Igikombe cy’Amahoro: Rayon Sport yasezereye AS Kigali, izakina na APR muri ¼ cy’irangiza

Rayon Sport izakina na mukeba wayo APR FC muri ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, ikaba yabigezeho ku wa kane tariki 5/6/2014 ubwo yatsindaga AS Kigali ibitego 3-2 bigoranye, mu mukino w’ikirarane wa 1/8 cy’irangiza wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Muri uwo mukino watinze kuba kuko AS Kigali yari mu marushanwa mpuzamahanga ya ‘Confederation Cup’, Rayon Sport niyo yafunguye amazamu ku munota wa 20 ku ishoti ryatewe na Uwambajimana Leon.

Rayon Sport yakinaga idafite bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye nka Amissi Cedric, Karim Nizigiyimana ‘Makenzi’, Kambale Salita Gentil n’abandi, yagaragaje amakosa mu kibuga maze nyuma y’umunota umwe gusa kubera uburangare bw’abakina inyuma ba Rayon Sport, Mico Justin wa AS Kigali ahita icyishyura.

Mbere y’uko amakipe ajya kuruhuka, AS Kigali yatwaye igikombe cy’Amahoro giheruka, yabonye penaliti yatewe neza na Tubane James, nyuma y’ikosa Majyambere Alipe wa Rayon Sport yakoreye kuri Mico Justin mu rubuga rw’amahina.

Igice cya kabiri Rayon Sport, yatozwaga na Mbusa Kombi Billy na Thierry Hitimana nyuma yo kugenda kwa Luc Eymeal , yagarukanye imbaraga nyinshi maze ku munota wa 65 Abouba Sibomana atsinda igitego cya kabiri cya Rayon Sport, amakipe aba anganyije ibitego 2-2.

Uwambajimana Leon wa Rayon Sport (wambaye umweru) na Mico Justin wa AS Kigali, buri wese yatsindiye igitego ikipe ye.
Uwambajimana Leon wa Rayon Sport (wambaye umweru) na Mico Justin wa AS Kigali, buri wese yatsindiye igitego ikipe ye.

Amahirwe ya AS Kigali yo gusezerera Rayon Sport yarangiye ku munota wa 76, ubwo Tubane James wari watsinze igitego mu gice cya mbere, yitsindaga igitego mu izamu rye ku munota wa 76 kubera igitutu Rayon Sport yari yashyize kuri AS Kigali, maze Rayon ibyungukiramo igira ibitego 3-2 ari nako umukino warangiye.

Intsinzi ya Rayon Sport yayihesheje itike yo kuzakina na mukeba wayo APR FC muri ¼ cy’irangiza ku cyumweru tariki ya 8/6/2014.

Uwo mukino uzabanzirizwa n’uw’Amagaju na SEC ubera i Muhanga kuri uyu wa gatanu, ku wa gatandatu Police FC ikazakina na Musanze FC ku Kicukiro, naho ku cyumweru kandi Kiyovu Sport ikazacakirana na Espoir FC i Muhanga.

Umukino wa nyuma uzakinwa tariki ya 4/7/2014, aho ikipe izatwara igikombe izahagararira u Rwanda mu irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo muri Afurika ( CAF Confederaion Cup).

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Amakuru ya leon sports yacu murera turagukunda cyane kumereza aho amana ukurinde uzatware champioo mu rwanda

Mpuhwezimana charte yanditse ku itariki ya: 18-12-2024  →  Musubize

Tuzayitsinda2/1

Munyampeta Fabien, APR FC Tuzayitsinda2/1 yanditse ku itariki ya: 8-06-2014  →  Musubize

Rayon irahura n’uruva gusenya mu kanya.Turayipfunyikira 3-0

Rugumire Gaspard yanditse ku itariki ya: 8-06-2014  →  Musubize

Yewe,nta by’abagore kbs! Basebeje u Rwanda pe!

Rugumire Gaspard yanditse ku itariki ya: 8-06-2014  →  Musubize

ni cyamahoro ni icyacu,APR oye.

philemon yanditse ku itariki ya: 7-06-2014  →  Musubize

NIZEYEYUKO TUZANSINDA APR IBITEGO BIBIRI KUBUSA NDI UMU REY SPOR

NIYIGENA MARCEL yanditse ku itariki ya: 6-06-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka