Abashinzwe gutanga ikoranabunga rya internet (murandasi) muri za mudasobwa, bari mahugurwa kuva tariki 04-08 Gicurasi 2015, yo kubereka uburyo bajya batanga imbuga za internet ziherwa n’akarango (domain) ka .rw, kuko ngo zo zidashobora guteza igihombo abazihawe nk’uko bigenda ku mbuga cyangwa emails ziherwa n’utundi turango.
Abarokokeye Jenoside mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe mu w’1994 baranenga abahoze ari abashumba n’abayobozi bakuru b’itorero ADEPER babatereranye ubwo bicwaga n’interahamwe, nyamara kandi Imana yarabimitse kugira ngo baragire neza umukumbi wayo.
Habinshuti Emmanuel w’imyaka 32 wo mu Kagari ka Rubirizi mu Murenge wa Nasho barakeka ko yaba yiyahuye nyuma yo gusanga umurambo we mu gishanga cya Kadamu ku nkombe z’Ikiyaga cya Cyambwe ku wa 03 Gicurasi 2015.
Umuraperi Lil G aravuga ko inzu ye itunganya umuziki (Studio) izaba yatangiye gukora mu gihe kitarenze ibyumweru bitatu n’igice.
Abaturage b’Akagari ka Mahembe mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, bagiye kumara ukwezi gusaga batabona umunyamabanaga nshingwabikorwa w’akagari kabo, Ngayaboshya Félix.
Rwiyemezamirimo ukorera sosiyete imwe mu zicukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Bwira mu Karere ka Ngororero avuga ko ubuyobozi bw’umurenge butamuha serivisi nziza, kuko yanze gutanga amafaranga yatswe ngo agire uruhare mu kubaka ibyumba by’amashuri muri uyu murenge.
Abakunzi b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bahuriye mu muryango witwa "Rwanda Arsenal Fan Club/(RAFC)", bifatanyije n’imiryango 36 yarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 iherereye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, bayiha umuganda banayigabira ihene z’amashashi 72 n’amasekurume 2.
Abaturage batuye mu Kagali ka Sakara, mu Murenge wa Murama ho mu Karere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutagira amazi meza kuva kera ndetse ko ngo batangiye kuyasaba kuva ku bwabami kugera n’ubu.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana aributsa urubyiruko ko rugomba guharanira ejo heza harwo n’ah’igihugu muri rusange binyuze mu gukunda umurimo.
Bamwe mu bapfakazi n’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, barashima ubufasha bahabwa muri iki gihe cyo kwibuka, amatungo bahawe bakaba bavuga ko bazayabyaza umusaruro.
Ijambo Jenoside ryamenywe na benshi mu w’1994 ariko ngo ryakoreshwaga mu yandi mazina bitewe n’ibikorwa by’ubwicanyi byabaye mu Rwanda, kutita ku burenganzira bwa muntu, kwangirizwa imitungo n’amacakubiri.
Abibumbiye mu makoperative y’abahinga umuceri mu Kibaya cya Bugarama bagera kubihumbi 6500 barasaba Inteko Nshingamategeko y’U Rwanda guhindura ingingo 101 yo mu Itegeko Nshinga kugira ngo bazongera bahabwe amahirwe yo kongera kwitorera Paul Kagame ngo azakomeze kubayobora muri manda itaha.
Urwego rwa DASSO mu Karere ka Muhanga rwagaragaje ko imirenge ya Nyamabuye, Shyogwe, na Muhanga ikora ku Mujyi wa Muhanga ari yo iza ku isonga mu kugira ibyaha bihungabanya umutekano.
Abakozi n’abayobozi b’ikigo R Switch basuye, kuri uyu wa 1 Gicurasi 2015, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Mudugudu wa Nyagatovu mu Kagari Kayumba mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera babaha inkunga irimo ibiryamirwa, amatungo na mituweri.
Abashinzwe umutekano mu midugudu igize umurenge wa Kinihira uko ari 40, bashyikirijwe telephone zizajya zibafasha m ugutangira amakuru ku gihe, bityo bigatuma habaho imikoranire myiza n’izindi nzego bafatanya mu kazi buri munsi.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abahinzi b’ibirayi kongera umusaruro bakura kuri hegitari bifashishije inyongeramusaruro, kuko umusaruro babona ari muke ugereranyije n’uwo bakwiye kubona.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rwamagana bibumbiye muri Koperative “Abishyize hamwe” basana inkweto bagakora n’ibindi bikorwa by’ubukorikori, batangaza ko gutinyuka bagahanga umurimo byatumye babasha kwibeshaho neza mu miryango yabo ndetse bagahamya ko umuntu ufite ubumuga na we ashobora gukora imirimo imuteza imbere.
Abakoresha na ba rwiyemezamirimo muri rusange, mu Karere ka Nyamagabe, barasabwa kujya basinyisha amasezerano y’akazi abakozi babo kugira ngo bifashe umukozi kwishyurwa ku gihe kandi binakumire bamwe mu bukoresha bambura ababa bakoreye.
Abagide (guides) baturutse mu bihugu by’Afurika bivuga igifaransa bateraniye mu Rwanda mu biganiro bibakangurira kwitinyuka. Ubu buryo ngo burabafasha kuzavamo abayobozi bashoboye, nk’uko bamwe babitangarije Kigali Today.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Léandre Karekezi arasaba abakozi b’aka karere guhora bibuka ko abaturage aribo bakoresha babo b’ibanze bityo bakabaha serivisi nziza, kandi agahamagarira buri wese kuba indashyikirwa mu kazi ke.
Mu ijoro ryo ku wa 01 Gicurasi 2015, inkuba yakubise abantu babiri bahita bitaba Imana mu Mudugudu wa Bwanga, AKAGARI ka Musenyi, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare.
Umugore witwa Juliette Mukakabanda avuga ko iyo ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zidahagarika Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, bamwe mu batarahigagwa bari barashatse mu batutsi nabo baba barishwe kuko umugambi w’abicaga kwari ukumaraho abatutsi n’abafitanye nabo isano.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Mbabazi Rosemary arasaba urubyiruko rwo mu Karere ka Huye guharanira kwishakamo ibisubizo, rukabyaza umusaruro amahirwe rufite rugamije kwigira.
Mu rwego rwo kurwanya ingeso z’ubuharike n’ubushoreke, mu karere ka Ngororero umugore n’umugabo bagaragaye ko babanye ku buryo butemewe n’amategeko bacibwa igihano cy’amafaranga ibihumbi 10 ku mugabo n’ibihumbi 10 ku mugore ndetse ubuyobozi bukanabatandukanya ntibakomeze kubana.
Mu myaka ishize ingeso y’uburaya niy’ubuharike zari zimaze kugenda zigaragara mu duce dutandukanye tw’igihugu. Izo ngeso uko ari ebyiri zikaba zarabaga intandaro y’ihohoterwa urugomo ndetse no kwicana bya hato na hato mu miryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku arasaba abakozi kujya bashyira gahunda mu kazi bakubahiriza amasaha y’akazi ariko bakanibuka ko gukora amasaha y’ikirenga bishobora kwangiza akazi aho kugakora neza.
Abakora imirimo inyuranye mu karere ka Rusizi bamaze gutera intambwe barasabwa kujya batanga ubuhamya bwaho batangiriye, kugira ngo bitere imbaraga nabandi bakiri hasi bityo nabo bakore bafite icyizere cyo gutera imbere.
Kuri iki cyumweru ikipe igizwe ahanini na bamwe mu bayobozi b’igihugu cy’ u Rwanda iraza gukina umukino n’ikipe y’abanyamakuru b’imikino mu Rwanda (AJSPOR FC), umukino ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuri iki cyumeru guhera Saa Tatu za mu gitondo.
Abasirikare, abapolisi n’abasivili 15 bitabiriye amahugurwa ku kurinda umwana mu bihe by’intambara, bakangurirwa kuzaharanira ko ibyo byabaye ku bana b’Abanyarwanda bitazongera kubaho ukundi yaba muri Afurika n’ahandi ku isi.
Abakozi b’akarere ka Kamonyi ku nzego zitandukanye bifatanyije n’abayobozi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo, basubiza amaso inyuma bareba imigendekere y’akazi, bageza ku buyobozi bw’akarere imbogamizi bahura nazo mu kazi barebera hamwe uburyo bwo kubikemura.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko cyagize uruhare mu guhashya inzara yatumaga abaturage bo bice bimwe na bimwe by’u Rwanda basuhukira mu tundi turere no mu bihugu bidukikije.
Bamwe mu barobyi n’abayobozi b’impuzamakoperative y’abarobyi mu Rwanda baratangaza ko kuba iri huriro ryabo ridatera imbere bituruka kuri bamwe muri bagenzi babo batitabira gutanga imisanzu yo kuriteza imbere kandi ari ryo ribakorera ubuvugizi.
Jeannette Nikuze utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye ari naho yari atuye mbere ya Jenoside, avuga ko atinya kurira bisi ya Onatracom kubera ko abo yabonye bayurijwe mu gihe cya Jenoside babaga bagiye kwicwa.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite abantu babo biciwe kuri Komini Rouge yari iri mu karere ka Rubavu, bavuga ko hari abantu babo batarashobora kubona ngo bashyingurwe mu cyubahiro kandi barajyanywe kwicirwa Komini Rouge.
Ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 23 yongeye guhamagarwa, aho abakinnyi umunani bari bahagaritswe kubera ibibazo by’ibyangombwa bongeye kutagaragara ku rutonde ruzakina umukino wo kwishyura na Somalia taliki ya 09 Gicurasi 2015
Umuyobozi wa Seminari nkuru ya Kabgayi, Padiri Kayisabe Védaste aratangaza ko kuba hari abakozi bakora bafite akajagari mu kazi ari byo bituma batagera ku musaruro ushimishije.
Ku wa 30 Mata 2015, urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwakatiye Kalisa Christophe, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu gufungwa by’agateganyo iminsi 30, kugira ngo ubushinjacyaha bukusanye ibimenyetso bigaragaza uruhare yagize hamwe nabo bari bafatanyije mu kwegurira ABBA Ltd isoko rya Gisenyi mu buryo (…)
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamabuye mu Karere ka Bugesera hafungiwe abagabo babiri bafatanywe amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi icumi (1,200,000FRW) y’amahimbano barimo kuyavunjira Abarundi barimo guhungira mu Rwanda.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), ibigo biyishamikiyeho ndetse na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), bavuga ko batewe impungenge n’uko Jenoside yakorewe abatutsi ikomeje gukorwa binyuze mu mvugo n’ingiro zo kuyipfobya, kuyihakana ndetse no kugoreka amateka yayo.
Kubera umusaruro ngo bagaragaje mu gukemura amakimbirane mu baturage, Umuryango ukora ibijyanye no guhosha amakimbirane, Search For Common Ground, kuri uyu wa 30 Mata 2015 washyikirije ibikoresho abunzi bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bizabafasha mu kurushaho kunoneza no kwihutisha akazi kabo.
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ku itariki ya 29 Mata 2015, muri kaminuza ya Tilburg mu Buholandi habereye ikiganiro ku nsanganyamatsiko igira iti “it is not fair, how do we deal with injustice” ugenekereje bishatse kuvuga ngo “Ntibikwiye kugenda uku, ese twakira akarengane dute”.
Robert Mugabe, umukozi wa banki y’abaturage, Agashami ka Kanama gaherereye muri santere ya Mahoko mu Karere ka Rubavu, arakekwaho kwiba amafaranga ya banki abarirwa muri miliyoni 11 n’ibihumbi 900 (11,900,900 FRW).
Abagize Ihuriro ry’Ibigo by’Imari (AMIR) bikorera mu turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi ku wa 30 Mata 2015 maze nyuma yo kwirebera amasanduku ashyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 47 by’abatutsi bashyinguyemo, batangaje ko ibyo babonye bihagije mu kugaragaza ukuri kwa Jenoside (…)
Umuyobozi w’umudugudu n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Murama, Akarere ka Ngoma, hamwe n’itsinda ry’abantu 10 ryari ku irondo, bahamijwe icyaha cy’“ubufatanyacyaha mu iyica rubozo” mu rupfu rwa Rwakirenga Noah wakubiswe n’irondo bikamuviramo urupfu.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho myiza y’abaturage, ku wa 29 Mata 2015, umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda wamurikiye abaturage umuyoboro w’amazi ureshya n’ibirometero 13 mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza.
Kuri uyu wa 30 Mata 2015 Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Mukeshimana Gerardine, yasuye Akarere ka Rutsiro ngo mu rwego rwo kureba uko gahunda y’igihembwe cy’ihinga Saison B 2015 kigeze maze anenga abayobozi bategera abaturage ngo babakangurire guhinga no korora kijyajyambere.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari bacumbikiwe mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa 30 Mata 2015, bimuwe aho bari bacumbikiwe mu Nkambi ya Ruhuha iherereye mu Murenge wa Kabarore, batwarwa gutura mu mirenge itandukanye bubakiwemo.