Urugaga rw’abikorera n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bavuga ko bihaye intego yo kubaka amazu y’ubucuruzi agezweho kandi mu gihe gito, kugira ngo bakomeze kureshya abashoramari.
Urubyiruko rwibumbiye muri Koperative Terimbere Mucuruzi w’imboga n’imbuto ikorera mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke rurishimira ibikorwa by’iterambere rumaze kugeraho birimo n’isoko rwiyubakiye ruzajya rukoreramo kuko aho rwakoreraga hari hamaze kuba hato kandi hatajyanye n’igihe.
Ubutaka bwari bwarateguriwe guhingwaho soya mu Karere ka Kayonza bugiye guhingwaho ibishyimbo nyuma y’uko bigaragaye ko imbuto ya soya abahinzi bari bategereje yakomeje kubura.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) hamwe na Komisiyo y’ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) basabye abanyeshuri bagize amatsinda y’ubumwe n’ubwiyunge (SCUR) mu mashuri makuru na za kaminuza, kujya kwigisha indangagaciro z’ubunyarwanda mu bo bigana, abiga mu mashuri yisumbuye ndetse n’abaturage mu bice bakomokamo.
Kuri uyu wa 29 Werurwe 2015, abasore bane bo mu murenge wa Jenda bitabye Imana bazize impanuka nyuma yo kugongana n’imodoka ya Daihatsu ifite Puraki RRA432K bo bari ku igare.
Mu gihe hasigaye amezi atatu gusa ngo umwaka w’ingengo y’imari 2014-2015 urangire, ibipimo by’ubwitabire mu bwisungane mu kwivuza mu Karere ka Huye biri ku kigero cya 85%, kandi ngo nta n’icyizere ko byazarenga kandi nyamara abadatanga ubwisungane mu kwivuza batungwa agatoki kwambura amavuriro.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame arahamagarira abayobozi n’abaturage ba Afurika kwicara bakanoza icyerekezo bifuza kugeraho n’ingamba zizabagezayo kuko ngo icyabuze mu iterambere ari umurongo uboneye, aho guhora bararikiye amafaranga y’abanyamahanga atangwa ari menshi ariko ntageze abantu aho bashaka.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga muri Kaminuza “Rusizi International University” iri mu Karere ka Rusizi rurashima ko Leta y’u Rwanda yabatekerejeho ikabaha kaminuza ijyanye n’ubushobozi bwabo mu gihe ako karere karere ingoma zabanje zitagafataga nk’akari mu Rwanda kubera kuba hakurya ya Nyungwe.
Ku wa 27 Werurwe 2015 mu ma saa sita n’igice z’amanywa, mu Mudugudu wa Sangano, Akagari ka Nyamiyonga, Umurenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, hatoraguwe umurambo wa Ngerageze Janvier w’imyaka 32 mu muringoti woroshwe imyambaro.
Ku cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2015 Shampiyona y’umukino w’intoki wa Handball yarakomeje ku munsi wayo wa kabiri, aho ikipe ya Police Handball Club isanzwe ifite igikombe yanyagiye ikipe ya GS Rambura.
Ishyaka Riharanira Iterambere n’Ubusabane PPC, ryemeje kwandikira Inteko Nshinga Matageko y’u Rwanda, riyisaba guhindura ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga yemereraga Umukuru w’igihugu manda ebyiri gusa, kugira ngo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame “ntazazitirwe mu baziyamamariza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017”.
Umuryango w’abanyakoreya y’Amajyepfo wa Good Neighbors wubakiye ishuri rya Kagina riri mu Kagari ka Kagina mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi inyubako zifite agaciro ka Miliyoni 130 z’amafaranga y’u Rwanda, zizabafasha kwinjira muri Gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru “Amavubi” yatsinzwe ibitego bibiri ku busa n’ikipe y’igihugu ya Zambia mu mukino wa gicuti wabereye i Lusaka muri Zambia, kuri Heroes National Stadium ku wa 29 Werurwe 2015.
Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza yakusanyije ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi na kanyanga n’ibindi yafashe mu bihe bitandukanye ndetse inagaragaza ububi bifite ku buzima bw’ababikoresha.
Ku bufatanye bw’igihugu cy’Ubuyapani n’Akarere ka Huye, mu isambu ya Gereza ya Karubanda (hafi cyane yagare irikuba kwa mu Mujyi wa Butare, hari kubakwa inzu yagenewe abahinzi n’abanyabukorikori bo mu Karere ka Huye.
Inama njyanama y’Akarere ka Kayonza, tariki 27 Werurwe 2015 yungutse abajyanama bashya nyuma y’amezi umunani harimo icyuho.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Jean Damascène Bizimana, yagaragaje amazina ya bamwe mu ngabo z’abafaransa bagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu Karere ka Nyamagabe.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Huye, abikorera bo muri aka karere ndetse n’abanyehuye bakorera i Kigali, ku wa 29 Werurwe 2015 hifujwe ko abafite imari bayishora mu bikorwa biteza imbere Akarere ka Huye.
Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) buratangaza ko bufite gahunda yo kuzaganira n’abahagarariye ibitangazamakuru, ababishinze n’ababikoramo kugira ngo bungurane ibitekerezo ku guteza imbere itangazamakuru ry’umwuga.
Mu misarane yagenewe abagabo yo muri resitora imwe y’i Taiyuanho mu Bushinwa, inyuma y’ibyagenewe kwihagarikamo (urinoir) hari ibipupe by’abakobwa beza bambaye utwenda tworohereye.
Mu muganda usoza ukwezi mu Kagali ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, hakozwe umuganda hasukurwa urwibutso ruri ku Mugezi w’Umuvumba, ahibukirwa abatutsi bishwe muri Jenoside bajugunywe mu migezi.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, kuri uyu wa 27 Werurwe 2015 yashyikirije abagize Koperative Tuzamurane y’abafite ubumuga butandukanye mu Murenge wa Kanama, Akarere ka Rubavu kugira inkunga ya miliyoni 2 n’igice z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo bashobore kwiteza imbere.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko udushya mu burezi tuzagira uruhare mu kuzamura ireme ry’uburezi dushakira igisubizo bimwe mu bibazo byari bikigaragara mu myigishirize hirya no hino mu gihugu.
Mu kiganiro cyatanzwe nyuma y’umuganda rusange wabaye tariki 28 Werurwe 2015, abawitabiriye bashimye gahunda igihugu kigiye gutangira yo gutoranya abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa muri Jenoside na nyuma yayo. Izo ndashyikirwa ziswe “Abarinzi b’igihango” zikaba zizatoranywa n’abaturage zigashimirwa ku rwego rw’akarere (…)
Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu RAB 077 K itwaye amajerekani 40 ya melase ikoreshwa mu kwenga inzoga itemewe ya kanyanga.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira avuga ko nta muntu uri hejuru y’amategeko ari yo mpamvu abanyuranyije na yo agomba kubibabaza.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu by’agateganyo, Kaduhoze Marie Jeanne, ugomba kuyobora akarere ka Rubvu mu gihe cy’iminsi 90 avuga ko atazemera ko akarere kongera kuza mu myanya ya nyuma mu mihigo nk’uko bisanzwe kuko imikorere y’ubuyobozi n’abakozi bafatanya n’abaturage bigaragarira mu gushyira mu bikorwa imihigo.
Cairo, 28 werurwe 2015- Ikipe y’Ikigo cy’Imisoro n’amahoro yagiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa nyafurika ry’amakipi yabaye aya mbere iwayo mu Misiri, mu mukino wa volleyball, abagore ntiyabashije gukura insinzi kuri Shams yo mu Misiri.
Kuri uyu wa 28 Werurwe 2015, mu Ishuri Rikuru rya Kibogora Polytechnic habereye umuhango wo kurahiza no kwinjiza abanyamuryango bashya mu muryango wa FPR inkotanyi bagera kuri 18.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rongi uhererey mu karere ka Muhanga baravuga ko barangije gutora perezida kagame kuri manda ya gatatu. Ibyo babihera ku kuba yarashoboye kugeza u Rwanda ku kuba igihugu gitekanye kandi kita ku iterambere ry’abanyagihugu.
Majoro Hategekimana Valens alias Noah wari Umuyobozi Wungirije muri FDLR ushinzwe ibikorwa byo guhuza abasirikare ba FDLR n’abaturage mu bice bya Rutshuru na Nyiragongo yageze mu Rwanda ku wa 18 Gashyantare 2015 none kuri ubu ngo arashima ibyo yabonye ku buryo yifuriza na bagenzi be gutaha.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko/ Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, arasaba abaturage kurwanya umuntu wese uhakana cyangwa upfobya Jenoside ku buryo atazabona aho amenera, ngo kuko ababikora baba bashyigikira umugambi w’abayiteguye.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 28 Werurwe 2015, abagore b’abayobozi n’abagore bari mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda bibumbiye mu muryango witwa Unity Club baraye bafashe ifunguro muri Serena Hotel i Kigali mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore maze Perezida Paul Kagame ababwira ko u Rwanda rwashoboye byinshi rukaba (…)
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 27 Werurwe 2015, umusaza Gashari Paul w’imyaka 75 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Ruhita, Akagali ka Nyagashanga mu Murenge wa Karangazi bikekwa ko yishwe n’abana be yibyariye bamuziza isambu yari amaze kubatsindira mu rukiko.
Mu Murenge wa Nyarubuye Akarere ka Kirehe abantu icumi barwariye mu Kigo Nderabuzima cya Nyarubuye nyuma yo kurya inyama z’ihene yipfushije.
Urubyiruko rwa AERG na GAERG mu bikorwa rugenda rukora hirya no hino mu gihugu byo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoshoye no gushimira abamugariye ku rugamba ndetse n’abagaragaje ubutwari mu gutabara abatutsi bahigwaga mu gihe cya Jenoside ruratangaza ko gushimira Leta ibyo yarukoreye ari ugukora ibikorwa (…)
Golden Tulip, isosiyete y’Abafaransa ifite amahoteli akomeye mu Bufaransa, kuri uyu wa 27 Werurwe 2015 yasinye amasezerano ayegurira gucunga La Palisse Hotel, iherereye mu Karere ka Bugesera
Ubuyobozi bw’Umuryango w’Ivugabutumwa Youth for Christ Rwanda (YFC), ufite ishuri rya Kigali Christian School, butangaza ko bwagize umugisha wo kwakira umukuru w’igihugu, Paul Kagame, wagiranye ibiganiro n’abaturage nyuma y’umuganda wo kuri uyu wa gatandatu tariki 28/3/2014.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’urubyiruko ruharanira iterambere rirambye (RYOSD: Rwanda Youth organization for Sustainable Development) ruratangaza ko rugiye kwandikira inteko ishinga amategeko, imitwe yombi, rusaba ko itegeko nshinga ryahindurwa kugira ngo Perezida Paul Kagame yemererwe kongera kwiyamamaza kuko bifuza (…)
Akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere bateguye igiterane ngaruka mwaka, bashimira Imana intambwe kamaze gutera mu iterambere ndetse no gusoza ku mugaragaro imurikabikorwa ry’ibyo kagezeho.
Ku wa gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015, Shampiyona y’umukino w’intoki wa Volleyball iraza gukomeza aho ikipe ya INATEK iri ku mwanya wa mbere iza kuba irwanira umwanya wa mbere n’amanota 15 na Rayon Sports VC ya kabiri n’amanota 14.
Ibikorwa bya AERG (Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994) ifatanyije na GAERG (Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi barangije kwiga) byakomereje mu Karere ka Nyamagabe ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015.
Umukuru w’igihugu, Perezida Kagame, atangaza ko kuba hari abasigaye bemeza ko abaturage b’u Rwanda aribo bishimye kurusha abandi muri Afurika, bituruka ku kuba boroshya ibibazo bakagerageza kubishakira ibisubizo kuko bazi aho bavuye n’amateka yabo.
Nk’uko bisanzwe mu mpera za buri kwezi, ku wa gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015 hakozwe umuganda rusange usoza ukwezi kwa Werurwe.
Abasore bane bafatiwe mu Murenge wa Musaza mu Karere Kirehe nyuma y’igihe baba mu ishyamba, bakiyemerera ko bacuruza urumogi dore ko banafatanywe ibiro umunani byarwo n’ibindi byuma bitandukanye.
Uwahoze akinira ndetse akanatoza ikipe ya Rayon Sports, Kayiranga Baptiste yongeye kugirwa umutoza mukuru wayo, ndetse indi myanya itari ifite abayobozi muri Rayon Sports iruzuzwa.
Inama njyanama y’Akarere ka Kayonza yateranye tariki 27 Werurwe 2015 yafashe icyemezo cy’uko inyubako ya SACCO ya Karambi yo mu Murenge wa Murundi ikomeza kubakwa, nyuma y’igihe kigera ku mezi ane yari imaze ihagaritswe.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza iravuga ko kuba ibitaro by’Akarere ka Nyanza bimaze imyaka 4 bitagira umuyobozi bifite ingaruka zitandukanye, ku buryo hakwiye gushakwa umuyobozi ubiyobora kugira ngo ibibazo bihari bikemuke.
Raporo y’imisoro n’amahoro y’Akarere ka Huye yo kuva mu mwaka wa 2011 kugeza mu wa 2014, igaragaza koKaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye ririmo akarere umwenda w’umusoro ku nyungu z’ubukode ungana na miliyoni 20, ibihumbi 92 n’amafaranga 535.
Sositeye y’ubwishingizi ya Prime Insurance yafunguye ishami ryayo rishya mu mujyi wa Rwamagana mu ntara y’Iburasirazuba, ishami rije gufasha abaturage gushinganisha ibyabo no gukomeza kubashishikariza akamaro ko kugira ubwishingizi.