Rutsiro: Gahunda ya Girinka yatumye ahindura imibereho

Umukecuru witwa Mujawingoma Voronika w’imyaka 67 utuye mu Kagari ka Congo-Nil mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro atangaza ko inka yahawe muri gahunda ya Girinka yamufashije kuva mu buzima bubi.

Iyi nka yayihawe mu mwaka wa 2009 imaze kubyara yoroza abandi, nyuma imbyaro zindi azikoresha mu kwikenura.

Yagize ati “iyi nka yamvanye mu bukene bukomeye kuko yamfashije njye n’umuryango wanjye guhindura ubuzima kuko mbere ntarayibona twari tubayeho nabi”.

Yishimira ko inka yahawe yahinduye ubuzima bwe.
Yishimira ko inka yahawe yahinduye ubuzima bwe.

Mujawingoma avuga ko bimwe mu byo iyi nka yamufashije harimo gufumbira umurima we utarajyaga wera bitandukanye n’ubu asigaye yeza.

Mbere atarayihabwa ngo ntiyashoboraga kweza n’ibiro 50 by’ibishyimbo kubera ko nta fumbire none ubu yeza imifuka 5 y’ibishyimbo, kandi ngo mbere ntiyajyaga arya igitoki kivuye mu murima we mu gihe ubu ngo asigaye arya igitoki yejeje.

Ikindi ni uko amata ikamwa amufasha ndetse akanamufashiriza abana kubaho neza, aho aya mugitondo ayagurisha aya nimugoroba bakayanywa.

Inka yahawe imuha amata menshi kuko ikamwa litiro 30 ku munsi.
Inka yahawe imuha amata menshi kuko ikamwa litiro 30 ku munsi.

Ubu ngo nta muturanyi wamusuzugura kuko abayeho nta kibazo agira kuko ashobora guhaha icyo ashatse akambara imyenda ashaka ndetse kandi akanatunga abana be akanabarihira amashuri.

Uyu mukecuru ni umupfakazi akaba afite abana 4 kandi bose abasha kubarihira amashuri ku buryo nta kibazo cy’imyigire abana be bagira kandi byose ngo abikesha iyi nka.

Iyi nka ariko ngo siwe ifitiye akamaro gusa kuko n’abaturanyi abaha amata ndetse akaba ajya aha ifumbire abayikeneye mu gihe ihari yabonetse ari nyinshi.

Mbarushimana Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka