Mu rwego rwo kwereka Abanyarwanda ko badakwiye gukoresha ibiyobyabwenge no kwirinda ingaruka zabyo, taliki 14/2/2014 polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Rubavu yamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga miliyoni zirenge 52.
Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi utugari twa Butaka, Buringo na Sherima twashyikirijwe post de santé izajya ibagezaho serivisi z’ubuzima zitandukanye, nyuma y’uko bakoraga urugendo rw’amasaha atatu kugira ngo babone serivisi z’ubuzima.
Ubwo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yasuraga Abanyakamonyi bakamugaragariza iterambere bagezeho barikesha imiyoborere myiza, yavuze ko Imiyoborere myiza ari intwaro yo kurwanya abavuga nabi ubutegetsi bw’u Rwanda.
Ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke byabaye ku wa 15/02/2014 byajyanye no gutaha ku mugaragaro inzu itanga amakuru ku batishoboye bo muri aka karere, by’umwihariko abafite ubumuga.
Mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) hatangiye kubakwa inyubako zijyanye n’igihe zizatwara amafaranga y’u Rwanda miliyari ebyiri na miliyoni magana ane, izo nyubako zikazacyemura ikibazo cy’inyubako nke iri shuri rifite.
Umuhindekazi witwa Manju Dharra utuye mu Mujyi wa New Delhi mu Buhinde amaze imyaka 25 atarya amafunguro akomeye, ngo atunzwe no kunywa amata gusa muri icyo gihe cyose.
Abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu biyaga bigari (CEPGL) bashimangiye ko bagiye gukorera hamwe mu guteza imbere ibikorwa by’uwo muryango ariko nawo ukarushaho kugira impinduka no gutanga umusaruro ku baturage mu bikorwa by’iterambere, ubuhahirane n’ubukungu.
Anastase Kanyanzira w’imyaka 62 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimpongo mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yitabye Imana akubiswe n’inkuba tariki 14/02/2014, abandi batatu barakomereka.
Urugendo rwa Rayon Sport mu mikino nyafurika rwarangiye ku wa gatandatu tariki ya 15/2/2014, ubwo yanganyaga na AC Leopard Dolisie ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura wa 1/32 mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza rwasabye ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga gutanga indishyi z’akababaro zingana n’amafaranga miyoni 7.5 kubera umurwayi wagize ubusembwa abukuye muri ibyo bitaro.
Minisitiri Musoni James ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yabwiye urubyiruko rwo mu karere ka Rwamagana ko niba bashaka kuba abazagirira igihugu akamaro ndetse bagakora no ku mafaranga bakwiye gushyira ingufu zabo mu kwiga imyuga kuko aricyo cyerecyezo Leta yerekezamo ubukungu.
Ntezirizaza Celestin, umusore w’imyaka 28 wo mu murenge wa Muhanda mu karere ka Ngororero avuga ko nyuma yo guhura n’ubuzima bubi kubera ibyaha bitandukanye yakoraga, ubu yabiretse akaba anasaba bagenzi be bakibirimo guhindukira amazi atararenga inkombe.
Mu murenge wa Byumba mu mudugudu wa wa Rugarama, akagari ka Nyarutarama, mu karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Collola RAA 316 ya Auto Ecole la Naissance igonga umwana ahita apfa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Land Cruiser y’ibitaro bya Kirinda ho mu karere ka Karongi, yavaga i Kigali yerekeza mu majyepfo, yagonze ikamyo yari yapfiriye ku muhanda, hahita hapfa umuntu umwe, abandi batatu barakomereka.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu rushima inama rugirwa n’umuryango Imbuto Foundation mu kugira ubumenyi ku buzima bw’imyororokere, kuko zibahwitura mu kumenya uko bitwara mu gihe bagezemo no kubona ibisubizo bibaza ku mihindagurikire y’imibiri yabo.
Umuryango w’urubyiruko iDebate Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/2/2014, wateguye amarushanwa y’ibiganiro mpaka mu rwego rwo gukangurira abanyeshuri biga mu masegonderi kugira umuco wo kuganira ku bibazo byugarije igihugu.
Umuryango w’urubyiruko iDebate Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/2/2014, wateguye amarushanwa y’ibiganiro mpaka mu rwego rwo gukangurira abanyeshuri biga mu masegonderi kugira umuco wo kuganira ku bibazo byugarije igihugu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, arasaba urubyiruko ruri ku rugerero kuba imbarutso y’iterambere mu midugudu iwabo, bakahageza impinduka mu myumvire n’imikorere abandi Banyarwanda bazazamukiraho bagatera imbere.
Umujyanama akaba n’Umuyobozi wungirije w’Akarere ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere, madamu Uwitonze Odette, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/02/2014 yatangarije inama njyanama y’akarere ko Ikigo gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) ari cyo kigiye kwakira imisoro bityo bakaba biteze ko amafaranga avamo aziyongera.
Ubyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba abahinzi guhingira igihe mu rwego rwo gushaka umusaruro uhagije kandi uzabateza imbere ubwabo ndetse n’igihugu.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sport Luc Eymael, yiyemeje kuzakoresha uburyo bwo gusatira kugirango atsinde ibitego ubwo iyo kipe iza kuba yakira AC Leopard Dolisie kuri Stade Amahoro kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15/2/2014 mu marushanwa y’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.
Mutimukeye Jonas w’imyaka 15 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyabikiri, Akagali ka Nyabikiri mu Murenge wa Kabarore ho mu Karere ka Gatsibo, afunzwe azira gufata umwana w’imyaka umunani y’amavuko ku ngufu.
Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko mu gutegura igihembwe cy’ihinga cya kabiri (Season B) birimo kujyana no kurandura indwara ya kirabiranya yibasiye urutoki, ku buryo kugeza tariki ya 20/02/2014 iyi ndwara izaba yarandutse aho igaragara hose hagasigara guhangana n’aho yagaragara bushya.
Dominiko Mukeshimana; ukomoka mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, atangaza ko nyuma ya Jenoside yashatse kwiyahura inshuro zigera ku 10 kubera amashusho y’Abatutsi yishe yamugarukaga mu mutwe.
Mu nama rusange y’Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gakenke mu iterambere (JADF) yateranye, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/02/2014, ubuyobozi bw’akarere bwagejejeho ikibazo cy’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bakenewe ubufasha ku buryo bwihuse bubasaba kubafasha.
Prof. Sam Rugege, umukuru w’Urukiko rw’ikirenga, arongera kwibutsa Abanyarwanda kwitondera ruswa iriho kuko kuri iki gihe isigaye itakigira isura. Avuga ko hamwe itangwa nka serivisi ahandi ikaba yatangwa nk’impano inyujijwe mu bundi buryo.
Akarere gafatanyije n’abikorera bo mu Karere ka Gakenke bagiye kubaka ibagiro cya Kijyambere mu Murenge wa Gakenke, rizuzura ritwaye akayabo ka hafi miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda.
U Rwanda n’u Bubiligi byashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya miliyoni 22 z’amayero (miliyari 20 RwF), yo kugeza amashanyarazi ku ngo ibihumbi 21 zo mu turere twa Kirehe, Gatsibo na Kayonza.
Bamwe mu bahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Kigoma, bavuga ko nyir’uruganda rutunganya ikawa, Bufcoffee, yabasabye kwegeranya amafaranga ibihumbi bitanu buri wese kugira ngo azabashe kuboroza ingurube, nyamara ngo hashize imyaka itatu atarubahiriza isezerano kandi we yarakiriye amafaranga.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasitiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera bazira gukubita uwitwa Nyandwi Vincent w’imyaka 29 y’amavuko bakamwica ubwo yari aje kubiba.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire, ku bufatanye bw’Umuryango w’Abafaransa ushinzwe iterambere (AFD), na Ministeri y’Ibikorwa Remezo, batanze ibikoresho by’isuku n’isukura mu turere twa Karongi na Rusizi bifite agaciro ka miliyoni zisaga 460 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubwo bari mu mwiherero w’iminsi ibiri wateguwe na Minisitere y’imari n’igenamigambi (MINICOFIN), abafatanyabikorwa batera inkunga u Rwanda bagaragaje ko bishimiye uko inkunga bagenera u Rwanda ikoreshwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buragaragaza ko bamwe mu batuye umujyi w’aka karere banga kwitabira umuganda kubera imyumvire mike yo kumva ko ari ibikorwa by’abo mu giturage.
Abana biga mu ishuri ry’inshuke rya SAEMAUL riri mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka mu kagari ka Nyabivumu bafite hagati y’imyaka itatu n’itandatu baherekejwe na komite y’ababyeyi, basuye ingoro ndangamurage y’u Rwanda iri i Huye hagamijwe gutembera ndetse no kuhigira.
Polisi y’Igihugu mu karere ka Nyamasheke yatangiye ibiganiro n’abaturage bigamije gukumira ibyaha kugira ngo babashe kubungabunga umutekano uko bikwiye.
Mu mukino wo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cya Afurika uzahuza u Rwanda na Kenya ku cyumweru tariki ya 16/2/2014, umutoza w’ikipe ya Kenya Justine Omojong aratangaza ko afite icyizere cyo kuzakura intsinzi i Kigali n’ubwo ngo bitoroshye.
Hamaze iminsi havugwa ubwumvikane buke hagati y’abahinzi bahinga umuceri mu gishanga cya Kanyonyomba giherereye mu Karere ka Gatsibo, biturutse ku micungire mibi y’iki gishanga.
Akarere ka Bugesera gakeneye amafaranga 980 522.300 yo kubakira ndetse n’ibindi bikorwa bigamije gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.
Ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza ryegukanye igikombe cy’abahize abandi mu kumurika ibikorwa bifitiye akamaro abaturage mu karere ka Nyanza.
Nyuma y’aho Umudage Andreas Spier watozaga APR FC asezereye ku mirimo ye, ubuyobozi bw’iyo kipe bwafashe icyemezo cyo kurekera Mashami Vincent wari umutoza wungirije, agakomeza gutoza iyo kipe kugeza shampiyona y’uyu mwaka irangiye.
Umugore utaramenyekana yahenze ubwenge umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 12 wari ugiye guhaha kuri boutique ngo namujyanire umwana aho agiye aramusangayo kugira ngo abashe kumujungunya.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aributsa Abanyaburera ko ibendera ry’igihugu bagomba kuryubaha kuko ryereka Abanyarwanda bose. Ngo kurikinisha ni ugukora amahano.
Ubwo mu karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, hageraga urumuri rw’icyizere, kuri uyu wa 13/02/2013, abayobozi bibukije ko inkomoko ya politike mbi zageze aho gusenya igihugu zakomotse muri aka karere, maze basaba ko bahindura paji y’ayo mateka.
Ibikorwa by’Umuryango utegamiye kuri Leta HELPAGE-Rwanda bijyanye no gukora imihanda, kurwanya isuri no kwita ku bidukikije, byakorerwaga mu karere ka Nyamasheke mu gihe cy’imyaka 10 irangiye, bigiye kwegurirwa akarere kugira ngo gakomeze kubicunga kuko umushinga ugiye kurangira.
Imirimo yo kubaka isoko rya kijyambere rya Rwesero riri mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke imaze gutangira, bikaba biteganywa ko uyu mwaka uzarangira isoko ryimutse kandi ngo bikazagira impinduka nziza mu bucuruzi bwo mu karere ka Nyamasheke, by’umwihariko abahacururizaga.
Abagabo bashuka abana b’abakobwa bakabashora mu bishuko birimo imibonano mpuzabitsina bahawe integuza ko mu minsi ya vuba batazoroherwa n’ingamba Leta y’u Rwanda yafashe kandi ngo abazafatwa bazajya batangazwa aho rubanda bose bababona ndetse n’imiryango yabo.
Abafundi n’abayede bagera kuri 70 bari bamaze ukwezi bavuguruye ibyumba bine by’amashuri byo ku rwunge rw’amashuri rwa Bumba mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro barizezwa ko amafaranga yabo baba bayahawe bitarenze tariki 14/02/2014.
Umwana witwa Uwimana Emmanuel w’imyaka 10 yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha y’epfo arapfa ubwo yarimo koga mu murenge wa Ruhuha mu kagari ka Gatanga mu mudugudu wa Kibaza mu karere ka Bugesera.