku rutare ruri mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango ngo kuko bahasubirizwa ibibazo baba bafite. Aho hantu bahise kuri “Banguka Nkutabare”.
Abagabo batatu bavugakana bafite ubumuga bwo kuba bagufi bidasanzwe, bavuga ko uko baremwe byatumye batabwa n’umuryango wabo ndetse n’abaturanyi bakabitaza, bityo ntibabashe kuba babona akazi ngo babashe kubona imibereho.
Umujyanama w’itsinda rya Urban Boys, Alex Muyoboke, aratangaza ko abafana bose bo mu gihugu ari ababo bityo nta kintu kidasanzwe Urban Boys bazakora kugira ngo biyegereze abafana kitari ukubagaragariza ibyo bashoboye.
Alex Muyoboke, umujyanama y’itsinda Urban Boyz, agiye gushyikiriza ubutabera Karasira Aimable uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Professor Nigga kubera ibitutsi aherutse kubatukira kuri facebook.
Umugore utuye mu mudugudu wa Nyarushinya, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo arasaba ubuyobozi kumwakira umugabo we itike akisubirira iwabo i Burundi nyuma y’imyaka umunani bamaranye ariko kumvikana bikaba byarabananiye.
Umukozi ushinzwe umusaruro mu mushinga w’ubuhinzi n’ubworozi ufasha abaturage kurwanya ubukene binyujijwe mu makoperative wo muri APROJUMAP, avuga ko ibiti bibiri bya avoka byitaweho neza, mu gihe cy’umwaka bishobora kuvamo amafaranga agura inka.
Mani Martin n’abaririmbyi be bazitabira ibirori byo gutangiza iserukiramuco « Amani Festival » bizabera i Goma muri Congo tariki 06/04/2013.
Mu gihe abantu benshi bavuga ko Abanyakibungo bagendera ku rutaro, bamwe mu bahaba n’abahakomoka bemera ko ibyo bintu byigeze kubaho mu gihe abandi bavuga ko hari aho bakigendera ku rutaro na n’ubu.
Abaturage baturiye aho sosiyete ya GMC (Gatumba Mining Concession) icukura amabuye y’agaciro atandukanye mu murenge wa Gatumba mu karere ka ngororero bakomeje kutumvikana n’iyo sosiyete bitewe n’uko ibangiriza kandi ibyo ibizeje ntibishyire mu bikorwa.
Nyuma yo kugaragaza impungenge ku mazu bubakiwe ashaje ibisenge kandi atanakorewe isuku, abantu icyenda bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Ngororero bagiye kuvugururirwa.
Ashingiye ku bubasha ahabwa n’itegeko nshinga mu ngingo yaryo ya 113, kuri uyu wa gatatu tariki 03/04/2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye abapolisi 618 mu ntera zitandukanye.
Intumwa za rubanda 10 zo mu gihugu cya Uganda, tariki 03/04/2013, zasuye umupaka muto wa Rubavu zerekwa uburyo u Rwanda ruri gutegura ibikorwa by’imigenderanire n’igihugu cya Congo hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Agasozi kitwa “Ku Kabazungu” gaherereye mu mudugudu wa Mariko, akagari ka Kaganda, umurenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, gafite amateka kuburyo ngo iyo abazungu bahageze bahagarara bagafotora.
Ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) gifatanyije n’Umunyamerika w’inzobere mu buvuzi bw’indwara zandura, barahamya ko imiti igabanya ubukana bwa SIDA yashoboye kuvura SIDA abantu 14 bo mu Bufaransa hamwe n’umwana wo muri Amerika umwe, n’ubwo ngo nta wakwizera 100% ko bakize.
Abadepite bo mu gihugu cya Uganda barashima uburyo abahoze mu mitwe yitwaje intwaro bakiyemeza kugaruka mu gihugu bakirwa n’abandi Banyarwanda, nyamara bamwe muri bo baba bashobora kuba bafite amateka atari meza ku misozi bavukaho.
Abahagarariye amadini akorera mu karere ka Kayonza biyemeje kuzatanga ituro ry’umunsi umwe mu minsi y’amateraniro ya bo, mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye.
Umukecuru Uwigiriyeneza wo mu murenge wa Nkaka mu karere ka Rusizi yagonzwe na moto ubwo yari yiviriye ku isoko tariki 03/04/2013. Uwamugonze witwa Dusabimana Emmanuel yashatse kwiruka abaturage baramufata arinako bahise bamushikiriza inzego z’umutekano.
Abanyamahanga batuye mu Rwanda ngo baba badakunze kwitabira gahunda zo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 uko bikwiye; nk’uko byavugiwe mu nama ya nyuma itegura gahunda zo kwibuka Abazize Jenoside mu karere ka Kayonza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwahaye abakinnyi n’abatoza ba Bugesera FC agahimbazamushyi k’amafaranga ibihumbi 600 nyuma yuko iyo kipe itsinze Rayon Sports muri 1/8 cya Peace Cup against Malaria 2013.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba abantu bose bafata gahunda zo guhunga igihugu kuko kigeze mu gihe cy’icyunamo, kumva ko iyo gahunda ibareba bose. Ikabasaba gutangira kwifatanya n’abandi Banyarwanda mu kwibuka.
Mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League), ikipe ya FC Barcelone yanganije na Paris Saint Germain ibitego 2-2 mu mujyi wa Paris.
Uburyo bworoshye bwo kwirinda umwanda bwiswe “Kandagirukarabe” yagabanyije umwanda mu baturage bo mu karere ka Gicumbi. Icyo gikoresho giterekwa imbere y’ubwiherero ndetse n’imbere ya za resitora ugiye kwinjiramo wese akabanza gukaraba akoresheje amazi n’isabune.
Rwanzegushira Jean Claude ukomoka mu murenge wa Muringa ahitwa Nyankukuma yahitanywe n’igisimu mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu, ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa “colta” mu buryo butemewe.
Tito Barahira wabaye umuyobozi wa Komini ya Kabarondo mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibungo na Prezida wa MRND muri Kabarondo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yatawe muri yombi mu Bufaransa tariki 02/04/2013.
Ubuyobozi bw’umuryango Good Windows uratangaza ko nta kimenyane cyabaye mu gikorwa cyo gutanga inka ku bakene bo mu karere ka Muhanga na Ruhango.
Umutoza wa Police FC, Goran Kopunovic, avuga ko ari nta mpungenge na nkeya afite ko yasezererwa ku mirimo ye nubwo amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka yagabanutse ndetse akanasezererwa mu marushanwa atandukanye yitabiriye.
Kuri uyu wa kabiri tariki 02/04/2013, abapolisi 80 batangiye amahugurwa ku gukumira ibyaha no gukora iperereza azamara iminsi itanu, aya mahugurwa akaba ari kubera ku ishuri ry’ishami rya polisi rishinzwe iperereza (CID) riri ku cyicaro cya polisi ku Kacyiru.
Mu gihe u Rwanda rurimo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Guverineri w’intara y’amajyepfo yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru abasobanurira aho imyiteguro yo kubibuka igeze ndetse n’uko abayirokotse babayeho.
Bihira Yuvenali wari uzwi nk’umwe mu bantu bafite amafaranga menshi mu mujyi wa Butare yitabye Imana tariki 24/03/2013, i Burayi aho yari yaragiye kwivuriza. Ku itariki 01/04/2013 ni ho yashyinguwe.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abahinzi bo mu karere ka Burera gutunganya ubuhinzi bwabo, bahuza ubutaka kandi bibanda mu guhinga ibihingwa byatoranyijwe, badahinga ibyo kubatunga gusa ahubwo bahinga ibibaha amafaranga.
Abacuruzi b’umucanga bakorera ahitwa kuri Depo mu karere ka Rusizi bavuga ko batishimiye gusoreshwa badakora nyuma yo gufungirwa bagasabwa kujya gukorera ku cyambu cya Busekanka.
Orchestre Amis de Jeunes ikorera mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yakoze igitaramo kidasanzwe cyo gushimira Perezida Kagame inkunga y’ibikoresho bya muzika bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni eshanu yabagejejeho mu mpera z’umwaka ushize nkuko yari yabibasezeranyije ubwo yasuraga akarere ka Rusizi muri 2010.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ibigo Visa international na Access to Finance Rwanda (AFR) bugaragaza ko Abanyarwanda benshi bakibika amafaranga mu mazu iwabo. Ibi bigo birashishikariza abaturage kubika amafaranga mu bigo by’imari kugirango binafashe igihugu kwikura mu bukene.
Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko barasabwa kwitabira ibikorwa bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabera ku rwego rw’imidugudu mu gihe cy’iminsi irindwi, guhera tariki 07/04/2013.
Umurama w’abana b’amafi wateye mu biyaga by’akarere ka Bugesera urimo gutanga umusaruro kuko watumye uwabonekaga warazamutse cyane. Mu mwaka ushize wa 2012 hasaruwe toni 126.4 kandi hari ikizere ko uyu musaruro uziyongera kubera ingamba zafashwe.
Urwego rw’umuvunyi rusaba inzego z’ubuyobozi zose mu Rwanda kwakira no gukemura ibibazo by’akarengane ibyo ari byo byose abaturage bazigezaho bitarajya ahandi, kuko ngo iyo bibaye byinshi bituma ababifite batishimira ababayobora, bityo bikaba byatuma batubahiriza gahunda za Leta nk’uko ziba zateganijwe.
Imvura idasanzwe yaguye mu ishyamba rya Gishwati ku cyumweru tariki 31/03/2013, bituma umugezi wa Gatare uri hepfo y’iryo shyamba wuzura wica umwana w’imyaka icyenda, ndetse n’ikiraro cyendaga kuzura kirasenyuka.
Nyuma yo kugenzura isuku mu karere ka Gicumbi ahacururizwa ibiribwa no muri za restora itsinda rishinzwe kugenzura abo bacuruzi rirasaba abatereka ibyo bacuruza ku muhanda kubireka kuko imyanda ijyamo yangiza ubuzima bw’abantu.
Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, yagiranye inama n’abakozi bakorera ku karere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’Utugari ndetse n’inzego z’ubuyobozi zikorana n’Akarere ngo abasobanurire bimwe mu byagaragaye nk’ibigomba gukosoka cyangwa kongerwamo imbaraga byavuye mu mwiherero w’Abayobozi bakuru (…)
Muragijimana Immaculée, intore iri ku rugerero mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe yahimbye indirimbo irata itorero ry’igihugu ndetse inagaragaza ubutumwa bwerekana ko bashyigikiye urugerero.