Iwacu Evra Grâce yatangiye umushinga yise “Yego Charger” uzajya ufasha mu gushyira umuriro mu matelefoni na za mudasobwa bidasabye gucomekwa ku mashanyarazi.
Maniraguha Drocella wabyaye abana batatu b’impanga kuri Noheli, agiye kugenerwa inkunga n’Akarere ka Rulindo.
Abakirisitu bavuga ko badatumira bagenzi babo b’abasilamu mu minsi mikuru ya Noheli n’ubunani, bitewe n’uko imyemerere ya kiyisilamu itemera kwizihiza iyo minsi.
Guhera mu mwaka wa 2018 Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kizatangira kubaka amashuri y’imyuga agezweho mu gihugu.
Bunani Joseph, ni umunyeshuri ufite imyaka 27 y’amavuko, wiga muri IPRC-South, iherereye mu Mujyi wa Huye.
Abagurishirizaga telefoni zakoze ahazwi nko ku Iposita mu Mujyi wa Kigali bavuye mu muhanda bajya gukorera ahantu hazwi, baniyemeza ko telephone z’inyibano zizajya zifatwa.
Ku kibuga cyayo, Gicumbi yanyagiwe n’Amagaju, umutoza wayo avuga ko abakinnyi bakinnye nta bushake kubera gutekereza umushahara.
Fiona Muthoni wari uhagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Africa 2017 yabaye igisonga cya mbere, ikamba ryegukanwa na Gaseangwe Balopi wo muri Botswana.
Abana 500 barererwa mu kigo “Mwana Ukundwa” kiri mu Karere ka Huye bari mu byishimo kuko bahawe ibikoresho by’ishuri bazifashisha mu mwaka w’amashuri wa 2018.
Umuryango Mizero Care Organisation wifurije isabukuru nziza urubyiruko rutazi igihe rwavukiye n’abatagira ababifuriza isabukuru nziza.
Mu bukangurambaga bumaze iminsi bukorwa ku ikoreshwa rya interineti yo mu bwoko bwa 4G, hagaragajwe uburyo urubyiruko rushobora kuyikoresha kugira ngo rugere ku iterambere rwifuza.
Umwaka wa 2017 urangiye ubukungu bw’u Rwanda buri ku kigero cya 5.2%, bitewe ahanini n’amapfa yabaye mu mwaka wa 2016 na nkongwa yibasiye ibigori, bigatuma umusaruro ugabanuka.
Igikomangoma cy’Ubwongereza Harry yagizwe umuyobozi w’ikigo cyitwa Africa Parks gishinzwe amaparike muri Afurika arimo na Pariki y’Akagera.
Mu bikorwa byaranze urwego rw’ubuzima muri 2017, habayeho inama mpuzamahanga zavugaga ku ndwara zitandura zitandukanye, n’uko hakongerwa ingufu mu kuzikumira no kuzivura.
Jay Rwanda, umunyarwanda wabaye Rudasumbwa wa Afurika, atangaza ko yakuze adatekereza ibijyanye no kumurika imideri.
Musenyeri Philippe Rukamba agaragaza ko ubworohera, kubabarira no kwakira abandi aribyo bigomba kuranga abakristu mu mwaka wa 2018.
Imwe mu migenzo ikorwa n’abageni irimo kwambara impeta ku kuboko kw’ibumoso, gufata indabo mu ntoki n’ibindi bifite aho byakomotse.
Mu gihe habura amasaha make ngo habe ibirori byo kwambika ikamba Nyampinga wa Afurika (Miss Africa 2017), abakobwa 25 bahatanira iryo kamba kuri ubu bari mu myiteguro.
Polisi y’igihugu itangaza ko nta bibazo bikomeye byahungabanyije umutekano ku munsi mukuru wa Noheli no mu ijoro rishyira Noheli.
Itorero Victorious Life Church ryahaye umunsi mukuru wa Noheli abana bo mu muhanda ndetse n’abandi bana baturuka mu miryango itishoboye basaga 500.
Chorale Christus Vincit yakoreye igitaramo muri Christus i Remera abakunzi babo banyurwa n’indirimbo zigize umuzingo (album) w’indirimbo zabo wa mbere.
Perezida Paul Kagame yabwiye ingabo z’igihugu kwitegura undi mwaka utoroshye mu gucunga umutekano, nk’uko zabigenje mu mwaka urangiye wa 2017.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 25 Ukuboza 2017, umunsi abakirisitu bizihirizaho Noheri ibibutsa ivuka rya Yezu/Yesu, Umubyeyi witwa Maniraguha Drocella yabyariye abana batatu b’impanga mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali.
Minsitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Bufaransa budakwiye gukomeza guca iruhande uruhare rwarwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko u Rwanda rufite raporo simusiga igaragaza Abafaransa n’uruhare rwabo muri Jenoside.
Hari abagenzi baturuka hirya no hino mu ntara bajya mu zindi baraye muri Gare ya Nyabugogo bavuga ko babuze imodoka.
Ku mugoroba wo ku wa 24 Ukuboza hirya no hino abantu batangira gushyashyana, bitegura ibirori bya Noheri iba iri bube ku munsi ukurikira.
Valeria Kanakuze yahoraga yicuza icyatumye atarakandagiye mu ishuri kugira ngo asohoze inzozi yakuranye zo kuba umuganga cyangwa umwarimu.
Mu minsi mikuru mu Rwanda no ku isi hose niho abantu bafata umwanya wo kwishima no kwishimana n’ababo babaha impano. Usanga urujya n’uruza mu masoko bamwe bahaha abandi basurana n’inshuti zabo.
Mu irushanwa rya Nyamata Triathlon Challenge ryasozaga amarushanwa yabaye mu mukino wa Triathlon mu mwaka wa 2017 ryegukanywe na Uwineza Hanani mu bagore n’umunya-Canada Tim Gossland mu bagabo.
Maj Evariste Ndayishimiye uzwi nka Maj. Kizito, umwe mu bayobozi ba FDLR, wari wishyikirije MUNUSCO ngo imufasha gutaha mu Rwanda,byarangiye imushyikirije ingabo za Congo FARDC.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyosezi ya Byumba yemeza kuba inda z’imburagihe zikomeje kwiyongera mu bangavu ziterwa no kuba abana basigaye baregerejwe udukingirizo.
Kayirebwa Cecile na Kidumu basabanye n’abakunzi babo babataramira mu gitaramo cyabereye i Gikondo ahasanzwe hareba Expo.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Ferwafa, Madamu Rwemarika Felicitee yaraye atangaje imigabo n’imigambi ye yiganjemo impinduka mu isura y’umupira w’amaguru
Abahanzi batandukanye baririmba inyana ya ‘Gospel’, barimo Israel Mbonyi, Aime Uwimana na Gabby Kamanzi bazahurira mu gitaramo cyo kwizihiza Noheli kizabera muri Kigali Convention Center.
Gatsinzi Fidele Umunyarwanda wari warafashwe n’inzego z’iperereza za Uganda (CMI), zimushinja kuba maneko w’u Rwanda, yageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Ukuboza 2017 atabasha gukandagira kubera iyicarubozo yakorewe n’izo nzego.
Umuzingo (Album) w’indirimo 10 zihimbaza Imana niwo Chorale Christus Vincit igiye gushyira ahagaragara, ifashe abakunzi bayo kwizihiza Noheli.
Irushanwa ry’ubwiza rya Miss w’Umurenge wa Mushishiro ribaye bwa mbere ryegukanywe na Umuhoza Delice w’imyaka 19 y’amavuko.
Shepherd Bushiri, umupasiteri wo muri Malawi yatunguye umwana we ku isabukuru y’amavuko, amuha imodoka ihenze yo mu bwoko bwa Maserati Levante.
Umuryango Rwanda women Network uravuga ko mu minsi 16 bamaze bakora ubukangurambaga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina,isize bunze imiryango 16.
Mu mwaka wa 2017,ubutabera bw’u Rwanda bwageze kuri byinshi birimo kuburanisha bamwe mu bakekwaho ibyaha, hanavugururwa amategeko kugira ngo arusheho kujyana n’igihe.
Umuraperi Riderman ahamya ko azakora igitaramo cy’amateka ubwo azaba amurika umuzingo (Album) wa munani w’indirimbo ze.
Umuryango mpuzamahanga utanga ubufasha butandukanye (OXFAM) watangije umushinga wo kurwanya ndetse no gushyigikira abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina uzatwara miliyari 1.3Frw.
Abakobwa batanu bo mu tugari dutandatu tugize Umurenge wa Mushishiro wo mu Karere ka Muhanga nibo bari guhatanira ikamba rya Nyampinga wa Mushishiro.
Mu rwego rwo kongera umubare w’abapilote b’Abanyarwanda, mu Rwanda hagiye gutangira ishuri ryigisha gutwara indege nini kuburyo mu myaka itanu hazaba habonetse abapilote 200.
Ikipe ya APR Fc yaherukaga gukina mbere ya CECAFA, yongeye gusubira mu kibuga ikina n’Amagaju, umukino urangira amakipe yombi anganya 0-0.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwagabanyije ibihano byari byahawe abana batwitse ishuri ryisumbuye rya Riviera High School mu mujyi wa Kigali.
Umucamanza w’umufaransa witwa Jean-Marc Herbaut yafashe icyemezo cyo guhagarika iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari ryubuwe ku nshuro ya kabiri.