Urwego rw’Igihugu rugenzura uburinganire (GMO) rugaragaza ko hari ibyiciro bigenga ubuzima bw’igihugu bitaraha amahirwe angana ibitsina byombi; rukaba rwatangiye kugirana amasezerano n’inzego zitandukanye, ruhereye ku ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 akaba atuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu avuga ko nubwo yagize uruhare mu kurwanya abacengezi mu mwaka w’1997-1998 yemera ndetsa akanasaba imbabazi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri komini Mutura ubu ni muri Rubavu.
Mu muhango wo gushyingura Padiri Nambaje Evariste uherutse kwitaba Imana azize abagizi ba nabi, depite Jeanne d’Arc Nyinawase yasabye Abanyarwanda guhanga amaso ubutabera kuko yizera neza ko nibumara gukora akazi kabwo ukuri nyako kuzagaragara.
Imwe mu miryango yirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya itujwe mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza iratangaza ko gahunda yo kuyituza mu midugudu bayitezaho kuzahindura byinshi bijyanye n’imibereho ubu babayemo.
Abakozi ba Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT) bifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Kageyo, mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza mu gikorwa cyo kubakira Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya.
Kuba u Rwanda rukomeje kuba mu bihugu bya mbere ku isi mu korohereza ishoramari no kuzamuka mu bukungu, ngo byatumye ikigo mpuzamahanga gitanga ubujyanama ku mikorere, Deloitte, cyifuza guherekeza abashoramari baza gukorera mu Rwanda, kugirango bunguke kandi bateze imbere igihugu.
Nyuma y’iminsi umunyeshuri witwa Nkurikiyumukiza Innocent, wigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya E.S.Kagogo kiri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, arohamye mu kiyaga cya Burera na n’ubu umurambo we nturabone.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Mitali Protais, aravuga ko nyuma y’imyaka ishize Abanyarwanda bakora umuganda ndetse ibikorwa byawo bikaba byigaragaza mu nzego zitandukanye, kuri ubu nta Munyarwanda ukwiye kwibutswa kwitabira umuganda.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri hamwe n’abarezi baravuga ko kwigisha amahame y’itorero ry’igihugu mu mashuri bizoroha cyane kuko itorero ku rwego rw’amashuri ryatangijwe abanyeshuri baramaze gucengera ibyiza byaryo ndetse bakaba basanzwe bafite indangacaciro na za kirazira bagenderaho.
Luc Eymael, umutoza mushya wa Rayon Sport ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi aribaza impamvu mu Rwanda amakipe amwe n’amwe afite abafana benshi ariko bakareba umupira bacecetse aho gushyigikira amakipe yabo.
Bamwe mu batuye mu mujyi w’akarere ka Muhanga baratangaza ko bahunze icyaro kuko nta mibereho ihamye ikiharangwa kubera ubwiyongere bw’abahatuye kandi imirimo yaho yo itiyongera.
Kuri uyu wa mbere taliki 24/2/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda nyakubahwa Paul Kagame yakiriye mu biro bye uwahoze ari umuyobozi rusange wa Canada (Governor General of Canada) akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Kaminuza ya Ottawa muri icyo gihugu, nyakubahwa Michaelle Jean.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aremeza ko aka karere gafite amahirwe menshi mu ishoramari kubera imiterere yako n’uburyo nta bandi bakahashore imari.
Urwego rw’Umuvunyi rwatangiye gukwirakwiza udusanduku ahantu hatandukanye, tuzajya dufatsha abaturage gutanga amakuru n’ibirego kuri ruswa.
Umusore w’imyaka 19 uvuka mu murenge wa Ruhango akarere ka Rutsiro taliki ya 21/2/2014 yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Bereshi mu karere ka Rubavu hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo agiye muri FDLR nk’uko abyiyemerera.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru bahuriye muri kongere maze bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize kandi banatangaza ibyo bashyize imbere muri uyu mwaka.
Umugabo witwa Hasengimana Jean Paul w’imyaka 31 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, nyuma yo gufatanwa ibendera yari yibye ku Kagali ka Ndatemwa gaherereye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bo mu karere ka Gisagara, barashima gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bavuga ko yatumye bahindura imyumvire, ndetse bagahamya ko iyi gahunda buri wese nayishyira mu bikorwa u Rwanda ruzarushaho kuba rwiza.
Nyuma yuko habayeho ukutumvikana ku mubare w’impunzi z’abanyarwanda bari muri Congo hagati ya Leta ya Congo n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) byabaye ngombwa ko hakorwa irindi barura birangira habonetse impunzi 185 003.
Mu gusoza umuganda ngarukwa kwezi wabaye tariki 22/02/2014, abaturage bo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu bashimiwe n’ubuyobozi bw’akarere uruhare bagira mu kwirindira umutekano kugeza aho bafata bamwe mu babahungabanyiriza umutekano bitwaza intwaro.
Mu gihe akarere ka Rubavu kakiriye urumuri rutazima rw’icyizere mu mpera z’icyumweru dusoje, Kigali Today irabagezaho amateka ya Ngeze Hassan uvuka muri ako karere akaba yarashinze ikinyamakuru KANGURA cyagize uruhare runini mu gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi.
Mu muganda rusange wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22/02/2014, abantu basaga ibihumbi 5000 bahuriye mu gikorwa cyo kwimura imibiri y’Abatutsi ibihumbi 60 itarashyingurwa mu cyubahiro yari mu cyobo cy’ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango.
Me Evode Uwizeyimana, Umunyarwanda akaba n’impuguke mu mategeko wari umaze igihe kitari gito mu mahanga,akaba yaranamenyekanye kenshi ku maradiyo mpuzamahanga nka BBC ndetse n’ijwi ry’Amerika, ngo gutahuka kwe ntibikwiye kuba ikibazo kuko agarutse mu gihugu cye kugirango afatanye n’abandi Banywarwanda kucyubaka.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arasaba abaturage b’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro gufata neza ingemwe za kawa bateye mu muganda rusange kuko zizabagirira akamaro mu minsi iri imbere.
Shampiyona ya Basketball y’umwaka wa 2014 yatangiye kuri iki cyumweru tariki 23/2/2024, ikaba yatangijwe ku mugaragaro i Rubavu, ahakinwa umukino uhuza APR BBC n’ikipe nshya ya Gisenyi Basketball Club yo mu mugi wa Rubavu.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, nyuma y’iminsi atavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo kipe ku byerekeranye no kuyigumamo, byaje kurangira asinye amasezerano y’imyaka itanu n’igice akazamugeza mu mwaka wa 2019, akazajya ahembwa ibihumbi 300 by’ama Pounds buri cyumweru.
Mu mukino wa Turbo King National Football League uza guhuza Police FC na Rayon Sport kuri iki cyumweru tariki ya 23/2/2014 , Umutoza wa Police Fc Sam Ssmbwa yiyemeje kuwutsinda kugirango yiyongerere amahirwe yo kuguma mu makipe ahatanira igikombe cya shampiyona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe ingamba zo gukangurira abaturage kwitabira umuganda buha ibyemezo abawitabiriye kugira ngo abatawitabiriye babashe gutahurwa, bityo bahabwe ibihano biteganijwe.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, arihanangiriza abanyamategeko ba Leta kuri we asanga aribo bashora Leta mu manza rimwe na rimwe ikazitsindwamo kandi hari uburyo bwo kuba zakumirwa hakiri kare.
Umurambo wa Bizimana Jean w’imyaka 34 y’amavuko wagaragaye iwe mu nzu mu mudugudu wa Tara mu kagari ka Gihira mu murenge wa Ruhango mu gitondo cya tariki 21/02/2014, iruhande rwaho hari uducupa turindwi tw’inzoga ya African Gin turimo ubusa, bikaba bikekwa ko yiyahuje iyo nzoga.
Abantu benshi cyane cyane abakora mu mahoteri n’amazu yakira abagenzi, bavuga ko nubwo abagabo b’abirabura badahitamo gushaka abagore b’abazungu, bakunda gusohokana nabo mu gihe cyo kwishimisha kurusha uko bahitamo abiraburakazi bene wabo.
Mukashema Marie Jeannette, umubyeyi w’abana babiri, utuye mu mudugudu wa Rumuna, akagari ka Wimana mu murenge wa Ruharambuga arasaba ubuyobozi kumufasha haba mu kumwimura cyangwa kumurindira umutekano kuko abaturanyi be, barimo abamwiciye umugabo mu mwaka wa 2010, bamubuza amahwemo bakamutoteza bamwita umurozi.
Ubwo abadepite bo mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, bagize komisiyo y’uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko, basuraga ishuri rya E.S.Kagogo riri mu karere ka Burera bemereye abanyeshuri baho kubakorera ubuvugizi ku bibazo bafite.
Ubwo yagendereraga abahinzi ba Kawa b’ahitwa i Cyendajuru ho mu Murenge wa Simbi, mu Karere ka Huye, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabasabye gutangira kugira umuco wo kuzigama no gucunga neza umutungo wabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko ubwitabire bw’Abanyarwanda mu bikorwa binyuranye birimo umuganda, bwagejeje igihugu ku iterambere rihambaye mu myaka 20 ishize. Ibyo ariko ngo bikeneye umutekano kugirango “bidasenywa n’abafite imigambi mibi.”
Umunyeshuri witwa Nkurikiyumuiza Innocent, wigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya E.S.Kagogo kiri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, yarohamye mu kiyaga cya Burera mu gitondo cyo ku wa gatandatu tariki ya 22/02/2014 ubwo yatorokaga ikigo agiye kumesera kuri icyo kiyaga.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi barishimira ko malariya yagabanutse, nyuma yo gutererwa umuti wica imibu itera malariya mu ngo.
Ibihuha ngo ni kimwe mu bintu umwanzi w’igihugu ashobora kuboneramo icyuho cyo kugirira nabi Abanyarwanda, nk’uko byavugiwe mu nama nyunguranabitekerezo ku mutekano yabereye i Kayonza tariki 21/2/2014.
Umugabo witwa Ntirujyinama Jean Claude wo mu murenge wa Byumba mu kagari ka Murama mu mudugudu wa Rurambi, akarere ka Gicumbi, arakekwa ko yateye umugore we bashakanye witwa Muhorakeye Epiphanie icyuma munda amara yose ajya hanze.
Mu mukino ihuza urubyiruko rwo muri Afurika izabera i Gaborone muri Botswana kuva tariki ya 22 Gicurasi 204, u Rwanda ruzoherezayo abakinnyi 49, barimo abakobwa 30 n’abahungu 19, bakazaba bahagarariye amashyirahamwe 12 y’imikino.
Kuri uyu wa Gatanu 21/2/2014, akarere ka Nyabihu kabaye aka 15 kagejejwemo urumuri mu turere 30 tugize u Rwanda, kandi twose tukaba tugomba kuzagezwamo uru rumuri rutazima. Aka karere ni nako gaherutse uturere tw’Intara y’Iburengerazuba mu kwakira uru rumuri.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kagano mu karere ka Nyamasheke, kuwa Kane tariki ya 20/2/2014 rwakatiye uwahoze ari Umunyambanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Ndagijimana Jean Pierre igifungo cy’imyaka ibiri muri gereza n’ubunyagwe bwa miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’uko rumuhamije icyaha cyo “kwigwizaho umutungo.”
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaza ko ibihuha bahura nabyo byagiye bizitira benshi bikababuza gutahuka. Kugeza magingo aya hari abakigendera kuri ibyo bihuha, aho ngo babwibwako nta mahoro y’uwatahutse iyo baba bari mu mashyamba ya Congo.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba muri Sudani bifatanyije n’Abanyarwanda ku isi yose muri gahunda yo kwakira no kugaragariza abandi urumuri rw’icyizere muri gahunda yo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umugabo witwa Murwanashyaka ari mu maboko ya Polisi, nyuma yo gufatwa akurikiwe n’umugore we (bombi bafite imodoka); aho uwo mugabo ngo yari ajyanye murumuna w’umugore (muramu we) kumusambanya.
Umukecuru w’imyaka 80 witwa Joyce Atim wo mu Karere ka Soroti mu gihugu cya Uganda yatangaye amashuri abanza aho arimo kwiga mu mwaka wa mbere, ngo agamije kumenya kwandika no gusoma by’umwihariko Bibiliya.
Mu nama yahuje abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu ntara y’amajyepfo kuva ku rwego rw’umudugudu, Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two muri iyo ntara basabye imbabazi ku bw’aho bahutaje abo bayobora.
Mu nama yabaye ku munsi w’ejo tariki 20/02/2014 mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, abakuru b’ ibihugu by’u Rwanda, Uganda na Kenya bemeje ko bamukerarugendo bazajya bashaka gusura ibyo bihugu bazakoresha visa imwe mu gihe basabaga visa ya buri gihugu.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Mathias Harebamungu, avuga ko gutangiza itorero ry’igihugu mu mashuri abanza n’ayisumbuye ari igikorwa gikomeye ku gihugu cy’u Rwanda.
Banki nkuru y’igihugu (BNR) irashishikariza abacuruzi n’ibigo by’imari bikorera mu karere ka Rusizi kugura impapuro nyemeza mwenda (treasury bonds) mu rwego rwo hubaka ubushobozi bw’isoko ry’imari n’imigabane , no kubona amafaranga yo gukoresha mu bikorwa by’iterambere.