Imyiteguro y’iserukiramuco riba kuri uyu wa Gatanu wahariwe abakundanye igeze kure

Ikigo gihagarariye abagore bikorera ku giti cyabo mu Rwanda "Chomber of Women" kiri mu myiteguro y’iserukiramuco riba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu wahariwe abakundanye "Saint Valentin," mu rwego rwo gufasha abagore n’abagabo babo gusabana no kwidagadura.

Iri serukiramuco ryatumiwemo ibihugu bigera kuri 26 biciye muri za ambasade zabyo zikorera ku Rwanda, rigamije kwidagadura no gusangizanya umuco ariko na none hibandwa ubusabane hagati y’umugore n’umugabo mu muryango, nk’uko Kamarade Immy ukuriye umuryango Chamber of Women yabitangaje.

Madame Immy mu kiganiro n'abanyamakuru.
Madame Immy mu kiganiro n’abanyamakuru.

Yagize ati "Twigiye gusura abagore bikorera mu gihugu hose turaganira twemeranya ko tugomba guhura tukongera tukaganira tukamenyana ariko muri uko kuganira tukareba no ku muco Nyarwanda (...) ariko ntago twagize abagore gusa twagize imiryango ndetse n’abanyamahanga baba mu Rwanda."

Kuri iyi nshuro kwinjira muri iki gikorwa ngarukamwaka bizaba ari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 15, imiryango ikazataramira i Gikondo ahakunda kubera Expo.

Imyiteguro yahabera iserukiramuco yari irimbanyije kuri uyu wa Kane
Imyiteguro yahabera iserukiramuco yari irimbanyije kuri uyu wa Kane

Umujyi wa Kigali nawo wishimiye iki gikorwa uvuga ko biri muri gahunda zawo z’uko abantu bahura bakamenyana bakanasabana, nk’uko byatangajwe na Charles Rusumbi, uhagarariye urubyiruko, umuco na siporo mu mujyi wa Kigali yabitangaje.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka