FUSO yari ipakiye inyanya yaturukaga mu gihugu cya Uganda yerekeza i Rubavu, yakoze impanuka mu ma saha ya saa yine z’amanywa tariki 09/07/2013 mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rurengeri mu karere ka Nyabihu.
Muri gahunda yabo bamazemo iminsi basura ibice bitandukanye by’u Rwanda, tariki 09/07/2013, itsinda ry’abadepite b’Ababirigi bayobowe na Francois-Xavier de Donnea basuye ahacukurwa amabuye y’agaciro mu karere ka Rulindo.
Kayibanda umaze kumenyekana cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba kubera gukina publicites “kwamamaza” cyane cyane muri Uganda n’u Rwanda, ni umugabo w’imyaka 45 arubatse afite umugore umwe n’abana 12 kugeza ubu abarizwa ahitwa Nasana muri Uganda. Avuga ko kugeza ubu atazi neza inkomoko ye ndetse ngo nta n’umuntu wo (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi burasaba abantu basengera mu ishyamba riri munsi y’inkambi ya Gihembe irimo impunzi z’Abanyekongo kubireka kuko biri mu bintu biteza umutekano muke.
Abakozi bubaka ahazajya hakorerwa imyuga n’ubukorikori (Agakiriro) mu murenge wa Huye,akarere ka Gisagara, barinubira itinda ry’imishahara yabo, ndetse naho iziye bagahembwa ibice ntibayahabwe yose.
Ubuyobozi bw’urwunge rw’amashuri rwa Gikonko Catholique mu karere ka Gisagara burakangurira ababyeyi gutanga amafaranga basabwa ntibumve ko nta faranga na rimwe batanga bitwaje ko mu burezi bw’ibanze abana bigira ubuntu.
Abacungamari ba mitiweli mu bigo nderabuzima n’ibitaro bo mu Karere ka Gakenke bemeza ko ubwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli bwishyura serivisi zo kwa muganga zitari ngombwa.
Phelicien ukomoka mu murenge wa Murama, akarere ka Ngoma yakoze ibikoresho byifashishwa muri laboratoire ya physics akoresheje ibiti mu rwego rwo gushaka ibisubizo no kungera ireme ry’ubumenyi ritangirwa muri 12 YBE.
Abasenateri bibumbiye muri komisiyo y’imibereho myiza, uburengazira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage, bagendereye Urwunge rw’amashuri rwa Gatagara (G.S Gatagara), kuri uyu wa 09/07/2013 mu rwego rwo kureba uko itegeko rirengera abafite ubumuga rikurikizwa.
Ubwo yafunguraga ku mugaragaro amahugurwa n’urugendo-shuri by’abasirikare bahuza ibihugu byabo n’ibindi mu muryango w’ubumwe bw’Afrika, umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba, yibukije ko ibisubizo by’ibibazo by’ibihugu bigomba gushakwa bwa mbere n’abayobozi n’abaturage ubwabo.
Intumwa ziyobowe n’umufasha wa Peresida w’igihugu cy’Ubufaransa Valerie Trierweiler zambitse umudare w’ishimwe Dr Denis Mukwe kubera akazi akora ko kuvura abagore bafashwe ku ngufu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo.
Abanyarwanda batahutse bava mu mashyamba ya Congo bavuga ko bari barabuze icyo bahitamo hagati yo kuguma Congo no gutahuka kubera ibihuha bya bamwe bakabaca intege bababwirako ngo nibataha bazabafunga.
Ubwo yifatanyaga n’abaturage b’igihugu cya Sudani y’amajyepfo mu kwizihiza isabukuru y’imyaka ibiri icyo gihugu cyibonye ubwigenge, Perezida Kagame yongeye kwibutsa Abanyafurika gukorera ku nyungu imwe yo kuzamura umugabane wabo.
Ubwo abashoferi batwara abantu bakoresheje imodoka nto mu muhanda Bugarama-Kamembe bibumbiye muri koperative CTVRB bibukaga bagenzi babo bazize Jenoside, bibukije ko abantu bahuje umurimo byakagombye kubabera impamvu yo kugirana urukundo.
Itsinda ry’abadepite baturutse mu Bubiligi bari mu Rwanda mu rugendo rw’akazi, barahakanira kure uwo ariwe wese wazana igitekerezo cy’uko Leta y’u Rwanda yagirana ibiganiro n’umutwe wa FDLR, bavuga ko ari umutwe w’abicanyi basize bamaze Abanyarwanda.
Abasirikare bahuza ibihugu byabo n’ibindi mu muryango w’ubumwe bw’Afurika yunze ubumwe (African military and defence attachés), barasanga ibyo u Rwanda rumaze kugeraho nyuma y’imyaka 19 rusohotse muri Jenoside byabera urugero ibindi bihugu bishaka kwiyubaka.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’umuryango mpuzamahanga Transperency International buragaragaza ko u Rwanda arirwo rufite imibare mito igaragaza ruswa muri Afurika. Hakiyongeraho ko kandi n’abaturage batangaza ko bafitiye icyizere Leta mu kurwanya ruswa.
Ubuyobozi bw’uruganda rukora isukari rwa Kabuye burasaba Leta kwita kuri gahunda yo guteza imbere isukari ikorerwa mu gihugu, kugira ngo ikureho igihombo cya buri mwaka kibarirwa muri miliyoni 60 z’amadolari ya Amerika, agendera mu gutumiza isukari mu mahanga.
Kanyamibwa Antoine wo murenge wa Byimana na Niyonsaba Ephrem wo murenge wa Mbuye ho mu karere ka Ruhango, bakurikiranywe inzego z’umutekano kubera kwenga inzoga z’inkorano z’izwi ku mazina y’ibikwangari.
Ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni n’ibihumbi 200 byafatiwe mu mudoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari itwawe na Mayigudu Anastase, ahagana saa cyenda z’igitondo zo kuri uyu wa 9 Nyakanga mu kagali ka Ndatemwa mu murenge wa Kiziguro akarere ka Gatsibo.
Umuhanzikazi Josiane Uwineza uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Jozy yashyize hanze indirimbo « Toi Mon Petit Bebe » iri mu rurimi rw’igifaransa yahimbiye umwana we yenda kwibaruka .
Abakinnyi b’igisoro mu karere ka Ruhango baravuga ko abantu bakwiye kumva ko gukina umukino w’igisoro atari ubunebwe ahubwo ngo ni mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umuco nyarwanda.
Abagore bo mu karere ka Kayonza bahawe amahugurwa y’imyuga n’umuryango Women for Women bavuga ko babonye ahantu heza ho gukorera nyuma y’aho ikigo bubakiwe cyitwa Women’s Opportunity Center gifunguriwe ku mugaragaro tariki 28/06/2013.
Inka Singirankabo Meraneza yahawe muri gahunda ya Girinka mu mwaka wa 2009 yabyaye inyana 3 mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi. Uyu musaza atuye mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu.
Ngo nubwo icyaro cy’akarere ka Muhanga ari kinini cyane kurusha umujyi kandi ubutaka bwako bukaba buteye nabi ndetse bushaje, hagiye gushakwa umuti w’ibyo bibazo harimo guca amaterasi y’indinganire mu rwego rwo kwirinda isuri ndetse no guhuza ubutaka.
Ikiraro cyubatswe mu kirere, kinyura hejuru y’umugezi wa Bakokwe uhuza Akarere ka Kamonyi n’aka Muhanga ku Mirenge ya Kayumbu na Kiyumba kije gukemura ikibazo cy’ubuhahirane n’imigenderanire hagati y’iyi mirenge.
Mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa ‘Jeux de la Francophinie’ izabera i Nice mu Bufaransa, u Rwanda ruzahagararirwa n’amakipe y’umupira w’amaguru, gusiganwa ku maguru ndetse no gusiganwa ku magare.
Ahagana saa 5h30 za mugitondo zo kuri uyu wa Kabiri tariki 09/07/2013, tagisi izwi nka “Twegerane” yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yavaga i Kigali yerekeza i Musanze yagonze umunyegari wari utwaye inanasi zo kugurisha mu isoko rya Gakenke arakomereka bikomeye ku kuguru.
Perezida Kagame yageze mu mujyi wa Juba mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo kuri uyu wa 09/07/2013 aho yitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka ibiri iki gihugu kibonye ubwigenge nyuma yo kwiyomora kuri Sudani.
Ubwo hatahwaga ku mugararo umurenge SACCO wa Rurenge tariki 28/06/2013 , umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, yatangaje ko n’indi mirenge SACCO itaratahwa bitarenze ukwezi kumwe iraba yarangije gutahwa.
Umuhinzi mworozi w’umunya Irake witwa Moussali Mohammed al-Moujamaie, ufite imyaka 92, aherutse gushaka umugore wa kabiri arusha imyaka 70.
Urubyiruko rwo mu mujyi wa Nyamata rubifashijwemo n’ikigo cy’urubyiruko cya Bugesera rwahuriye mu marushanwa yo kwidagadura, hanaremerwa bamwe muri rwo bari barangije inyigisho z’imyuga y’ubudozi no gutunganya imisatsi.
Abashinze gukurikirana amatora y’abadepite mu karere ka Rubavu bavuga ko bamaze kuyitegura neza, ariko imbogamizi bafite ari ibikorwa remezo nk’imihanda ihuza imirenge n’uturere yangijwe n’imvura yaguye muri ako karere.
Inkongi y’umuriro yibasiriye kwa Pasiteri Ruhayisha Jonas Pasiteri w’itorero rya EBENEZER akaba n’umucungamutungo w’ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro ( EWSA) ishami rya Nyanza ntivugwaho rumwe n’abantu ku buryo hari n’abakeka ko yaba ariwe uri kuyiteza ku bw’inyungu ze bwite ariko we arabihakana.
Nyaminani Daniel w’imyaka 93 utuye mu mudugudu wa Gahisi mu kagari ka Gakenke mu murenge wa Rangiro wo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa 8/07/2013 yagerageje kwiyahura akoresheje umuti wica udukoko ngo abitewe n’uko umugore we amusuzugura.
Padiri Kulumbi Faustin yitabye Imana imbere y’abakirisitu ubwo yasomaga misa taliki 07/07/2013 muri Paruwasi ya Karambi ahitwa Jomba muri Rutchuro.
Abagabo babiri bo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, mu ijoro rishyira tariki 08/07/2013 barwaniye mu kabari umwe arakomereka ajyanwa ku kigo Nderabuzima naho uwamukomerekeje arafatwa ajyanwa gufungirwa kuri Poste ya Polisi ya Karengera.
Kuwa mbere tariki 08/07/2013, mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cyahariwe ibikorwa by’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), aho gereza ya Nyamagabe ifasha muri gahunda z’iterambere ry’akarere ariko n’abagororwa bakaba baratekerejweho.
Hirya no hino mu karere ka Kamonyi, abaturage binubira imihanda itameze neza kandi badasiba kuyikora mu muganda. Ubuyobozi buvuga ko iyo mihanda yicwa n’amakamyo aremereye apakira imicanga n’amabuye, bene yo bo bakavuga ko umusoro batanga wafasha mu kuyikora.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, aratangaza ko umujyi w’akarere ayoboye bari gushyiramo ingufu ngo ube umujyi wa kabiri mu gihugu kandi ube umujyi ukomeye w’ubucuruzi.
Abadepite bane bo mu Bubiligi bari mu ruzinduko mu Rwanda barasaba ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu bikorwa byo gucyura ku bushake abahoze ari abarwanyi ba FDLR, cyane ko bari mu mashyamba bameze nk’abafashwe bugwate.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko iyo ntara yifuza kugabanya umubare w’abakoresha inkwi n’amakara mu rwego rwo kubungabunga amashyamba no guhangana n’ubutayu bwakunze kwibasira bimwe mu bice by’iyo ntara.
Ubwo yari imaze kwambuka ikiraro cya Nyabarongo, imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yavaga i Kigali yerekeza mu Majyepfo, yagonze umunyegare bari mu mukono umwe maze ahita apfa, naho umushoferi w’imodoka arakomereka.
Abana barenga 350 bo mu karere ka Rusizi bafashwa n’umushinga Compassion International bizihije umunsi mukuru w’umwana w’Umunyafurika basaba ko imirimo mibi ishingiye ku muco ikorerwa abana yacika.
U Rwanda nk’igihugu gihagaze neza mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba mu kurinda ibishaga, guhera kuri uyu wa mbere tariki 08/07/2013, rwakiriye inama mpuzamahanga yiga ku buryo byarushaho kubungabungwa ariko bikanatanga umusaruro bitangijwe.
Ubwo itsinda rya bamwe mu bagize inteko ishingamategeko y’Ububiligi basuraga inkambi ya Kigeme icumbikiye impunzi z’Abanyekongo kuri iki cyumweru tariki 07/07/2013, izi mpunzi zabasabye gukomanga hirya no hino umutekano ukagaruka iwabo maze bagataha.
Ibigo byahawe inkunga yo kwigisha ubumenyingiro, byasabwe kuyikoresha mu gutanga ubumenyi bufite ireme kandi ku bantu bangana n’umubare bemeye kwigisha kuko utazakoresha neza iyo nkunga azasabwa kuyisubiza.
Abakinnyi 26 bahamagawe n’umutoza Eric Nshimiyimana mu ikipe y’igihugu Amavubi, bakomeje gukorera imyitozo mu karere ka Gicumbi, bitegura gukina na Ethiopia umukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya CHAN uzabera i Addis Ababa ku cyumweru tariki 14/7/2013.