U Rwanda ruzakira inama ya ’Commonwealth’ ya 2020
Yanditswe na
KT Editorial
U Rwanda ni rwo rwatoranyijwe kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.
U Rwanda rwatoranyijwe kwakira iyi nama iba rimwe mu myaka ibiri, nyuma y’uko Malaysia yagombaga kuzayakira itagaragaye mu nama iheruka.
Perezida Kagame usanzwe unahagarariye umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU), yari mu bitabiriye iyi nama imaze iminsi itanu.
U Rwanda by’umwihariko rushimwa n’ubuyobozi bw’uyu muryango, uburyo rudahwema gushakira abaturage barwo icyabateza imbere.
Si ubwa mbere rugiriwe icyizere cyo kwakira inama zikomeye ku isi, kuko ruherutse kwakira Inama y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Rwanakiriye inama y’Ubukungu bw’Isi (World Economic Forum).
Inkuru zijyanye na: CHOGM RWANDA 2021
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame n’Igikomangoma Charles baganiriye ku myiteguro ya CHOGM
- Amatariki Inama ya CHOGM izaberaho mu Rwanda yatangajwe
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yongeye gusubikwa
- Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Commonwealth
- Abakora muri Hoteli zizakira abazitabira #CHOGM2021 bakingiwe #COVID19
- Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth yaje kureba aho imyiteguro ya #CHOGM2021 igeze
- Itsinda rya Commonwealth ryanyuzwe n’imyiteguro ya CHOGM 2021 mu Rwanda
- U Rwanda na Commonwealth bemeje itariki y’inama ya CHOGM 2021 izabera i Kigali
- U Rwanda rwiteguye guteza imbere imijyi nk’uko biteganywa na Commonwealth - Prof Shyaka
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe
- I Kigali hazamuwe ibendera rya Commonwealth (Amafoto)
- Kigali: Muri Remera hatangijwe Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bugamije kwitegura CHOGM
- Amafoto: Kigali irimo kurimbishwa mu kwitegura inama ikomeye ya CHOGM
- CHOGM izasanga imijyi y’u Rwanda itatse Kinyarwanda
- Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
- Ibintu ICUMI utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
Ohereza igitekerezo
|
President wacu nintwari rwose yakoze cyane,kuba iyi nama izabera murwanda nibyagaciro gakomeye cyane gusa uriya muhanda uva Yamaha kinamba gukomeza nyarutarama kimironko uzakorwe wagurwe kuko abanyarwanda iyo izi nama zabaye dukunda guhura nikibazo cya aboteage ntitubashe gugera kumirimo yacu uko bikwiye murakoze
Kuba u Rwanda rwatoranyijwe kuzakira iyi nama ya CHOGM yo muri 2020 ni byiza cyane! Biduhesheje ishema twese abanyarwanda.
Ndashishikariza abanyarwanda bose cyane cyane abakora umurimo w’ubuhinzi kurushaho kwitabira gukoresha ikoranabuhanga, mu minsi iri imbere n’isoko mpuzamahanga tuzaryigarurire.
Ni ibintu byiza kuba igihugu cyacu cyatoranyijwe kwakira inama ikomeye gutya.Banyarwanda dukore ibishoboka byose inama nk’izi tujye tuzibyaza umusaruro. Oyeee muzehe wacu! Nibindi bitaraza uzabituzanira haki ya mungu