Police FC yitakanye umupolisi mukuru wagiye mu kibuga ku mukino wa Rayon Sports

Ikipe ya Police FC iratangaza ko itigeze ituma umuntu uwo ari we wese kujya guha amabwiriza umutoza wayo Cassa Mbungo mu mukino iyi kipe yanganyijemo na Rayon Sports 0-0.

Ibi byabaye mu minota yanyuma w’umukino ikipe ya Police FC yari yarushijwemo bigaragara, ubwo umwe mu bapolisi bakuru ufite ipeti rya Commissioner of Police, yavuye mu mwanya yari yicayemo muri tribune, amanuka mu kibuga yegera intebe y’abasimbura, agenda asatira umutoza wungirije, dore ko umutoza mukuru Kasa Mbungo yari ahagaze.

Yamanukanye icyizere...
Yamanukanye icyizere...
Ati abakinnyi simbashaka ndashaka kubona Cassa
Ati abakinnyi simbashaka ndashaka kubona Cassa
Moise aba yamubonye ati urajya he?
Moise aba yamubonye ati urajya he?
Ahita amusubiza aho aturutse
Ahita amusubiza aho aturutse
Asubirayo shishi itabona
Asubirayo shishi itabona
Sinjye ubona ngezeyo
Sinjye ubona ngezeyo
Yagarutse nawe ari guseka
Yagarutse nawe ari guseka
Abayobozi ba Rayon Sports bari mu bakurikiranye ako ga filime
Abayobozi ba Rayon Sports bari mu bakurikiranye ako ga filime

Uyu mupolisi ariko ntabwo yahiriwe dore ko ubwo yari hafi kwegera aho Kasa yari ahagaze hafi y’ikibuga, umusifuzi wa kane Mulindabagabo Moise yaje kumusanganira amwereka ko ibyo ari gukora bitemewe niko kumusubiza iyo avuye, aho yagiye ahabwa akaruru n’abafana ba Rayon Sports ku gikorwa giteye isoni yari akoze.

Ibi byaje gukurikirwa n’ibibazo bitandukanye mu bakunzi b’imikino mu Rwanda bibazaga ikintu uyu mupolisi yari agiye kubwira Cassa Mbungo utari worohewe n’umukino yari arimo gutoza.

Ikipe ya Police FC yari yarushijwe bigaragara
Ikipe ya Police FC yari yarushijwe bigaragara

Aganira na Kigali Today, umuvugizi wa Police FC CIP Mayira Jean de Dieu yatangaje ko ikipe ye atari yo yatumye uyu mupolisi cyane ko babizi ko bitemewe.

“Ntabwo tuzi impamvu (yinjiye mu kibuga). Police FC nta gahunda ijya igira yo guha amabwiriza umutoza mu mukino”, CIP Mayira atangariza Kigali Today.

Ibyabaye ni nkuko n’i Burayi ubona umufana agiye mu kibuga naho rwose twe muri Police nta gahunda yo kuvugana n’abatoza mu mukino hagati ibibazo byose hari uburyo tubivugana nyuma”.

“Twaramusobanuriye ko ibyo yakoze bitabaho kandi turizera ko yabyumvise”.

Mu mukino wahuje ikipe ya Arsenal na Southampton umufana umwe uzwi nka Luke Bryant yaje gusatira Arsenal Wenger ubwo ikipe ye yari imaze gutsindwa 2-0 gusa aza guhita asubizwayo n’abashinzwe umutekano. Uyu mufana ariko akaba yarahise akomeza gukurikiranwa n’inzego za police y’Ubwongereza.

Na we azakurkiranwa?.. Umufana wa Arsenal washatse kugera imbere ya Wenger yaje gukurikiranwa na Police nyuma
Na we azakurkiranwa?.. Umufana wa Arsenal washatse kugera imbere ya Wenger yaje gukurikiranwa na Police nyuma

Ikipe ya Police FC ubu iri ku mwanya wa gatatu nyuma y’umunsi wa 12 wa shampiyona aho ifite amanota 21, amanota umunani inyuma ya APR FC ya mbere.

Reba amashusho yuko byagenze i Muhanga(Makuruki.com)

Umupolisi yashatse kuvugana na Cassa mu mukino wa Rayon Sports

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Reka nawe buriya biba byamugoye. Wenda yabonaga hari akanama yakungura coatch. Bibaho. Biriya byerekana ko umuntu akunda umukino, ubwo hari aho yabonaga byapfiriye, kdi utazi uwo mukino ntiwahabona.

ks yanditse ku itariki ya: 7-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka