
Hari mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro gahunda y’Ingabo z’u Rwanda mu Iterambere ry’abaturage, ubuyobozi bw’Ingabo mu Karere ka Huye bwifatanyijemo n’abatuye mu Kagari ka Kabusanza, bahinga imboga mu gishanga cya Ruhoboba.
Umwe mu bashubije neza yavuze ko iyo ntwaro ari Perezida w’u Rwanda, undi avuga ko ari ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, undi na we avuga ko ari umuturage.
Hari n’abatanze ibindi bisubizo, harimo ko intwaro ikomeye ari Ndi Umunyarwanda, ariko uyu muyobozi w’ingabo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe, yavuze ko aba batatu ari bo bashubije neza kurusha abandi, n’ubwo n’ibyo abandi bavuze ari byo.
Yagize ati “Njyewe mbabaza iki kibazo natekerezaga ko igisubizo nyacyo ari umuturage, kuko umutekano uhera ku muntu umwe. Iyo umwe agize umutekano, twese tugira umutekano.”

Yunzemo ati “Nkomeje kwibaza nasanze n’uwavuze Perezida wa Repubulika kimwe n’uwavuze ubumwe n’ubwiyunge na bo batibeshye kuko izo ntwaro zose ziri kumwe nta wazimeneramo. Ni yo mpamvu buri wese muri mwebwe batatu mwemereye ishashi y’ihene ihaka.”
Abahembwe ari bo Alphonse Manzi, Josephine Mukanyiribambe na Innocent Twagirayesu byabashimishije cyane, kuko batari babyiteze.
Twayigira yagize ati “Birantunguye ariko ndabyishimiye. Navuze ko intwaro ikomeye u Rwanda rufite ari ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda kuko iyo abantu bumvikanye, bahuje, nta cyabatanya.”

Abatuye i Kabusanza batashye bavuga ko bariya bagenzi babo bagize amahirwe, ariko Valerie Mukarushema yatashye ababaye kuko ngo ubusanzwe yajyaga asubiza neza ibibazo abayobozi babarije mu ruhame, ariko amahirwe y’ubaza unatanga ibihembo akaba atamusekeye.
Yagize ati “Uyu munsi sinagize amahirwe yo kubazwa kandi rwose igisubizo kimwe muri biriya nari kukibona. Nanjye uwampa agahene.”
Ingabo z’u Rwanda ziri mu gikorwa cyo kwifatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere, aho bakora ibikorwa byo gutera imbyaka, kubaka amashuri n’ibindi bikorwa by’iterambere. Byose bikazarangira ku munsi wo kwibohora tariki 4 Nyakanga 2018
Ohereza igitekerezo
|
Ingabo oye uwomuturage usaba agahe ndakamwemeteye tel0781523700