Mu gihugu cya Zimbabwe haravugwa ko hari ibitaro byashyizeho igihano cyigamije kubuza abagore gutaka mu gihe babyara ngo kuko uko umugore atatse ahanishwa gutanga amadolari ya Amerika atanu.
Mu gihe cya saa mbiri z’ijoro tariki 14/07/2013 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota coaster ya Volcano express yari ivuye i Kigali yageze ahitwa mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango igongana n’ivatiri hakomereka abantu bane.
Itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko buri Munyarwanda wese ufite imyaka guhera kuri 18 y’amavuko, uwanditse kuri lisiti y’itora, kandi akaba adafite imiziro, uwo wese itegeko nshinga rimuha uburenganzira bwo kwitorera abadepite.
Nyuma yuko tariki 11/06/2013 abantu babili bo mukagali ka Gatonde mu murenge wa Kibungo baguye mu byumba by’amasengesho babasengera ,undi musaza w’imyaka 60 yongeye kugwa mu cyumba cy’amasengesho tariki 12/07/2013.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James biteganyijwe ko aza kugirira uruzinduko rwe rw’akazi mu karere ka Nyanza akahasura ibikorwa by’amajyambere atandukanye kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013.
Abakandida b’umuryango wa RPF-Inkotonyi mu karere ka Ruhango barizeza abaturage ko nibaramuka batowe bagahagararira Abanyarwanda mu nteko, ngo ikizaba kibajyanye bazakigaragariza mu bikorwa.
Amahirwe yo kujya mu gikombe cya CHAN ku ikipe y’u Rwanda yagabanutse, ubwo yatsindirwaga i Addis Ababa n’ikipe y’igihugu ya Ethiopia igitego 1-0 mu mukino wo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya CHAN kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Abagore 3 bari basanzwe ari abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda n’abagabo 2 bari abajyanama mu Nama Njyanama y’akarere ka Nyamasheke batore we kuzahagararira akarere ka Nyamasheke ku rutonde rw’Abakandida-Depite b’Umuryango wa FPR-Inkotanyi.
Ingabo za Tanzaniya ziri mu butumwa bw’amahoro (MINUAD) mu Ntara ya Darfur muri Sudani zagabweho igitero n’umutwe urwanya Leta ya Sudani utaramenyekana, barindwi bahasiga agatwe, abandi 17 barakomereka tariki 13/07/201.
Imiryango 30 yo mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango yabanaga itumvikana, yafashe icyemezo ko igiye kubana neza kandi ikanafasha indi itabanye neza.
Inzego z’umutekano mu karere ka Ruhango zifatanyije n’abaturage, hakozwe umukwabo mu mujyi wa Ruhango hafatwa inzego z’inkora “ibikwangari” bingana na litiro 860 n’inzererezi 43 harimo abagabo 39 n’abagore bane.
Abahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP mu murenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bahisemo gushora inkunga bahabwa mu mishinga ibateza imbere, none bamaze kugura inzu ifite agaciro ka miliyoni zisaga 20 no guhinga icyate cy’imyumbati cya hegitari 10.
Col. Laurent Serubuga wari wungirije umugaba mukuru w’ingabo zatsinzwe (ex FAR) akaba yaratawe muri yombi na Polisi y’igihugu cy’u Bufaransa tariki 11/03/2013 agombwa kwitaba ubutabera ku wa kane w’iki cyumweru tugiye gutangira.
Nyuma yuko bivuzwe ko ibiyobyabwenge mu mashuri biri gufata indi ntera, ishuri rikuru ry’ubumenyingiro y’Iburasirazuba (IPRC East) ryatangije urugamba rwo kubirwanya muri iri shuri.
Mu gihe mu Rwanda hitegurwa amatora y’abadepite mu kwezi kwa cyenda, abatuye akarere ka Gisagara batangaza ko bameze gusobanukirwa n’agahunda y’ayo matora bakaba bategereje ko itariki igera ngo bajye gutora.
Mu nama yahuje abakozi bo muri MINAGRI na bamwe mu bakozi b’akarere ka Gisagara tariki 12/07/2013, bamenyeshejwe ko icuruzwa ry’amafumbire ryeguriwe ba Rwiyemezamirimo kugira ngo abayikoresha bajye bishyura mbere yo kuyikoresha.
Nyuma yuko Umunyekongo Mushamuka Jean Marie atishyuwe amafaranga miliyoni esheshatu y’izoga za Vin Rouge byakuruye impaka ndende bibaviramo gufatanywa iyo magendu n’inzego z’umutekano.
Ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wa tariki 12/07/2013, Ba Sergent Kayigamba Etienne na Niyitegeka hamwe na soldat umwe bo mu mutwe wa FDLR bageze ku mupaka wa Rusizi I bagarutse mu rwababyaye.
Umuhanzi w’imivugo, amakinamico na filime Eduard Bamporiki aratangaza uburyo yabaye mu irondabwoko ryabaye mu Rwanda mbere y’umwaka w’1994 no mu gihe cya Jenoside yabaye muri uwo mwaka, aranagaragaza n’uburyo yabashije gusohoka mu ngaruka zaryo zakurikiranye benshi mu Banyarwanda.
Abacuruzi bo mu isantere ya Congo Nil iherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, baharanira ko itazongera kubaho.
KigaliUp Festival ku nshuro yayo ya gatatu iraba kuva tariki 13-14/07/2013 kuri stade Amahoro i Remera ikaba izanye udushya twinshi; nk’uko abayitegura babidutangarije.
Umuhanzikazi Knowless uri mu bahatanira irushanwa rya PGGSS III n’umuhanzi Uncle Austin nawe umaze kubaka izina mu muziki Nyarwanda babisabwe n’isosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda basusurukije abatuye mu karere ka Nyanza tariki 12/07/2013.
Ubuyobozi bw’ikigo gitanga ubwishingizi mu Rwanda COGEAR buhamagarira abafite inyubako n’ibindi bikorwa kubishyira mu bwishingizi kugira ngo mu gihe bigize ikibazo batagwa mu gihombo.
Muri uyu minsi y’ikiruhuko ubwo abantu benshi baba baruhutse, Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, aremeza ko bakwiye gukoresha ako karuhuko bareba ubwiza buatse igihugu cyabo aho kumara igihe cyabo banywa inzoga gusa.
Umutoza w’Amavubi Eric Nshimiyimana yizeye ko u Rwanda ruzatsindira Ethiopia iwayo i Addis Ababa kuri icyi cyumweru tariki ya 14/07/2013, ubwo amakipe yombi azaba ahatanira itike yo kuzakina igikombe cya CHAN kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Hategekimana Kizito uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Khizz yateguye ibitaramo byo kumenyekanisha alubumu ze ebyiri “Paradise” na “Uwagukurikira” , yitegura gushyira ahagaragara mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2014.
Ababyeyi bakwiye kugira ishavu ry’ubuzima bw’abana babo buri kwangirika bakiri bato, kugira ngo bagire ishyaka ryo kubafasha kwirinda indazindaro abana babangavu bari gutwara zigatuma ubuzima bwabo bwose buhagarara.
Abakora imirimo ifitiye igihugu akamaro bazwi nka “ abatigiste” bo mu karere ka Gakenke, bagera kuri 460 bakoze imirimo ifite agaciro ka miliyoni 250 mu mwaka w’ingengo y’imari ya 2012-2013.
Umwarimu wigisha mu mashuli abanza mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yiguriye imodoka y’ivatiri yo kumujyana ku kazi, kuko ngo yari arambiwe kugenda n’amaguru kandi aho anyura ajya ku ishuli hakaba nta binyabiziga bitwara abagenzi bihaba.
Furere Kizito Misago uyobora Urwunge rw’amashuri rwa Gatagara ruherereye mu karere ka Huye, avuga ko babonye ubushobozi bakwigisha imyuga kuko ari yo yagirira akamaro kurushaho abafite ubumuga, iri shuri ryitaho ku buryo bw’umwihariko.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Madamu Jeannette Kagame, arasaba abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Nyagatovu na Kitazigurwa gucunga neza ibikorwa by’iterambere biyirimo, kugira ngo iyo midugudu izabe imbarutso y’iterambere mu ntara y’Iburasirazuba.
Ubwo Perezida Kagame yakiraga indahiro z’abayobozi bakuru bashya kuri uyu wa gatanu tariki 12/07/2013, akanenga uburyo abakuru b’Inteko zo mu muryango wa EAC bakiriwe mu Rwanda, abarahiye biyemeje ko batazagira icyo basuzugura mu mirimo mishya bashinzwe.
Isosiyete y’itumano ya MTN Rwanda yasabaye n’abakiriya bayo bo mu karere ka Nyanza inabaha impano zitandukanye mu rwego rwo kubagaragariza ko ibahora hafi kandi ibitayeho.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver, aratangaza ko u Rwanda rwahisemo kwizirihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abatuye isi mu Ntara y’Uburengerazuba ku rwego rw’igihugu, kubera ko ari ho habarizwa abangavu benshi batwaye inda zitateganyijwe kurusha ahandi mu gihugu mu mwaka wa 2010.
Uwamahoro Emmanueri wiga ubukanishi bw’ibinyabiziga muri IPRC West ishami rya Karongi avuga ko bimutera ishema kuko abandi bakobwa babitinya bavuga ko buruhije, kandi ngo n’ababyeyi be kimwe n’abandi bantu, baramushyigikira.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu tariki 12/07/2013, Mu murenge wa Nyamiyaga, akagari ka Bibungo, mu mudugudu wa Rwabinagu, hakozwe umukwabo; maze ufata litiro 24 za Kanyanga, n’ibintu bikorwamo inzoga z’inkorano.
Mu rwego rwo kwirinda ubwinshi bw’udukoko mu musaruro w’ibirayi, abatubuzi b’imbuto barasabwa kubikora nk’umwuga maze ubuhinzi nyirizina bakabiharira abandi, cyane ko iyo bikozwe neza bizamura umusaruro haba k’umutubuzi ndetse n’umuhinzi w’ibirayi.
Komisiyo ishinzwe kwishyuriza ibigo by’imari byambuwe ivuga ko bigenda neza ariko hakirimo bimwe mu bibazo, nk’abagaragara ku rutonde ko ari abo muri Nyabihu ariko imyirondoro yabo ntihaboneke, abarimo imyenda ariko batari hafi n’ibindi.
Umuyobozi Mukuru w’Inama Nkuru Ishinzwe Amashuri Makuru na za Kaminuza (HEC), Dr Innocent Mugisha, aratangaza ko amashuri makuru yo mu Rwanda atagakwiye kurebera umusaruro wayo mu mubare w’abahabwa impamyabumenyi, ahubwo ko bakwiye kurushaho guharanira gutanga ubumenyi bufite ireme.
Gufunga ikivu hagamijwe kongera umusaruro w’isambaza bizajya bikorwa mu kwezi kwa cyenda n’ukwa cumi aho kuba mu kwa munani n’ukwa cyenda nk’uko byari byemejwe umwaka ushize.
Umugabo witwa Munyemana Felicien wari utuye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana ari mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK aho yagejejwe amaze kwitema ijosi ngo yiyahure nyuma y’uko yari amaze gutema umugore we n’umwana babyaranye bagapfa.
Abaturage batuye ahantu h’amanegeka hashobora kwibasirwa n’ibiza ku buryo bworoshye barashima gahunda ya Leta yo kubimura bagatura ku midugudu, ngo kuko baba barengeye ubuzima bwabo ndetse bakanatura ahegereye ibikorwa remezo by’ibanze cyangwa se aho byoroshye kubihageza.
Umuhanzi ukomeye akaba n’umuririmbyi uzwi cyane kubera imbyino ze zivanzemo kwikaraga, Jennifer Lynn Lopez uzwi ku kabiniriro J.Lo ntiyumvikanye na nyina ku buzima bw’ejo hazaza he maze bimuviramo gutandukana aca indaro mu ntebe muri studiyo.
Umubyeyi ukomoka mu gihugu cya Nigeriya ahitwa Kargo kuwa mbere w’iki cyumweru yibarutse uruhinja rufite isura y’ingagi nyuma y’igihe gito ruhita rwitaba Imana.
Rickie Lawrence Gardener w’imyaka 49 utuye mu Ntara ya Alabama muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yibye muri banki mu ntangiriro z’iki cyumweru ariko yanga kujya kure kugira ngo Polisi imute muri yombi.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi kuri uyu wa gatanu tariki 12/07/2013 irahaguruka mu Rwanda yerekeza i Addis Ababa muri Ethiopia aho igiye gukina n’ikipe y’icyo gihugu mu rwego rwo guhatanira itike yo kuzakina imikino ya CHAN izabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Umugore witwa Mushimiyimana Goreth afite ikibazo cyo kumenya aho akomoka nyuma y’uko umuryango we uhungiye muri Tanzaniya mu mwaka wa 1994 akaza guhunguka nyuma y’imyaka 19.
Umuyobozi wa Rayon Sport, Murenzi Abdallah, aratangaza ko iyo kipe yamaze kuzana abakinnyi bane bashya, ikaba kandi irimo kuganira n’abandi bagomba gusinya amasazerano mu gihe gitoya.
Umugore witwa Dusabemungu Spéciose utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, atangaza ko ubworozi bw’ingurube ari ingirakamaro cyane kuko bwamufashije kwiga kaminuza akayirangiza kandi bukaba bunamufasha kurihira abana be batandatu.