Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko uwatsindiye ibintu runaka mu rukiko nta kazi kabuza umuhesha w’inkiko kubimuhesha mu gihe giteganywa n’amategeko.
Abaturage b’Akarere ka Burera basabaga koroherezwa kwambuka umupaka wa Cyanika bafite abana, bahakaniwe, basabwa kubahiriza ibisabwa n’amategeko kuko kubyoroshya ngo byatiza umurindi icuruzwa ry’abantu.
Abanyeshuri barangije muri za kaminuza zitandukanye muri EAC basaba ko impamyabumenyi zabo zemerwa ku isoko ry’umurimo nta yandi mananiza.
Abaturage bo mu midugudu ya Mujabagiro na Murwa mu Murenge wa Kagano i Nyamasheke barasaba ubuyobozi kubakemurira ibibazo mu ikorwa ry’umuhanda uva Ninzi ugana Murwa.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yo mu mirenge ya Musebeya na Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, bishimiye kubona ikoranabuhanga hafi yabo kuko byagabanyije ingendo bakoraga bajya mu mujyi w’aka karere.
Ubuyobozi bwa Komisiyo ishinzwe Kurwanya Jenoside, CNLG, buravuga ko Leta itazigera ituza mu gihe hari abakigaragaza ingengabitekerezo ya Jenosie.
Abagabo batandatu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe mu Karere ka Kirehe, bashinjwa kwiba inka.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma rurasabwa kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa, batanga amakuru ku gihe.
Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPFOF, iratangaza ko imishinga y’abagore ifite ibibazo muri BDF n’amabanki kugira ngo yemerwe kandi ihabwe inguzanyo.
Nyuma y’iminsi mike amaze mu Bwongereza, umunyarwanda Eric Dusingizimana waciye agahigo mu mukino wa Cricket ku isi, yakusanyije hafi miliyoni 140FRW yo kubaka Stade ya Cricket mu Rwanda
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu giteza Imbere Ubumenyingiro, WDA, bwatangaje ko mu Rwanda hakenewe abanyeshuri bazakemura ibibazo bigaragara ku isoko ry’umurimo.
Umuryango utegamiye kuri Leta “Transformation Leadership Center” wazanye uburyo bushya bwo guhinga mu Karere ka Gicumbi bise “Guhinga mu buryo bw’Imana”.
Abagore bo mu Ntara y’Amajyaruguru barakangurirwa kudapfusha ubusa amahirwe yo kuba mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Umuryango MasterCard Foundation, wahaye Kaminuza ya Carnegie Mellon-Rwanda, inkunga ya miliyari 7,8Frw, azafasha abanyeshuri batishoboye kwiga ikoranabuhanga.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rwo gutsura umubano n’igihugu cya Maroc, yaraye yakiriwe ku meza n’Umwami Mohamed VI.
Impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama ngo ntizitewe ipfunwe no kwitwa impunzi kuko ngo n’umwana w’Imana yahunze ashaka umutekano, bakemeza ko umutekano bahunze bashaka bawufite.
Mu nama y’inteko rusange y’umuryango FPR Inkotanyi mu Murenge wa Ngororero muri Ngororero, abanyamuryango biyemeje kwihutisha ubuvugizi ku bibazo by’abaturage.
Abanyamuryango b’ishyaka rya PSD barasabwa gushora imbaraga mu nzego z’imirenge n’utugari kuko bigaragara ko ishyaka rikora ku rwego rw’akarere gusa.
Abayobozi b’amashuri y’imyuga mu turere twa Nyagatare na Gatsibo barasaba ikigo cy’igihugu cy’ubumenyingiro WDA gukuraho urujijo mu kubona abarimu.
Musenyeri wa Diyosezi ya Nyundo, Anaclet Mwumvaneza, arasaba urubyiruko kuba abakirisitu bubaha Imana ariko bakazirikana gukora bikorwa by’iterambere.
Umushinga wa Compassion International (RWA543) wubakiye amazu 12 imiryango itishoboye yo mu Karere ka Rusizi, irimo n’iy’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ari we Nzamwita Vincent de Gaulle yasabwe kwegura na bamwe mu banyamuryango ayobora
Impuguke mu buvuzi bw’indwara zifata umuhogo, amazuru n’amatwi zivuga ko ibi bice bikunze kwibasirwa na kanseri, zigasaba abantu kuyivuza hakiri kare.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yerekeje muri Maroc ku butumire bw’umwami w’iki gihugu Mohammed VI, mu ruzinduko rugamije kwagura ubucuti hagati y’ibihugu byombi.
Imibiri isaga ibihumbi 20 yavanywe hirya no hino mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, yashyinguwe mu cyubahiro.
Abaturage bo mu Murenge wa Kibirizi muri Gisagara babangamiwe no kudahererwa imiti ku mavuriro, bakoherezwa kuyigurira hanze kandi bafite mituweli.
Abari abakozi ba Perefegitura zahinduwemo Intara y’Amajyepfo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bubukiwe i Nyanza ku cyicaro cy’Intara.
Bamwe mu batujwe mu Mudugudu wa Bumbogo mu Murenge wa Bumbogo muri Gasabo ngo bababazwa no kudacana umuriro w’amashanyarazi nk’abandi.
Abanyamuryango ba FPR - Inkotanyi bo mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa guharanira icyateza imbere abaturage bo muri iyi ntara kuko ikigaragara ku isonga mu zifite abakene benshi.
Umubyeyi witwa Mbabazi Liliane utuye mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, arashimira Abanyarwanda n’abandi bose bamuhaye ubufasha butandukanye, akabasha kuvuza umwana we mu Buhinde.
Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa Ruyenzi - Nkoto - Gihara mu Karere ka Kamonyi, urimo gukorwa na VUP, barataka ikibazo cy’ivumbi ryabaye ryinshi kubera ibitaka bavuga ko bidakomeye biwumenwamo.
Abapolisi bakuru 31 bo mu bihugu 10 bya Afurika biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riri i Musanze, basoje urugendoshuri rw’icyumweru bagiriraga mu gihugu cya Etiyopiya.
Karinda Venuste utuye Umurenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aravuga ko gukoresha Bigaz byatumye agabanya amafaranga yatangaga ku nkwi ndetse bituma atanga akazi ku baturanyi be.
Abikorera bo mu Karere ka Rusizi baravuga ko bagiye kwishyira hamwe kugira ngo bubake umujyi w’ako karere, bagendeye ku gishushanyo mbonera.
Abaturage bivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Muganza kiri mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko bashimishijwe n’uko cyaguwe bakaba batakibyiganira ku bitanda nk’uko byahoze.
Abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye kwishakamo ibisubizo by’ibibazo basigiwe na Jenoside, by’umwihariko bagafasha abakecuru b’incike.
Umuryango Dukundane Family w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahujwe no kwiga muri College Saint André(Kigali), urasaba amazina y’abajugunywe mu mazi.
Mu mukino wa gicuti wo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, Amavubi atarengeje 20 yanganyije na Maroc 1-1
Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kurinda Umwana Imirimo Mibi n’uw’Umwana w’Umunyafurika, ababyeyi bibukijwe ko kurera neza abana bakabitaho baba barimo kwiteganyiriza.
Ibuka isanga abantu bazwi kandi bakunzwe cyane mu buhanzi ndetse no mu mikino (Stars), bakwiye kujya bifashishwa mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) ryubakiye inzu umukecuru warokotse Jenoside utishoboye, nyuma y’uko iyo yabagamo yari igiye kumugwaho.
Butera Knowless ari mubyishimo byo kwaguka kwa muzika kuko ari we muhanzi nyarwanda rukumbi ku rutonde rw’abahatanira ibihembo muri Nijeriya.
Umusore w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza akurikiranweho gufata ku ngufu nyina umubyara akamusambanya.
Nsabibana Jean Damasce, ku mugoroba wo ku wa 17 Kamena 2016 yatawe muri yombi akekwaho urupfu rwa Mugabo Theoneste wo mu Karere ka Gicumbi wishwe atemwe ijosi.
Mu kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside, ababyeyi basabwe kwirinda gutoza abana ingengabitekerezo ya Jenoside kuko ari yo yoretse u Rwanda.