Bamwe mu bakandida ba RPF-Inkotanyi ku mwanya w’ubudepite basanga kuyitora ari ugukomeza icyerekezo cy’iterambere rirambye u Rwanda rufite, ruyobowe na Perezida Paul Kagame akaba na Chairman w’umuryango RPF-Inkotanyi.
Umunya-Cameroun Samuel Eto ‘Fils’, wakiniraga ikipe ya Anzhi Makhachkala mu Burusiya, kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 yasinye amasezerano y’umwaka umwe yo gukinira ikipe ya Chelsea, akazahabwa miliyoni 7 z’ama pounds muri icyo gihe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagera ku 7500 bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29/08/2013 bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza uyu muryango mu matora y’abadepite kandi bagahamya ko bazayitora 100%.
Kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, mu mugi wa Monaco mu Bufaransa habereye tombola y’uko amakipe azahura mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (UEFA Champions League 2013/2014).
Ubwo biyamamazaga mu murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi, tariki 29/08/2013, Mukama Abasi wo mu ishyaka rya PDI ryemeye kwifatanya n’umuryango wa FPR-Inkotanyi, yatangaje ko gutora FPR n’andi mashyaka byifatanyije ari ugukomeza inzira y’amajyambere.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane akaba n’Umuvugizi wa leta y’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yahakanye ko u Rwanda rwinjiye ku butaka bwa Congo.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR) barangije mu cyiciro cya kabiri (bachelor) ndetse n’icya gatatu (master), kuwa 28-29/08/2013 bambaye amakanzu ahamya ko bemerewe gufata impamyabushobozi zabo.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu Parti Liberal (PL) ririzera abatuye akarere ka Musanze ko rizongera umuvuduko w’uko ibikorwaremezo byiyongera, igihe bazaba barihundagajeho amajwi mu matora y’abadepite ateganyijwe mu kwezi gutaha.
Ubwo FPR-Inkotanyi yiyamamazaga mu karere ka Karongi mu murenge wa Bwishyura, tariki 29/08/2013, Chairman w’uwo muryango ku rwego rw’umurenge yavuze ko kwamamaza FPR ari ibintu byoroshye cyane kuko ibikorwa byayo byivugira.
Assistant Inspector of Police Narcisse Kagabo wayoboraga Police Station ya Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 29/08/2013 azize indwara.
Shangazi Rugina, wamenyekanye cyane mu Rwanda kubera gukunda imikino cyane cyane umupira w’amaguru, yitabye Imana ku wa gatatu tariki 28/08/2013 azize uburwayi.
Umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Uganda Bebe Cool ari mu Rwanda aho aje gufasha Uncle Austin mu kumurika alubumu ye yise « Uteye Ubusambo ». Iki gikorwa kiraba kuri uyu wa 30/08/2013 i Gikondo kuri Expo Ground 18h00.
Umuyobozi w’ishyaka PS Imberakuri, Christine Mukabunani, avuga ko ishyaka rye riramutse ritorewe kujya mu nteko ishinga amategeko, ryasaba Leta ikazamura imishahara y’abarimu ikajyanishwa n’ibiciro biri ku isoko ndetse umwana wa mwarimu akajya yiga atishyura kuva mu mashuri y’incuke kugera muri Kaminuza.
Minisitiri w’Intebe wa Tanzaniya, Mizengo Pinda, yamenyesheje Inteko ishingamategeko y’icyo gihugu ko Perezida Kikwete yasabye Perezida Museveni wa Uganda ko yaba umuhuza akamushyikiranya na Perezida Kagame.
Nyuma y’urupfu rw’umuntu umwe abandi bagakomereka kubera ibisasu byarashwe mu mujyi wa Rubavu, kuri uyu wa 29/08/2013, ngo bitewe n’ingabo za Kongo ku bufatanye na FDLR, Leta y’u Rwanda yatangaje ko itacyihanganiye “ubwo bushotoranyi”, ikaba ndetse yohereje ibimodoka by’intambara 20 byo kwirwanaho.
Ubwo yafunguraga inama ihuje inganda z’icyayi zo mu karere ka Afurika y’uburasirazuba (EATTA) iteraniye i Kigali kuri uyu wa 29/08/2013, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye inganda z’icyayi kongera umusaruro n’ubwiza bwacyo, zirengagije imbogamizi zifite.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko ingendo zo mu mujyi zigiye kurushaho gukorwa neza, nyuma y’aho kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 usinyaniye amasezerano y’imikorere n’amakompanyi atwara abagenzi.
Ishyaka rya Green Party rimaze iminsi ryemewe gukorera mu Rwanda riratangaza ko n’ubwo ritabashije kwitabira amatora y’abadepite azaba mu kwezi 09/2013, bafite ikizere cy’uko bazanitabira ay’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2017.
Bamwe mu banyamuryango b’ikipe ya La Jeunesse bavuga ko ikipe yabo izitabira shampiyona ya 2013/2014, bitandukanye n’ibyo umuyobozi wayo John Uwintwari yandikiye FERWAFA avuga ko ikipe abereye Umuyobozi itazakina shampiyona itaha ndetse ikaba yari yamaze gusimbuzwa Etincelles yari yaramanutse mu cyiciro cya kabiri.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball yegukanye umwanya wa cumi mu irushanwa ry’igikombe cya Afuruka (Afrobasket 2013), ririmo kubera i Abidjan muri Cote d’Ivoire.
Mukagatare Clemence, umupfakazi wo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma yemeza ko gahunda ya RPF-Inkotanyi ikangurira abagore kwigirira icyizere biteza imbere, yamuteye gukora ubuhinzi bw’urutoki bwa kijyambere bwatumye ajya gupiganwa ku rwego rw’isi.
Umwanzuro wo guhagarika GMC na NRD mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wafatiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Ngororero yateranye kuri uyu wa gatatu tariki 28/08/2013 iyobowe n’umuyobozi w’Akarere, Ruboneza Gedeon.
Niyomugabo Feneyasi yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro mu mpera z’icyumweru gishize azira guteranyiriza abizera bo mu itorero ryitwa Itorero ry’Imana (Eglise de Dieu) iwe mu rugo bakahasengera mu buryo butemewe.
Umusore w’imyaka 26 wo mudugudu wa Gisiza, akagari ka Remera murenge wa Muhanga ho mu karere ka Muhanga afunzwe ukekwaho icyaha cyo gufata ku ngufu umugore w’imyaka 43 ngufu yarangiza agahita amutera icyuma mu gitsina.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) iri guhamagarira abarangije amashuri yisumbuye bagatsinda neza amasomo ya siyansi (sciences) mu myaka ya 2007, 2008 na 2009 kwihutira gutwara ibihembo byabo kuko nyuma ya tariki 30/09/2013 batazaba bakibibonye.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, nyuma yo gusezererwa mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya, kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, yatangiye guhatanira kuva ku mwanya wa 17 kugeza ku mwanya wa 20.
Abahanzi b’urwenya (comedies) bari mu itsinda rya Comedy Knight bazataramira abakunzi babo kuri uyu wa gatandatu tariki 31/08/2013 muri Century Cinema muri Kigali City Tower.
Umuhanzi Dominic Nic azerekeza mu gihugu cya Tanzaniya mu kwezi kwa cyenda, uru rugendo rukaba ruri mu rwego rwo gutegura igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana azakora mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.
Ikigo cy’ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe (MUSA) kiratangaza ko icyumweru cyo kuwa 19-25 /08/2013 cyagenewe ubukangurambaga hagamijwe kuzamura umubare w’abaturage bitabira ubwisungane mu kwivuza cyatanze umusaruro ufatika.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa rya Nyamasheke ryari rimaze icyumweru ribera muri aka karere ngo risojwe risigiye isomo rikomeye abikorera n’abafatanyabikorwa bose mu iterambere ry’akarere ka Nyamasheke kuko ryagaragaje byinshi byiza bishobora kwitabwaho bigatuma aka karere gatera imbere kurushaho.
Umuryango FPR-Inkotanyi watangije ibikorwa byo kwamamaza abakandida-depite bawo, bakaba beretswe abanyamuryango bari bahuriye mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera kuwa 28/08/2013 .
Iyongerwa ry’amasaha y’akazi ryatumye urujya n’uruza rwiyongera ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burindi uri mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 saa 9h15 igisasu kivuye mu bice bya Congo kiguye iruhande rw’isoko rya Mbugangari mu mujyi wa Rubavu gihitana umubyeyi naho umwana yari ahetse ndetse n’undi muntu barakomereka ndetse kinasenya inzu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 28/08/2013, Tuyizere Gervais yaguye mu mugezi wa Nyakina uherereye mu Kagali ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi ho mu Karere ka Gakenke yitaba Imana.
Bamwe mu banyeshuri biga mu ishami ry’ubukungu n’icungamutungo (FEM) muri kaminuza y’u Rwanda ntibishimiye ko basiragijwe mbere yo gushyirwa kuri lisiti y’umugereka ibemerera kwambara amakanzu nk’abandi banyeshuri bazahabwa impamyabushobozi kuri uyu wa 29/08/2013
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur bo muri Rwanbatt 36 ikorera i Kabkabiya, tariki 26/08/2013, bateye inkunga abana 22 babishyurira amafaranga y’ishuri y’umwaka wose, ndetse banabaha bimwe mu bikoresho by’ishuri birimo amakayi n’amakaramu.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) ryiyamamaje mu karere ka Burera rikangurira Abanyaburera ndetse n’abarwanyashyaka baryo bo muri ako karere kuzaritora ngo kuko ribafitite hagunda nshya kandi nziza.
Ubwo abakandida b’umuryango FPR-Inkotanyi biyamamazaga mu karere ka Ruhango, tariki 28/08/2013, bijeje abaturage ko muri mandate itaha y’abadepite bazaharanira ko hakorwa ibikorwa remezo byinshi mu karere ka Ruhango.
Abaturage bo mu karere ka Muhanga mu murenge wa Cyeza baratangaza ko mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, abaturage basoraga batazi icyo basorera ndetse hakanaba n’imisoro ibakandamiza.
Abaturage bagana ibigo bitanga servisi byaba ibya Leta ndetse n’ibyigenga mu karere ka Nyagatare baratangaza ko hakiri utubazo mu mitangire ya servisi.
Banki ya Kigali (BK) yavuze ko yagize inyungu ya miliyari 7.3 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2013, bikaba ngo bigamije kugaragariza abayiguzemo imigabane ko batibeshye, nk’uko umuyobozi w’iyo banki, Dr James Gatera yasobanuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amagereza (RCS) kiratangaza ko abanyururu baherutse gutoroka muri gereza ya Huye byaturutse ku burangare n’ubugambanyi bya bamwe mu bacungagereza, ariko ngo hari ingamba zikarishye zafashwe zo guhangana nicyo kibazo.
Umuryango FPR-Inkotanyi werekanye abakandinda bawo bahatanitanira umwanya mu nteko ishinga amategeko. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 28/08/2013, gikurikiye itangizwa ku mugaragaro ryo kwiyamamaza ku mashyaka yose.
Kuri uyu wa gatatu tariki 28/10/2013, i Nyakinama mu karere ka Musanze, hashojwe amasomo yahuje abashinzwe umutekano n’abasivili baturuka mu bihugu bitandatu byo mu karere, ku bijyanye n’uko ubutabera bwagarura amahoro mu bihugu byahuye n’intambara.
Abanyarwanda 30 biganjemo abana n’abagore bavuye mu mashyamba ya Kivu y’Amajyepfo muri Congo bagarutse mu Rwanda tariki 27/08/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi I.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, aratangaza ko Leta y’u Rwanda izakomeza guteza imbere uburezi burimo n’ubw’amashuri makuru kugira ngo Abanyarwanda bajijuke babashe kwiteza imbere.
Ishyamba riherereye ku musozi wa Gashinge ahitwa i Mazi hagati y’imirenge ya Mushubati na Mukura yo mu karere ka Rutsiro ryatangiye gushya tariki 27/08/2013 mu ma saa tanu z’amanywa rikomeza no ku munsi ukurikiyeho, hakaba hamaze gushya ahagera kuri hegitari 30,5.