Perezida wa Repubulika ya Centre Afrique Faustin Archange Touadera yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Jean Baptiste Habyalimana guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Rondpoint yari isanzwe kuri Kigali Convention Centre haruguru ya KBC yafunzwe burundu mu rwego rwo kwakira neza abashyitsi.
Amatsinda y’amakinamico aturuka henshi ku isi, yongeye kuzana mu Rwanda, iserukiramuco ryiswe ’ubumuntu’, aho bavuga ko imitima ya benshi ihafatirwa.
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro inyubako nshya muri Kigali ya Kigali Convention Centre, kuri uyu wa gatanu tariki 8 Nyakanga 2016.
Umuhanzi Maurix aratangaza ko nyuma yo kugaragara mu mashusho y’indirimbo “Tera imbuto y’urukundo” arenganura umuntu mu rurukiko, bamwe mu bakunzi be batangiye kumwiyambaza ngo abunganire mu manza.
Abatuye Akagali ka Rutonge gaherereye mu Murenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo, bujuje ibiro by’akagari bivuye mu ngufu n’amafaranga byabo.
Katende Abraham Semwogerere, ukomoka muri Uganda, amaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda mu muhango wabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kayonza kuri uyu wa Gatanu, tariki 8 Nyakanga 2016.
Bamwe bagore bakora ubukorikori no kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi mu Karere ka Bugesera bavuga ko byahinduye ubuzima bwabo.
Abaturiye Parike y’Akagera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza baravuga ko ikibazo cy’ibitera bibonera cyabaye agatereranzamba.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Bugarama baravuga ko babangamiwe n’indaya zibatwara abagabo bagasigara bahangayikishwa no kurera abana babyaranye.
Umuryango w’Aba-Islam mu Rwanda (RMC) uvuga ko Leta y’Ubumwe yababohoye kimwe n’abandi Banyarwanda ikanababohora mu buryo bw’idini.
Mu gutangiza "ALL IN" Campaign, Madamu Jeannette Kagame yabajije impamvu urubyiruko 49% ari bo bonyine bisuzumishije SIDA, nyamara ari cyo gice kinini cy’abandura icyo cyorezo.
Polisi y’u Rwanda, ku bufatanye n’izindi nzego bireba, yafashe ibikoresho by’amashanyarazi byibwe bifite agaciro k’asaga miliyoni 17FRW n’abakekwaho kubyiba 27.
Kuba hari imiryango yasezeranye mu Karere ka Gakenke ariko ikaba itanditse mu gitabo cy’irangamimerere bituma hari ababyitwaza bagahohotera abo bashakanye.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba abagoronome guhagurukira ikibazo cy’abana bagwingira kigacika burundu.
Ikipe ya Muhanga itsinze Rayon 1-0, Apr Fc ihita yegukana igikombe n’ubwo isigaje gukina na As Kigali
Itsinda ry’abakirisitu ryizera ko inkuru zose zanditse muri bibiliya ari ukuri, ryakoze inkuge (ubwato bunini) bwatwaye miliyoni 100 z’Amadorali.
Abaturage b’I Rambura mu kagari ka Rugamba basaba ko bakorerwa amaterasi nyuma y’uko aho ayakozwe yatanze umusaruro ufatika.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze bashimira ubuyobozi bwabavanye muri nyakatsi, bagatura ahantu heza mu gihe batumvaga ko byashoboka.
Abagize komite za Girinka mu nzego z’ibanze i Nyabihu barasabwa ubunyangamugayo mu nshingano bahawe hirindwa ko haba ibibazo muri Girinka.
Abaturiye ruhurura ya Kivugiza mu murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bariruhutsa nyuma yo gutunganywa kuko itazongera kubangiririza.
Ikipe ya Rayon Sports na Muhanga kuri uyu wa kane, aho iza gukina yaruhukije bamwe mu bakinnyi benshi bayifashije kwegukana igikombe cy’Amahoro
Komite Nyobozi y’Ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko z’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), irasaba ibisubizo by’umutekano muke kugira ngo akarere kose kadahungabana.
Umuyobozi wa Islam mu Karere ka Kayonza, Sheikh Nshimiyimana Mubarak, avuga ko uwashaka gushora aba-Islam mu iterabwoba atabona aho amenera.
Minisitiri w’Intebe wa Islael, Benjamini Netanyahu, aratangaza ko guhangana n’abapfobya bakanahakana Jenoside ari ugukomeza kubima urwinyagamburiro banyuzamo ibitekerezo by’amacakubiri.
Serivisi mbi, avuga ko zirimo gutunganyirizwa nabi indirimbo no kuzitindana, zatumye umuhanzi Lil G ashinga iye studio.
Minisitiri w’Intebe wa Islael na Perezida Paul Kagame baratangaza ko ibihugu byombi bizakomeza gufatanya mu kuzamura iterambere ry’abaturage.
Ikipe ya Rayon Sports bitarenze muri Mutarama 2017, iraba ifite ikibuga cyayo cy’imyitozo, ndetse ikazagikoreraho n’indi mishinga miremire iteganya imbere.
Ubuyobozi bw Hotel CIVITAS buratangaza ko imirimo yo kwakira abayigana ikomeza gukorwa nk’uko bisanzwe.
Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yatangaje ko amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari kimwe mu bimenyetso by’amateka mabi ya muntu ku isi.
Abayisilamu mu Karere ka Nyagatare bashimiye leta y’ubumwe ko yabahaye uburenganzira batahoranye mbere bita gushyirwa ku ibere.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Mu gusoza igisibo cy’ukwezi abasilamu bamazemo igihe, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yabasabye kwitabira gahunda za Leta no gufasha abatishoboye.
Inyubako y’ubucuruzi ikoreramo Hotel CIVITAS, farumasi, ndetse na SAHANI Supermarket iherereye ku Gisimenti mu Mujyi wa Kigali, yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 6 Nyakanga 2016.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Karere ka Bugesera barasaba Leta ko yabasonera ubukode bw’ubutaka kuko amafaranga basabwa badashobora kuyabona.
Umunsi wa nyuma wa shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wongeye kwimurwa, uvanwa taliki ya 16 ushyirwa ku ya 17 Nyakanga 2016.
Abahinzi bo mu Karere ka Nyamagabe baravuga ko gahunda ya “Nkunganire” yakemuye ikibazo cy’isharira ry’ubutaka ryatumaga batabobona umusaruro ukwiriye.
Abaturage bamwe amateka agaragaza ko bari barasigajwe inyuma bo mu Karere ka Muhanga, barashimira Leta y’Ubumwe yababohoye ingoyi yo kunenwa kandi na bo ari Abanyarwanda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi yataye muri yombi abakobwa batatu bakora mu nzu y’icumbi (Lodge) bakekwaho kwiba amafaranga y’Umunyekongo wari waharaye.
Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yihanije abagoronome n’abaveterineri barya ruswa bakavangavanga gahunda Leta iba yageneye abaturage.
Umuhanzi Kavutse Olivier na Amanda Fung bakoze urubuga rw’ibijyanye n’ubukwe bwabo buzaba kuwa gatandatu utaha tariki 9 Nyakanga 2016.
Abamotari bo mu Karere ka Huye baravuga ko mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 22 rwibohoye, na bo ngo batsinze ubukene babikesha kwibumbira mu makoperative.
Umuhanzi Senderi International Hit aratangaza ko kubona imibiri ibihumbi 73 y’abazize Jonoside yakorewe Abatutsi harimo n’ababyeyi be, ishyingurwa mu rwibutso rwiza bimuhaye gutuza.
Abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi batishoboye, bari bafite amazu ashaje barishimira ko batujwe heza.
Abahinga ibijumba bikungahaye kuri Vitamini A mu Karere ka Rwamagana baravuga ko bibinjiriza amafaranga menshi kandi mbere abahinzi b’ibijumba barasuzugurwaga.
Nyuma y’imyaka 22 u Rwanda rwibohoye imiyoborere mibi, abatuye Akarere ka Gisagara baravuga ko bagenda bibohora ubukene n’imibereho yo kutagira ibikorwa remezo.