Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero Rucagu Boniface, yemeza ko ubwitange ari bwo bwaremye u Rwanda, burarubohora, burarwubaka buruhesha n’agaciro.
Umuhanzi Alpha Rwirangira, yasoje amasomo y’icyikiro cya kabiri cya kaminuza mu bucuruzi ariko yiyemeza ko atazigera areka umuziki.
Abahesha b’inkiko 100 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, basabwe kudasiganira kurangiza imanza kuko biri mu bizitinza.
Impuguke ziteraniye mu rwanda ziga ku kibazo cy’ubucye bw’urubyiruko muri politiki, ziratangaza ko zizafata imyanzuro ijyanye n’uburyo umubare warwo wazamuka.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahuguye amakoperative akorera mu karere ka Rubavu kuwa 04 Ukuboza 2015.
Minisitiri ushinzwe gucunga Ibiza no gucyura Impunzi, Seraphine Mukantabana, yashyikirije amazu 5 Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo.
Kuva tariki 03 Ukuboza 2015 u Rwanda ni umunyamuryango wa 12 w’ikigo cya Africa cy’ishoramari, AFC nk’uko icyo kigo cyabitangaje.
Binyuze mu matsinda y’ibimina, imidugudu n’ibigo nderabuzima byabaye indashyikirwa mu gutanga mituweri byashimiwe mu nkera y’imihigo n’ubuyobozi bw’akarere ku bufatanye na Partners in Health.
Mu Munsi Mpuzamahanga w’Abafite Ubumuga mu Karere ka Musanze, havuzwe ko umushinga wo kubafasha kwiga wamaze kwemezwa hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bafite.
Abafite ubumuga batangaza ko bafite ubumenyi mu myuga itandukanye, ariko bamwe muri bo babura ubushobozi bwo kubushyira mu bikorwa.
Abafite ubumuga bo mu Murenge wa Huye bibumbiye muri koperative ihinga ikawa bahize kuzaba bafite uruganda rutunganya kawa muri 2018.
Kagande Sirivani na Mukasikubwabo Immaculée bo mu Murenge wa Mpanga barashima byimazeyo abagiraneza babafashije nyuma y’imyaka 14 barwaje umwana.
Umuhanzi Ndayisenga Flavien, uzwi ku izina rya The Pax Masunzu, avuga ko byamusabye guhimba ibinyoma ngo abashe gutereka umusatsi binatuma atega amasunzu.
Ibikorwa byasizwe byubatswe na Padiri Sylvain Bourguet birimo ikiraro gihuza Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyakabanda n’imiyoboro y’amazi birimo kwangirika kubera kutitabwaho.
Abakunzi b’isambaza zo mu kiyaga cya Kivu ntibishimira igiciro cyazamutse kikagera ku 2000Frw ku kilo, bavuga ko kitorohera buri wese.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rusizi barasaba bagenzi babo bagisabiriza kubireka bakihesha agaciro, bihangira imirimo ibasha kubatunga.
Abaturage bo mu kagari ka Mubuga, umurenge wa Kibeho muri Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’umugore witwa Nyirahirwa Claudine uhora arwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko badashobora kwishyura rwiyemezamirimo wakoze umuhanda Kabari-Kabuhanga, atabanje kwishyura ababaturage yakoresheje mu gukora uyu muhanda.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside AVEGA Agahozo, urizihiza imyaka 20 umaze ubayeho, ukishimira ko abanyamuryango bawo bahagaze kigabo mu ngo zabo.
Umunyarwandakazi Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless wegukanye PGGSS5 yashyizwe ku rutonde rw’abazitabira Kora Award 2016.
Kuri Sitasiyo ya Police ya Kibungo hafungiye imodoka yafashwe ipakiye urumogi abari bayirimo bagahita bayisohokamo biruka.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Kayonza barashima Leta kuko ikora ibishoboka ngo batere imbere ariko bagatunga agatoki zimwe mu nzego ko zikibakorera ivangura.
Mu gihe bimenyerewe ko ahantu hatandukanye uhasanga abamugaye basabiriza, mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko hp bimaze gucika.
Abagize Komite z’Abunzi mu mirenge igize Akarere ka Ngoma bahawe amagari ngo ajye abafasha mu ngendo bajya kunga abagiranye amakimbirane.
Abaturage bo mu Kagari ka Mubuga,Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’umugore witwa Nyirahirwa Claudine bavuga ko abakubita.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST), iratangaza ko leta icunze neza imitungo yasizwe na beneyo kandi bakaba bayisubizwa mu gihe baramuka babonetse.
RRA yafashe abakekwaho gushaka kunyereza imisoro ya miliyoni 70Frw, bakoresheje akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) k’umucuruzi wo mu mujyi wa Kigali.
Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu rwanda berekeje i Nkumba mu Karere ka Burera mu itorero ry’igihugu rizamara iminsi irindwi.
Nyuma yo kunganya igitego 1-1 na Sudan,Amavubi yasezereye Sudan kuri Penaliti,aho azakina umukino wa nyuma na Uganda
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Nyabihu bavuga ko amakusanyirizo yabyo yahesheje agaciro umusaruro anaca abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi.
Umukobwa witwa Ruth Ndacyayisenga yatomboye miliyoni mu irushanwa rya Tigo, nyuma y’ibyumweru bitatu gusa atangiye gukoresha umurongo wayo.
Imbwe mu miryango yo mu Karere ka Nyagatare, iracyafata ababana n’ubumuga nk’imburamumaro mu muryango, mu gihe bo bavuga ko bashoboye.
Nyuma y’ubwitabire budasanzwe bwaranze Tour du Rwanda 2015,Kigali today yegeranije amwe mu mafoto agaragaza ubwitabire kuva ku munsi wa mbere kugeza ku wa nyuma
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko umuntu wese wanga gukora agashaka kwiba iby’abandi nta mabazi azagirirwa.
Indwara z’amaso ni zimwe mu ndwara 6 zikunda kugaragara ku bivuriza mu Bitaro bya Kibogora baturutse mu mu Karere ka Nyamasheke ndetse n’ahandi.
Mu rwego rwo gukumira impanuka, Polisi y’u Rwanda ivuga ko imodoka z’inyamahanga ziza mu Rwanda zigomba kuba zarakorewe contrôle technique.
Umusore witwa Iraguha Simplice afungiye kuri polisi ya Ruhango, akurikiranyweho kwiyita umukuru w’ingabo akambura amafaranga Akarere ka Ruhango.
Abatuye umudugudu wa Kabahushi mu Murenge wa Murama akarere ka Ngoma, wakusanije miliyoni 2Frw bigurira matera n’amashyiga agezweho ya cana rumwe.
Ababaruramari 922 mu gihugu hose bari gukora ibizamini, bibashoboza kuba abanyamwuga no kwirinda ibihombo mu bigo bakorera.
Urwego rw’umuvunyi rwahuje abayobozi b’ingeri zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo basobanurirwa ingaruka ziri mu guhishira ruswa n’akarengane.
Umwana w’imyaka 10 wo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Tumba yishe murumuna we w’imyaka 5
Miss Erica Urwibutso Nyampinga w’Ibidukikije mu Rwanda (Miss Earth Rwanda), yabuze ubushobozi bwo kwitabira irushanwa rya Miss Earth ku rwego rw’isi.
Abakinnyi 20 bazatorwamo umukinnyi witwaye neza mu mukino w’amagare mu mwaka wa 2015 bamaze gutangazwa,barimo Abanyarwanda 3
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) n’ubuyobozi bw’uturere ntibavuga rumwe ku buryo bushya bwo gukusanya imisoro n’amahoro ugereranyije n’uko uturere twayikusanyaga.
Abana biga babifashijwemo n’Umuryango Imbuto Foundation, bavuga ko bahawe ubufasha batari babwiteze, none ngo bazawitura bazafasha Abanyarwanda bakeneye gufashwa.
Mu Ntara y’Iburengerazuba haravugwa ubwoko bwa ruswa isabwa abahabwa inka muri gahunda ya Girinka izwi ku izina ry’Ikiziriko.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Icyicaro gikuru cy’Ishuri Rikuru ry’Afrika ry’Ubumenyi mu Mibare (AIMS), guhera mu mwaka utaha wa 2016, kigiye kwimurirwa mu Rwanda kivuye muri Afurika y’Epfo.