Karate : EAC yungutse umusifuzi rukumbi w’Umunyarwanda wemerewe gusifura ku rwego rw’Isi

Mwizerwa Dieudonné Umunyarwanda wari usanzwe ari umwe mu basifuzi bemerewe gusifura amarushanwa ya Karate ku rwego rwa Afurika , ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yatsinze ikizami kimwemerera kuba Umusifuzi wa mbere muri Afurika y’Uburasirazuba (EAC) wemerewe gusifura amarushanwa yo ku rwego rw’isi.

Mwizerwa Dieudonnee uri hagati nyuma yo gutsinda Ikizami kimwemerera kuba umusifuzi wo ku rwego rw'isi
Mwizerwa Dieudonnee uri hagati nyuma yo gutsinda Ikizami kimwemerera kuba umusifuzi wo ku rwego rw’isi

Iki kizami kimwemerera kuba umusifuzi wo ku rwego rw’isi, cyateguwe n’ishyirahamwe ry’Umukino wa Karate ku rwego rw’isi (WKF), kikaba cyabereye i Dubai ku mugabane wa Asia.

Iki kizami kandi cyabimburiye amarushanwa yo ku rwego rw’isi agiye kubera muri uyu Mujyi nk’Uko Mwizerwa Dieudonné yabitangarije Kigali Today.

Yagize ati" Iki kizami nticyari cyoroshye kuko tukimazemo iminsi ibiri. Ejo turakomereza ku marushanwa yo ku rwego rw’isi yateguwe na WKF yitwa karate premier League championship, nkaba nahise nemererwa kuzayasifura nyuma yo gutsinda iki kizami."

Yatangaje kandi ko muri iki kizami yagikoranye n’Abanya Kenya batatu bari baturukanye muri Afurika y’Uburasirazuba, akaba ariwe wenyine wabashije gutsinda iki kizami, agahita aba umusifuzi wa mbere muri Afurika y’Uburasirazuba wemerewe gusifura amarushanwa ya Karate yo ku rwego rw’Isi.

Mwizerwa Dieudonnee wa Gatatu uturutse ibumoso ari kumwe n'abanyakenya baturukanye muri Afurika y'Uburasirazuba batabashije gutsinda iki kizami
Mwizerwa Dieudonnee wa Gatatu uturutse ibumoso ari kumwe n’abanyakenya baturukanye muri Afurika y’Uburasirazuba batabashije gutsinda iki kizami

Mwizerwa yanatangaje ko nyuma yo gutsinda iki kizami yanahise ahabwa ubutumire bwo kuzasifura irushanwa ryo ku rwego rwa Afurika (championnat d’Afrique), rizabera mu gihugu cya Cameroun mu Kwezi kwa Gicurasi 2017, irushanwa ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Karate muri Afurika (UFAK).

Yaboneyeho no gushimira abamuteye inkunga kugirango abashe kwitabira iki kizami, anavuga ko nagaruka mu Rwanda azongera imbaraga mu kuzamura urwego rw’imisifurire ya karate mu Rwanda, kugira ngo u Rwanda ruzabashe kugira abaruhagararira ku rwego rwa Afurika ndetse no ku rwego rw’isi bahagije.

Ati" Ndashimira Minisiteri y’Umuco na Siporo ku nkunga ikomeye yampaye, ngashimira Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda FERWAKA ritahwemye kumba hafi, nkabizeza ko ubumenyi mfite nzabukoresha mu guteza imbere imisifurire ya Karate mu Rwanda ndetse no mu Karere u Rwanda ruherereyemo."

We na bamwe mu barimu babakoresheje iki kizami
We na bamwe mu barimu babakoresheje iki kizami
We na Zitouni Metyouti uyobora komisiyo y'abasifuzi muri UFAK
We na Zitouni Metyouti uyobora komisiyo y’abasifuzi muri UFAK
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Brother Dieudonné, uduhesheje ishema, komeza ujye mbere, kandi ndakwifuriza kuzagirirwa icyizere cyo kuzasifura na final. Imana ikujye imbere. Congz.

Gad KWIZERA yanditse ku itariki ya: 4-04-2017  →  Musubize

conglaturation muntu wacu

Grace yanditse ku itariki ya: 1-04-2017  →  Musubize

Congratulations bro Mwizerwa! You deserve it, we are happy for you

Claver yanditse ku itariki ya: 1-04-2017  →  Musubize

Congs and thank you dear brother to succeed this exam

Antoine yanditse ku itariki ya: 31-03-2017  →  Musubize

congraturation my brother

Charles yanditse ku itariki ya: 31-03-2017  →  Musubize

Cingz bro,iryo ni ishema ry’abanyarwanda by’umwihariko akarere kacu ka Nyamagabe ukomokamo.Imana ikomeze ikongerere ubumenyi

BIZIMANA Jean Claude yanditse ku itariki ya: 31-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka