Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko kwizihiza umunsi wo kwibohora ari kwishimira no gusigasira ibyagezweho no kubyongera.
Perezida Kagame yibukije abaturage ba Rweru ko kubaho ufite ibyingenzi bigufasha kubaho neza, atari ukubonekerwa ahubwo ari uburenganzira bwa buri Munyarwanda.
Mu minota y’inyongera Ismaila Diarra afashije ikipe ya Rayon Sports gutsinda APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro ihita inakegukana nyuma y’imyaka icumi itagikoraho.
Abatuye mu Karere ka Bugesera barizihiza imyaka 22 u Rwanda rwibohoye bishimira amashuri yisumbuye 36, mu gihe mbere habarizwaga rimwe.
Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali baravuga ko bamenye agaciro ko gukora siporo, bityo bakayitabira ku bwinshi bafatanyije n’ubuyobozi bwabo buyibashishikariza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arasanga intambwe zo kwibohora zigomba kujyana n’ibikorwa bizima bisubiza ibyifuzo Abanyarwanda bafite.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yahaye Komite Nyobozi y’akarere umukoro wo kukageza ku mwanya wa mbere mu mihigo.
Nkuranga Egide, Visi Perezida wa Ibuka, yasabye Mgr Antoine Kambanda, Umushumba wa Diyosezi ya Kibungo kumubariza Papa niba umupadiri wahamijwe icyaha agakatirwa yasoma Misa.
Hon. Mukabarisa Donatille, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko/Umutwe w’Abadepite, arasaba urubyiruko kwanga uburozi bahabwa na bamwe mu babyeyi babaswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Bamwe mu baturage bahangayikishijwe n’uko umwaka wa Mituweri utangiye baribuze ku rutonde rw’ibyiciro by’ubudehe, abandi bakaba barashyizwe mu byo bavuga ko badakwiye.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, arasaba urubyiruko rw’u Rwanda gukunda igihugu kandi bagakorera ku ntego kuko ngo ni cyo cyatumye Ingabo zahoze ari iza APR zitsinda urugamba rwo kubohora igihugu.
Kuri iki Cyumweru, tariki 3 Nyakanga 2016, mu Mujyi wa Kigali, hongeye kuba ku nshuro ya kabiri gahunda ya Car Free Day, ifunga imwe mu mihanda ku binyabiziga, igaharirwa abanyamaguru, abanyamagare n’abandi bashaka kuyikoresha mu bikorwa bya siporo.
Madamu Jeannete Kagame akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango “Unity Club Intwararumuri”, kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Nyakanga 2016, yashyikirije icumbi abakecuru 16 bo mu Karere ka Huye, bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muganga Hakiri Jean Pierre uziw ku izina rya Hakiri Mabula wakiniraga As Kigali, yamaze gusinya anatangira imyitozo mu ikipe ya Sydney Olympic Fc yo muri Australia
Umuryango mpuzamahanga wa AHF ufatanya na Leta y’u Rwanda mu kurwanya SIDA, urasaba abaturage ubufatanye mu kurwanya ubwandu bushya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buratangaza ko ibibazo by’amazi y’imihanda abaturage bagaragarije Perezida Paul Kagame ubwo yabasuraga, byamaze gukemuka, umujyi ukaba umeze neza.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwibumbiye muri koperative ruravuga ko rwiyemeje gukora inkweto zihagije mu rwego rwo kuyishyigikira gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu, “Made in Rwanda”.
Abapolisi bakuru 31 baturuka mu bihugu 10 by’Afurika barangije amasomo azabafasha guhangana no gukumira ibyaha bikorerwa imbere mu gihugu no hanze.
Hotel Chez Lando iratangaza ko igice cyayo cyahiye kizaba cyarangije gusanwa bitarenze icyumweru kimwe, kugira ngo izakire abakuru b’ibihugu by’Afurika.
Bamwe mu rubyiruko rwa Gisagara biga imyuga muri “Yego Center” ndetse n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyefo barahamya ko iki kigo kizaca ubuzererezi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Jabo Paul, avuga ko batangiye gahunda yo kugenzurana hagati y’imirenge mu kunoza igenamigambi.
Abadepite bongeye kunenga imikorere y’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari, ubwo babasuraga abaturage mu mirenge bagenzura ibibazo bahura na byo.
Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Kavumu ryabonye igikombe cy’ubudasa n’ubudashyikirwa mu ikoranabuhanga mu gusoza imurikabikorwa ryahuzaga abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Nyanza.
Hotel Chez Lando iri ahitwa ku Gisementi mu Mujyi wa Kigali, guhera mu ma saa tatu n’igice kuri uyu wa 2 Nyakanga 2016 yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Akarere ka Nyamagabe, ku bufatanye na FONERWA, katangiye umushinga wo kubungabunga imigezi yisuka muri Nyabarongo kugira ngo amazi yayo ahinduke urubogobogo.
Abana bagize amahuriro akora ubukangurambaga ku burengenzira bw’abana mu karere ka Nyaruguru, biyemeje ko mu myaka ibiri nta mwana uzaba atiga.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ya 411 mu turere twa Muhanga na Kamonyi zagabagiye abatishoboye inka n’amazu by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 20FRW.
Abatuye ku Kirwa cya Bushongo kiri mu Kiyaga cya Burera batangaza ko bategereje kwimurwa nk’uko babyijejwe, bagategereza bagaheba.
Abaturage baganiriye na Kigali Today barashimangira ko itariki ya 1 Nyakanga ya buri mwaka itabashishikaje cyane, nubwo uba ari umunsi w’akaruhuko.
Abashoramari mu nganda zitunganya umuceri mu Rwanda, baranenga abari bafite amafaranga barangiza bakayashora muri Jenoside akifashishwa mu kurimbura imbaga y’Abatutsi.
Mu mukino wo kwishyura wa ½ mu gikombe cy’Amahoro. Rayon Sports itsinze As Kigali ibitego 3-2, bituma izahura ku mukino wa nyuma na APR Fc yatsinze Espoir 1-0.
Abayobozi ba Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Sudani y’Epfo bari mu Rwanda, bashaka kumenya uburyo bakomora ibikomere byatewe n’intambara bamazemo imyaka myinshi.
Perezida wa Tanzaniya John Pombe Magufuri aratangaza ko igihugu ayoboye kizigira byinshi ku Rwanda mu rwego rw’ubukungu.
Nyirahabiyaremye Jeannette w’imyaka 40 y’amavuko wari utuye mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, yishwe aciwe umutwe, umurambo utarurwa mu kiyaga cya Kivu, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Nyakanga 2016.
Akarere ka Nyarugenge kiyemeje guca abazunguzayi bagera ku bihumbi bitanu biganje mu gace ka Nyabugogo, kabashyira ahantu heza hatandukanye ho gukorera.
U Rwanda rwamaganye raporo ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko ubucuruzi bw’abantu mu Rwanda bukomeje gufata indi ntera kandi Leta ikaba idafata ingamba zihamye zo guhangana n’ubwo bucuruzi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu gihugu cya Tanzania mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Nyakanga 2016, aho biteganyijwe ko asinya amasezerano y’ubufatanye mu by’ubucuruzi.
Imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gasabo, ryasojwe hahembwa abamuritse ibikorwa byahize iby’abandi mu rwego rwo kongera uguhiganwa no kugera kuri serivisi nziza mu karere.
Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe 2016-2017 ngo izibanda ku bikorwa remezo, cyane cyane imihanda n’imiyoboro y’amazi kuko byo byonyine byiharira hafi 1/5 cyayo.
Kuri uyu wa 30 Kamena 2016, mu Karere ka Kamonyi bibutse abakozi 18 bahoze bakorera amakomini ya Runda, Taba, Kayenzi, Musambira, Rutobwe na Mugina; bazize Jenoside yakorewe Abatutdi.
Abahahira mu Isoko rya Kibungo bavuga ko”Tumuhombye” yatumye iri soko rigeza saa yine z’ijoro kandi ubundi ryarafungaga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Umuryango AVEGA Agahozo watuje ababyeyi batandatu bagizwe incike na Jenoside mu rugo rushya bubakiwe i Fumbwe mu Karere ka Rwamagana.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, itangaza ko guhera ku wa 1 Nyakanga 2016 buri muntu uzasanganwa virusi itera SIDA azahita ashyirwa ku miti, haherewe ku bafite ubwandu ubungubu ibihumbi 17.
Abahoze bakinira ikipe y’u Rwanda banyagiye aba Uganda ibitego 5-3 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya kigali i Nyamirambo kuri uyu Kane.
Urubyiruko 430 rugizwe n’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga ndetse n’abigaga mu Rwanda bagize amanota meza mu kizamini gisoza amashuri yisumbuye muri 2015, bibukijwe ko uko u Rwanda ruzamera biri mu maboko yabo.
Ayinkamiye Marie Chantal na Nzamurambaho Frederic bo mu Karere ka Rubavu, bari bamaze umwaka batandukanye kubera amakimbirane, bongeye gusubirana ku wa 29 Kamena 2016 kubera umugoroba w’ababyeyi.
Ikigo cy’itangazamakuru cy’Abanyakenya, Nation Media Group (NMG), cyatangaje ko radio yacyo “Radio KFM” ivugira i Kigali, itazongera kuvugira ku murongo wa FM, bituma abanyamakuru b’Abanyarwanda bayikoreraga babura akazi.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryamaze kwemeza ko Adrien Niyonshuti ukina mu ikipe ya Dimension data yo muri Afurika y’epfo ari we uzitabira imikino Olempike izabera muri Brazil muri Kanama 2016
Umukino w’amahirwe wiswe “Ikiryabarezi” uhangayikishije bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyanza, bakaba basaba ko abana babo bawukumirwamo batarararuka.
Imiryango 100 yo mu Karere ka Gatsibo yagabiwe inka, iremeza ko ari amahirwe yo kivana mu bukire babikesha izi nka.