Koreya y’Epfo: Abanyarwanda batangiye kwamamaza Umuco Nyarwanda

Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bateguye irushanwa ryiswe Agaciro Cup rihuza amakipe y’umupira w’amaguru n’aya basket y’abiga muri kaminuza zitandukanye.

Ambasaderi Isumbingabo yashimiye Dr Hong, umuyobozi mukuru wa Kaminuza ya Daegu, uruhare agira mu guteza imbere uburezi n'umubano mwiza n'u Rwanda.
Ambasaderi Isumbingabo yashimiye Dr Hong, umuyobozi mukuru wa Kaminuza ya Daegu, uruhare agira mu guteza imbere uburezi n’umubano mwiza n’u Rwanda.

Iri rushanwa ryateguwe mu rwego rwo kumenyekanisha umuco Nyarwanda, binyuze mu gikorwa bise Rwanda Cultural Day cyabereye muri Kaminuza ya Daegu.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Koreya y’Epfo, Isumbingabo Emma Francoise, yavuze ko n’ubwo iyi kamunza yigamo abanyeshuri b’Abanyarwanda 13 ari nabo benshi ugereranije no ku zindi kaminuza, igira uruhare rukomeye mu guteza imbere uburezi bw’abana b’Abanyarwanda.

Abashyitsi baririmba indirimbo zubahiriza ibihugu byombi, u Rwanda na Koreya.
Abashyitsi baririmba indirimbo zubahiriza ibihugu byombi, u Rwanda na Koreya.

Yavuze kandi ko uyu muhango ari umwanya mwiza wo kuzirikana no kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi wa Diaspora y’Abanyarwanda muri iki gihugu, Eliab Ayinebyona, yashimiye umuyobozi wa Kaminuza ya Daegu kuba yarashyigikiye icyo gikorwa, anashima uburyo abahiga bafashwe neza.

Abagize Itorero Umucyo rya diaspora Nyarwanda iba muri Koreya y'Epfo babyina Kinyarwanda.
Abagize Itorero Umucyo rya diaspora Nyarwanda iba muri Koreya y’Epfo babyina Kinyarwanda.

Yavuze ko kuba Abanyarwanda bahiga baratangije ishami ry’itorero ry’Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo ari ikimenyetso ko bisanga muri iyo kaminuza, kandi bifuza ko rizakomera rikanaguka kurushaho mu gihe kiri imbere ubwo n’abandi Banyarwanda bazahabwa amahirwe yo kuza kuhigira.

Mu mukino w’umupira w’amaguru wahuje ikipe ya Kaminuza ya Daegu yarimo n’abandi banyeshuri biga muri kaminuza ya Yeongnam yahuye n’ikipe yari iturutse mu majyaruguru ya Koreya y’Epfo mu gace ka Seoul n’inkengero zayo, ikipe ya Daegu niyo yegukanye igikombe itsinze iya Seoul kuri penaliti 6 kuri 5.

Nyuma y’ayo marushanwa hakurikiyeho igikorwa cyo gutangiza itorero ryiswe "Umucyo ishami rya Daegu", rigaragaza ubwiza bw’umuco Nyarwanda mu ndirimbo n’imbyino bigaragaza uwo muco.

Ikipe igizwe n'abakinnyi baturuka cyangwa biga muri za kaminuza zo mu Majyepfo ya Koreya y'Epfo yahatanye n'iyaturutse mu Majyaruguru.
Ikipe igizwe n’abakinnyi baturuka cyangwa biga muri za kaminuza zo mu Majyepfo ya Koreya y’Epfo yahatanye n’iyaturutse mu Majyaruguru.
Ikipe yatwaye igikombe mw'irushanwa ry'umupira w'amaguru yagishyikirijwe na Ambasaderi Emma Francoise Isumbingabo.
Ikipe yatwaye igikombe mw’irushanwa ry’umupira w’amaguru yagishyikirijwe na Ambasaderi Emma Francoise Isumbingabo.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nimukomereza

Vincent yanditse ku itariki ya: 23-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka