Ibikorwa by’ingabo byagarutse: Abaturage bavuwe, amashuri arubakwa hanaterwa imyaka

Ingabo z’igihugu zatangiye gufasha abaturage mu bikorwa bibagirira akamaro, gahunda izamara igihe kigera ku mezi atatu zizenguruka hirya no hino mu gihugu.

Abaturage bavuwe, amashuri arubakwa hanaterwa imyaka
Abaturage bavuwe, amashuri arubakwa hanaterwa imyaka

Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mata 2018 ni ho ibi bikorwa byatangijwe ku mugaragaro ariko bikazakomereza mu turere dutandukanye.

Minisitiri Gen. Kabarebe n’itsinda ryari rimuherekeje, batangirije iki gikorwa mu Karere ka Nyabihu, ahatewe imbuto z’ibirayi ku buso bungana na hegitari 20. Izo hegitari zizaterwaho Toni 40 z’Ibirayi zikazatanga umusaruro wa Toni 500.

Minisitiri w'Ingabo Gen Kabarebe James mu gutangiza ibikorwa by'ingabo mu iterambere ry'Abaturage i Nyabihu
Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James mu gutangiza ibikorwa by’ingabo mu iterambere ry’Abaturage i Nyabihu

Ibindi bikorwa nabyo byabereye mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Kagugu, aho batangije kubaka ibyumba by’amashuri 12 ku Rwunge rw’Amashuri rwa Kagugu.

Ibi byumba by’amashuri bitegerejweho kugazagabanya ubucucike bw’amashuri byubatswe ku bufatanye n’abaturage.

Ishuri rya GS Kagugu ubusanzwe rigira abanyeshuri benshi, iki ngo kikaba ari igisubizo nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Stephen Rwamurangwa.

Yagize ati “Muri iri shuri impuzandengo mu cyumba kimwe ni abana 76 bakagombye kuba 46 ariko hari aho usanga bagera no ku 100 bikagira ingaruka ku ireme ry’uburezi.

Ubu rero turasubijwe, abana bagiye kwiga bisanzuye kuko mu gihe kitarenga amezi atatu aya mashuri azaba yuzuye.”

Iri shuri ryagaragaragamo ubucucike bukabije bw'Abanyeshuri bikabangamira ireme ry'uburezi
Iri shuri ryagaragaragamo ubucucike bukabije bw’Abanyeshuri bikabangamira ireme ry’uburezi

Kuri iri shuri hagiye kubakwa ibyumba 12 bakazubaka bajya hejuru, Minisiteri y’Ingabo yarateye inkunga yo kubaka ibyumba umunani naho Minisiteri y’uburezi itanga inkunga yo kubaka ibyumba bine.

Hatangijwe kubaka ibyumba 12 bizakemura ikibazo cy'Ubucucike muri iki kigo cy'amashuri
Hatangijwe kubaka ibyumba 12 bizakemura ikibazo cy’Ubucucike muri iki kigo cy’amashuri

Ingabo kandi zakoze n’ibikorwa byo kuvura abaturage mu Karere ka Rwamagana, aho abaturage bavuwe indwara zitandukanye.

Umuturage witwa Sibomana Roger urwaye mu kanwa, yavuze ko serivisi yahawe atashimishijwe n’uko yayiherewe ubuntu ahubwo ari uburyo yayihawe atarinze gusiragira yaka randevu.

Ati “Kwa muganga baguhaga randevu ngo ‘genda uzagaruke’, byaba ngombwa bakongera bakagusubizayo ukwezi kugashira ukibirukaho, ariko abasirikare bambereye igisubizo kuko serivisi zabo zihuta kandi zigakorwa neza.”

Mukashema Faina we avuga ko yari yarabuze amafaranga ibihumbi bitatu yasabwaga, kugira ngo yivuze amenyo amaze imyaka irenga ibiri amuraza adasinziriye.

Rwamagana havuwe indwara nyinshi zirimo izo mu kanwa
Rwamagana havuwe indwara nyinshi zirimo izo mu kanwa

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango avuga ko umwaka ushize wa 2017 warangiye ibikorwa by’Ingabo mu iterambere ry’abaturage bifashije Leta kuzigama miliyari 71Frw.

Mu karere ka Nyagatare ingabo zahuriye n’abaturage mu gishanga cya Rwangingo giherereye mu Murenge wa Katabagemu, basibura imiyoboro y’amazi yuhira imyaka.

Abahinzi bahise batangira kubyinira ku rukoma kubera iki gishanga kibafatiye runini, kuko ari cyo gituburirwamo imbuto y’ibigori, nk’uko byemezwa n’umuturage witwa Kalisa Eugene.

Ati “Imyaka yari yuzuyemo amazi ariko ubu bwo imiyoboro isibuwe ntigipfuye ndetse n’udukoko twazanwaga n’ibigunda turadukize, twiteguye kuzafatanya n’ingabo zacu kuko ziratwifuriza ubukire kandi natwe nibwo duharanira.”

Umuyoboro wasibuwe ureshya n’ibirometero bibiri, wakozwe hibanzwe gusibura aho amazi yabuze inzira akareka mu mirima y’abaturage.

Umuyoboro wasibuwe ureshya n'ibirometero bibiri
Umuyoboro wasibuwe ureshya n’ibirometero bibiri

Ubuyobozi bw’aka karere kandi bwishimira ibikorwa by’ingabo z’igihugu, kuko umwaka ushize byasigiye abana 500 amashuri bibarinda ingendo ndende.

Mu Ntara y’Amajyaruguru ibi bikorwa byatangirijwe mu Karere ka Musanze, mu mudugudu wa Gacinyiro, Akagari ka Garuka mu Murenge wa Musanze.

Iki gikorwa cyatangijwe na Min Kaboneka Francis afatanyije na Gen Nyamvumba bikorwa hasanwa inzu enye z’abaturage babaga mu birangarira.

Min Kaboneka yibukije aba baturage ba Musanze ko ingabo ari abavandimwe babo, ari nayo mpamvu zidahwema kubafasha mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.

Ati" Ibi bikorwa mubigire ibyanyu. Niba ingabo zigufasha kukubakira nyuma y’umwaka umwe tugasanga inzu zasenyutse zuzuye umwanda, urugi bagushyiriyemo bagasanga warugurishije wagiye kunywa ibikwangari, bareteta cyangwa ibyo mwita umumanurajipo, uzaba utatiye igihango cy’ iterambere ry’igihugu. Ntimuzagere kuri urwo rwego ngo mube ibigwari."

in Kaboneka na Gen Nyamvumba nibo batangije ibikorwa by'ingabo mu iterambere ry'abaturage muri Musanze
in Kaboneka na Gen Nyamvumba nibo batangije ibikorwa by’ingabo mu iterambere ry’abaturage muri Musanze
Yabasabye kutazatatira igihango bagiranye n'ingabo bagafata nabi izi nyubako bubakiwe
Yabasabye kutazatatira igihango bagiranye n’ingabo bagafata nabi izi nyubako bubakiwe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka