Umugabo witwa Butera Desire wo mu karere ka Rubavu aguye mu mpanuka y’imodoka imutaye mu Kivu, ubwo yaturukaga ku mupaka munini yerekeza mu mujyi wa Rubavu, mu masaha y’isaa tanu zo kuri uyu wa gatatu tariki 3/6/2015.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Kirambi ko mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza, Ndahimana Théogène, yatawe muri yombi na polisi akuriranyweho kwigabiza ishyamba rya leta akaritemesha atabiherewe uburenganzira.
Uwiringiyimana Divine w’imyaka wabarizwaga mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati ho mu karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ahita apfa.
Bamwe mu baturage bakoze imirimo itandukanye yo kubaka igice cya mbere cy’isoko rya Kivuruga, barishimira ko haricyo byabafashije mu kwiteza imbere kuko amafaranga bakuyemo yabagiriye akamaro.
Nyuma yo kubona umuterankunga w’umudage,igakora urugendoshuri mu budage, ikipe ya Rambura Women F.C ifite icyizere cyo kuzitwara neza aho iyi kipe ivuga ko izagera kure hashoboka mu bihe biri imbere,nyuma yo kubona umuterankunga uyitaho muri byose ikenera.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze barashima ko SACCO Abihuta Kinigi yabafashije kubona inguzanyo zo gushora mu buhinzi n’ubucuruzi babasha kwiteza imbere.
Mu rwego rwo kwibuka Abasportifs (Abakinnyi, Abatoza, Abafana ndetse n’Abayobozi b’Amakipe atandukanye) bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda bateguye irushanwa rizitabirwa n’ibihugu bine kuva taliki ya 06 kugeza 07/06/2015
Bamwe mu badepite bagize EALA(East Africa Legistrative Assembly)basuye impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama kuri uyu wa 02 Kamena 2015 bababazwa n’ubuzima impunzi zibayemo bitewe n’amakimbirane abera mu gihugu cyabo.
Abaturage bahagarariye abandi mu karere ka Gasabo bashyikirije inteko ishinga amategeko y’u Rwanda impapuro 90,564 z’abaturage, basaba ko ingingo ya 101 y’itegeko nshiga igena umubare ntarengwa wa manda z’umukuru w’igihugu yavugururwa Perezida Paul Kagame akabasha kongera kwiyamamariza manda ya gatatu.
Mu kwakira umusanzu ungana na miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda yatanzwe na Koperative Umwarimu SACCO, Ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) cyahise cyizeza abarimu bafite imishinga ibyara inyungu, ko nabo bazahabwa igishoro cyo kwiteza imbere.
Abarwaza ndetse n’abarwayi barwariye mu Bitaro bikuru bya Kibungo baravuga ko batorohewe n’ubuzima kubera isuku nke ihari yatewe n’abakozi 73 ba kompanyi “Prominent General Services” bakoraga isuku muri ibi bitaro barahagaritse imirimo kuva kuri uyu wa 01/06/2015 kubera kudahembwa.
Ahagana mu ma saa kumi n’igice kuri uyu wa 01 Kamena, mu Mudugudu wa Gasinga, Akagari ka Gasinga ho mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, Nshimiyimana Emmanuel w’imyaka 17 yuriye ipoto y’umuriro w’amashanyarazi aragwa arapfa.
Mu gihe muri Kaminuza yigenga “Rusizi International University” havugwa amakimbirane ngo akomoka ku bwumvikane buke hagati y’abayishinze, Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burabasaba kurangiza ibibazo bafitanye kuko ngo byangiza ireme ry’uburezi bikanatuma abarimu badahembwa.
Abashumba baragirira mu ishyamba rya Gishwati bo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Nyabirasi ho mu Karere ka Rutsiro bivugwa ko bakubise umuntu agapfa none 10 muri bo bamaze gutabwa muri yombi na Polisi mu gihe abandi 4 bagishakishwa.
Abagororwa 1724 bibumbiye kuri Club y’ubumwe n ubwiyunge muri Gereza ya Rubavu basabye ko ingingo ya 101 yo mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ihindurwe Perezida Kagame ashobore kongera gutorwa n’Abanyarwanda.
Umugabo witwa Habamenshi Augustin uzwi ku izina rya Pasiteri wari utwaye imodoka ipakiye imbaho yo mu bwoko bwa Fuso yagonze amazu y’ubucuruzi aherereye mu Kagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo ho mu Karere ka Rutsiro acibwa na ba nyir’amazu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800 ngo babashe gusana ibyangiritse ariko kugeza (…)
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera batangaza ko kaminuza mpuzamahanga igiye kubakwa mu karere kabo izazamura iterambere ry’abahatuye kuko izatanga akazi, igure umusaruro w’abaturage kandi inafashe abajyaga kwigira kure.
Guhera mu gihembwe cy’ihinga gitaha cya 2015A kizatangira mu kwezi wa Cyenda, amafumbire mvaruganda yifashishwaga n’abahinzi azava ku bwoko butatu bwari busanzwe bumenyerewe agere ku 10.
Mbabazi Francois Umuyobozi w’ Akarere ka Ruhango, atangaza ko bagiye gushyira ingufu mu kwishyuza ibyangijwe muri Jenoside, ndetse bakanavugurura urwibutso rwa Jenoside ruhubatse. Yabitangaje mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 21 Abatutsi bazize Jenoside muri aka Karere.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke bakomeje guterwa impungenge n’abana babo cyane cyane abageze mu gihe cy’ubugimbi n’ubwangavu bakomeje kuburirwa irengero bakazabumva bivugwa ko bagiye mu mijyi nka Rusizi cyangwa Kigali gukora ubuyaya cyangwa ububoyi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, buravuga ko bwamaze guhitamo inzira yo guteza imbere imikino, nk’uburyo bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko.
Kuri uyu wa 01 Kamena 2015 urubyiruko 20 ruhagarariye abandi mu Murenge wa Gatore rwasoje amahugurwa y’icyumweru yateguwe n’umuryango wa JOC ajyanye na gahunda yo gutegura imihigo, kuyisuzuma no kuyishyira mu bikorwa mu kuzamura iterambere ry’igihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Ruhango Mbabazi François Xavier, avuga ko ibyagezweho mu kwezi kwahariwe kurangiza imanza zishingiye ku mitungo yasahuwe n’iyangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ari ibyo gushima.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhang, Nsengimana Philbert, asaba ba rwiyemezamirimo n’Abanyarwanda muri rusange cyane cyane urubyiruko kwitabira gukoresha imbuga Nkoranyambaga, kuko ubu ngo bimaze kuba igishoro.
Cogebanque, mu mpera z’iki cyumweru, yateye inkunga igikorwa cyo gukusanya inkunga yo gufasha abatishoboye batandukanye, barimo imfubyi, ibitaro, amashuri n’ibindi.
Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa 1Kanama 2015, yungutse abapolisi bato 1148 barimo ab’igitsina gore 181, binjijwe muri uyu mwuga nyuma y’amahugurwa y’ibanze abinjiza mu gipolisi cy’u Rwanda bari bamazemo amezi 7 mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi riri i Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Hashize iminsi itanu icyuma cyifashishwa mu gusuzuma abagore batwite n’abandi bose bafite ikibazo cyo munda (échographie) cyibwe nyuma y’ibura rya moto yifashishwa mu bitaro na mudasobwa ebyiri zifashishwa muri serivisi ya mituweri.
Anita Pendo, umushyushyarugamba w’umunyamakuru ndetse na Dj ndetse akaba anafite n’izindi mpano zitandukanye, aranyomoza amakuru ari kumuvugwaho ko ngo yaba agiye gukora ubukwe na Senderi ndetse agahamya ko ababivuga ari ababa bagambiriye kumusebya.
Guhera kuri uyu wa 31 Gicurasi 2015, Habineza Aloys wo mu Mudugudu wa Ruhuha 1 mu Kagari ka Bushoga ho mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho kwiba inka ariko agafatwa ntacyo yari yageraho.
Ubwo kuri uyu wa 31 Gicurasi 2015 ahitwa i Mpare ho mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibukaga ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 11800 y’abatutsi bahiciwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanjongo bashinja urusengero rwa “Des Amis” kubaca amafaranga babizeza ko abana babo bazajyanwa kwiga mu mushinga witwa Compassion bikarangira bidakozwe ahubwo amafaranga batanze akubakwamo urusengero.
Abanyabukorikori bakorera mu gakiriro kari mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save muKkarere ka Gisagara barasaba gufashwa kubona imashini zibaza n’izisudira zijyanye n’igihe kugira ngo bakore ibintu byiza bibereye isoko.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko gushyingura mucyubahiro imibiri y’ababo bishwe muri Jenoside ari ukubasubiza icyubahiro bambuwe n’ababishe.
Ikipe y’abakobwa n’abahungu zo mu Karere ka Muhanga zigeze ku mikino ya Nyuma mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, nyuma y’imikino yabaye muri weekend i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Nyandwi Protegene, umuturage wo mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, yatumye abayobozi bahagarariwe n’umuyobizi w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwari Alphonse, ko bagomba kugenda bakabasabira Inteko Ishingamategeko, guhindura ingingo 101 yo mu Itegoko Nshinga, kuko ngo nta wundi babona uzababera umubyeyi nka Perezida Paul (…)
Uwahoze ari umuyobozi w akarere ka Rubavu Bahame Hassan, ukurikiranyweho icyaha cyo kwaka no kwakira Ruswa, yasabye kuburana ari hanze, nyuma uko Kayitesi Judith bareganwa afunguwe kubera yabyaye abazwe.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kubitiro, Akagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe n’igikuku kiri hafi y’ingo zabo kuko ngo kijya kinahitana ubuzima bw’abantu.
Nyuma y’ibiganiro bimaze umwaka bitangiye hagati y’Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’ubwa Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), iyi kaminuza yashyize itangira ibikorwa byo kwakira Abanyangororero bashaka kwiga mu mashami atandukanye ryigisha.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Uganda y’Abatarengeje imyaka 23 (Uganda Kobs), Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rishobora kurega Uganda bivugwa ko yakinishije abakinnyi barengeje imyaka 23.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Sosiyete itwara abagenzi Virunga Express ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya muri aya ma saa yine z’amanywa kuri uyu wa 1 Kamena 2015 ariko ku bw’amahirwe abarimo bose n’ibyabo byose bayisohotsemo amahoro.
Umusore witwa Mucyo Jean De Dieu ari mu maboko ya Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 3.
Urubyiruko rutandukanye rwo mu Murenge wa Bungwe, mu Karere ka Burera, rurasaba ubuyobozi bw’ako karere ko mu kigo cy’urubyiruko begerejwe bashyirirwamo za mudasobwa zizajya zabafasha kwiga ikoranabuhanga.
Abakozi b’ikigo cy’imari icirirtse cya Goshen Finance biyemeje kuba bugufi abarokotse Jenoside batishoboye b’i Mayunzwe mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango ku buryo buri mukozi w’iki kigo ngo afatamo umwe bakazajya babakurikiranira hafi bakamenye uko babayeho ndetse bakanabagira inama mu byabateza imbere.
Minisitiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Stella Ford Mugabo, ubwo kuri uyu wa 31 Gicurasi 2015, yari mu muhango wo kwibuka abahoze ari abakozi b’amaperefegitura na superefegitura byahujwe bigahinduka Intara y’Iburasirazuba, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, yasabye abayobozi n’abakozi ba Leta kwirinda (…)
Ukwezi kwa Gicurasi 2015 gusojwe, abaturage basaga miliyoni 1 n’ibihumbi 27 bo mu Ntara y’Iburasirazuba bandikiye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bayisaba kuvugurura Itegeko Nshinga, by’umwihariko ingingo ya 101, kugira ngo haveho inzitizi zibuza Perezida Paul Kagame kuzongera kwiyamamaza, kuko ngo bashaka (…)
Mu mpera z’iki Cyumweru mu mikino y’igikombe cy’Amahoro yari igeze muri 1/16, aho ikipe y’Amgaju na Marines zisanzwe mu cyiciro cya mbere zatunguwe na Vision JN na Sorwathe zo mu cyiciro cya kabiri zigahita zizisezerera.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Basketball y’abatarengeje imyaka 16 yamaze gukatisha itiki yo kwerekeza mu mikino nyafurika (Afro-Basket) izabera muri Mali mu kwezi kwa Nyakanga, nyuma y’aho Itsindiye ikipe ya Ethiopia ku manota 121-119 uteranije imikino yombi.
Abakorera muri gare ya Ngororero biganjemo abatwara abagenzi bavuga ko batishimiye uburyo ubuyobozi bw’akarere bubimura muri gare iyo gakeneye kuhakorera indi mirimo. Bavuga ko batungurwa n’uko polisi ibabuza gukoresha iyo gare kandi batategujwe mu gihe bayikodesha na nyirayo.