Ingabo na Polisi by’u Rwanda bishimirwa kuba bifata iya mbere mu gukumira ibyaha by’ihohotera n’icuruzwa ry’abantu, mu gihe insanganyamatsiko mpuzamahanga muri uyu mwaka wa 2014 yamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu, igaragaza ko hari uruhare igisirikare kibigiramo.
Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye, ndetse n’abari bamwungirije aribo Munara Jean Claude wari umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu na Uwimana Marie Louise wari umuyobozi w’akarere wungirije ufite mu nshingano imibereho myiza y’abaturage, beguye ku mirimo yabo ku gicamunsi cyo kuwa (…)
Abarimu n’abayobozi bo mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Karere ka Nyanza baributswa ko siporo mu bana bakiri bato ifite akamaro ndetse bagasabwa kuyishyiramo ingufu kimwe n’andi masomo yose.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugore umwe n’abagabo babiri nyuma yo gufatwa batwaye ibiti bitemewe gucuruzwa by’umushikiri mu mashakoshi n’ibikapu bitandatu.
Umugore witwa Nyiramana Drocelle wo mu Mudugudu wa Kisaro, Akagari ka Gishororo mu Murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare yatangiye kogosha bamuseka ko atazabishobora ariko ubu baramugana.
Umugabo witwa Kayihura Pascal w’imyaka 51 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa insinga z’amashanyarazi zitemewe gucuruzwa no gukoreshwa mu Rwanda kuko zituzuje ubuziranenge zifite agaciro k’ibihumbi 816 by’amafaranga y’u Rwanda.
U Rwanda rwatangiye gushaka uburyo bwo kugera ku iterambere ritangiza ibidukikije ruhereye ku kunoza imikorere mu bice by’ubuhinzi, amazi n’ingufu, nyuma yo kubona igishushanyo mbonera gikubiyemo uburyo bwo guhuza imikorere hagamijwe kurengera ibidukikije.
Bamwe mu baturage mu mujyi wa Muhanga barinubira ibikorwa byo kubaka byangiza ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi, ibi ngo bituma umuriro n’amazi bihagarara muri tumwe mu duce dutuwe n’abantu benshi.
Abantu 20 baturuka mu murenge wa Runda n’abandi 9 bo mu murenge wa Rukoma baraye bajyanywe ku bitaro bya Remera Rukoma mu ijoro ryo kuwa 24/11/2014 bicyekwa ko bagarutswe n’ikigage banyweye mu bukwe.
Ku gicamunsi cyo kuwa mbere tariki ya 24/11/2014, Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Toyota L/C 123 CD02 yari itwawe na Blaise Gasongo ufite imyaka 42 yagonze moto yari iriho abantu babiri, Hakizimana Joseph w’imyaka 23 wari uyitwaye na Hakizimana Ernest yari ahetse, umumotari arakomereka ku buryo bukomeye.
Umugabo witwa Komezusenge Jean w’imyaka 39 y’amavuko yitabye Imana nyuma yo guhanuka mu modoka yari abereye kigingi akitura mu muhanda.
Mu gihe muri Afurika ndetse n’ibindi bice binyuranye byo mu Rwanda usanga hari urubyiruko rwinshi, mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke abageze mu zabukuru nibo benshi kurusha urubyiruko kuko bari ku kigereranyo cya 60%.
Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri ry’inshuke n’amashuri abanza cya Centre Scolaire de Kabeza kiri mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, Mugabekazi Julie aravuga ko ababyeyi bohereza abana babo kwiga mu bihugu bikikije u Rwanda baba bihunza inshingano zo kurera.
Ntakirutimana Manasseh w’imyaka 22 y’amavuko, yitabye Imana agwiriwe n’umukingo ubwo yacukuraga umucanga wo kubakisha.
Abakorera umwuga w’uburobyi mu kiyaga cya Kivu n’abakunzi b’isambaza baramaganira kure imitego itemewe ya Kaningini igira uruhare runini mu kwangiza umusaruro w’ibikomoka mu kiyaga cya Kivu gitunze benshi mu karere ka Rusizi.
Icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge i Huye cyagaragayemo ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge bifatika, ari naho haherewe hifuzwa ko ibikorwa nk’ibyo bitajya bikorwa mu gihe cy’icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge gusa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi buratangaza ko abaturage bamaze kwitabira gukoresha ingufu za biyogazi (biogas) bikaba byaragize uruhare mu kubungabunga amashyamba.
Mbarushima Faustin utuye mu Kagari ka Rusasa mu Murenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi avuga ko urubyiruko rwari rukwiye kwihangira imirimo rukivana mu bukene ntirutegereze akazi bahemberwa ku kwezi, ahubwo bakamureberaho bityo nabo bakiteza imbere.
Ubuyobozi bw’akarere, abayobozi b’uburezi, abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye , abarimu ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye bakoze inama tariki 24/11/2014 bagasanga ireme ry’uburezi riri hasi banafata ingamba zo kurizamura.
Kurangiza inkiko Gacaca bikomeje kudindira kubera hari abatarishyura imitungo bangije muri Jenoside, uku gutinda kwishyura akenshi biterwa n’uko bamwe mu bangije imitungo batakiriho bigatuma yishyurwa n’abo mu miryango ya bo.
Abana bato bari gukundishwa imyuga n’ubumenyingiro mu ishuri rikuru ryigisha mu ntara y’iburasirazuba ( IPRC East) muri iki gihe cy’ibiruhuko bahawe ikiganiro n’umuyobozi wungirije w’akarere ka Kayonza bagaragaza inyota yo kumeya uburenganzira bwabo n’ihohoterwa.
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda na Minisiteri ifite mu nshingano zayo gucunga ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) kuri uyu wa 24/11/2014 basuye inkambi y’impuzi z’abanyekongo ya Nyabiheke mu karere ka Gatsibo mu rwego rwo kureba uko inkunga zigenerwa yakongerwa.
Nyuma yo kwakira indahiro z’abanditsi b’Inkiko za gisirikare kuri uyu wa mbere tariki 24/11/2014, Ministiri w’ingabo, Gen James Kabarebe yabijeje kutazabura ibikoresho n’ubumenyi, kugira ngo ubutabera bwa gisirikare bushobore kwihutisha imanza no gukora mu buryo bugezweho.
Abacuruzi b’ibiribwa bakorera mu isoko rya Ngororero baravuga ko kuba iri soko ridafite amashanyarazi bibateza kutumvikana cyane cyane ku mugoroba iyo butangiye kwira maze bamwe bakajyana ibicuruzwa byabo mu muhanda hanze y’isoko.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yashimiye Ndayisenga Valens wegukanye isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda ku magare “Tour du Rwanda”.
Amakuru aturuka mu kigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency: RTDA) avuga ko umuhanda Musanze-Cyanika wari uteganyijwe gusanwa mu mwaka wa 2014, ushobora gusanwa mu mwaka wa 2017.
Abatuye mu Kagari ka Kahi mu Murenge wa Gahini wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bahangayikishijwe n’inyamaswa zitwa ibitera zibatwarira amatungo zikanabonera.
Mu gihe ikiraro cya Rwabusoro gihuza uturere twa Bugesera na Nyanza kitarasanwa, Ingabo z’u Rwanda (RDF) zabaye zikoze ikiraro gikoreshwa n’abanyamaguru, amagare na moto kugira ngo ubuhahirane hagati y’utwo turere bukomeze.
Umukino wari guhuza ikipe ya Espoir Fc na Gicumbi kuwa 23/11/2014 waburijwemo kandi abakinnyi bari bageze mu kibuga kubera ko ikipe ya Espoir FC itujuje ibyangombwa byose basabwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru Mu Rwanda (FERWAFA).
Bamwe mu bamugaye barasaba bagenzi babo bafite ubumuga kutumva ko ubuzima bwarangiye basigaje kuyoboka ingeso zo gusabiriza gusa, ahubwo bakareba ubumenyi bubarimo bashobora kubyaza umusaruro kugira ngo ubafasha agire aho ahera.
Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagiriye mu karere ka Nyabihu mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka wa 2014 akabemerera ishuri rikuru ry’imyuga, abaturage baravuga ko ari igisubizo ku buyobozi n’ababyeyi bahoranaga ikifuzo cy’uko muri aka karere hakubakwa kaminuza cyangwa ishuri rikuru.
Isoko ry’amatungo (Igikomera) ryari ryarubatswe mu kagari ka Karambi mu murenge wa Murundi wo mu karere ka Kayonza rimaze igihe ridakora nyuma y’aho ibikorwa by’ubworozi byakorerwaga muri ako kagari byimuriwe mu kagari ka Buhabwa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba burihanangiriza abagabo bafite agatima kareharehera gushuka abana b’abakobwa bari mu biruhuko bagamije kubashora mu busambanyi ndetse bukanibutsa abana b’abakobwa ko gukomera ku busugi bwabo ari ko kwihesha agaciro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buratangaza ko ukwezi k’Ukwakira kwari kwahariwe ubukangurambaga ku kwitabira ubwisungane mu kwivuza kwatanze umusaruro ugaragara.
Mu gihugu cya Arabie saoudite, umugabo yasenze umugeni ku munsi w’ubukwe bwabo kubera ko ari bwo bwa mbere yari amubonye mu maso ubwo bari bagiye kwifotoza.
Abagabo babiri bo mu Budage biteje imiti ituma bagira amabere mu gihe cy’amasaha 24 bashaka kumva uko bimera kuba umugore, ngo baza gusanga baragowe.
Bamwe mu bakecuru basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe abatutsi bo mu Murenge wa Kibirizi ho mu Karere ka Gisagara bafashwa n’umuryango Duhozanye, barashima ko uyu muryango wabafashije kuva mu bwigunge bari basigiwe nayo.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara batari barageze mu ishuri nyuma bakajya kwiga gusoma, kubara no kwandika, bahamya ko bamaze gutera imbere babikesha ubumenyi bakuye mu masomero.
Mu gikorwa ngaruka mwaka cya paruwasi ya Mushaka muri Diyosezi ya Cyangugu, ku wa 23/11/2014, yerekanye abagarukiramana 13 bemeye kandi bagasaba imbabazi abo bahemukiye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu bavuga ko igiciro bahabwa kitabateza imbere ahubwo kibasubiza inyuma bitewe n’ibyo baba batanze ku buhinzi bw’ibirayi.
Bamwe mu bacuruza ibiribwa n’ibindi birimo takataka mu isoko rikuru rya Ngoma barashima akarere ko kabubakiye aho bagomba gukorera hatwikiriye, mu gikorwa cyo kwagura iri soko cyabanje kudindira.
Kubera kutabona umusaruro wa Soya uhagije, ubuyobozi bw’uruganda rwa SOYCO buravuga ko umusaruro ugezwa ku ruganda uturutse i Kirehe ukiri muke, ibyo bigatuma uruganda bagenewe mu kubafasha mu buhinzi rudakora neza uko bikwiye.
Ubwo ikigo k’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyagiranaga inama n’abakozi ndetse n’abayobozi bo mu Karere ka Gicumbi barebera hamwe uburyo hanozwa imitangirwe ya serivise, kuwa 21/11/2014, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari basabye guhabwa amafaranga y’urugendo azajya aborohereza guha abaturage serivise nziza.
Bamwe mu rubyiruko rukorera mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ahubatse inkambi y’impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo baravuga ko inkambi atari ikibazo ahubwo ari igisubizo kuko yabafashije guhanga imirimo bagatera imbere.
Umusore muto ukinira ikipe ya Kalisimbi, Ndayisenga Valens ni we utwaye igikombe mu isiganwa ry’amagare ryari rimaze iminsi umunani rizenguruka u Rwanda.
Mu gihe bamwe mu bana babaga mu bigo by’impfumbyi bavuga ko bari batewe impungenge n’imibereho yabo ubwo Leta y’u Rwanda yafataga icyemezo cyo gufunga ibigo by’impfumbyi abana bakabohereza kuba mu miryango, ubu bavuga ko byabafashishije kuko byatumye bashobora kubana n’abandi mu buzima bwo hanze kandi kuri ubu bakaba (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bitemewe kugura imitungo y’abatishoboye bahawe na leta cyangwa inyubako zubakiwe abarokotse jenoside yakorewe abatutsi kuko uzajya abigura azajya abyamburwa bigasubizwa uwabihawe.
Kuwa gatandatu tariki ya 22/11/2014, abakirisitu basengera mu itorero rya ADEPR Congo-Nil bahawe ubuhamya na Alice Umwali wiyemerera ko yagiye ikuzimu akagaruka, asaba abo bakirisitu gusenga cyane ndetse no kwirinda amadayimoni aba ku isi kuko nawe yabaye ku isi ari igini.
Umukobwa wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Andele Lara ufite isura nk’iy’umuririmbyikazi Rihanna, yabaye icyamare aho avuka ku buryo abantu bamwitiranya n’uwo muririmbyikazi, ndetse ngo byanatumye amazu atandukanye akora imyenda amuha akazi ko kuyamamaza.