Uruganda rwega inzoga zitwa African Lion Gin rurasaba abakunzi b’inzoga zitwa African Gin kuzitondera kugira ngo zitangiza ubuzima bwabo. Ibi ngo biraterwa n’uko hadutse abakora African Gin z’inyiganano zishobora kwangiza ubuzima.
Kuva muri Mata 2011, ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashanyarazi EWSA gitangiye imirimo yo gukora umuyoboro w’amashanyarazi uzayavana ku rugomero rwa Nyabarongo uyajyana i Kirinda, bamwe mubaturage babaruriwe imitungo bakaba batarishyurwa barasaba ko EWSA yabaha ingurane zabo kuko ngo barambiwe gutegereza.
Ubwo abakandida-depite bari guhatanira imyanya yagenewe abagore mu nteko ishinga amategeko biyamamarizaga mu karere ka Ruhango kuwa 04/09/2013, umwe muri bo yabwiye abagize inteko izatora ko nibamutora azabahagararira neza ndetse ngo atazigera agoreka ijosi na rimwe aho azaba asabwa kuvugira Abanyarwanda ashikamye.
Umugabo wo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza arakekwaho gutera inda umukobwa we akanamufasha kujya kuyikuriramo mu gihugu cya Uganda.
U Rwanda rurasaba ko rwahabwa ububiko bw’inyandiko z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzania, mu gihe ruzaba rufunze imiryango mu mwaka utaha. Kugeza ubu u Rwanda rwari rwaremerewe isomero ryitwa Umusanzu ry’uru rukiko ryo riri mu mujyi wa Kigali.
Nyuma y’uko Rafael Nadal na Minisitiri w’Umuco wo muri Chili bakoze ikosa bagatangaza urupfu rw’umukambwe Nelson Mandela, George Walker Bush wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yateye ikirenge mu cyabo.
Minisitiri w’intara ya Kivu y’amajyepfo Jean-Julien Miruho arahamagarira Abanyekongo kutitiranya abaturage bavuga Ikinyarwanda no kuba ari Abanyarwanda kuko yemeza ko no mu gihugu cya Congo hari Abanyecongo bavuga ikinyarwanda cyane kandi mu by’ukurri atari Abanyarwanda.
Uwitwa Mukamuhigira Alphonsine avuga ko ababazwa cyane n’urupfu rwa murumuna we Mukamusangwa Colette waguye mu maboko y’abaganga akanapfana umwana yari atwite.
Ku nshuro ya mbere ubwo abaturage b’umurenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bamurikirwaga abakandida FPR yamamaza ku mwanya w’ubudepite kuwa 03/09/2013 bagaragaje ko gutora umuryango wa FPR Inkotanyi ngo bikomeza kubahesha icyizere cy’ubuzima bwiza bw’ejo hazaza.
Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Munyarwanda PL riravuga ko igihe kigeze ngo rigire abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko nabo bafashe Abanyarwanda kwishyira bakizana mu iterambere bashaka.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda AMUR uratangaza ko ufite gahunda yo gukangurira Abayisilamu baba hirya no hino ku isi gushora imari mu Rwanda, bityo ngo bikazafasha kugabanya ubukene mu banyedini babo no guteza imbere ubukungu bw’igihugu muri rusange.
Abagize inteko ishinga amategeko mu gihugu cya Kenya bahamagajwe igitaraganya mu nama yihutirwa igomba kwiga uko igihugu cya Kenya cyava mu bihugu byemera gukorana n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC.
Umugore witwa Louise Uwizeyimana w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze azira kugerageza kwihekura, kuko yashatse kujugunya umwana mu musarani ubwo yari akimara kumubyara.
Mu gihe hamwe na hamwe mu karere ka Nyabihu hakigaragara iyangirika ry’ibidukikije mu buryo butandukanye kandi ahanini abaturage bakabigiramo uruhare rukomeye, kuri uyu wa 03/09/2013 ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukije REMA cyongeye kwibutsa abashinzwe ibidukikije muri aka karere inshingano zikomeye bafite mu (…)
Kuva uyu munsi tariki ya 03/09/2013 abasirikari bo mu ngabo za Amerika bafite abo babana bahuje igitsina baratangira kujya bahabwa ibigenerwa abagore n’abagabo babana mu buryo busanzwe nk’impozamarira igihe uwo babanaga bahuje igitsina yahawe akazi ahandi, uwo babanaga akabura uwo basanzwe basangira ubuzima.
Mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro gahunda zo kwamamamaza ishyaka rya PSD riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Ngororero, abayoboke baryo bavuze ko biteguye kwegukana amajwi menshi mu matora ateganyijwe muri uku kwezi.
Sosiyete ya Kigali Bus Service KBS itwara abagenzi mu mujyi wa Kigali irahamya ko isura y’uyu mujyi yatangiye guhinduka kuko ngo umubyigano, urusaku n’akavuyo k’imodoka mu mihanda byatangiye kugabanuka, nyuma y’iminsi mike buri zone ihawe ishyirahamwe ryo gutwara abagenzi riyikoreramo.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 02 Nzeri 2013 mu Murenge wa Save habaye igikorwa cyo kwamamaza abakandida-depite ba FPR Inkotanyi, aho hagaragaye imbaga y’abaturage benshi batangaga ubuhamya bw’ibyo uyu muryango wabagejejeho.
Abanyeshuri 52 bo ku ishuri ryisumbuye rya Nyabirasi bajyanywe kwa muganga mu mpera z’icyumweru gishize bamaze gukubitwa n’inkuba, abandi bantu icyenda bo mu kagari ka Gabiro mu murenge wa Musasa na bo bahungabanywa n’inkuba tariki 02/09/2013.
Inama mpuzamahanga iteraniye i Kigali kuva kuri uyu wa kabiri tariki 03/9/2013 ngo igomba kubona ibisubizo byo kurwanya utujagari mu mijyi, hatagamijwe kubona amazu meza gusa, ahubwo hari no gufata ingamba zose zo kurwanya ubukene, nk’uko abayobozi b’iyo nama barimo Dr. Aissa Kirabo uhagarariye UN-Habitat babyifuza.
Uwitwaga Ntawugoruwanga Mose wo mu kagari ka Butaka mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yitabye Imana ku itariki ya 02/09/2013 ya azize kurarana n’abagore babiri nkuko bitangazwa n’abaturage bo mu murenge wa Bugeshi.
Mu gihe igikorwa cyo kwiyamamaza kirimbanije hirya no hino mu Rwanda, bamwe mu batuye akarere ka Ngoma barasaba abazatorerwa kujya mu nteko ishinga amategeko ko igihe bazaba bageze mu nteko y’ u Rwanda bazihatira kuvugurura uburyo bwo kwegera abaturage baba babatoye.
Abagore babiri n’umugabo umwe bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera bakekwaho gufata bugwate no kwambura amafaranga uwitwa Sengoga Modeste, mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 30/08/2013 rishyira kuwa gatandatu tariki ya 31/08/2013, igikorwa bakoreye mu murenge wa Gisozi, mu kagari Ruhango.
Abanyarwanda bakabakaba miliyoni esheshatu nibo merewe kuzitabira amatora y’abadepite ateganyijwe ku matariki 16, 17 na 18/09/2013 mu byiciro bitandukanye azakorwamo.
Mu tugali twa Mubuga, Mushirarungu na Runga two mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza haravugwa ubugizi bwa nabi bumaze gufata indi ntera aho mu masaha y’ijoro abantu batambuka bagatemeshwa imihoro kandi ababikoze ntibamenyekane.
Ishyaka PSD ngo rigamije kurushaho kunoza ubuhinzi n’ubworozi kugira ngo bikorwe mu buryo bw’umwuga bityo bibashe kugirira ababikora akamaro, hashyirwaho banki y’abahinzi n’aborozi izajya ibafasha mu kubona inguzanyo ihagije.
Mu mudugudu wa Kirambo akagari ka Gitega mu rugabaniro rwo mu murenge wa Rushaki na Mukarange mu gihe cya saa mbiri z’umugoroba wo kuri uyu wa 02/09/2013 habonetse umurambo w’umugabo witwa Bukwirwa Tecian uri mu kigero cy’imyaka hagati ya 50 na 52.
Mu gihe abantu benshi bafata divayi nk’ibindi bisindisha ndeste bakanayirinda, ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bo mu gihugu cya Espagne bagaragaje ko kunywa divayi ku rugero bifasha uyinyweye kudacika intege mu mubiri no gutekereza neza.
Abaturage b’i Gakeri mu murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro bemereye abakandida ba FPR Inkotanyi bahagarariye ako karere ko bazayitora 100% kugira ngo ibikorwa by’iterambere bikomeze kubageraho birimo n’umuhanda wa kaburimbo.
Umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Faransisiko wa mbere arasaba abemera ko Yezu ari umwana w’Imana bose kuzifatanya nawe mu isengesho rikomeye rizaba tariki ya 07/09/2013 hagamijwe gusenga cyane ngo amahoro aganze ku isi, by’umwihariko mu gihugu cya Siriya.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bakoze umukwabo mu bantu bagikoresha ibikoresho bitujuje ubuziranenge bitandukanye mu rwego rwo kwirinda ingaruka zibyo bikoresho.
Uretse kuba ari abacuruzi, Imanzi Investment Group biyemeje no gukora ibikorwa bijyanye n’ubuzima ndetse n’uburezi. Ni na yo mpamvu guhera tariki 30/08/2013, ubu ishuri Autonome riri mu biganza byabo.
Bamwe mu bantu babyaye abana benshi bo mu karere ka Burera bavuga ko kuba bataraboneje urubyarobabitewe no kutamenya kandi ngo batangiye kubona ingaruka zabyo muri iki gihe.
Abaturage by’umwihariko abakristu ba Paroisse ya Mushaka iri mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi barashimira Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame ko imodoka yari yabemereye bayishyikirijwe kuri uyu wa 01/09/2013.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi mu kagali ka Kinyonzo hatoraguwe igisasu cya grenade, tariki 30/08/2013 ahagana mu gicamunsi ikindi gisasu gishaje cyazanye umugese cyatoraguwe muri ako kagari mu mudugudu wa Kibimba.
Urubyiruko ruvuye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali rwitabiriye igiterane “Rwanda Shima Imana” cyabaye tariki 31/08/2013; aho umushumba w’Umunyamerika wo mu itorero Saddleback, Rick Warren yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda kurota inzozi nziza kandi bakizera kuzigeraho.
Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste arahamya ko gutora FPR Inkotanyi ari ugutora ibikorwa byivugira kuko ngo ibyo iri shyaka ryagejeje ku Banyarwanda bigaragarira amaso, nubwo hatabaho kubisobanura.
Umuyaga n’imvura bidasanzwe byisasiye tugari twa Kinyonzo na Birenga ho mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma tariki 01/09/2013, byagushije insina nyinshi, zimwe zigwana ibitoki byari bicyana.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) barateganya gukora inama taliki 05/09/2013 iziga ku kibazo cy’umutekano mucye ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Congo.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL), ubwo ryiyamamarizaga mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera ryasabye Abanyarwanda muri rusange kurushaho kumenya uburenganzira bwabo no kurangwa n’umuco wo kudasigara inyuma.
Umuyobozi w’umutwe wa politiki FPR-Inkotanyi mu ntara y’Iburasirazuba na bamwe mu bayoboke bawo muri Rwamagana ngo banezezwa no kuba FPR yarateje u Rwanda imbere, ndetse kuri bo ngo ubu Abanyarwanda benshi babayeho mu munezero bidegembya mu byiza bikomoka kuri gahunda za FPR Inkotanyi.
Abaturage begereye umupaka w’u Rwanda na Congo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu bavuga ko bongeye gusubira mu mirimo yabo nyuma yo guhumurizwa n’ingabo zabo kuko umutekano wabo ucunzwe neza.
Mu kwamamaza abakandida-depite b’ishyaka FPR-Inkotanyi mu karere ka Rubavu byabaye taliki 01/09/2013 kuri stade Umuganda, abahoze bakora akazi ko gucora ibicuruzwa bakura i Goma bavuga ko FPR yabigishije gukora bava mu bucoracozi ahubwo bashobora kwitabira koperative ubu batanga akazi.
Ikamyo yo mu bwoko bwa rukururana yavaga mu Majyepfo yerekeza i Kigali, yagonganye n’ivatiri yari iturutse i Kigali, maze abantu batatu bari mu ivatiri barakomereka, abari batwaye ikamyo baratoroka.
Abaturage bakoresha umuhanda Gasarenda-Gisovu cyane cyane abatuye imirenge ya Mushubi na Nkomane yo mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko bashimishijwe no kuba iteme ryo ku mugezi wa Rwondo riri kubakwa ndetse rikaba ryenda kuzura, mu gihe bari bamaze igihe kitari gito bavogera.
Urugaga rw’abikorera (PSF) hamwe n’abanyamuryango barwo barimo guhugurwa mu itunganyamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga, bavuga ko ubumenyi bahabwa n’ikinyamakuru Kigali Today, buzabafasha kumenyekanisha ubucuruzi bwabo cyangwa kuba abanyamakuru.
Zenith Club y’abakina umukino wo gusinganwa mu mazi mu karere ka Karongi, ku cyumweru tariki 01-09-2013 yegukanye imyanya itatu ya mbere mu marushanwa bise Triathlon.
Umunyarwandakazi uba mu gihugu cya Canada, Elisabeth Mujawamariya atangaza ko kenshi iyo abenshi mu Banyarwanda bakuriye mu gihugu bagiye kwiga mu bihugu byo hanze byateye imbere, bagorwa n’amasomo yaho kuko batagize umuco wo gusoma.