Umupasitoro yahamagaye Imana kuri telefone imubwira ibyo akorera abayoboke

Paul Sanyangore, umupasitoro wo muri Zimbabwe yatunguye abayoboke b’idini rye ubwo bari mu materaniro afata telefoni ye igendanwa ahamagara Imana aho iri mu ijuru baravugana.

Uwo niwe mu Pasitoro wo muri Zimbabwe ubwo yari arimo ahamagara Imana ayibaza ibyo akorera uwo mugore umupfukamye imbere
Uwo niwe mu Pasitoro wo muri Zimbabwe ubwo yari arimo ahamagara Imana ayibaza ibyo akorera uwo mugore umupfukamye imbere

Muri icyo kiganiro yagiranye n’Imana yayibajije icyo agomba gukorera umugore wari upfukamye imbere ye atakamba.

Abari aho bafashe amashusho (video) y’uwo mupasitoro agendagenda mu rusengero yumvikana avuga amagambo ameze nk’ayo mu kiganiro gisanzwe umuntu agirana n’undi kuri telefoni.

Ubwo yakoraga icyo kiganiro abayoboke bo bari batwawe bakurikiye, baririmba banikiriza mu majwi ibyo pasitoro wabo yavugaga.

Ikiganiro cya Sanyangore yumvikanye avuga ati:

  Hello, ni mu ijuru tuvugana?

  Uyu mugore uri hano Mana Data uramuntumaho iki?

  Ahh, ese? Yego, reka mubaze…

Hari n’aho uwo pasitoro Sanyangore yageze yumvikana abaza ngo:

  “Nonese Mana Data, dukore iki kindi?”

Amashusho yafatiwe muri urwo rusengero agaragaza uwo mugabo avuga amagambo menshi nk’ayo mu kiganiro gisanzwe.

Akagera aho avuga ko Imana imubwiye indwara abana be barwaye, bikarangira avuga ko Imana ngo ihinduye amateka y’uwo mugore.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Bulawayo24 avuga ko uwo mupasitoro Sanyangore yatangaje ko afite nimero ya telefoni y’Imana kandi ngo mu minsi ya vuba akaba azayitangariza n’abandi babishaka bose bakaba babasha kwivuganira n’Imana.

Reba iyo Video igaragaza uwo mupasitoro avugana n’Imana kuri telefoni

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 20 )

pasteur wumwesikoro, ariko abantu bakuze nabo ntibanatekereza gute umuntu wimyanga nkaza makumyabiri cg mirongo itatu na mirongo ine bamubeshya ngo bahamagaye Imana kuri telephone akemera, usenga, usengerwa nabarimurusengero ntaho bataniyo bose ninjiji gusa

nzayisenga adrien yanditse ku itariki ya: 23-10-2017  →  Musubize

IMANA NTATELEFONE IKENEYE ’’IBYO IRABIRENZWE

Uwihoreye JMV yanditse ku itariki ya: 11-10-2017  →  Musubize

Ibyo Byarahanuwe Kandi Biranditse Gusa Imana Ibiturinde

Mansur Shumbusho yanditse ku itariki ya: 8-10-2017  →  Musubize

ibyo byarahanuwe,mwe nimukomerere mubyomwizera nkuko Imana ibidusa ibindi mubireke amadini yinzaduka n’ubuhamuzi bw’ibinyoma nibimenyetso bya anti christ .

nkurunziza j claude yanditse ku itariki ya: 5-10-2017  →  Musubize

Inzazame zibeshywa byinshi,pasteur reka yirire amafaranga y,inzazame

Ntirenganya evariste yanditse ku itariki ya: 1-10-2017  →  Musubize

esekoko.imana.ihamagarwskuriterephone

mugenzivianney yanditse ku itariki ya: 24-09-2017  →  Musubize

uwo n’ibandi ahubwo tu!!!!!

eugene yanditse ku itariki ya: 21-09-2017  →  Musubize

ese koko iyo nomero ibaho koko barabeshya si uko imana ikora

umuhire yanditse ku itariki ya: 12-09-2017  →  Musubize

jye ndumiwe biratangaje

TURASTINZE eric yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

uwomugabo numutekamutwe arabeshya pe.

umutes denize yanditse ku itariki ya: 29-08-2017  →  Musubize

UWO MU PASTOL YIBAGIWE KO KUBESHA ARI ICYAHA PE! NYJE SINGENEYE IYO NIMERO

TUYISHIME yanditse ku itariki ya: 10-07-2017  →  Musubize

gitwaza ni umutekamitwe sha mujye mureka turamumenyereye yibisha ijambo ryimana abeshya abantu gusa azagaragara kumunsi atazi

Byiringiro yanditse ku itariki ya: 27-06-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka