Abafundi n’abayede bagera kuri 70 bari bamaze ukwezi bavuguruye ibyumba bine by’amashuri byo ku rwunge rw’amashuri rwa Bumba mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro barizezwa ko amafaranga yabo baba bayahawe bitarenze tariki 14/02/2014.
Umwana witwa Uwimana Emmanuel w’imyaka 10 yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha y’epfo arapfa ubwo yarimo koga mu murenge wa Ruhuha mu kagari ka Gatanga mu mudugudu wa Kibaza mu karere ka Bugesera.
Amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye asanzwe, ayigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET) ndetse n’amashuri nderabarezi ya TTC, ngo agaragaza ko ireme ry’uburezi rigenda ritera imbere, nk’uko Ministiri w’uburezi, Dr Vicent Biruta yabitangaje.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Madamu Jeannette Kagame, ari mu gihugu cy’Ubwongereza aho yitabiriye inama ya kabiri y’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS).
Ikigo gihagarariye abagore bikorera ku giti cyabo mu Rwanda "Chomber of Women" kiri mu myiteguro y’iserukiramuco riba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu wahariwe abakundanye "Saint Valentin," mu rwego rwo gufasha abagore n’abagabo babo gusabana no kwidagadura.
Nubwo gutora Nyampinga w’u Rwanda bikorwa ahanini n’akanama nkemurampaka, ntibibagiwe guha amahirwe Abanyarwanda n’abanyamahanga baba mu Rwanda ndetse n’abandi bose bifuza kugira uruhare mu gutora Nyampinga w’u Rwanda 2014.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G azamurika alubumu ye ku munsi yizihirizaho itariki ye y’amavuko ku itariki 20/03/2014.
Mu muhango wo gutaha ibyumba by’amashuri umuryango w’Abanyakoreya Good Neigbors wubakiye abaturage bo mu kagari ka Ngoma, umurenge wa Nyamiyaga; abaturage basabwe kuzibungabunga kuko aribo zifitiye akamaro kandi umuterankunga akaba atazagaruka kureba uko zikoreshwa.
Lt Joel Mutabazi n’abandi 15 baregwa hamwe kugirira nabi ubutegetsi buriho, bazongera kuburana tariki 13-15/05/2014, bitewe n’uko Lt Mutabazi na Nshimiyimana Joseph banze kwiregura ku byaha baregwa. Urukiko ruragirango babanze bamenye ko ibyo ari uburenganzira bemererwa n’amategeko.
Umwana w’imyaka 12 wo mu kagari ka Rusura, umurenge wa murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu taliki ya 12/2/2014 yafashwe bugwate amasaha umunani n’ingabo za Congo zikorera mu gace ka Kibati nyuma yuko zitabashije gutwara inka zari ku mupaka w’u Rwanda na Congo.
Umugororwa ufungiye kuri gereza ya Muhanga, Martin Iryivuze, watahutse mu mwaka wa 2010, aratangaza ko abari hanze babuzwa n’Abanyarwanda bakomeye gutaha ku buryo bashobora no kubivugana.
Irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball rigamije kwibuka uwahoze ari umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri rwa Butare (GSOB) Padiri Kayumba Emmanuel rizatangira ku wa gatandatu tariki ya 15/2/2014, rizitabirwa n’amakipe 18 harimo ane y’abagore.
Sosiyete SOPROTEL yari ihuriweho na Leta y’u Rwanda n’iya Libiya, yari ifite Hotel Merdien Umubano, yaseshwe bituma iyi hotel ihita ishyirwa ku isoko, nyuma y’ubwumvikane bucye bushingiye ku miyoborere yayo bwari bumaze igihe kinini.
Umuyobozi wungurije w’umuryango mpuzamahanga wa World Vision mu karere ka Africa y’uburasirazuba, Dr. Charles Ebow Owubah yijeje Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, ko World Vision igiye kongera ibikorwa iteramo inkunga u Rwanda mu turere twa Ngororero, Rusizi, Nyamagabe, Nyaruguru na Gisagara.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cyo mu gihugu cya Austrarie buvuga ko izuba iri rimurika ku isi rifite ubushobozi bwo gukora igihe kingana n’imyaka miliyari 9.
Urwego rw’umuvunyi hamwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) bafatanyije n’akarere ka Rubavu gukemura ibibazo by’abaturage bituma bakora ingendo barusanga i Kigali ngo rubafashe kubicyemura.
Abasore babiri bari mu maboko ya polisi kuri sitasiyon ya Nyamata mu karere ka Bugesera, bafashwe bakorera abandi ibizamini byo kubona impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ruri Arusha muri Tanzaniya kuri uyu kabiri tariki ya 11/02/2014 rwagize umwere jenerali Augustin Ndindiliyimana wahoze ayoboye jandarumori mu mwaka w’1994 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 10 n’abandi bakozi bo mirenge n’utugari bahinduriwe imirenge bakoreragamo bajyanwa mu yindi mirenge kugira ngo barusheho gutanga umusaruro kurushaho.
Kuri uyu wa 12/02/2014, Urukiko rukuru rwa gisirikare rwasubukuye urubanza Lt Joel Mutabazi aregwamo ibyaha by’iterabwoba hamwe na bagenzi be 15. Herekanwe video ikubiyemo ubuhamya bubashinja ariko babihakanye.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota-Coaster ya Sosiyete itwara abagenzi ya Kigali Safaris yavaga i Musanze ijya i Kigali yakoze impanuka, abagenzi 17 barakomereka, batatu bakomereka ku buryo bukomeye.
Umugore witwa Mutimukwe Clemantine w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha nyuma yo kwica umugabo we Niyomugabo Innocent w’imyaka 29 y’amavuko amukubise igiti mu mutwe.
Murekatete Josiane na Mubandakazi Marie Claire bari batuye mu mudugudu wa Nyarurama mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bakubiswe n’inkuba tariki 11/02/2014 ahagana saa cyenda n’igice z’amanywa barimo batera intabire bombi bahita bapfa.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 12/02/2014, rwafashe icyemezo cy’uko abakozi batanu b’akarere ka Nyamasheke bari baratawe muri yombi bakekwaho icyaha cyo “gutanga ku busa cyangwa ku giciro kidakwiye ibintu bya Leta”, bafungurwa by’agateganyo.
Bamwe mu birukanwe muri Tanzania bagatuzwa mu murenge wa Nyange akarere ka Musanze, bishimira ko ubwo bageraga muri aka karere bakiriwe neza, bagahabwa ibyo kurya ndetse bakanatuzwa nk’abandi baturage, gusa ngo nta butaka bafite ngo bahinge.
Abatuye umurenge wa Kimonyi muri Musanze, baremeza ko bamaze kwivugana ibikoko bigera kuri bine birya abantu, bakaba barabigezeho binyuze mu mukwabo wakozwe n’abaturage bafatanyije n’inzego z’umutekano.
Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere zo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda kuri gahunda yo guhuza ubutaka bumaze kugaragaza ko benshi mu bahinzi bishimiye gahunda yo guhuza ubutaka kandi bavuga ko yazamuye imibereho yabo muri rusange.
Abadepite mu inteko inshinga amategeko barizeza amashuri y’icyitegererezo mu kwigisha amasiyansi ko agiye gukorerwa ubuvugizi kugirango ibibazo n’imbogamizi baba bafite mu kugera ku ireme ry’uburezi bwiza birangire.
Guverineri wa Kivu y’amajyaruguru yahagurukiye ikibazo cyo guhohotera abanyamahanga bajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko Abanyarwanda bajya gukorera Goma bagahohoterwa babita abarwanyi ba M23.
Maniranzi Simeon, umwe mu barwanyi ba FDLR wabaga mu nkambi y’impunzi iri ahitwa Rubaya muri Masisi akaba yaratashye mu Rwanda avuga ko inkambi yarimo ibarizwamo abarwanyi 200 ba FDLR ariko badashaka gutaha kuko batunzwe no gucukura amabuye y’agaciro.
Umugabo witwa Mazimpaka wahoze ari umupolisi akaza gukatirwa imyaka itanu azira ruswa, aratangaza ko yicuza ibyo yakoze akabisabira imbabazi ndetse akanakangurira abantu kuyirinda kugira ngo itazabageza nk’aho yamugejeje.
Abasikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique batabaye abaturage b’abayisilamu bari batewe n’imitwe y’urugomo y’abakirisito yitwa Anti-balaka ahitwa Miskine, mu majyaruguru y’umurwa mukuru w’icyo gihugu, Bangui.
Rucamukago Size ufite imyaka 24 wo mu murenge wa Kabaya akarere ka Ngororero umaze imyaka itanu arwariye mu bitaro bya Kabaya arasaba Leta n’abagiraneza kumuha ubufasha akavuzwa mu mavuriro afite inzobere kugira ngo ave mu bitaro.
Murebwayire Annoncee wo mu kagari ka Nyagatovu mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza avuga ko Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yatumye asaba imbabazi umuryango w’umuntu yari yarashinje ibyaha by’ibihimbano mu nkiko Gacaca.
Abanyekongo barenga 2000 batuye mu mujyi wa Goma baza gushaka amazi meza mu Rwanda kubera ko badashobora kuyabona iwabo ku buryo buboroheye nk’uko bayabona mu Rwanda. Ngo ababona amazi hafi babona atari meza nkayo mu Rwanda kuko aba ari amazi y’ikivu.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa 4 w’amashuri yisumbuye muri G S Indangaburezi mu karere ka Ruhango, arwariye mu kigo nderabuzima cya Kibingo nyuma yo gufatwa n’amajyini agatangira guhondagura inzugi z’amacumbi y’aho abanyeshuri b’abahungu barara.
Mu karere ka Bugesera niho hatangirijwe ku rwego rw’igihugu igikorwa kigamije gushyira mu byiciro abantu bafite ubumuga hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bwabo.
Umuhate w’u Rwanda mu guteza imbere ubuzima waruhesheje ku nshuro ya mbere mu mateka y’ikigega mpuzamahanga gishinze kurwanya agakoko gatera SIDA, igituntu na malariya (Global Fund) inkunga ya miliyoni 204 yo kurwanya SIDA no kwita ku barwayi bayo.
Uruhinja rumaze ibyumweru bibiri ruvutse rwatoraguwe mu ishyamba riri mu murenge wa Byumba akagari ka Gacurabwenge umudugudu wa Rwasama rwabonye uzarurera akarubera umubyeyi.
Radiyo y’ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd isanzwe yumvikanira kuri internet (www.ktradio.rw) mu minsi ya vuba iraba yumvikana kuri FM mu bice bitandukanye by’umugi wa Kigali ndetse n’inkengero zawo.
Mu gihe habura iminsi itatu gusa ngo umunsi w’abakundana wa Saint Valentin ugere ngo abacuruza imitako n’ibindi bihangano mu karere ka Gicumbi nibo babona icyashara kinshi kuri uwo munsi.
Nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona y’umupira w’amaguru wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, umutoza wa APR FC wungirije, Mashami Vincent watoje uwo mukino, avuga ko n’igikombe bashobora kuzacyegukana.
Ubwo yari igeze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe ivuye muri Congo Brazzaville aho yanganyije 0-0 na AC Leopard, ikipe ya Rayon Sport yakiriwe n’abafana benshi banayiherekeje aho yagiye kwiyakirira.
Mu magereza henshi mu Rwanda hari kugaragara ikibazo cy’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, hamwe bakemeza ko biri guterwa n’ikibazo cy’ubutinganyi (gukora imibonano mpuzabitsina n’uwo mu gihuje) hagati y’abagororwa cyangwa imfungwa.
Aba bakozi batanu barimo 3 babaga mu kanama k’amasoko mu mwaka wa 2011 ndetse na 2 b’aba-Injenyeri (Engineers) b’akarere bararegwa n’ubushinjacyaha ku cyaha cyo “Gutanga ku busa cyangwa ku giciro kidakwiye ibintu bya Leta”, nubwo bo babihakana bivuye inyuma.
Umugore witwa Gato Claudine wirukanwe muri Tanzaniya yageze mu karere ka Rusizi ayoberwa iwabo kuko yagiye muri icyo gihugu akiri muto cyane. Cyera ngo yumvaga ababyeyi be bavuga ko iwabo ari mu Rwanda ahitwa i Kamembe hafi y’ikibuga cy’indege.
Umurambo w’umugabo watoraguwe mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi tariki 10/02/2014 ariko bayobewe uwo ari we kuko nta cyangombwa bamusanganye.
Umuyobozi w’ibitaro bya Ruhengeri aratangaza ko umurwayi aba adakeneye guhabwa ubuvuzi busanzwe gusa kuko aba anakeneye kwerekwa urukundo, akihanganishwa ndetse agahabwa ikizere, kugirango abashe kumva ko atari wenyine.
Abanyarwanda barindwi bacumbikiwe kuri station ya polisi ya Kigabiro muri Rwamagana bakekwaho ubufatanyacyaha mu kwiba inka 20 mu gihugu cya Tanzaniya, bakajya kuzibagira mu isoko ry’ahitwa Nyagasambu mu murenge wa Fumbwe muri Rwamagana.