Mu ibaruwa Ferwafa yandikiye amakipe yo muri iki cyiciro, yongeye kwibutsa ko amakipe agomba gutanga abakinnyi batatu bonyine barengeje imyaka 20 ku rutonde rw’abakinnyi batarenze 30 azaba itanga muri iri shyirahamwe bitarengeje tariki 15/1/2015.
Amakipe yo mu cyiciro cya kabiri kandi akaba yabwiwe ko nta kipe izemererwa gukina iyi shampiyona idafite ubuzima gatozi nkuko byemejwe mu nama y’inteko rusanjye mu mwaka ushize.
Amakipe 20 yo mu cyiciro cya kabiri azashyirwa mu matsinda abiri aho amakipe ane ya mbere muri buri tsinda azahita yerekeza mu mikino ya 1/4. Iyi mikino, ikazasiga amakipe ane azerekeza muri 1/2 mbere yo kubona amakipe abiri azazamuka mu mwaka utaha wa shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Ku rundi ruhande, Ferwafa ikaba yanatangaje ko shampiyona y’abagore izatangira tariki 31/1/2015 aho amakipe asabwe kwiyandikisha no kuzana ibyangombwa bitarenze tariki 19/1/2015, aho ikibazo cy’ubuzima gatozi ku makipe y’abagore cyo kitagarutsweho.
Jah d’eau DUKUZE
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|