Rwamagana: Imibiri 38 y’abishwe muri Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

Abaturage b’akarere ka Rwamagana, ku Cyumweru, tariki 22/06/2014, bibutse ku nshuro ya 20 jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bashyingura mu cyubahiro imibiri 38 mu rwibutso rwa jenoside rwa Sovu ruri mu kagari ka Sovu mu murenge wa Kigabiro.

Urwibutso rwa jenoside rwa Sovu rwashyinguwemo iyi mibiri 38, rwari rusanzwe rushyinguyemo imibiri 455.

Imibiri 38 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa jenoside rwa Sovu ruri mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana.
Imibiri 38 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa jenoside rwa Sovu ruri mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana.

Uyu muhango waranzwe n’ubuhamya bugaragaza urupfu rw’agashinyaguro Abatutsi bo mu gice cya Sovu n’inkengero zayo mu karere ka Rwamagana bishwe, by’umwihariko ngo abagore n’abakobwa bakaba baricwaga babanje gushinyagurirwa, nk’uko byagarutsweho n’umubyeyi warokokeye aha hantu.

Uyu mubyeyi yagize ati “Hazaga abahungu n’abagabo bagatwara abakobwa n’abamama (ababyeyi) bari bahari bagakora ibyo bashaka, barangiza n’imibiri yabo bakamenamo urusenda.”

Uyu mubyeyi avuga ko nubwo kurokokera aha hantu byari bigoye cyane, ngo nyuma ya jenoside yagerageje kwiyubaka, akaba yishimira intambwe agezeho kandi agashima leta y’u Rwanda kuko yamufashije kwiyubaka.

Abanyarwamagana n'inshuti zabo bitabiriye uyu muhango wo kwibuka ari benshi.
Abanyarwamagana n’inshuti zabo bitabiriye uyu muhango wo kwibuka ari benshi.

Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana, Uwimana Nehemie yavuze ko aho u Rwanda rwavuye ari kure kandi habi cyane, ariko ko nyuma y’imyaka 20 jenoside ihagaritswe, u Rwanda rumaze gutera intambwe yishimirwa mu iterambere no kwiyubaka, maze asaba abaturage ko bakwiriye kwirinda uwo ari we wese washaka gusenya iterambere u Rwanda rugezeho.

Perezida wa IBUKA ku rwego rw’igihugu, Dr Dusingizemungu Jean Pierre yasabye ko ababyeyi batoza abana babo gukora ibyiza hakiri kare kugira ngo jenoside ntizongere kubaho ukundi kandi ngo ibyo bizagerwaho ari uko bazajya bareka abana babo bakitabira ibikorwa byo kwibuka.

Perezida wa IBUKA, Dr Dusingizemungu Jean Pierre asaba ko abana batozwa gukorwa ibyiza hakiri kare kugira ngo bazakurane ubumuntu.
Perezida wa IBUKA, Dr Dusingizemungu Jean Pierre asaba ko abana batozwa gukorwa ibyiza hakiri kare kugira ngo bazakurane ubumuntu.

Umuryango IBUKA watangaje ko uzakomeza gukora ubuvugizi kugira ngo uru rwibutso ruhame muri aka gace ka Sovu kandi rutunganywe, bitewe n’ubwicanyi ndengakamere bwahakorewe muri jenoside, by’umwihariko ku bikorwa by’ubushinyaguzi byakorerwaga ab’igitsina gore.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Tuzahora tuibibuka babyeyi Baacu mwaguye aho hantu, ntituzibagirwa Ababa bahasize ubuzima bazira ubusa. Ntituzibagirwa ukuntu Mayanja Moses twari tuziko ari umuntu mwiza ariwe wababwiye NGO agiye kuzana ibyo kurya byabo, akabazanira igitero cy’abahutu kikabatsemba bamwe batabwa mumusarane bareba. Tufite icyizere 100% ko bitazongera, ntituzongera kwicwa tuzira ubusa.

Ihangane sha yanditse ku itariki ya: 22-04-2018  →  Musubize

Mwagiye tukibashaka, babishe urwgashinyaguro

wishavura yanditse ku itariki ya: 21-04-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka