Ibiciro by’amashsnyarazi bishobora kuzagabanuka mu minsi iri imbere, nyuma y’uko Banki y’isi yemeje inkunga ya miliyoni 340 z’amadolari azakoreshwa mu kubaka urugomero rw’amashanyarazi ku Rusumo. Urwo rugomero ruhuriweho n’u Rwanda, u Burundi na Tanzaniya.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi Virunga Express yagonze abantu batatu mu mujyi rwagati wa Gakenke, Akarere ka Gakenke barakomereka bidakomeye cyane.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’imicungire y’umutungo mu bitaro bya Ruhengeri acumbikiwe na polisi y’umurenge wa Muhoza akurikiranyweho ibyaha birebana no gukoresha nabi umutungo. Abandi babiri ntibabashije kuboneka ubwo polisi yabashakaga.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport ishakisha cyane ruyahizamu w’Amavubi Meddie Kagere, buratangaza ko igihe cyose uyu mukinnyi azaba atabonye itike akinamo hanze y’u Rwanda, bagomba kuzahita bamugura kuko bamwifuza cyane.
Sahabu w’imyaka 20 wo mu mudugudu wa Rugeregere mu kagari ka Ngoma mu murenge wa Bushekeri ho mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo nyuma yo gufatanwa imashini ikurura amazi yari yibwe muri sosiyete y’Abashinwa.
Ikipe ya Espoir Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’akarere ka gatanu rikomeje kubera i Bujumbura mu Burundi yageze muri ½ cy’irangiza naho APR BBC irasezererwa.
Abagore b’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bagera ku 1562 baturuka mu bihugu 11 bya Afurika, bari i Huye guhera tariki 06-11/08/2013, bakaba bitabiriye kongere bagomba kureberamo uko abagore bakwitwara mu kuba urugero rwiza aho baba.
Umunyamakuru Aboubakar Adam uzwi ku izina rya Dj Adams kuva kuri uyu wa mbere tariki 05/08/2013 ntakiri kubarizwa kuri City Radio Inshuti ya bose. Dj Adams yari amaze iminsi atangaza amakuru aca amarenga ariko aterura, ibi akaba yarabinyuzaga kuri facebook.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gihango bufatanyije na Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro, bwamennye litiro 1190 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu ngo z’abaturage babiri bo mu murenge wa Gihango tariki 07/08/2013.
Ibigo by’imari iciriritse byo mu murenge wa Kanama akarere ka Rubavu byatangije uburyo bwo kuzigama ku bana mu rwego rwo kubashishikariza umuco wo kuzigama bakiri bato.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Dr Habyarimana, avuga ko ishyirahamwe Inyenyeri rikorera mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu rizakomeza gufashwa kwimakaza ibikorwa ryatangiye byo kubaka ubumwe n’ubwunge.
Abanyarwanda 20 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse kuri uyu gatatu tariki 07/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego, umwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza uhana imbibe n’igihugu cya Tanzaniya.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 12 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Shangi, mu karere ka Nyamasheke, yarohamye mu kiyaga cya Kivu ubwo yari ajyanye n’abandi bana kuvoma amazi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, butangaza ko ku kirwa cya Cyuza kiri mu kiyaga cya Burera, muri uwo murenge, hari kubakwa inzu abakerarugendo n’abandi bantu babyifuza bazajya baruhukiramo bareba ibyiza bitatse u Rwanda.
Chris Brown yatangaje ku rubuga rwa Twitter ko ateganya gusezera kuri muzika ngo namara gushyira ahagaragara album ye yise ‘X’. Impamvu ngo nta yindi, Chris yavuze ko ngo yabitewe n’ikosa yigeze gukora afite imyaka 18.
Bamwe mu bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bibazo by’ibidukikije, ingufu n’iterambere, yateguwe n’ishuri rikuru ry’Abalayiki b’abadivantisiti (INILAK), bemeza ko ibidukikije byangiritse bishobora gusubiranywa, aho ngo biteze kubona ibitekerezo byafasha gushyiraho ingamba nshya mu kubirengera.
Abaturage bo mu murenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero kwitabira ingano z’ubwoko bushyashya bazanye mu murenge bukoreshwa mukwenga inzoga ya mitsingi (Mutzig).
Ishuri ribanza rya Shyogo n’irya Kayonza Modern Secondary School yo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza yibwe ibikoresho by’ishuri n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira tariki 07/08/2013.
Umuhanzi 50 Cent yitabye urukiko rwa Los Angeles kuwa kabili tariki 06/08/2013, kubera ibyaha aregwa byo kwangiza ibikoresho no guhohotera uwo babana, ubwo yashwanaga n’umukobwa bigeze gucudika witwa Daphne Joy.
Abaturage b’umurenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe bashimishijwe no kuba umwaka w’imihigo wa 2012-2013 warasize nabo babonye ikigo nderabuzima, dore ko mu mirenge 17 igize akarere ariwo wari utagifite wonyine.
Abakobwa babiri n’umusore umwe bafungiye mu karere ka Nyanza bazira ko indangamuntu , ikarita y’ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ umuganda rusange w’abaturage bifite aho bihuriye n’imibare 666 bivugwa ko ari iya satani.
Amwe mu makoperative n’amashyirahamwe y’abayisilamu akorera hirya no hino mu gihugu, atangaza ko hari intambwe amaze gutera, nyuma yo gusaba ka amafaranga MTN yabageneraga ku munsi mukuru wa Idil fitri yabafasha gukoramo imishinga ibateza imbere.
Abakozi 400 bakoreye sosiyete Rural development Solution Company (RDSCO), baravuga ko bategereje guhembwa amafaranga yabo bakoreye mu bikorwa byo gukora umuhanda none amaso yaheze mu kirere.
Abantu batandatu batuye mu mudugudu wa Muturirwa mu Kagali ka Kiruli mu murenge wa Mukingo bafatanwe urumogi ndetse n’inzoga itemewe ya Kanyanga mu mukwabo wabaye kuri uyu wa 07/08/2013.
Kuri uyu wa 06/08/2013 Abanyarwanda 33 bageze mu Rwanda bavuye muri Tanzaniya baje basanga abandi 48 baje umunsi umwe mbere yaho. Bose bacumbikiwe mu karere ka Kihere mu murenge wa Nyamugari.
Princess Priscillah, umwe mubahanzikazi bazwiho kugorora mu muhogo ababumva bakizihirwa, yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku mugoroba wa tariki 06/08/2013, kubera gukomeza amashuri ye ya Kaminuza.
Gaston Rurangwa uzwi ku izina rya Skizzy akaba ari n’umwe mu bahanzi bari bagize itsinda rya KGB (Kigali Boys) yadutangarije ko ibijyanye no gushinga irindi tsinda bakibyigaho bityo bikaba bishobora kuba cyangwa ntibibe.
Ubwo yashakaga kurira indege ngo ajye mu birori na bagenzi be, umukobwa witwa Alix Townsend yategetswe kwamburira mu ruhame ku kibuga cy’indege imyambaro abakozi b’indege bavugaga ko ari migufi, akabona kwemererwa kwinjira mu ndege agakomeza urugendo rwe.
Abasore batatu bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bateranye ibyuma barwanira umukobwa babiri barahagwa undi arwariye mu bitaro.
Mu minsi yashize, abafite amazu y’ubucuruzi atari etaje rwagati mu mugi wa Butare bari bandikiwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye amabaruwa abamenyesha ko azafungwa ku itariki ya 31 Nyakanga, maze abakoreragamo bakajya gukorera mu nyubako nshya zuzuye muri uyu mugi.
Abaforomo 108n’ababyaza 121 barangije bwa mbere mu cyiciro cya kaminuza mu ishuri ry’Abaforomo n’ababyaza rya Rwamagana bahawe impamyabumenyi tariki 06/08/2013, mu mihango yabereye ku cyicaro cy’iryo shuri mu mujyi wa Rwamagana.
Koperative y’abamotari bo mu karere ka Karongi (KOTAMOKA), kuwa kabili tariki 06/08/2013 yatanze moto 28 ku banyamuryango bayo, moto zaguzwe ku nguzanyo ya koperative yo kubitsa no kugurizanya ikorera muri Karongi yitwa COPEC Inkunga.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rugando mu murenge wa Kimihurura akarere ka Gasabo, buratabariza ikibazo cy’ikibanza kiburanwa n’umusaza Mugiziki Aloys na Fred Ntagungira Alias Rushirabwoba kuko ngo gishobora gutuma umwe muri bo ahasiga ubuzima.
Ikipe y’ u Rwanda izakina umukino wa gicuti n’iya Malawi tariki 14/8/2013, mu rwego rwo gufasha amakipe yombi kwitegura imikino yo gushaka itike yo kuzajjya mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Ikipe y’u Rwanda ya Handball mu bakobwa batarengeje imyaka 19, yatangiye imyitozo yitegura kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Congo Brazzaville kuva tariki 31/08/2013.
Biteganyijwe ko imiryango 28 y’abasigajwe inyuma n’amateka izimurirwa mu mudugudu yubakiwe mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, nyuma yo kwimurwa i Kimironko aho bari babayemo ubuzima butari bwiza.
Umuryango w’Urubyiruko rwa Kiyislamu rugamiije iterambere, AJMD Njye Nawe, rwahuguye abari n’abategarugori 15 bo mu karere ka Kicukiro mu gukora ubukorikori; mu rwego rwo kubaha ubumenyi buzabafasha kwikura mu bukene.
Abaturage bo mu kagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke barasaba ubuyobozi kubafasha kubona irimbi hafi yabo kuko iyo hagize umuturage upfa, ibijyanye no gushyingura bibagora kuko bakora urugendo rurerure cyane kandi ku buryo bavuga ko buhenze.
Bamwe mu basore ndetse n’abagabo bo mu karere ka Burera basiramuye bashishikariza bagenzi babo badasiramuye kwisiramuza kuko bifitiye akamaro uwabikoze ariko bakabasaba kujya kwa muganga aho kujya kwisiramuza muri magendu.
Mu rwego rwo guteza imbere gahunda ya “Girinka”, mu karere ka Nyamasheke bishimira ko gahunda bita “Inka y’akaguru” yatumye abaturage benshi babasha gutunga inka kuko iyo nka y’akaguru yatumye imiryango myinshi itari yishoboye ibasha korora.
Kuri uyu wa kabiri tariki 06/08/2013 umugore witwa Munezero Madina, utuye mu murenge wa Nyamirambo akarere ka Nyarugenge, yerekeje mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze gushaka se w’abana be amaze amezi agera kuri atatu atazi ibye.
Kuwa gatandatu ushize tariki 03/08/2013, imodoka yari itwaye abageni mu karere ka Rusizi yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo bari bagiye kwiyakira maze umushoferi arwana no kuyizimya no kubwira abageni kwihutira kuva mu modoka.
Ikipe ya La Jeunesse ishobora kudakina shampiyona itaha, nyuma y’aho Sosiyete yitwa Tinco yayiteraga inkunga yamaze guhagarika inkunga yayiteraga, bigatuma benshi mu bakinnyi bayikinagamo bigira mu yandi makipe.
Itsinda ry’abambasaderi ba Radio y’abaturage ya Nyagatare, baratangaza ko bishimiye kuba intego bihaye yo cyo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund bayigezeho. Batanze amafaranga ibihumbi 200 kuri konte iri muri banki ya Kigali.
Nyuma y’iminsi ibiri ishyamba rya Nyungwe ryibasiwe n’inkongi y’umuriro, kuri uyu wa 06/08/2013, abaturage bo mu murenge wa Bushekeri, akarere ka Nyamasheke babyutse bajya kuzimya umuriro wongeye kwaduka muri iryo shyamba ariko kugeza ubu umuriro uracyaka.
Mariyamu Mukarugwiza w’imyaka 20 wo mu kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe avuga ko ahangayikishijwe n’abana be babiri yabyaranye n’abagabo batagira icyo bamufasha. Uyu mugore avuga ko inzara ariyo ituma abyara aba bana kuko ngo aramutse abonye icyo afungura atakongera kuzerera mu bagabo.
Bamwe mu bakozi bo mu ngo kimwe na bamwe mu bakoresha babo basanga izina ‘kadogo’ rihabwa abakozi bo mu ngo rikwiye gucika burundu kuko ngo risigaye rikoreshwa mu buryo busuzuguritse.
Umuryango mpuzamahanga wa gikirisitu (World vision), ufatanyije na Fondasiyo y’uwari Perezida wa Amerika, Bill Clinton hamwe n’umukobwa we Chelsea Clinton, bagaragaje ko abaturarwanda bagikoresha amazi mabi, bashobora kuyasukura mu buryo butabahenda, bashyizemo umuti ugurwa 25 Frw.
Mu gihe hari abantu batekereza ko abihaye Imana bo ku rwego rwo hejuru nka Papa batagira ibindi bintu bajyamo cyane cyane nk’amashyaka n’amakipe, amakuru dukesha ibiro ntaramakuru by’abongereza avuga ko Papa Francis I ari umufana ukomeye w’ikipe yitwa San Lorenzo yo mu gihugu cye cy’amavuko.