Mu gihe kugendesha amaboko bidakorwa n’ubonetse wese, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Indiana ahitwa Indianapolis, umugore witwa Julia Sharpe ngo atwite inda y’ibyumweru 34 y’impanga z’abahungu, yashoboraga kugendesha amaboko ibyo bamwe bita kumangamanga.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye gutangizwa ishuri rizajya rihugura abarimu bigisha ubumenyingiro, ikicaro kiri shuri kizaba giherereye mu karere ka Kicukiro mu ishuri rya IPRC/Kigali, ahanashyizwe ibuye ry’ifatizo ku nyubako yaryo igiye gutangira kubakwa.
Ku mataliki ya 06 na 07/06/2015 mu Rwanda harabera irushanwa ryo kwibuka Aba Sportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,aho mu mukino w’Intoki wa Volleyball by’umwihariko baza guhemba amakipe atatu ya mbere haba mu Bagabo ndetse no mu Bagore
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko nubwo Leta yabemereye kubishyurira imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza yishyurwa bitinze bikabagiraho ingaruka, kuko hari ubwo batavurwa kubera ko bataratangirwa iyo misanzu.
Urugaga rw’abagore bikorera rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Gasabo, rwatangije ikigega cyo gufasha incike 28 zabaruwe muri aka karere za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abagororwa bagera ku bihumbi 2 na 870 bo muri Gereza ya Rusizi kuri uyu wa 04 Kamena 2015, batumye ubuyobozi bw’iyo gereza kubasabira Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ko Itegeko Nshinga ryavugururwa Perezida Kagame akemererwa kwiyamamaze kuri manda ya gatatu.
Kuri uyu wa 04 Kamena 2015 Ihuriro ry’Ubuyobozi bwite bwa Leta n’abikorera mu Rwanda (RPPD) ryahaye abayobozi b’Urugaga rw’Abikorera (PSF) bo mu Ntara y’Amajyaruguru mudasobwa eshanu zizabafasha muri gahunda nshya ya SMS Application iri huriro ryatangije ngo bajye bashobora kwakira ibibazo by’abacurizi.
Muri iyi minsi bamwe mubahanzi Nyarwanda baravugwaho kwimana amakuru, nyamara ababivugwaho bamwe ntibemeranya nabyo. Mu bari kuvugwa harimo Paccy, Knowless, Queen Cha, Riderman, Ama-G The Black, Bruce Melody, Jay Polly, Social Mula, King James na Meddy.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze rurakangurirwa kwibumbira mu mashyirahamwe no kwitabira kwizigamira mu bushobozi bwarwo, kugira ngo bagire icyo bageraho kandi n’ibigo by’imari bibagirire ikizere babashe kubona inguzanyo zo kwiteza imbere.
Mu ntara y’Amajyaruguru bahangayikishijwe n’umuhigo wa Biyogazi, kuko wagaragayemo imbogamizi ukaba ushobora kutazeshwa nk’uko wahizwe, Babitangaza mu gihe hasigaye igihe gito uturere tugatangira kumurikira abashinzwe kugenzura imihigo uko bagiye bayesa.
Imvura idasanzwe yaguye kuri uyu wa kane tariki ya 04 Kamena 2015 yasenyeye abaturage barindwi ndetse irengera imyaka y’abaturage mu Kibaya cya Kirambo mu Kagari ka Kigoya na Kibogora mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke.
Nyuma y’ikibazo cy’uburwayi bwagaragaye mu gihingwa cy’imyumbati gihingwa cyane n’igice cy’Amayaga, mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi; kuri ubu abahinzi barataka ikibazo cy’umusaruro w’ibishyimbo n’amasaka wabaye muke kubera izuba, bakaba bafite impungenge ko bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara.
Brig. Gen. Hodari Johnson uyobora ingabo za brigade 305 zikorera mu turere twa Musanze n’igice cya Burera aganira n’urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa 04 Kamena 2015 yavuze ko umutekano uhera ku bintu bisanzwe by’ubuzima bwa buri munsi nko kwimakaza umuco wawe aho gusamira hejuru umuco w’abazungu.
Imwe muri Quartier ( Karitsiye) yiyise kuri 40 iri mu Mujyi wa Nyanza ikaba izwiho kuberamo uburaya kuri uyu wa 4 Kamena 2015 yapimwemo virusi itera SIDA kugira ngo abahatuye bafashwe kumenya uko bahagaze maze bafate ingamba z’ubwirinzi.
Abanyamuryango ba Sacco Baturebereho Ruhango, mu Karere ka Ruhango, na bo ngo ntibumva impamvu ingingo ya 101 mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda itahinduka, kandi Abanyarwanda ubwabo ngo baramaze guhinduka, haba mu iterambere no mu myumvire.
Kva kuri uyu wa 03 Kamena 2015 umusore witwa Mbabazi Innocent utuye mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kwiba inka y’umuturage.
Ba nyir’ikigo cyitwa Super Décor Ltd bararegwa uburiganya bukabije bwo kutishyura umusoro ku nyongeragaciro witwa TVA urenga miliyari 1.4 y’amafaranga y’u Rwanda, bakoresheje guhimbira ibindi bigo bizwi inomero ziranga ubucuruzi zitwa TIN, bakabeshya ko ari bo bakiriya baguzeho ibicuruzwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Shangasha Ndejeje Pascal ari mu maboko ya polisi ikorera mu karere ka Gicumbi, akekwaho ibyaha byo kugurisha isambu y’abasigajwe inyuma n’amateka akagurisha n’ishyamba rya leta mu nyungu ze.
Umunyarwenya Anne Kansime ukomoka muri Uganda yageze i Kigali aho aje mu gitaramo azakorera muri Serena kuwa gatandatu tariki 6 kamena aho azaba ari kumwe na Arthur Nkusi na Kigingi uturutse mu Burundi.
Kuri uyu wa 04 Kanama 2015, ahagana mu ma saa munani z’urukerera abanyerondo babiri bakomerekejwe n’abaforoderi mu Mudugudu wa Cyonyo, Akagari ka Bushoga ho mu Murenge wa Nyagatare akarere ka Nyagatare.
Umuhanzikazi Young Grace nyuma yo gufatwa na Polisi ya Gisenyi (Police Station) aho yafatiwe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, kuri ubu yamaze gushyikirizwa Polisi ya Nyamirambo aho agomba guhita ashyikirizwa Parike.
inzu y’ubucuruzi y’uwitwa Kalisa Eugene iherereye mu murenge wa Kabarore, Akagari mu karere ka Gatsibo yafashwe n’inkongi y’muriro irashya irakongoka na bimwe mu bikoresho n’ibicuruzwa byarimo bikangirika.
Abanyamuryango 84 bagize Koperative y’Abarobyi mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, COPEDUJA, barasaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yahindurwa maze Perezida Kagame akongera kwiyamamaza ngo kubera agaciro n’ibyiza yagejeje ku Banyarwanda n’abakora umwuga w’uburyobyi by’umwahiriko.
Abarobyi bakora umurimo wo kuroba mu biyaga bya Sake,Mugesera na Birira barasabwa kuroba ku bwinshi ifi zo mu bwoko bw’imamba kuko izifi zibangamiye umusaruro w’ifi za “Terapiya” zikunzwe cyane ku isoko zanatewe muri ibi biyaga.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abanyamadini bo mu karere ka Burera kujya bubaka insengero babanje kubimenyesha ubuyobozi bw’akarere, kugira ngo habeho ingenzura birinde kubaka insengero zidafite ubuziranenge.
Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, inzu Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwahoze bukoreramo izwiho kuba yari Biro ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ku bwa Habyarimana Juvenal ndetse n’iyo Rwanda Revenue Authority mu gihe gishize yakoreragamo barimo kuzisenya ngo hakaba hagiye gushyirwa inyubako ya Equity Bank.
Abatuye mu murenge wa Mutenderi mu karere ka Ngoma, umurenge ufatwa nk’uw’icyaro barasaba ubuyobozi kubegereza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, kugira ngo nabo bibafashe kwiteza imbere nyuma y’uko bigaragaye ko abize aya mashuri batakabura.
Perezida Kagame yatangaje ko ishyaka ritavuga rumwe na leta iriho rya Green Party, rifite uburenganzira busesuye bwo gutanga ikirego risaba ko ingingo y’i 101 ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu zitahindurwa kugira ngo habeho manda ya gatatu.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda biga ikoranabuhanga mu gihugu cy’Ubuhinde muri Kaminuza y’Annamalai iherereye mu Ntara ya Tamil mu Majyepfo y’icyo gihugu bahamya ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze uburezi butarobanura bakabishingira basaba ko yakomeza kuyobora u Rwanda muri manda itaha.
Iguhugu cy’u Rwanda mu mupira w’Amaguru cyamaze gusubira inyuma ho imyanya 21 ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwasohotse kuri uyu wa 04 Gicurasi 2015, aho rwavuye ku mwanya wa 73 rukajya ku mwanya wa 94.
Abaturage 270 bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bahawe akazi ko kongera inzira y’amazi y’umugezi wa Susa uvuka mu gihe cy’imvura bamaze amezi ane bakora umunsi ku wundi ariko bategereje amafaranga bakoreye none amaso yaheze mu kirere.
Ubuyobozi bw’intara y’amajyepfo bwasuye ibikorwa by’abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamagabe, mu rwego rwo kurushaho gusangira amakuru no kunoza imikoranire kugira ngo umuturage n’igihugu birusheho kugera ku iterambere.
Umuhanzikazi Grace Abayizera wamenyekanye cyane ku mazina y’ubuhanzi ya Young Grace, kuri ubu ari mu maboko ya polisi kuri Police Station ya Gisenyi mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ashinjwa gutanga sheki itazigamiye.
Guverineri w’Uburasirazuba Uwamariya Odette arasaba abaturage bo mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza gukora cyane, “buri wese agakora neza ibyo akora kandi akabikora cyane kuko ari cyo cyerekezo Perezida Kagame afitiye Abanyarwanda.”
Abakinnyi 29 bamaze guhamagarwa n’umutoza w’ikipe y’igihugu, Amavubi, Jonathan McKinstry mu rwego rwo kwitegura umukino w’amajonjora y’igikombe cy’afurika cya 2017 uzahuza U Rwanda na Mozambique tariki ya 14/06/2015 mu mukino uzabera i Maputo.
Inyigo y’Ikigo gishishikariza abikorera gukoresha Umutungo Kamere mu buryo Bunoze (Rwanda Cleaner Production Center/RCPC), igaragaza ko ibigo 20 amafaranga y’u Rwanda byahombye akabakaba miliyari imwe mu myaka itanu ishize.
Ikigo gishinzwe Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) kiratangaza ko umucuruzi ucuruza ntahe abakiriya inyemezabuguzi (Factures), aba yiba imisoro yagombaga kujya mu isanduku ya Leta, kuko ngo nta cyizere kiba gihari cy’uko azayitanga.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gukatisha itike yerekeza muri 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro nyuma yo Gutsinda Ikipe ya Gasabo United ibitego bitatu ku busa byose byinjiye mu gice cya kabiri.
Abaturage bo mu Murenge wa Muko, Akarere ka Musanze bangirijwe n’imyuzure y’amazi yavuye mu Birunga tariki 26 Gicurasi 2015 bashimye inkunga y’ibikoresho byo mu rugo bashyikirijwe n’umuryango utabara imbabara, Croix Rouge, ariko ngo ni igitonyanga mu nyanja mu gihe bakeneye n’ibyo kurya n’uburyo bwo kubaka ahandi (…)
Mu gihe abahanzi bahatanira amarushanwa ya PGGSS5 ku wa 6 Kamena 2016 bazerekeza mu Karere ka Gicumbi muri ayo marushanwa, Active Group bo kuri ubu bari muri ako karere gusangiza abafana babo ibyo babahishiye kuri uwo munsi.
Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu rwateye utwatsi icyifuzo cya Bahame Hassan, wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, cyo kuburana ari hanze kuko uwo bareganwa ngo wafatanywe igihanga na we yafunguwe, rwemeza ko akomeza kuburana afunzwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, na bamwe mu bakozi b’akarere kuri uyu wa 2 Kamena 2015 ubwo bari bagiye gukemurayo ibibazo by’abaturage mu Murenge wa Nyagisozi bakiriwe n’amaganya ya bamwe mu baturage babasaba kubakiza umugabo bavuga ko yigize indwanyi muri ako gace wahigize.
Bitungwa Jibril w’imyaka 45 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi poste ya Karangazi guhera kuri uyu wa 01 Kamena 2015 ashinjwa gutema Zimarimbeho Assuman, Umuyobozi w’umusigiti muri santere ya Karangazi amukekaho kumusambanyiriza umugore.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko umuti Leta y’Ubumwe yabavugutiye n’ubwo waruraga cyane bihanganye bakawunywa ukaba ari wo watumye bagira amahoro kuko babashije kwiyunga n’ababahemukiye.
Mu karere ka GIcumbi hamaze iminsi ibiri nta muriro w’amashanyarazi uharangwa, none byagize ingaruka ku mitangire ya serivisi zitandukanye zikoresha umuriro w’amashanyarazi zahagaraye
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iIerambere (RDB), cyahuguye abakozi ba Pariki y’Igihugu ya Nyungwe mu nzego zose ku kunoza umurimo bihereyeho ubwabo, bashyira hamwe kugira ngo bazashobore no kwakira neza ababagana.
Ku ishami rya Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba, hafungiye abantu 16 bakurikiranweho ubujura bw’inka bwakorewe mu bice bitandukanye by’iyi ntara, by’umwihariko mu turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza.
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Koperative Umwalimu Sacco, Nzagahimana Jean Marie Vianney, mu muhango wo Gushyikiriza ikigega Agaciro miliyoni mirongo ine ( 40,000,000) wabaye kuri uyu wa 2 Kamena 2015, yatangaje ko gutanga bidaturuka ku bwinshi bw’ibintu umuntu afite, ahubwo bituruka ku bukire bw’umutima w’umuntu.