Umugore wo muri Reta Zuze Ubumwe z’Amerika muei Leta ya Caroline yamenye ko umugabo we abana n’abandi bagore batatu ku buryo bwemewe n’amategeko nyuma yo gufata icyemezo cyo kureba kuri paji ya Facebook y’umugabo we maze akavumbura amafoto y’ubukwe aho umugabo we yabaga yashakanye n’abandi bagore.
Guhera ku itariki ya 13/08/2014 kugeza tariki ya 20/08/2014, itorero Mashirika rizwi ho gutambutsa ubutumwa butandukanye binyuze mu ma kinamico no muri cinema, riri mu gikorwa cyo gukangurira abatuye mu karere ka Rusizi cyane cyane urubyiruko kugana amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.
Umusore ukomoka mu karere ka Rubavu ubwo yaragiye gusezerana n’umukobwa mu karere ka Gicumbi mu murenge wa wa Kajyeyo, nyina w’umukobwa yanze ko babasezeranya kubera ko umuhungu atamukwereye.
Rwiyemezamirimo Nyiransabimana Fortunée utuye mu Murenge wa Kirehe, Akarere ka Kirehe akaba umucuruzi w’ibyuma by’imodoka akaba afite n’igaraje byose bifite agaciro ka miliyoni 30 yemeza ko yabigezeho abikesheje igishoro cy’amafaranga ibihumbi bitatu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buzakomeza kugabira inka abatishoboye muri gahunda ya “Gira Inka” munyarwanda ndetse mu mihigo y’umwaka 2014-2015 bwiyemeje gutanga inka 1200 zizagabirwa abatishoboye bo muri ako karere.
Baribwirumuhungu Steven w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhango akurikiranyweho icyaha cyo kwica umuryango w’abantu 6 icya rimwe mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango.
Kuri iki cyumweru tariki ya 17/08/2014, imbere ya Kiriziya ya paruwasi ya Nyamasheke muri diyoseze ya Cyangugu, Uwiringiyimana Simon yahawe ubupadiri na Nkurunziza Jean Baptiste ahabwa ubudiyakoni (ni icyiciro kibanziriza guhabwa ubupadiri).
Umunyarwanda witwa Ngabo avuga ko ubwo yari amaze kugurisha amashaza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yatangiriwe n’abantu bamusabye ibyangombwa bagahita bamujyana mu modoka idafite nomero ziyiranga bakamugirira nabi bakanamutwara amafaranga.
Ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) butangaza ko mu gihe kitagera ku mezi atatu bumaze gutakaza akayabo ka miliyoni y’amadolari y’abanyamerika mu kwita ku barwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bagiye gucika ku bworozi bw’amatungo cyane cyane amagufi kubera abajura, ubuyobozi bukangurira abaturage gutanga imisanzu yo kwishyura inkeragutabara zigiye gushyirwaho kugira ngo zirinde umutekano.
Ikipe ya Ubumwe Basketball Club yegukanye ku nshuro yayo ya mbere igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (playoff 2014), nyuma yo gutsinda RAPP BBC imikino itatu ku busa, naho mu bagabo ho Espoir BBC na CSK zikazategereza gukina umukino wa kane nyuma y’aho CSK itsinze Espoir mu mukino wa gatatu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro ndetse n’intara y’iburengerazuba bwashyikirijwe igikombe cyitiriwe amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” ikipe y’abakobwa y’umupira w’amaguru iherutse gutwara ku rwego rw’igihugu.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, atangaza ko impanuka zimaze iminsi ziba hirya no hino mu gihugu zigahitana ubuzima bw’abantu benshi zihangayikishije igihugu, agasaba inzego zose zibishinzwe gushyiraho ingamba kugira ngo zigabanuke.
Itorero rya ‘Bethesda Holy Church’ ryashimiye abakristo baryo bigomwe amaboko yabo n’amafaranga arenze miliyari imwe na miliyoni 30, bakubaka urusengero ahitwa ku Kagugu hafi yo mu Gakiriro (Gakinjiro); ngo kikaba ari ikimenyetso cyo kwigira kw’Abanyarwanda no gukunda Imana, nk’uko Umushumba waryo, Rev.Albert Rugamba (…)
Impuzamakoperative y’Abamotari mu Ntara y’Iburasirazuba (ASTRAMORWA) imaze kwiyemeza gufasha abanyonzi bose bo muri iyi Ntara kwiga amategeko y’umuhanda no gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga ku buntu, hagamijwe kuzamura imibereho yabo ndetse bikajyana no guhangana n’ikibazo cy’impanuka zo mu muhanda.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Rutsiro hafungiye umugabo w’imyaka 40 witwa Kubwimana Marcel wafatanywe n’abaturage udupfunyika 250 tw’urumogi atugemuye mu karere ka Nyabihu.
Nk’uko biteganyijwe muri gahunda nshya y’iyamamazabuhinzi, iki gihembwe cy’ihinga 2015 A gitangirana n’ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka cyizakorwa hakurikijwe gahunda nshya ya MINAGRI yiswe « Twigire Muhinzi ».
Manirakiza Jean Pierre amaze imyaka igera kuri ibiri anyongesha igare ukuboko kumwe kuko nta kundi afite kandi biramutunze binamugejeje kuri byinshi.
Bamwe mu bikorera bo mu Karere ka Muhanga biganjemo abacuruzi usanga hakiri ibinengwa bigomba gukosorwa kuko bitabereye Umunyarwanda wamaze kumva ibyiza byo gutanga serivisi nziza.
Uruhushya rwo kuroba rugiye kujya ruhabwa koperative umurobyi abarizwamo aho guhabwa umurobyi ku giti cye bikazatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 06/09/2014, iki cyemezo kikaba kigiye gukoma mu nkokora bikomeye ba rushimusi b’amafi n’isambaza mu kiyaga cya Kivu.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rebero mu kagari ka Nkondo mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza bose ngo bamaze kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014/15, mu gihe hatarashira amezi abiri uwo mwaka utangiye.
Muri resitora imwe yo mu ntara ya Jiangsu mu burasirazuba bw’igihugu cy’Ubushinwa, hari resitora ikorwamo na za robo: haba mu kwakira abaje muri iyi resitora, mu baseriva abakiriya ndetse no mu gikoni !
Bamwe mu banyonzi bo mu Karere ka Musanze bagaragaza ko batishimiye uburyo batanga amafaranga 100 ya buri munsi na 900 ya buri gihembwe ntibamenye uko akoreshwa kandi bakaba nta bwizigame bagira muri koperative yabo ya CVM (Cooperative velos de Musanze).
Nyuma yo gutsindwa na KCCA yo muri Uganda igitego 1-0 mu mukino wayo wa nyuma mu itsinda, byatumye APR FC inanirwa kwegukana umwanya wa mbere mu itsinda rya kabiri, bivuze ko mu mikino ya ¼ cy’irangiza izatangira ku wa kabiri tariki 19/8/2014, izahura na Rayon Sport yabaye iya mbere mu itsinda rya mbere nk’uko amategeko (…)
Ikipe y’u Rwanda Amavubi yamaze gusezererwa mu marushanwa yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha, ikaba izira kuba yarakinishihe rutahizamu Daddy Borori kuko ngo akinira ku byangombwa biriho amazina ndetse n’igihe yavukiye bitandukanye n’ibyo akoresha mu ikipe ya Vita Club asanzwe akinamo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bishingiye ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyeguriye Rwanda Mountain Tea imirima y’icyayi iri ku buso bwa hegitari 356 iherereye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro.
Kuva ku wa mbere tariki ya 18/08/2014, imodoka zose zitwara abagenzi mu buryo bwa “Express” mu Ntara y’Iburasirazuba ntizizongera gufata abagenzi ahantu hatagurishirizwa amatiki yazo, hagamijwe guca akajagari kakunze kugaragara muri izi modoka ndetse kakaba mu biteza impanuka zo mu muhanda.
Muri kongere y’urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi rwo mu Ntara y’Amajyaruguru yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 16/08/2014, urubyiruko rwiyemeje gufata iya mbere mu guteza imbere igihugu cyabo babinyujije mu bikorwa by’ishoramari.
Mu gikorwa cyo gushimira umuyobozi w’umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero witwa Adrien Harerimana kuba yarabaye uwa mbere mu karere mu kugira kawa nziza kandi yitaweho kurusha abandi bahinzi, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere yasabye abayobozi bose kuba intangarugero muri byose.
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Uburengerazuba ruri mu biganiro by’iminsi ibiri guhera kuri uyu wa 16 Nyakanga 2014 ku ngengabitekerezo y’umuryango, imiyoborere n’imyitwarire ikwiye kuranga umuyobozi mu nzego za Leta akaba ari n’umunyamuryango wa FPR, byose bigamije kureba uko imibereho (…)
Abafite amashyamba y’inturusu mu karere ka Ngoma bahangayikishijwe n’udukoko rwaje mu mashyamba yabo dusa n’inda turya ibibabi by’inturusu zikuma.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwandacell, yagiranye amasezerano n’indi icuruza ikoranabuhanga ryo kureba televiziyo mu buryo bugezweho, Star Times; ko uwifuza kugura ikarita yo kureba televiziyo zitandukanye zo ku isi ashobora kwifashisha amafaranga afite kuri konti ye ya mobile money.
Mu karere ka Ruhango, tariki 14/08/2014 hatoraguwe umurambo w’uruhinja mu murenge wa Byimana watawe n’umuntu utaramenyekana naho mu murenge wa wa Ruhango, inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Abaturage bo mu mirenge ya Ngeruka, Mareba, Musenyi na Mayange mu karere ka Bugesera, baravuga ko biteze inyungu ku kiyaga cya Cyohoha ya ruguru nyuma y’uko kizaba cyamaze kuvanwamo ibyatsi birimo amarebe, byatumaga amazi agabanuka kandi akaba mabi, bikanatuma umusaruro w’amafi uba mucye.
Mu rwego rwo kurebera hamwe uko umutekano wo mu muhanda warushaho kubungwabungwa neza, polisi y’igihugu irasaba abatwara ibinyabiziga gushaka uko bagirana ibiganiro kugira ngo bimwe abatwara ibinyabiziga badasobanukiwe babashe kongera kubisobanurirwa kurushaho.
Abanyarwanda 61 batahutse tariki 15/08/2014 bavuye muri Congo bavuga ko batinze gutahuka kubera bagenzi babo babanaga mu mashyamba babateraga ubwoba bababwira ko nta mahoro ari mu Rwanda nk’uburyo bwo kwanga gutaha kubera ibyaha basize bakoze.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, yasuye akarere ka Ruhango maze igirana ikiganiro n’abaturage b’umurenge wa Byimana uherutse kumvikanamo ubwicanyi bwahitanye abavandimwe batandatu biciwe mu nzu, maze asaba abaturage kwirinda kujya basiragira mu nkiko, ahubwo ubwabo bagaharanira kwikemurira amakimbirane.
Ikipe ya APR FC yasanze muri ¼ cy’irangiza andi makipe ya Police FC na Rayon Sport zihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup ubwo yabonaga inota rimwe nyuma yo kunganya na Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali ku wa gatanu tariki 15/8/2014.
Umukobwa witwa Uwera Dative arashakishwa nyuma yo gukekwaho kwiba umwana w’amezi atatu, amukuye iwabo mu mudugudu wa Rwimikoni ya mbere mu kagari ka Mbyo mu murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera.
Umukozi w’ishami rya RSSB (Rwanda Social Security Board), mu karere ka Ngororero avuga ko hari abakozi ba Leta badahabwa serivisi za RAMA kubera amakosa y’abayobozi babo batabashyira ku rutonde rw’abatanze imisanzu (déclaration) kandi bakatwa amafaranga yabo.
Abana bato biga ikoranabuhanga ririmo no gukoresha umurongo wa internetbavuga ko kwiga ikoranabuhanga bituma babasha kongera ubumenyi bifashishije internet mu gihe bahawe umukoro wo gukorera mu rugo ndetse no kumenya amakuru anyuranye.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Reggae, Rocky Dawuni w’Umunyamerika ukomoka mu gihugu cya Ghana, yaje gutegura konseri yo kwifatanya n’Abanyarwanda kwishimira ibyo bagezeho nyuma y’imyaka 20 igihugu kibayemo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu nkengero z’umuyi wa Nyanza mu karere ka Nyanza hadutse itsida ry’abagore bamaze kwishora mu mukino utemewe w’urusimbi aho bacyuza abantu utwabo bakoresheje uburyo bw’amanyanga akunze kuranga uwo mukino bita ko ari uw’amahirwe ariko mu by’ukuri wihishemo ubushukanyi.
Bamwe mubasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu mudugudu wa Gakurazo mu akagari ka Musenyi umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera bakura abana babo mu ishuri bavuga ko babangamiwe n’ubukene kuko ngo batabona amafaranga ishuri ribaka.
Ku nshuro ya 13 ikigo cy’igihugu cyu’imisoro n’amahoro cyizihiza isabukuru y’abasora, hirya no hino mu Ntara hateguwe ibirori byo kuwizihiza.
Nyuma y’imyaka igera kuri itatu umurenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero uza ku mwanya wa kabiri cyangwa uwa gatatu mu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, bashyizezeho uburyo bushya bwo guteganya amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Sante) cyangwa se MUSA, uburyo bwiswe Insina Mitiweri, bukaba bwaratumye uyu (…)
Hagati ya tariki 25-27/8/2014, leta y’u Rwanda irashyira ku Guhera ku isoko impapuro mvunjwamafaranga zifite agaciro ka miliyari 15. Igashishikariza Abanyarwanda bose cyane cyane abaciriritse kwitabira iki gikorwa cyo kuyiguriza amafaranga bazasubizwa mu gihe cy’imyaka itanu.
Ubusinzi n’umuvuduko ukabije biri kwisonga mubitera impanuka zo mu muhanda mu karere ka Gicumbi, nk’uko byatangajwe na bamwe mu batwara ibinyabiziga bya moto bo mu karere ka Gicumbi ubwo bakangurirwaga na Polisi kwirinda impanuka zo mu mihanda zimaze iminsi zihitana ubuzima bw’abantu.
Nyuma y’aho umuryango w’abantu batandatu wiciwe icyarimwe mu nzu tariki 31/7/2014 bikamenyekana tariki 2/8/2014 mu kagali ka Kamusenyi umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, Minisitiri w’ubutabera bw’u Rwanda Johnson Businge, aravuga ko abakoze ibi byanze bikunze bazagaragara kandi bakabiryozwa by’intangarugero.
Muhayimana Aimable utuye mu kagari ka rususa, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero ukora akazi ko gucura ibikoresho bitandukanye ku buryo bwa gakondo, avuga ko akazi ke kamuha amafaranga amutunze akagaya abasuzugura akazi ako ariko kose igihe kemewe kandi gatunze nyirako.