Amajyepfo: Ibikorwa by’ingabo byibanze ku buhinzi bw’imboga

Ikibazo k’ibihingwa by’imboga zidahagije ku masoko kiri mu byahagurukije ingabo z’igihugu muri aya mezi ziri mu bikorwa bigamije kugirira abaturage akamaro.

Ingabo zifatanya n'abaturage guhinga igishanga kizaterwamo ibitunguru
Ingabo zifatanya n’abaturage guhinga igishanga kizaterwamo ibitunguru

Tariki 21 Mata 2018 ingabo z’igihugu zatangiye amezi agera kuri atatu yo gufasha abaturage mu bikorwa bitandukanye b’iterambere n’ubuzima bwiza.

Muri ibyo bikorwa ziri gukora byiganjemo ibijyanye no kubafasha mu buhinzi, mu buvuzi no mu gusana ibikorwaremezo, byose hamwe bigamije kubunganira mu rugendo rw’iterambere.

Kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2018, ibi bikorwa byakomereje mu ntara y’Amajyepfo, aho ingabo zifatanyije n’abatuye uturere twa Kamoni, Ruhango na Huye mu bikorwa by’ubuhinzi.

Hazahingwa hegitari zigera kuri 76
Hazahingwa hegitari zigera kuri 76

Utu turere dukungahaye mu bishanga bihingwamo imyaka ariko ugasanga umusaruro uhera ari mucye ugereranyije n’uwakavuyemo

Mu Karere ka Kamonyi ingabo zakoreye ibikorwa mu gishanga cya Kavunja giherereye ku Mugina.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Geraldine Mukeshimana n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Jacques Musemakweli, bari bifatanyije n’ingabo n’abaturage mu guhinga ubuso bugera kuri hegitari 76 zizahingwaho ibitunguru n’ibigori.

Minisitiri Mukeshimana yerekwa imbuto z'ibitunguru zizahingwa muri iki gishanga
Minisitiri Mukeshimana yerekwa imbuto z’ibitunguru zizahingwa muri iki gishanga

Perezida wa Koperative COALFKA, Nsabimana Pierre-Damien avuga ko kuri toni zirenze 800 z’ibitunguru basarura, haziyongeraho toni 400 bitewe n’uko igishanga cyatunganijwe.

Umusaruro w’Ibigori nawo ngo ugomba kwikuba gatatu ukava kuri toni 100 zabonetse mu gihembwe cy’ihinga gishize ukarenga toni 300, nk’uko Nsabimana akomeza kubisobanura.

Ati “Tweza muri iki gishanga ibitunguru bibarirwa muri toni 800 n’igihumbi. Turizeza ko umusaruro ko uzikuba gatatu bitewe n’uko imyuzure itazongera kudutwarira imyaka.”

Mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Ntongwe ho, abaturage bafashijwe guharura imirwanyasuri ku buso bwa Hegitari esheshatu mu bikorwa by’ingabo z’igihugu mu iterambere ry’abaturage byatangijwe muri aka Karere.

Maj. General Jerome Ngendahimana (iburyo) yari yaje kwifatanya n'abaturage mu bikorwa by'ingabo z'igihugumu iterambere ry'abaturage
Maj. General Jerome Ngendahimana (iburyo) yari yaje kwifatanya n’abaturage mu bikorwa by’ingabo z’igihugumu iterambere ry’abaturage

Abaturage bavuga ko bashima ingabo z’u Rwanda babona mu isura nshya yubaka igihugu, Kuko mu minsi yabo yahise umusirikare bamufatanga nk’umuntu udasabana kandi utagera abaturage.

Umufasha myumvire mu buhinzi Mbarushimana Sylvestre avuga ko bari bafite ubuso bugari nka hegitari 10 bari bagerageje kurwanyaho isuri birabananira kubera imbaraga nke. Uyu munsi ku bufatanye n’ingabo z’igihugu barizera ko noneho ubutaka bwabo bagiye kububyaza umusaruro.

Yagize ati “Urabona ko aha hantu hari hakenewe ingengo y’imari nyinshi cyane,ntabwo twari kuba twabasha kuharwanya isuri kandi dore ubu RDF iduhaye inkunga, turashimira perezida kagame watwohererje ingabo.”

Inzego za Polisi na DASSO na zo zari zaje kwifatanya n'abaturage
Inzego za Polisi na DASSO na zo zari zaje kwifatanya n’abaturage

Mu Karere ka Huye ingabo zafatanyije n’abaturage guhinga hegitari umunani mu gishanga cya Ruhoboba, hanaterwa imboga kuri hegitari enye mu mirima y’abari bafite ifumbire n’imbuto.

Ingabo z’igihugu zanubatse amateme atatu ahuza imirenge ya Simbi na Maraba. Muri iki cyumweru zikaba zizanuzuza Ivuriro rya Nyakagezi mu Murenge wa Huye, zari zatangiye kubaka mu bikorwa by’umwaka ushize ntirangire.

Igishanga cya Ruhoboba cyo mu Karere ka Huye nacyo kiri mu byo ingabo zakozemo akazi
Igishanga cya Ruhoboba cyo mu Karere ka Huye nacyo kiri mu byo ingabo zakozemo akazi
Umuyobozi w'Akarere ka Huye n'abandi bayobozi bakuru mu ngabo bahinga mu gishanga
Umuyobozi w’Akarere ka Huye n’abandi bayobozi bakuru mu ngabo bahinga mu gishanga
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka