Ibibazo by’amakimbirane akunze kugaragara muri zimwe mu ngo z’abagabo n’abagore bashakanye, ngo bituma hari abasore batinya kuzana abagore, kuko bakeka ko ingo zabo nazo zishobora guhura n’ibyo bibazo.
Umukinnyi ukomeye w’amafilimi witwa Samuel L. Jackson aratangaza ko abatunganya ama-film b’i Hollywood bari gushaka Usain Bolt ukina umukino wo gusiganwa ku maguru kugira ngo azakine muri Film yitwa “The Secret Service”.
Am-G The Black, umuhanzi wo mu Rwanda uririmba injyana ya Hip Hop yasusurukije abatuye umujyi wa Musanze mu karere ka Musanze, benshi mu biyabiriye igitaramo baranyurwa cyane, abiganjemo urubyiruko buzura aho yaririmbiraga babyina.
Umutwe wa M23 uratangaza ko witeguye gushyira intwaro hasi burundu, abawugize bakaba abasivili nka rubanda rusanzwe igihe ngo leta ya Kongo yaramuka ifashe ingamba zihamye zo gucyura impunzi z’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ziri mu buhungiro kandi ikarwanya indi mitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Kongo.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, kuri icyi cyumweru tariki ya 08/09/2013, irakina umukino wayo wa mbere n’igihugu cya Canada mu irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Jeux de la Francophonie 2013) irimo kubera i Nice mu Bufaransa.
Abakandida b’umuryango FPR-Inkotanyi batowe mu murenge wa Remera, biyemeje ko bazakomereza mu kazi abadepite b’uyu muryango bakoze ko guteza imbere igihugu, nk’uko babyiyemereye imbere y’imbaga yari yaje kubashyigikira mu gikorwa cy’amatora.
Uwitwa Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yarigise mu gishanga cy’Umuragwe cyiri mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera ejo kuwa 07/09/2013 ahagana ku isaha ya saa cyenda n’igice.
Ezra Ntakirutimana yataye umugore we w’isezerano witwa Yandereye Sophie, abanza gusahura ibyo bacuruzaga byose mu iduka arabigurisha, atorokana n’undi mukobwa akekwaho gutera inda, umugore we akaba atazi aho basigaye baba.
Ambassaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’Ubufaransa Jacques Kabala Nyangezi kuri uyu wa gatandatu tariki ya 07/9/2013 yasuye abakinnyi n’abahanzi b’u Rwanda bitabiriye imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa irimo kubera i Nice mu bufaransa.
Umuyobozo w’Ishuri ryigisha ibijyanye n’amahoteli n’Ubukerarugendo (RTUC), Callixte Kabera, aratangaza ko kumurika serivisi sihuri ryabo ritanga biryongerera ireme n’ubuziranenge, kuko abakenera izo serivisi ariho babonera umwanya wo kubagira inama ku cyo bifuza cyahinduka.
Kuri sitasiyo ya Polisi y’i Nyamirambo, hafungiwe umusore witwa Muhire Jean-d’Amour, wari umupolisi akaza kuvanwa muri uwo murimo kubera gutanga ibyangombwa mpimbano, none nyuma y’aho aviriye muri gereza ngo yongeye gutabwa muri yombi kubera kwiyambika imyenda ya Polisi akanakora uwo murimo.
Sergent Major Gisagara Fokasi wo muri FDLR yatahukanye n’abasirikare bato b’Abanyarwanda bamwe bo muri FDLR n’abandi bo mumitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu. Bavuze ko bahisemo kugaruka mugihugu cyabo nyuma y’igihe kinini bari bamaze bazerera mu mashyamba ya Congo.
Mu gihugu cya Belarus ahari hateraniye ba Nyampinga basaga 90 b’ibihugu bitandukanye byo ku isi aho bahataniraga kwegukana ikamba rya Nyampinga w’isi, Nyampinga w’u Rwanda wari witabiriye aya marushanwa, ntiyashoboye kugira umwanya n’umwe yegukana.
Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Kabuga mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara bavuga ko imisoro iri hejuru bagereranyije n’amafaranga binjiza iyo bacuruza basaba ko yamanurwa.
Ubuyobozi bwa Sacco Baturebereho Ruhango, burahamya ko kugeza ubu bwiteguye gutangira kubaka inyubako yabwo kugirango buve mu bukode ijye gukorera ahantu hagutse mu rwego rwo guteza imbere serivise z’abayigana.
Hashize amezi asaga ane Eric Mucyo afatanyije na Jay Polly bashyize hanze indirimbo yitwa “I Bwiza” ikaba ari indirimbo yakunzwe birenze urugero kubera ubwiza n’ubuhanga ikoranye.
Abagore batatu n’abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, guhera tariki ya 06/09/2013, bakurikiranyweho kwenga no gucuruza inzoga z’ibibyabwenge zirimo Kanyanga n’ibikwangari.
Bamwe mu batanga serivisi zinyuranye mu Rwanda, zaba izishyurwa cyangwa izitishyurwa bakomeje kugenda bareka ururimi rw’Ikinyarwanda muri serivisi batanga ahubwo bagahugira ku ndimi zo hanze, nk’uko abaturage babyinubiye mu isesengura riherutse gukorwa.
Nyuma y’aho ikipe ya Congo Brazzaville y’umupira w’amaguru yari mu itsinda rimwe n’u Rwanda itaziye mu marushanwa, u Rwanda rwayiteye mpaga, rukaba ruzakina na Canada n’Ubufaransa gusa, mu mikino y’amatsinda y’irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (Jeux de la Francophinie 2013).
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kw buri munyarwanda PL, ryamamrije abakandida baryo bazarihagararira mu nteko ishinga amategeko mu karere ka Rulindo, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 06/09/2013, aho batangaje ko bazibanda u gukura abaturage mu bukene.
Abaturage b’umurenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke barasaba ko umuryango wa FPR-Inkotanyi wabagezaho umuriro w’amashanyarazi muri iyi manda y’abadepite igiye gutangira, kugira ngo wunganire ibindi bavuga ko bagejejweho n’uyu muryango.
Nyuma y’amezi atanu atangije uruganda rutunganya divayi mu mitobe itandukanye, Nshunguyinka Annanie wo mu murenge wa Nyange muri Ngororero ubu aravuga ko yatangiye kugira igihombo gituruka ahanini ku kuba yarabuze amacupa yo gushyiramo divayi akora.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa muntu PL, ryaraye ryamamaje abakandida baryo 18 kuri 66 rifite ku rutonde rw’abahatanira kuzajya mu Nteko Ishinga Amategeko mu matora ateganyijwe kuwa 16/09/2013.
Abaturage batuye mu gasantere kitwa Gitarama ko mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi n’inzego z’umutekano kugira icyo zikora, kugira ngo zihashye agatsiko k’abasore b’amabandi bayogoje ako gasantere n’inkengero z’ako.
Abatuye mu murenge wa Gatumba muri Ngororero ahitwa Cyome y’Epfo baremeza ko isosiyete ikora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa GMC ikomeje ibikorwa by’ubucukuzi kandi yari yahagaritswe gukora ibyo bikorwa n’ubuyobozi bw’akarere kuwa 28/08/2013 kubera ibibazo iyo sosiyeti igifitanye n’abaturage.
Perezida Kagame yatanze igitekerezo ko umubare munini w’ibirarane by’imanza ziterwa n’ubwinshi bw’abatanga ibirego wacyemurwa no kongerera ubushobozi inzego z’abunzi, gukoresha ikoranabuhanga ndetse no kongera ihazabu n’ibihano bigenerwa abanyamakosa.
Minisitiri w’umutekano mu Rwanda, Sheikh Mussa Fazil Harerimana aravuga ko kuba leta yarubatse uruzitiro rwa Parike y’Akagera ari ikimenyetso cy’imiyoborere myiza iri mu Rwanda kuko urwo ruzitiro rwubatswe ngo rujye rukumira inyamaswa za pariki y’Akagera zajyaga zisohoka muri pariki zikangiza imyaka y’abaturage baturiye (…)
Abaturage bo mu karere ka Rusizi baravuga ko mu byiza byinshi bashimira FPR Inkotanyi ngo harimo n’ikurwaho ry’amazina yagaragazaga gutandukanya Abanyarwanda kuko ngo abari batuye mu cyahoze ari Cyangugu batafatwaga nk’abandi Banyarwanda kuko ngo bavugaga abandi neza ariko bo bagashyirwa ku mugereka mu mvugo yavugaga ngo (…)
Ku bitaro bya Gihundwe mu karere ka Rusizi hari inzobere z’abaganga bakomoka mu gihugu cya Kenya bari kuvura buri wese ubishaka indwara bita ibibari kandi bakayivura ku buntu. Iki gikorwa cyatangiye kuwa 02/09/2013 cyikazasozwa ku itariki ya 09/09/2013.
Uwitwa Toby Ng ukomoka muri Hong Kong yashyize ahagaragara ubushakashatsi yakoze bwerekana ikigereranyo cy’uko byari kumera iyo isi iba ari umudugudu umwe utuwe n’abantu 100 gusa.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 20, bwana Richard Tardy avuga ko imyitozo yakoze imwemerera kwitwara neza imbere y’ikipe ya Congo Brazzaville bakina kuri uyu wa gatanu tariki ya 6/9/2013, ku munsi wa mbere w’imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaranda, Jeux de la Francophonie.
Nyuma y’ubugizi bwa nabi bumaze iminsi bugaragara mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza, polisi y’igihugu muri ako karere iratangaza ko ifite amakuru ahagije ko ibyo bikorwa bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo igiye gukoresha amarushanwa agamije gushishikariza abatuye n’abagenda ako karere kwirinda ibiyobyabwenge hibandwa cyane cyane ku rubyiruko kuko rubikoresha kurusha abantu bakuze.
Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane tariki 05/09/2013 na World Economic Forum kiragaragaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa gatatu ku mugabane w’Afurika mu bihugu bifite ubukungu buhagaze neza nyuma y’ibirwa bya Maurice na Afurika y’Epfo.
Umugaba mukuru w’Inkeragutabara RDF Reserve Force yaraye atangiye igikorwa cyo gushyikiriza by’agateganyo imiryango y’abarokotse Jenoside yo mu 1994 amacumbi Inkeragutabara zabasaniye, igikorwa cyatangiriye mu karere ka Nyanza ejo kuwa 05/09/2013.
Abatuye mu murenge wa Musenyi na Shyara mu karere ka Bugesera barasaba ko imirimo yo kubakorera umuhanda uhuza iyo mirenge yombi yakwihutishwa kuko byahagaritse byinshi mu byo bakenera mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, Rwanda Social Security Board ngo gifita gahunda inoze yo gushora amafaranga y’abanyamuryango bacyo mu mishinga yunguka kandi yizewe, kugira ngo ayo mafaranga agire uruhare mu iterambere ry’igihugu aho kuyabika ntacyo akora.
Mu nama abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’inama mpuzamahanga w’akarere k’ibiyaga bigari ICGLR basoje mu mujyi wa Kampala muri uyu mugoroba basabye ko Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo isubira mu biganiro by’amahoro n’umutwe uyirwanya wa M23 mu gihe cy’iminsi itatu n’ubwo leta ya Congo yo ishaka ko M23 yashyira (…)
Bamwe mu bakurikiranira hafi serivisi zitangirwa mu gihugu baremeza ko byaba byiza serivisi zitangirwa mu bigo zifite aho zihuriye zahurizwa hamwe, kugira ngo abazishaka ntibajjye bazenguruka bava hamwe bajya ahandi.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi arashimira Tigo ku gikorwa kidasanzwe mu bigo by’itumanaho cyo kwigisha abaturage uburyo bwo kwiteza imbere, ndetse akaba yavuze ko ari agashya abonanye Tigo mu karere ka Rusizi.
Koperative Rukara Duterimbere y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza ngo igiye kuzamura imirire myiza mu baturage bo muri uwo murenge n’indi ihana imbibe na wo, yifashishije ubworozi bw’inkoko ikora.
Guharanira uburinganire bw’abaturage mu nzego zose, kuvugurura gahunda y’ubwisungane mu kwivuza no gushinga amashuri menshi y’abafite ubumuga nibyo abakandida-depite b’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza PSD bijeje abaturage b’umurenge wa Rukomo, ubwo biyamamazaga muri Nyagatare kuwa 04/09/2013.
Ba perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Jakaya Mrisho Kikwete wa Tanzaniya bamaze guhurira i Kampala muri Uganda ku gicamunsi cy’uyu munsi tariki ya 05/09/2013 nyuma y’amezi akabakaba ane batarebana neza.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi baratangaza ko ishyaka rya FPR ari ijisho rireba kure kuko ngo ryababonye rikabakura mu bwigunge bahozemo, bityo ngo bakaba bazaritora 100% mu matora y’abadepite ategerejwe ku matariki ya 16,17 na 18/09/2013.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yageze Kampala mu gihugu cya Uganda uyu munsi kuwa 05/09/2013 ahabera inama mpuzamahanga y’umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari ICGLR iri kwiga ku kibazo cy’umutekano mucye uri mu burasirazuba bwa Congo.
Kubera ibikorwa remezo bidahagije birimo amashanyarazi, imihanda ndetse n’amacumbi, abagana akarere ka Rutsiro ntibabona serivise nziza nk’uko babyifuza.
Mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi haraye hafunzwe urwengero rwakoreshaga amayeri yo kujijisha abaturage bagakora inzoga zihumanya bakazifungira mu macupa ya Heineken ngo abaturage bizere ko banywa ibinyobwa byujuje ubuziranenge.
Umuyobozi wa Inyarwanda Ltd Wilson Misago uzwi ku izina rya Nelly ari mu myiteguro ya nyuma yo gushinga urugo hamwe n’umukobwa witwa Hilarie Uwabimfura mu bukwe buzaba ku wa gatandatu tariki 14/09/2013.
Abasirikare umunani bo mu mutwe wa FDLR bageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku itariki ya 04/09/2013 bayobowe na majoro Muhirwa Sylvestre, bitandukanya n’ubuzima bwo mu buhungiro bari bamazemo imyaka 19 mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Haiti bari kwitabaza umuganda nka bumwe mu buryo bwo gukomeza gufasha abaturage ba Haiti kubaka igihugu cyabo nyuma y’ibibazo by’insobe byashegeshe icyo gihugu birimo umutingito n’imyuzure bidasanzwe ndetse n’umutekano mucye byashegeshe Haiti.