Senderi yaguriye abanyeshuri ibisuguti barabyina biratinda (Amafoto)

Umuhanzi Senderi ubwo yari ari mu Stade i Nyamirambo yaguriye abanyeshuri bari bahari ibisugiti na shikareti barishima babyinana nawe biratinda.

Senderi yaguriye ibisuguti abanyeshuri nyuma yo kumubwira ko bashonje
Senderi yaguriye ibisuguti abanyeshuri nyuma yo kumubwira ko bashonje

Ibyo byabaye ubwo bari bateraniye muri iyo stade mu gikorwa cyahariwe kurwanya ibiyobyabwenge, kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Gashyantare 2017.

Senderi yari ari muri Stade i Nyamirambo ari gushyushya abahateraniye barimo abanyeshuri, bategereje abashyitsi bakuru ngo icyo gikorwa nyirizina gitangire.

Yaririmbye barabyina ariko hashira igihe kirenga isaha icyo gikorwa kitaratangira, abanyeshuri batangira kurambirwa. Bahise babwira Senderi ko bashonje maze ahita atangira kubagurira ibisuguti na shikareti na bombo.

Abo Senderi yaguriye ibisuguti batangiye kuzirya bishimye
Abo Senderi yaguriye ibisuguti batangiye kuzirya bishimye

Yabanje kubagurira shikareti za 300RWf anabagurira ibisuguti bya 3000RWf ariko ntibyabakwira arongera abagurira ibisuguti bya 2000RWf arakomeza kugeza bose bibagezeho.

Abanyeshuri n’urundi rubyiruko rutari ababyeshuri rwaguriwe ibisuguti na Senderi, babyishimiye cyane bagarura morali babyinana nawe biratinda.

Senderi yabaguriye ibisuguti batangira kubirwanira
Senderi yabaguriye ibisuguti batangira kubirwanira
Nyuma yo kurya ibisuguti na shikareti baguriwe na Senderi batangiye kubyinana nawe
Nyuma yo kurya ibisuguti na shikareti baguriwe na Senderi batangiye kubyinana nawe
Mbere yuko Senderi abagurira ibisuguti bari bakonje batabyina
Mbere yuko Senderi abagurira ibisuguti bari bakonje batabyina
Senderi akibagurira ibisuguti byagaragaye ko koko bari babikeneye
Senderi akibagurira ibisuguti byagaragaye ko koko bari babikeneye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Le ventre affamé n’a point d’oreille!
Imana imusubirize aho yakuye kandi imukubire amagana!
Afite ubumuntu bwinshi, azi ubwenge, atega amatwi kandi akagira urukundo!

Lof yanditse ku itariki ya: 27-03-2017  →  Musubize

Cg bari bamupinze.

Etienne twizey yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

Senderi Ni Umuntu Wumugabo Kuko Baramutakiye Bashonje Arangije Arabagurira Turamushima.

Mugisha Aime yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka