Anita Pendo yaba atwite yitegura kwibaruka

Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko Anita Pendo yaba atwite kuburyo ngo yitegura no kwibaruka mu minsi ya vuba.

Anita Pendo yaba atwite yitegura no kwibaruka
Anita Pendo yaba atwite yitegura no kwibaruka

Anita Pendo, umushyushyarugamba n’umunyamakuru yakunze gutangazwaho ko atwite ariko akanyomoza ibyabaga byatangajwe avuga ko atari ukuri.

Kuri ubu nabwo ntiyemera cyangwa ngo ahakane ko atwite ahubwo avuga ko mu minsi iri imbere azatangaza ukuri; nkuko yabibwiye Kigali Today.

Agira ati “Mu gihe cya vuba nzababwira amakuru y’ukuri, muri iyi minsi ndifashe mu kuba nasubiza ikibazo nk’icyo.”

Gusa ariko amakuru avuga ko Anita Pendo yaba atwite yemeza ko agiye kubyarana n’umukunzi we bamaranye iminsi witwa Nizeyimana Alphonse Ndanda umwe mu banyezamu ba AS Kigali wayigiyemo avuye muri Mukura VS.

Andi makuru kandi avuga Anita wari usanzwe akora ibiganiro kuri Tereviziyo yaba yarabihagaritse bitewe nuko yaba atwite.

Ariko we avuga ko atakwanga kujya kuri tereviziyo kubera ko atwite. Ahamya ko umwana ari umugisha kuri we.

Avuga ko ahubwo muri iyi minsi agifite intege nke bitewe n’uko aheruka mu bitaro. Ariko ngo mu mezi ya vuba akaba agomba kugaruka.

Nizeyimana Alphonse Ndanda umukunzi wa Anita Pendo (Photo Internet)
Nizeyimana Alphonse Ndanda umukunzi wa Anita Pendo (Photo Internet)

Anita Pendo ni umwe mu bashyushyarugamba bakomeye mu gihugu. Azwi cyane mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star.

Ni umwe mu bakobwa bake bazwiho ubuhanga mu kuvangavanga imiziki (DJ), akaba ari n’umwe mu banyamakuru bakunzwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 21 )

azabyare n mugih

jjj yanditse ku itariki ya: 15-05-2017  →  Musubize

Nashak’ukwabigenzawenumukunziwe,ukinishakurya,ugahagaudashaka.

Jbosco Mwangaza yanditse ku itariki ya: 31-03-2017  →  Musubize

Anitha ntacyo bitwaye kubona umwana kuko atangwa ni mana nabamubuze bahora bamusaba imana ahubwo wowe shima imana

Igirurukundo eric yanditse ku itariki ya: 31-03-2017  →  Musubize

ark se koko gutwita kwatarikibazo nkuyu uvuze ngo yarabatijwe we ninyagasani ntacyaha akora benshi babuze imbyaro simukavugire kumuntu cyabeko atabura ayikuramo namahitamo ye so congrz to her

coco yanditse ku itariki ya: 28-03-2017  →  Musubize

Goal,goal,goal......................

Etienne twizey yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

pendo Wonke

Dusabimana alexander ak8 song brong yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

buri wese abazibye mwana pendo barker bavuze batachoka

tsitsine yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

pendo nago uzazamuri prmsgmgm,wihagane. nawebitabela na oder paccy byaramubereye

niyibikora yanditse ku itariki ya: 25-03-2017  →  Musubize

Gusa pendo niyi gurire akanu,kuko ya koze injyi korwa cyiza,kungirango abyarane nuriyi musita wanjyira ngo siya ndi nsi izi,kuba anjyiye kubyarana nuriya musitari?

Benoix yanditse ku itariki ya: 24-03-2017  →  Musubize

Kubyara se Nicyaha?

gregoire yanditse ku itariki ya: 24-03-2017  →  Musubize

Nukuli uburyo uyu mukobwa muzi niba aribyo nibyiza pe azabyare yirerere umwana kuko ntibyamutunguye kdi ntanuwo yabangamiye ni umwanzuro we nuwo bakundana. Turagukunda cyaneeee

cyusa yanditse ku itariki ya: 24-03-2017  →  Musubize

Yoooooooooh. Barakuntanze sha. Congs.
Va kuri abo bakizwa

Jeanne yanditse ku itariki ya: 24-03-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka