Ntamugabumwe Faustin wo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera avuga ko nyuma yo guhabwa amasomo mu gihe gito yo guhanga umurimo no kuwumbatira ndetse no kwibumbira mu matsinda y’ubufatanye mu kubitsa no kugurizanya, ubu amaze kugera mu rwego rwo guha bagenzi babo akazi.
Kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisti ya Kigali (INILAK), irimo guhugura ibigo binyuranye muri porogaramu yitwa GIS ifasha kumenya aho ibintu biri kure biherereye, harimo nko kumenya umuvuduko w’ibinyabiziga, amerekezo y’abantu n’ibintu byashyizweho umubare ukorana na mudasobwa cyangwa ibindi byuma byifashisha ibyogajuru.
Abanyeshuri bo mu ishuri rya GS Nyawera ryo mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza bavuga ko kutagira amashanyarazi bituma abiga mu mashami ya siyansi batiga neza amasomo amwe n’amwe, cyane cyane ajyanye n’ubumenyi ngiro (pratique).
Impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe ziri gukurwa mu mazu ya Shitingi zikubakirwa inzu zikomeye kurushaho hagamijwe kuzituza mu buryo buziha umutekano n’umutuzo.
Abaturage b’umurenge wa Bweyeye, akarere ka Rusizi bahangayikishijwe cyane n’urugendo rurerure bakora kugira ngo bashobore kugera ku muhanda wa Kaburimbo.
Ministiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, yavuguruje ibivugwa ko Ingabo zari iza RPF-Inkotanyi, ndetse na nyuma y’aho zibaye Ingabo z’u Rwanda, ko zishe Abahutu mu Rwanda no muri Kongo.
Umurambo w’umusaza Niyibizi Straton bawusanze hafi y’urugo rwe mu mudugudu wa Kabiha akagari ka Mutara umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango mu gihe cya saa tatu z’ijoro tariki 28/07/2013.
I Kigali hateraniye inama mpuzamahanga ihuje impuguke ziturutse hirya no hino ku isi ziga ku mihindagurikire y’ikirere n’uburyo itabangamira iterambere ry’ibihugu bya Afurika bikiri kwiyubaka mu bukungu.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Sotras yari itwawe na Shema Abubakhar yagonze ibantu babiri bari ku magare aribo Biziyaremye Protegene na Ngenzahabandi Simon bahita bitaba Imana.
Urwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Berenadeta rwijihije yubile y’imyaka 75 ku cyumweru tariki 28/07/2013. Umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Intebe washimye ubufatanye Kiliziya Gatorika igirana na Leta mu kurerera igihugu, bagaha abo barera uburere bukwiye.
Mu mushinga wabo bise “Nezerwa Project” uzagaragaramo amaserukiramuco atandukanye y’abana, urubyiruko ndetse n’abantu bakuru, Talent Detection Ltd yateguye iserukiramuco ry’abana yise “Kids Premium Festival”.
Abahanzi Bull Dogg na Senderi International Hit ntibakiriye gusezererwa mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star nyuma y’uko bisanze ku rutonde rw’abahanzi batandatu batagize amahirwe yo gukomeza muri aya marushanwa.
Abaturage bo mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Rubavu bavuga ko ishyirwa mu byiciro by’ubudehe bitakozwe mu buryo bunoze bikaba bibagiraho ingaruka kubyemezo bafatirwa nko kwishyura ubwishingizi mu kwivuza kubatishoboye.
Abafite ubumuga bwo kutabona bo mu karere ka Rubavu bifatanyije n’abandi mu bikorwa by’umuganda bisoza ukwezi maze babumba amatafari yo kubakira umuturage utishoboye nawe ufite ubumuga bwo kutabona mu murenge wa Rubavu.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin, arasaba Abanyarwanda bajya muri Congo cyane cyane mu mujyi wa Goma kugabanya ingendo bahakorera kuko n’abayobozi baho ntacyo bashaka gukora ku ihohoterwa Abanyarwanda bakorerwa mu mujyi wa Goma.
Uzarama w’imyaka 28 na Kwibuka w’imyaka 26 batawe muri yombi mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza saa moya n’igice za mu gitondo tariki 28/07/2013 bashinjwa gusambana kuko umugabo afite isezerano n’undi mugore.
Umurambo w’umusore witwa Uwimbabazi Emmanuel w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka ahitwa i Ruganda mu karere ka Karongi wabonetse ureremba hejuru y’urugomero rw’amazi ruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 27/07/2013 ahagana saa kumi z’umugoroba.
Umukino wo kumasha (kurasa), cyangwa se ‘Archery ‘mu rurimo rw’icyongereza wamaze gutangizwa mu Rwanda, abakinnyi b’u Rwanda bakazajya bawukina mu marushanwa haba ayo mu Rwanda, ku rwego mpuzamahanga kugeza no mu mikino Olympique.
Mu ijoro rya tariki 26/07/2013 mu mudugudu wa Kigogwe, akagari ka Nyarusanga, umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi, ishyamba ringana na hegitari 2,5 ryafashwe n’inkongi y’umuriro yatewe n’umuntu wari urimo gutwika amakara mu murenge wa Gitesi.
Ubutumwa bwo kugira umutima ufasha, urukundo n’ubwitange nibwo bwagarutsweho mu gikorwa cyahuje Abaislam bo mu karere ka Nyagatare n’abarwariye mu itaro by’aka karere aho basangiye ifunguro rizwi ku ifutari tariki 28/07/2013.
Ibi ni ibyagarutsweho n’abayobozi bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge, mu muganda wabaye tariki 27/7/2013; aho bibukijwe kwita ku ndangagaciro zibereye Umunyarwanda kuko ari byo bizatuma bagera ku mibereho myiza yo soko y’iterambere nyakuri.
Abanyeshuri 186 barangije kuva mu mwaka wa 2009 mu ishuri ry’ubuforomo n’ububyaza rya Kibungo bahawe impamyabumenyi mu kiciro cya mbere cya kaminuza (A1) akaba ari nacyo cyiciro cya kaminuza gihari gusa.
Karenga Evariste w’imyaka 28 n’uwitwa Umutoniwase Fauziya w’imyaka 18 y’amavuko batuye mu mudugudu wa Rukandiro mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana bafunzwe bazira ubufatanye mu gukuramo inda no gufatanwa ibikoresho bitandukanye byibwe birimo ibya gisirikare na polisi.
Muvunyi Hermas Cliff uherutse kwegukana umudari wa zahabu muri shampiyona y’isi yo gusiganwa ku maguru (Athlétisme) yabereye i Lyon mu Bufaransa mu cyumweru gishize, avuga ko amaze kugera kuri byinshi yifuzaga mu buzima bwe, gusa yumva asigaje kwegukana umudari wa zahabu mu mikino Olympique.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball Paul Bitok avuga ko n’ubwo u Rwanda rwatsinzwe na Misiri mu mikino ibiri yahuje aya makipe i Kigali, ngo byatumye ikipe atoza yitegura neza irushanwa ry’akarere ka gatanu naryo rizabera i Kigali muri Nzeri uyu mwaka.
Urubyiruko rukwiye kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere kuko arirwo mbaraga z’igihugu, nk’uko bivugwa n’abagize itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (youth Challenge Entertainement Group) ryo mu karere ka Kayonza.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yabuze itike yo kujya mu gikombe cya Afurika gikinwa n’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN), nyuma yo gusezererwa na Ethiopia hitabajwe za penaliti mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatandatu tariki 27/07/3013.
Benshi mu bakurikiranira hafi iby’amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star baraha amahirwe umuhanzi Riderman kuba yakwegukana ay’uyu mwaka kuko ariwe wagaragaje gukundwa cyane no kugira abafana benshi kurusha abandi.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abaturage kwirinda imanza zidafite aho zishingiye kuko bikurura amacakubiri mu miryango bikanadinziza iterambere ryayo.
Abagabo babiri bo mu mudugudu wa Nyamurira mu kagari ka Gasayo, umurenge wa Karengera ho mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatandatu, tariki 27/07/2013 barwanye bapfa ideni ry’amafaranga ibihumbi bitatu ku buryo uwishyuzwaga yakomeretse ariko bidakabije.
Niyonsaba Theogène wigaga mu mwaka wa kabiri ku kigo cy’amashuri abanza cya Mpingamabuye giherereye mu mudugudu wa Runaba mu kagari ka Haniro mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 26/07/2013 azize ipoto y’amashanyarazi yamubirindutse hejuru.
Kamegeri Joseph w’imyaka 63 utuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yarusimbutse ari ku igare mu mpanuka y’imodoka ebyiri yabereye mu mujyi wa Nyanza ahagana saa kumi n’igice z’umugoroba tariki 26/07/2013.
Ubwo abagize Inama Njyanama y’akarere ka Karongi bagiranaga ikiganiro n’ibitangazamakuru 10 byo mu Rwanda tariki 26/07/2013 bagaragaje ko bishimira ko abaturage b’ahahoze hitwa Kibuye, ubu batakiri mu bwigunge bari barahejejwemo na Repubulika ya mbere n’iya kabili.
Guverineri w’intara y’Uburengerazuba yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Nyakanga aboneho akanya ko gusaba Abanyakarongi guha agaciro ubutumwa bahabwa nyuma y’umuganda.
Abandi bantu babiri bamaze gutabwa muri yombi mu gikorwa Polisi y’igihugu ikomeje cyo gushakisha abagize uruhare mu gutera igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade mu kivunge cy’abantu i Nyabugogo ahazwi nka Marato (Marathon).
Imbaraga zo kumvwa abahanzi n’abanyamakuru bafite zitezweho guhindura imyumvire y’abaturage no gukemura impaka zijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, kuko ngo umuhanzi abonwa nk’umuhanuzi n’umuhuza, mu gihe umunyamakuru afatwa nk’umukangurambaga.
Abahinzi bibumbiye mu mpuzamashyirahamwe y’abahinzi b’inanasi COPANASA bo mu mirenge ya Sake, Jarama na Rukumberi, kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, batashye ku mugaragaro inzu ikusanirizo ry’umusaruro wabo.
Abanyarwanda biganjemo abana n’abagore bambutse umupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, bavuye mu mashyamba ya Congo. Batangaje ko batahutse kubera ubuzima bubi babagamo kandi igihugu cyabo gitekanye kinatera imbere.
Abaturage bo mu mudugudu wa Mberi mu karere ka Rutsiro batangiye gutanga amakuru kubo bakeka baba baragize uruhare mu rupfu rw’umunyeshuri umaze iminsi atoraguwe yariswe, nyuma yo kuburirwa irengero umurambo we ukaza gutoagurwa mu mwobo.
Umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi Gatera Stanley yasohotse muri gereza nyuma y’umwaka afunze.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda Amavubi Nshimiyimana Eric, yasabye abakinnyi be kuzakinana ubwitange mu mukino bafitanye na Ethiopia kuri uyu wa gatandatu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu rwego rwo gushaka itike yo kujya mu gikombe cya Afurika CHAN kizabera muri Afurika y’Epfo umwaka utaha.
Abaturage bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke babashije kwaka inguzanyo muri Koperative Umurenge SACCO ya Bushekeri kandi bakayikoresha neza, barishimira iterambere bagezeho ibaha igisubizo mu guteza imbere imibereho yabo ishingiye ku bukungu.
Ibyaha bitandukanye byiganjemo amakimbirane yo mu miryango nibyo byavuyemo impfu z’abantu 43 mu gihembwe gishize mu karere ka Ngororero, nk’uko byatangarijwe mu nama y’umutekano yahuje ubuyobozi bw’Inkeragutabara mu ntara y’Iburengerazuba n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Urubyiruko ruri mu mashuri makuru na kaminuza ruravuga ko gutora abadepite bitakagombye gutorwa binyuze mu mitwe ya politike, ahubwo bakifuza ko umuntu wese wifuza kuba umudepite yakwiyamamaza ku gite cye.
ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, ahagana i saa Moya igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kiraturitse, gihitana abantu batatu n’aho abandi bagera kuri 32 barakomereka, nk’uko amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu abitangaza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera burasaba abaturage bajya gushaka amazi mu biyaga ko bagomba kwitondera ingona zibamo kugirango zitabavutsa ubuzima bwabo.
Umuyobozi w’itsinda ririmo gusuzuma imihigo mu karere ka Nyamagabe, Sibomana Saidi, yatangaje ko imihigo ituma inzego zikora ariko ahanini ikaba igamije guhanga udushya dutandukanye, no kureba ubushobozi bw’abakozi.
Virginie Mukandayisabye wo mu mumurenge wa Nyabitekeri mu kagari ka Mariba ho mu mudugudu wa Nyarusange ngo amaze amezi icyenda agenda acumbika mu ngo z’abandi kubera gutinya umutekano muke ukomoka ku muryango we.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADAF) b’akarere ka Gicumbi riramurika ibintu bitandukanye abafatanyabikorwa b’ako karere bafasha mu iterambere ryako. Iri murikabikorwa rizamara iminsi itatu ryatangiye tariki 26/07/2013
Hagiyeho itsinda rigamije gusuzuma ibyangombwa bisabwa abaturage mu bigo bya Leta kugira ngo ibyo bizagaragara ko bibangamira abaturage bikanabatinza mu kubona serivisi bifuza mu buryo bwihuse bikurweho.