Nsabimana Sylvain yabaye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, nyuma y’amezi icyenda uwo asimbuye afungiwe amakosa yo gutanga amasoko binyuranije n’amategeko.
Abasirikare n’abasiviri 23 barangije amahugurwa ku bijyanye n’imikoranire y’inzego zombi mu Kigo cy’igihugu cy’Amahoro cya Nyakinama (RPA), baratangaza ko ubwo bumenyi buzabafasha.
Abakuru b’imidugudu mu Karere ka Musanze, baribaza uburyo bazigishamo abaturage kwaka ibyangombwa bifashishije ikoranabuhanga mu gihe ubwabo badasobanukiwe uko rikoreshwa.
Aborozi ba kijyambere mu karere ka Nyagatare barifuza ko bafashwa kubona imbuto y’ubwatsi bwahingwa bugahunikwa, ku buryo bwabafasha guhangana n’izuba.
Abaturage bo mu Murenge wa Butare muri Rusizi, bishimiye ko ibyifuzo bagejeje ku ntumwa za rubanda byasubijwe, bakaba bagiye kugaragaza icyabari ku mutima.
Muri tombola y’uko amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo agomba guhura,APR FC yatomboye Mbabane Swallows naho Police itombora Atlabara
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imali cya Zigama CSS butangaza ko muri 2020 buzaba bufite imali igera kuri miliyari 470 bitewe n’izamuka igaragaza.
Minispoc na Mineduc binyuze muri WDA basinye amasezerano y’ubufatanye yo gushyiraho ibigo byigisha imikino mu Rwanda kuva intangiriro za 2016
Komisiyo y’Amatora (NEC) mu Karere ka Rubavu iratangaza ko imyiteguro y’amatora igenda neza, kuko 94% by’abahatuye bamaze gufata amakarita y’itora.
Polisi y’Igihugu yerekanye ibicuruzwa byiganjemo amavuta yo kwisiga bifite agaciro ka miliyoni 14.5Frw, byambuwe abacuruzi muri uyu mwaka wa 2015.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi barasabwa kurwanya ingeso zihagaragara zo kurwana ziviramo abaturage ibyaha byo gukubita no gukomeretsa.
Abagore bari mu nama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba, baravuga ko hari amategeko akwiye kuvugurwa kuko agitambamira uburenganzira bw’abagore.
Komisiyo y’igihugu n’uburenganzira bwa muntu iratangaza ko ibiyobyabwenge biri mu bitera ihohotera ry’ikiremwa muntu mu Rwanda.
Abatuye mu murenge wa Minazi akarere ka Gakenke barishimira ikigo nderabuzima begerejwe, bakaba batagikora ingendo ndende cyangwa ngo bivuze magendo.
Nyuma yo kwitwara neza akegukana Tour du Rwanda 2015,Nsengimana Jean Bosco na Hadi Janvier bamaze gusinya umwaka muri Bike Aid yo mu Budage
Ihererekanya ry’ubutaka mu gihe cyashize ryajyaga rimara imyaka ibiri cyangwa ikarenga none ubu ngo rigeze aho rikorwa mu munsi umwe.
Abaturage bo mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko biteguye kuzitabira amatora ya Kamarampaka, kuko bibazaga iherezo ry’ibitekerezo batanze ku ivugururwa ry’Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Mme Jeannette Kagame basabye Ihuriro ry’Urubyiruko rw’Umuryango Imbuto Foundation, kwifashisha amahirwe rufite, rugahindura abandi.
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko amahugurwa bahawe na IRC yatumye bamenya amategeko bifashisha mu kunga Abanyarwanda.
Uzamukunda Immaculée ufite imyaka 65 y’amavuko utuye mu Murenge wa Rugabano ho mu karere ka Karongi yasanzwe iwe yakaswe ijosi yapfuye.
Abatuye mu Mudugudu wa Kabahushi mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama barasaba kwegerezwa amashuri kuko baterwa impungenge n’abana bato biga kure bazamuka imisozi.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) nta gitutu yashyizweho mu gutegura Referendumu kuko yigenga.
Ubuyobozi bushinzwe Imibereho Myiza mu Karere ka Gatsibo burasaba ababyeyi gufatanyiriza hamwe kugira ngo hirindwe ibibazo by’imirire mibi mu bana.
Nyuma yo kwimurwa ku Isoko rya Nkoto, abakorera mu mazu y’ubucuruzi barataka igihombo baterwa no kubura abakiriya baremaga isoko ryimuriwe muri Bishenyi.
Umunya-Jamaica, Konshens, w’icyamamare muri muzika ku wa 1 Mutarama 2016 saa 4.00PM azataramira Abanyarwanda muri "East African Party".
Abashinzwe gukurikirana imyubakire y’ibibuga bizakinirwaho CHAN basanze hari imirimo itaragera ku musozo kandi hasigaye ukwezi imikino igatangira, basaba ko yihutishwa.
Amakipe 16 azakina 1/8 cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’I Burayi yaraye amenyekanye kuri uyu wa 9 ukuboza.
Nyuma y’ibiganiro no kuregwa mu nzego z’umutekano itorero rya ADEPR Paruwasi ya Kabarondo mu Karere ka Kayonza ryemeye kwishyura rwiyemezamirimo ryariganyije.
Umugabo witwa Mukundiyukuri Vedaste wo mu Karere ka Nyamasheke, afunzwe nyuma yo gushaka gusambanya ku ngufu umukobwa we babyaranye.
Inzego z’ubuyobozi mu Ntara y’Uburengerazuba zatwatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage kuzatabira referendum ku itegeko nshinga iteganyijwe mu cyumweru gitaha.
Ikigega cy’Ubukungu cya Koweti (KFAED) cyagurije u Rwanda amadolari y’Amerika miliyoni 15 azifashishwa mu gukora umuhanda Rukomo-Nyagatare, ugashyirwamo na kaburimbo.
Ibihugu bya Tanzania, Kongo Kinshasa, Burundi, Ethiopia na Djibouti biteraniye mu Rwanda, aho bisuzuma aho imirimo y’umuhora wa ruguru igeze.
Urwego rw’Umuvunyi n’abafatanyabikorwa, kuri uyu wa 9 Ukuboza 2015 , mu Munsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Ruswa, basanze ibitera ruswa cyangwa ibihamya ko iriho bikomeje kwiyongera.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Johnattan McKinstry yahakanye amakuru yavugaga ko ari we wasabye ko shampiyona ihagarikwa.
Mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, haravugwa ikibazo cy’uko nta munyamabanga nshingwabikorwa w’akagari urara mu kagari akoreramo, kandi amabwiriza abibasaba.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwaburiye abaturage bafite ingeso yo gutema inka z’abaturanyi babo, ko uzafatirwa mu cyuho azahanwa nk’utifuriza igihugu iterambere.
Urujijo mu itsinda B ry’amarushanwa y’amakipe yabaye aya mbere mu mupira w’amaguru I Burayi ruvuyeho Manchester na CSKA Moscou zisezerewe.
Umuhanzikazi Knowless Butera yashyize ahagaragara amashusho ya "Te amo " yakoranye n’Umunyazambia Roberto, nyuma y’ibizazane yahuye na byo kuri video ya mbere.
Ubwo hatangizwa Ukwezi ko Kurwanya Imirire Mibi mu Karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 08 Ukwakira, hanezwe ababyeyi bagurisha ibyagenewe kurwanya imirire mibi.
Abaturage bo mu turere twa Kirehe na Ngoma bibumbiye mu makoperative ahinga kawa barashima umuryango wa INADES-Formation Rwanda ku byo ibafasha mu buhinzi n’ubworozi.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 97 tugize Akarere ka Gakenke baratangaza ko terefone bagenewe na Perezida Kagame bajejweho kuri uyu wa 9 Ukuboza 2015 zizatuma bazajya bihutisha raporo.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangiye guteka kuri canarumwe kuko idasaba ibicanwa byinshi.
Abayobozi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa gufatanya n’abaturage kugira ngo amatora yose yitegurwa azagende neza.
Abakinnyi 32 bagomba gutangira umwiherero kuri uyu wa gatatu wo kwitegura CHAN bamaze gutangazwa harimo 9 batakinnye CECAFA
Muvunyi Eugene wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kabagesera mu Murenge wa Runda yareguye, bisigara bihwihwiswa ko yanyereje amafaranga y’inyubako y’akagali.
Iyo igihugu gituwe n’umubare munini w’abagore ariko ubuyobozi bukiharirwa n’abagabo, demokarasi ngo iba irwaye, nk’uko Inama nyafurika ku miyoborere yabigaragaje.