Rusizi: Bitarenze ukwezi kwa cumi ngo uruganda rwa nyiramugengeri ruzaba rwuzuye

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri ministeri y’ibikorwa remezo Emma Francoise Isumbingabo, arizeza ko uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ruzaba rwuzuye bitarenze ukwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2014.

Yabitangaje kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014 ubwo itsinda ry’abayobozi batandukanye barimo minisitiri w’ibikorwaremezo, minisitiri ushinzwe imirimo y’inama y’abaministri n’abandi banyacyubahiro batandukanye basuraga aho urwo ruganda ruri kubakwa mu rwego rwo kureba aho imirimo yarwo igeze.

Ngo mu kwezi kwa 10 uru ruganda rwa nyiramugengeri ruzaba rwuzuye.
Ngo mu kwezi kwa 10 uru ruganda rwa nyiramugengeri ruzaba rwuzuye.

Nyuma yo kuzenguruka inyubako z’uru ruganda Umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ibikorwa-remezo ushinzwe ingufu n’amazi, Emma Francoise ISUMBINGABO yatangaje ko babona imirimo yo kubaka uru ruganda igenda neza nubwo ngo hakiri akazi kenshi n’imbogamizi zidatanganye aho avuga ko ngo bitarenze ukwezi kwa 10 uyu mwaka urwo ruganda ruzaba rwuzuye.

Byari biteganyijwe ko imirimo yo kubaka uru ruganda yagombaga kuba yararangiye mu kwezi kwa gicurasi umwaka ushize wa 2013.

Uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu karere ka Rusizi ruzatanga amashanyarazi angana na MW 15.
Uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu karere ka Rusizi ruzatanga amashanyarazi angana na MW 15.

Zimwe mu imbogamizi zagiye zidindiza uru ruganda ngo zituruka ku imiterere y’imirimo ikorwa aho bimwe mu bikoresho byubakishwa biva kure nko mu Bushinywa bigafata iminsi mu nzira bitewe n’imihindagurikire y’ikirere amazi akoreshwa ava kure n’ibindi; nk’uko Umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ibikorwa-remezo ushinzwe ingufu Emma Francoise ISUMBINGABO yakomeje kubitangaza.

Mu gihe uru ruganda ruzaba rwuzuye ngo ruzatanga amashanyarazi angana na MW 15 azakoreshwa mu ruganda rushya rwa CIMERWA rukora isima ruba mu murenge wa Muganza muri aka karere.

Minisitiri w'ibikorwa remezo, Prof. Lwakabamba Silas (wambaye ingofero itukura), yerekwa aho imirimo yo kubaka uruganda rwa nyiramugengeri igeze.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof. Lwakabamba Silas (wambaye ingofero itukura), yerekwa aho imirimo yo kubaka uruganda rwa nyiramugengeri igeze.
Itsinda ry'abayobozi basuye uruganda rwa Nyiramugengeri mu karere ka Rusizi.
Itsinda ry’abayobozi basuye uruganda rwa Nyiramugengeri mu karere ka Rusizi.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka