Ikipe y’u Rwanda ya Handball mu bakobwa b’abangavu (Junior), izaba iri mu itsinda rya mbere (Poule A) ririmo igihanganye Angola, mu gikombe cya Afurika cy’abakiri bato (Junior) kizabera muri Congo Brazzaville kuva tariki 20/08/2013.
Akarere ka Gasabo n’abafatanya bikorwa bako biyemeje ko igihembwe cy’ihinga gitangirana n’ukwezi kwa cyenda kigomba kurangwamo impinduka nshya mu buhinzi n’ubworozi muri aka karere gasa nk’aho kasigaye inyuma muri ibyo bice.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 24/07/2013 mu Karere ka Gakenke hatangijwe ku mugaragaro umushinga “Umugore arumvwa” wa Care International ifatanyije na Haguruka ugamije kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abadage bo mu kigo cya MDH AG Mamisch Dental Health bemereye Ibitaro by’akarere ka Nyanza inkunga yo kuvugurura serivisi y’ubuvuzi bw’amenyo yari isanzwe ikorera muri ibyo bitaro ariko nta bikoresho bihagije ifite.
Umuryango w’Abibumbye wagaragaje icyizere ufitiye u Rwanda muri gahunda z’ubukungu, uhuriza hamwe inkunga zanyuraga mu miryango yayo itandukanye. Ku ikubitiro watanze miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika azakoreshwa mu myaka itanu.
Niyodusenga Christine ufite imyaka 10 na Uwamahoro Chance w’imyaka 7 bose bo mu kagali ka cyome mu murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero bitabye Imana saa munani tariki 24/07/2013, baguye mu mugezi wa Nyabarongo.
Kompanyi ikora ibikorwa byo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) igiye gutanga akazi ku bantu 200 bavuye ku rugerero bazwi ku izina ry’Inkeragutabara, mu bikorwa byo gucunga umutekano.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwavuje umugore wari umaze imyaka itari mike afatwa na benshi nk’umurwayi wo mu mutwe, aho bakundaga kumwita umusazi, aza gukira none ubu abayeho nk’abandi bose.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko indwara z’amenyo ari zo ziza ku isonga mu zo abarwayi bivuriza muri ibyo bitaro, kuko zihariye 38%.
Umuyobozi wa Banki Nyafurika y’Iterambere BAD, Donald Kaberuka ukomoka mu Rwanda, ari i Washington, DC muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuva tariki 24-27/07/2013, aho agomba gushyikirizwa ibihembo bigenerwa abanyantu bitangira ibikorwa bigamije iterambere (Development Awards).
Mu kagari ka Kigarama mu murenge wa gishyita akarere ka Karongi, haravugwa umusaza w’imyaka 60 ushinjwa kwangiza umwana w’umukobwa w’imyaka icyenda amufashe ku ngufu, ariko hari n’ibindi bihuha byemeza ko uwo musaza ngo ashobora kuba nta gitsina afite.
Kuri station ya Police yo mu murenge wa Gishyita, akarere ka Karongi hafungiye umusore wo mu murenge wa Mubuga ushinjwa kuba yarishe se akabihisha.
Hotel Dayenu iri mu mujyi wa Nyanza yagombaga gutezwa cyamunara tariki 24/07/2013 kubera ideni ifitiye Banki y’amajyambere y’u Rwanda (BRD) yabaye ihagaritswe kubera ubwumvikane impande zombi zagiranye.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba, aratangaza ko yishimira cyane uburyo akarere ka Rulindo kagenda gatera imbere mu gukorana na gahunda ya Hangumurimo.
Ku bufatanye bwa ELE Rwanda na Press One, tariki 02-03/08/2013, muri Oklahoma City hazabera igitaramo kizwi ku izina rya “Ndi uw’i Kigali Tour” cy’abahanzi Ngabo Meddy, The Ben na K8 Kavuyo kuri ubu babarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ku wa gatandatu tariki 27/07/2013 nibwo abahanzi batanu bazakomeza amarushanwa ya PGGSS 3 bazamenyekana mu muhango uzabera muri Serena Hotel. Muri aba ni naho hazavamo uzegukana iri rushanwa ku nshuro yaryo ya gatatu.
Kuri uyu wa kabili tariki 23/07/2013, mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, ubuyobozi bwasabye ko impfubyi ya Jenoside isubizwa isambu yari yarambuwe mu buriganya n’umuntu wamufatiranye mu bibazo akiri umwana muto.
Ku mugoroba wo kuwa kabili tariki 23/07/2013, ku biro by’akarere ka Karongi hahungiye umugore wo mu murenge wa Twumba wemeza ko umugabo we yamubwiye ko azamwicana n’abana barindwi babyaranye.
Mu ruzinduko rw’umunsi umwe umuyobozi w’intara y’Amajyepfo Munyantwari Alphonse yagiriye mu karere ka Ruhango abaturage bamugaragarije ibyishimo baterwa na Leta y’ubumwe kuko yatumye bashobora kwigeza ku bikorwa by’iterambere kandi mu gihe gito.
Abagore 230 bo mu cyiciro bya 1 ni icya 2 cy’ubudehe, bibumbiye mu makoperative abili bahawe miliyoni 36 n’umushinga FIOM-Rwanda ngo bagure imashini zitunganya kawunga iva mu bigori biteze imbere.
Ikigo cyigenga gikorana n’amadini n’amatorero mu kwigisha urubyiruko rwacikirije amashuri, New Dynamic Arts Business Center (NDABUC) kimaze kwigisha abana bagera kuri 250 batishoboye bacikirije amashuri kubera impamvu zitandukanye.
Mu gihe bikunze kubera abantu urujijo ukuntu uturere duhiga imihigo nyuma tukavuga ko twayesheje ku gipimo gisaga 100%, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, avuga ko ibi bishoboka kandi atari ugukabya ahubwo ko biterwa n’imbaraga nyinshi abantu bagenda bashyira mu mihigo no kwiyumvamo inshingano (…)
Ikoranabuhanga rya mVisa Banki ya Kigali (BK) yatangije kuri uyu wa kabiri tariki 23/07/2013, rizafasha abantu kuzigama amafaranga kuri telefone no kubikuza, kwishyura ibyo baguze (haherewe ku amashanyarazi, amazi n’ikarita yo guhamagara), ndetse no kohererezanya amafaranga byihuse, umuntu atarinze kuyafata mu ntoki.
Polisi y’igihugu ntizihanganira uwo ariwe wese ukora ibikorwa bihungabanya umutekano, byaba ibikorwa cyangwa amagambo agamije guhahamura abaturage, nk’uko byemezwa n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Emmanuel K. Gasana.
Bimwe mu bibazo bibangamira ibidukikije mu karere ka Nyabihu harimo icyo kudafata amazi amanuka ku mazu ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe bukorwa muri tumwe mu duce tw’aka karere.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 23/07/2013, ubuyobozi bw’Akagari ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke bwafatiye abana 10 mu nzu yerekana filime zihinduwe mu Kinyarwanda zizwi nk’ “udusobanuye” mu Mujyi wa Gakenke, Akarere ka Gakenke.
Uwari umukozi wa koperative yo kubitsa no kuguriza y’umurenge wa Gatumba (UMUSINGI SACCO) witwa Nirere Verene, ubu afunze akurikiranyweho kunyereza umutungo w’iyo Sacco.
Shirimpumu Jean Claude utuye mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi avuga ko ubworozi bw’ingurube aribwo bwamurihiye icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) ndetse zirihira n’umugore.
Umugabo witwa Niyoyita Adam yafatiwe mu cyuho agerageza kwiba agasanduku gashyirwamo amafaranga y’inkunga yo gufasha ibikorwa bikorerwa ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Aborozi 146 bazafasha bagenzi babo kwita no kuvura amatungo mu gikorwa gisa n’icy’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe inyoroshyangendo n’ibikoresho bakeneye ngo bazabashe gufasha aborozi muri ako karere korora amatungo atarangwaho indwara.
Abaturage batuye munsi y’ishuli ryisumbuye rya ESN ( Ecole des Sciences Louis de Montfort) ryubatse mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bavuga ko umwanda uriturukamo ubarembeje mu gihe ubuyobozi bw’ikigo bwo buvuga ko ntako butagize ngo bukemure icyo kibazo.
Ihuriro ry’abagore bo muri Congo, u Rwanda n’u Burundi (La synergie des femmes pour la paix et reconciliation des peoples des grands lacs d’afrique) ngo rimaze gutera intabwe ishimishije kuko ngo basigaye bambukiranya imipaka badafite ubwoba kuko ngo baba bafite bagenzi babo basangayo.
Umugore witwa Mukankusi Eugenie utuye mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, avuga ko yahagaritse umurimo wo kwigisha mu mashuri abanza maze ajya mu murimo wo guhinga ndetse no gutubura imbuto y’ibirayi kuko ariwo utanga amafaranga menshi.
Imodoka y’ikamyo ijyana ibicuruzwa muri Congo yakoze impanuka ikomeye mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi hafi y’inkambi ya Nyagatare tariki 21/07/2013, abari bayirimo babasha kuvamo hakoreshejwe imbaraga ariko ntawahasize ubuzima.
Umusaza witwa Feroz-Un-Din ukomoka mu Ntara ya Cachemire ku mupaka w’u Buhinde, Pakistan n’u Bushinwa avuga ko afite imyaka 141 y’amavuko, bityo bikaba byatuma aca agahigo ku muntu ukuze kurusha abandi ku isi.
Alubumu ‘‘Umushumba Wanjye’’ ya Murara Jean Paul uwayikenera yayisanga muri Librairie Caritas i Kigali ariko nyuma y’igihe gito iraba yageze ahasanzwe hagurishirizwa alubumu hose.
Guverinoma y’u Rwanda yagiranye amasezerano n’ikigo cyitwa GigaWatt Global cyo mu Buholandi ngo iki kigo cyizafashe u Rwanda kubona amashanyarazi angana na Megawati 8.5 akomoka ku mirasire y’izuba.
Umunyarwanda Muvunyi Hermas Cliff, usiganwa ku maguru mu rwego rw’abafite ubumuga muri meteto 400 na metero 800, kuri uyu wa mbere tariki 22/7/2013, yeguanye umudari wa zahabu mu marushanwa y’isi (World Championship) arimo kubera i Lyon mu Bufaransa.
Irankunda Félicien yivuganye Hakizimana Emmanuel amukubise umwase mu mutwe ubwo barimo basangira umusururu ariko hakaza kubaho intonganya hagati yabo tariki 20/07/2013 mu masaha ya saa kumi n’igice z’umugoroba.
Mu rwego rwo kurwanya umubyibuho urengeje urugero, ubuyobozi bw’umujyi wa Dubai bwatangaje ko umuturage waho uzata ibiro bibiri mu gihe cy’ukwezi azabihemberwa.
Ikipe ya AS Kigali iheruka kwegukana igikombe cy’Amahoro, imaze kugura abakinnyi bashya umunani mu rwego rwo kwiyubaka, initegura amarushanwa y’igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika (CAF Confederation Cup) izahagarariramo u Rwanda.
Bamwe mu bavuga ko banyazwe amasambu yabo akandikwa mu mazina y’abatari ba nyirabwo barasaba ko habaho ubutabera bumeze nka “Gacaca” kuko inkiko zisanzwe zibakerereza.
Nyuma y’iminsi micye hatumvikana amasasu menshi mu nkengero z’umujyi wa Goma, tariki 22/07/2013 habyutse urusaku rw’imbunda rwumvikana mu nkengero z’ikirunga cya Nyiragongo aho ingabo za FARDC zanyuze zitera abarwanyi ba M23 bafashe uduce twa Kibati, Mutaho na Kanyarucinya mu ntambara yabahuje na M23 taliki 17/07/2013.
APR FC, imwe mu makipe yashatse abakinnyi bashya hakiri kare, mu rwego rwo kwitegura neza shampiyona itaha, yaguze abakinnyi batanu kandi ngo nta bandi izongeraho kuko abo ifite bahagije ngo izatware ibikombe.
Nyuma y’amezi atandatu ishuri rikuru rya INILAK rihagaritswe na minisiteri y’Uburezi ngo ntirizongere kwigishiriza i Rwamagana, tariki 21/07/2013 ryongeye gukingura imiryango rikazaba ryigishiriza mu nyubako z’amacumbi hategerejwe ko mu kwezi kwa Nzeli rizajya mu nyubako zayo zigezweho ziri kubakwa ahitwa Nyarusange.
Umukiristu wavuze mu izina ry’abandi mu muhango wo kwimika Mgr Antoine Kambanda tariki 20/07/2013 yavuze ko umushumba babonye aziye igihe kandi ko adakwiye guterwa ikibazo n’ibibazo bikiri muri iyi diyosezi kuko abakiristu n’abapadiri bahinduye imyumvire.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba abayobozi b’amadini n’amatorero gukora ibishoboka byose kugirango abakiristu bayoboya bafashwe mu mishinga ibakura mu bukene baharanira kwigira.
Nyuma y’igenzura ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013 mu karere ka Ngororero, abakozi b’ako karere bashimiwe ko hari imihigo imwe nimwe bahiguye kugipimo kiruta kure icyo bari barihaye.