Mu gihe mu Karere ka Nyaruguru hagaragara ababyeyi bakivuga ko imirire mibi igaragara ku bana babo iterwa ahanini n’ubukene bubugarije, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) kivuga ko gutegura indyo yuzuye bidasaba abayitegura kwifashisha ibintu bihenze ahubwo ko igisabwa ari uguhindura imyumvire.
Abagore batuye mu Karere ka Gakenke basanga uburyo bwo kugira ngo Jenoside kugira uruhare mu kwigisha abana babo kwirinda ikintu cyose cyabaganisha mu macakubiri cyangwa n’ibindi byose byigisha ivangura rishingiye ku moko byatuma Jenoside itazongera kubaho.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert arashima uburyo Akarere ka Kirehe kateye imbere mu ikoranabuhanga ryihuse mu bigo bitandukanye bya Leta, ariko anenga uburyo ritaragezwa ku rubyiruko no mu baturage bikaba byadindiza iterambere.
Kuri uyu wa 29 Gicurasi, abantu 28 bahagarariye abandi mu mirenge yose igize akarere ka Nyagatare bagiye mu Nteko Inshinga Amategeko y’u Rwanda/Umutwe w’Abadepite bitwaje impapuro zasinyweho n’abaturage ibihumbi 38 na 5 basaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yahinduka Perezida Kagame akemererwa kongera kwiyamamaza.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bufatanyije n’ibigo bitandukanye bikorera muri uyu murenge, bwatangije gahunda idasanzwe y’ubufatanye mu guteza imbere ibikorwa bw’umuganda rusange uba buri wa gatandatu wa nyuma wa buri kwezi.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira, yasabye abayobozi bashya b’Akarere ka Rubavu batowe tariki ya 29 Gicurasi 2015 kwirinda amarira y’abaturage kuko akungura.
Abakuru b’ ibitangazamakuru byandika basanga umuco wo gusoma ukiri hasi cyane mu Banyarwanda n’ibiciro byo mu macapiro yo mu Rwanda bikiri hejuru, ari ikibazo kibahangayikishije cyane.
Ibirori bisoza ukwezi kwahariwe urubyiruko mu rwego rw’igihugu byabereye mu Karere ka Kirehe ku wa 30 Gicurasi 2015 aho Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yafunguye ku mugaragaro ikigo cy’urubyiruko asaba ko kibyazwa umusaruro mu gukemura bimwe mu bibazo urubyiruko ruhura na byo.
Nyuma y’umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi 2015, abatuye imidugudu itandukanye igize Akarere ka Kamonyi baganirijwe ku buryo bwo gutegura imihigo n’uburyo ishyirwa mu bikorwa, banahamagarirwa gutangira gutegura imihigo y’umwaka utaha wa 2015/2016, izatangirana n’ukwezi kwa Nyakanga uyu mwaka.
Abahinzi b’umuceri bo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara bibumbiye mu mpuzamakoperative, UCORIBU, barasaba ko bahabwa inyungu ziva ku migabane baguze mu ruganda ICM rututunganya umuceri kuko ngo bitabaye ibyo nta kamaro byaba bibafitiye.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana ,yasabye urubyiruko kwizigamira ndetse no kurushaho kwirinda gusesagura mu kurushaho gutera imbere.
Nyuma y’imyaka 15 umuryango DUHAMIC ADRI uharanira amajyambere y’icyaro, ufasha abahinzi bibumbiye mu Mpuzamakoperative IMPUYABO yo mu Murenge wa Musambira, kunoza ubuhinzi bwa Soya n’ibigori, ku wa 29 Gicurasi 2015, wahagaritse ku mugaragaro ibyo wabakoreraga maze ubasaba gukoresha ubumenyi bahawe bagafasha n’abandi kwiteza (…)
Abaturage bo mu Mujyi wa Kayonza ngo basanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba atangwa n’ikigo cya Mobisol yabafasha guhangana n’ikibazo cy’icuraburindi baterwa n’ibura rya hato na hato ry’amashanyarazi asanzwe.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu rwashyize ahagaragara ibitekerezo bafite ku guhindura itegeko nshinga ingingo ya 101 ivuga ko Perezida atagomba kurenza manda ebyiri mu kuyobora, bavuga ko ridahinduwe cyangwa ngo Kagame yiyamamaze batazajya mu matora.
Ihuriro ry’Abanyeshuri ba Kaminuza yigisha iby’amahoteli n’Ubukerarugendo (RTUC) baremeye abantu 30 itifashije yo mu karere ka Kicukiro baturiye iri shuri ubwisungane mu kwivuza mu gihe cy’umwaka wose.
Kimwe mu bikorwa byaranze umuganda wabereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye, ni ukurangiza gutunganya inzu y’umukecuru Mukamusoni Esther w’imyaka 85 yubakiwe mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri no kuyimushyikiriza.
Urwego ngezuramikorere rw’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rutangaza ko rufite ibimenyetso bihagije by’ibyaha by’igitangazamakuru cy’abongereza (BBC), ku buryo ngo nyuma yo gufungirwa burundu ibiganiro byacyo mu Kinyarwanda, gishobora no gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko.
Ubuyobizi bw’akarere ka Muhanga bwari buherutse gukorana inama kuri gahunda yo kunoza umuganda hemezwa ko abatwara imodoka ku munsi w’umuganda bazafatwa bagahanwa ari nabyo byashyizwe mu bikorwa.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukinira ikipe ya Saint-Trond yo mu Bubiligi,Nirisalike Salomon yamaze kongera amasezerano y’umwaka umwe muri iyo kipe ye nyuma y’aho byavugwaga ko ashobora kwerekeza mu ikipe ya Torino yo mu cyiciro cya mbere mu Butaliyani.
Kigali Today yabahitiyemo amwe mu mafoto yaranze igikorwa cy’umuganda cyabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 30/5/2015, nk’uko abanyamakuru batandukanye bacu bari bahari bahatubereye.
Itorero “Garukurebe” ryo mu Karere ka Rwamagana ryakiranye ibyishimo impano y’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ryari ryaremerewe na Perezida Paul Kagame, nk’inkunga yo kurifasha mu ngendo zo gusakaza umuco Nyarwanda hirya no hino.
Itsinda ry’abasenateri rimaze iminsi 10 mu karere ka GIcumbi mu gikorwa cyo kugenzura imitangire ya serivisi muri aka karere, ryanenze bikomeye uburyo umujyi wa Byumba urangwa n’umwanda ndetse ukaba nta n’aho bamena imyanda ugira.
Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI) iratangaza ko mu myaka umunani ishize u Rwanda rwavuye mu murongo w’imirire mibi hafi mu gihugu hose rugera ku mirire iringanire kuri ubu, rubikesha gahunda yo kongera umusaruro kandi rukaba rwifuza kugera kure harenzeho.
Akarere ka Gasabo n’umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa (AEE Rwanda) ku bufatanye na kaminuza yo muri Hong Kong yigisha iby’ikoranabuhanga (The Hong Kong Polytechnic University) byashyikirije ingo 45 zo mu Karere ka Gasabo umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba, ku wa kane tariki ya 28 Gicurasi 2015.
Urukiko rukuru rwa Gicumbi rwahamije icyaha cyo kwiyicira umugabo Musabimana Solina wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo, maze rumuhanisha igifungo cya burundu.
Abitabiriye kongere ya 8 y’inama y’Igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Nyanza yateranye ku wa 29 Gicurasi 2015, biyemeje kuba abarinzi b’ibyagezweho mu iterambere ry’igihugu, birinda uwo ari we wese waba intandaro yo kubisenya.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) irasaba abasanzwe bafite utuduka duto tw’imiti (Comptoirs Pharmaceutiques) kuduhagarika bagakora mu mavuriro aciriritse (Poste de santé); icyakora ikaba itarabasha kubibumvisha kubera ko ngo Poste de santé zihagije bajya gukoramo.
Imihanda yo mu Mujyi wa Musanze, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabemereye ko izakorwa nyuma yo kwangirika cyane, imirimo yo kuyisana irarimbanyije, mu cyiciro cya mbere hazakorwa ibirometero bitanu byo mujyi n’ibindi 10 byo mu nkengero zawo.
Mu rwego rwo kurushaho kubungabunga ubuzima bw’umwana no guhesha agaciro cy’icyayi cy’u Rwanda mu mahanga, abafite uruhare mu guteza imbere uburezi bw’umwana barimo Abarimu, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’ababyeyi, barasabwa gukura abana mu mirimo ivunanye barimo cyane cyane mu buhinzi bw’icyayi, abakoreshwa mu ngo ndetse (…)
Kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, mu Murenge wa Cyinzuzi ho mu mu Karere ka Rulindo ,habereye umuhango wo gushyikiriza bamwe mu bacitse icumu ba Jenoside amazu bubakiwe n’itorero rya ADEPR mu Rwanda.
Amarushanwa y’akarere ka 5 k’Afrika (Zone 5)muri Karate yari ategenyijwe kubera mu Rwanda ku itariki ya 6 n’iya 7 Kemena 2015, yimuriwe ku itariki ya 7 n’iya 8 Kanama 2015 nk’uko bitangazwa na Rurangayire Guy. Umuyobozi ushinzwe Tekinike mu ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda FERWAKA.
Abakora ubuhinzi bw’umwuga bo mu Murenge wa Sake, Akarere ka Ngoma barishimira kwegerezwa imashini zifashishwa mu buhinzi ngo kuko zatumye batakirara ihinga kubera abakozi ba nyakabyizi bahingishaga amasuka, bityo bigatwara igihe kinini guhinga ubuso bunini.
Nyuma y’uko Inama njyanama y’Akarere ka Rubavu yeguje komite nyobozi y’akarere ikanirukana uwari umunyamabanga nshingwabikorwa wako tariki ya 27 Werurwe 2015, ikanashyiraho Kaduhoze Jeanne nk’umuyobozi w’akarere w’agateganyo, ku wa 29 Gicurasi 2015 hatowe abayobozi bashya.
Iteroro garukurebe ryo mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa 29 Gicurasi 2015,ryaramukiye mu birori byo kwakira impano y’imodoko yo mu bwoko bwa Coaster bagabiwe na Perezida Kagame mu buryo bwo kuborohereza urugendo bajya mu bitaramo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nubwo ikibazo cy’umwanda kireba buri wese, abagore bakwiye kukigira icyabo ku buryo bw’umwihariko, kuko ngo gisubiza inyuma agaciro bahawe na Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Itsinda ry’abasenateri ryari rimaze iminsi 10 risura ibikorwaremezo by’Umujyi wa Muhanga n’ibyaro, riravuga ko n’ubwo iterambere rigenda ryiyongera mu Karere hagikenewe byinshi byo gushyirwamo imbaraga.
Nyuma y’uko Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugabanyije amafaranga yo gukoresha bwahaga imirenge bimaze kwemezwa n’inama njyaanama y’aka karere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari ntibishimiye igabanywa ry’ayo mafaranga ngo kuko ari bo bigiraho ingaruka nyinshi mu kazi bikanabatera gukora amakosa.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bangirijwe imitungo baravuga ko n’ubwo batishyuwe ibyabo byangijwe ababikoze baramutse babasabye imbabazi bivuye ku mutima bazitanga.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mukino w’intoki wa Volleyball irakomeza mu mpera z’iki cyumweru aho amakipe ahanganiye ku mwanya wa mbere ariyo Rayon Sports na INATEK ziza kuba zisobanura mu mukino uzabera muri INATEK
Umuhorakeye Josephine, umukecuru utishoboye warokotse Jenoside yakorewe abatutsi utuye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma yashyikirijwe inzu anahabwa inka n’Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’Uburasirazuba (IPRC East).
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Isaac Bizuru Nkurikiyimana, yakatiwe gufungwa imyaka 7 y’igifungo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi ruri mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015.
Mu gihe cya saa munani z’amanywa kuri wa 28 Gicurasi 2015, ni bwo uwitwa Nizeyimana Dieudonne w’imyaka 18 ari kumwe na nyina Nyransababera batoraguye igisasu cya “60MM Mortar Gun”, ubwo bahingaga mu murima wabo, mu Mudugudu wa Kabungo, Akagari ka Cyanza mu Murenge wa Mbuye.
Nyuma y’umwaka n’amezi abiri batawe muri yombi bashinjwa gukorana na FDLR, kurwanya ubutegetsi buriho no kugambirira guhungabanya umudendezo w’igihugu, abantu 11 basabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25 naho Mukashyaka ufatwa nk’uwabajyanye muri FDLR asabirwa n’ubushinjacyaha kugabanyirizwa igihano.
Kuva mu mwaka wa 2009, mu Karere ka Kamonyi hatangiye gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bigana n’abatabufite, abana bafite ubumuga bitabiriye kugana ishuri bishimira ubusabane bagirana n’abandi kuko ngo bubakura mu bwigunge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera ndetse n’abikorera batandukanye bo muri ako karere bemeza gahunda y’ibiganiro bibahuza yatanze umusaruro haba mu bucuruzi ndetse no mu misoro yinjira mu karere.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda( BNR), John Rwangombwa, mu itangazo yashize ahagaragara kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, yavuze ko Leta y’u Rwanda yamaze kugurisha impapuro z’agaciro-faranga (T-bond) mu gihe cy’ imyaka 10 zifite agaciro ka miliyari 10 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), Umulisa Henriette, aratangaza ko abihakanaga abakobwa bateye inda bakanga gufasha abana babyaye akabo kashobotse, kuko mu Rwanda hagiye gutangira gukorerwa ibizamini bigaragaza amasano (DNA/ADN).
Abaturage benbshi ntibashinganisha imitungo yabo n’ibikorwa byabo kubera ngo nta makuru aba ahagije baba bafite ku buryo ubwishingizi bukora, kuko baba bakeka ko buhenda kandi umuntu ashobora gushinganisha ibye ku mafaranga y’u Rwanda atageze ku gihumbi.
Mufti w’u Rwanda, Kayitare Ibrahim, aravuga ko kuba u Rwanda rufatwa nk’icyitegererezo mu bindi bihugu bituruka ku buyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, agasanga ingingo y’101 y’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ikwiye kuvugururwa akongera akiyamamariza kuyobora u Rwanda.
Kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, mu Mudugudu wa Nshuri, Akagari ka Gitengure mu Murenge wa Tabagwe hatangirijwe uburyo bwo kuhira imyaka imusozi hakoreshejwe ibyuma bizenguruka bimisha amazi ku bihingwa.