Mu rwego rwo kurwanya Malaria, ubusanzwe mu bigo nderabuzima bya Leta, haba inzitiramibu zihabwa abagore batwite mu gihe baje kwipimisha inda, bakongera kuzihabwa mu gihe baje gukingiza urukingo rw’amezi icyenda nk’uko bisobanurwa na Ndayisabye Viateur, umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Bugesera.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Armel Ghislain byari biherutse kuvugwa ko yongereye amasezerano muri Kiyovu Sports
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) ivuga ko guhera tariki 01 Ukwakira 2020, abakozi ba Leta bose bazatangira gushyirwa mu myanya hashingiwe ku mbonerahamwe nshya y’imirimo.
Ibyumba by’amashuri birimo kubakwa mu Karere ka Rubavu bigeze kuri 60% biratanga ikizere ko Ukwakira kuzasiga birangiye.
Isaïe Hategekimana utuye mu Karere ka Ngororero, yahishije inzu muri iki gitondo cyo ku itariki ya 21 Nzeri 2020, ibintu byose bihiramo, ariko ngo ikimubabaje kurusha ni amafaranga y’umukwe yari abitse.
Bamwe mu banyamuryango b’ikipe ya Kiyovu Sports, bandikiye Perezida w’iyi kipe bamusaba ko mu ngingo zizasuzumwa mu nama y’inteko rusange hakwiyongeramo iyo kuvugurura amategeko
Sudani yohereje intumwa muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu kugira ngo zumvikane n’abayobozi b’Abanyamerika mu gihe iki gihugu kigerageza gusaba kuvanwa ku rutonde rw’ibihugu Amerika yashyize mu mubare w’ibitera inkunga iterabwoba.
Mu banyarwanda bakina hanze, Ally Niyonzima na Meddie Kagere nib o babashije kwitwara neza, mu gihe hari abandi batakandagiye mu kibuga
Isesengura ku mikoreshereze n’imicungire y’imari ya Leta riragaragaza ko hari amafaranga adakorerwa igenzura, bigatuma akoreshwa nabi cyangwa akanyerezwa.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe uwitwa Ngendonziza Gilbert wagaragaye ku ifoto yaziritse umwana kuri moto.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 20 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 22 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 51 bakize.
Amakuru y’ibanze aravuga ko inkongi y’umuriro yibasiye Kaminuza ya Makelele muri Uganda, yaba yatangiriye ku gisenge cy’inyubako yahiye. Ni amakuru atangazwa na Polisi yo muri Uganda, ivuga ko yatangiye iperereza rigamije kumenya icyaba cyateye iyo nkongi.
Mu ijoro rya tariki ya 17 Nzeri 2020, inzego z’umutekano zikorera mu Murenge wa Kiyombe mu Karere ka Nyagatare, zafashe uwitwa Mugisha Juma w’imyaka 20, afite umufuka wuzuyemo amasashe ibihumbi bibiri aje kuyacuruza mu Rwanda.
Ibaruwa irimo uburozi bwa ‘ricin’ yari yohererejwe Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yafashwe mbere y’uko igera mu biro bye (White House).
Abaturage bo mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru bahawe akazi muri VUP, barifuza kujya bishyurirwa ku gihe kuko amafaranga abageraho byaratinze.
Ku itariki 11 Nzeri 2020 ahitwa mu i Rango mu Karere ka Huye, mu rugo rw’iwabo wa Ndayambaje Alexis, barabyutse mu gitondo babura uko basohoka mu nzu, kuko umwana yari amaze kubaburira ko hanze hari igisa n’ingwe munsi y’ibisanduku biba mu rugo.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020, mu Mujyi wa Kigali hongeye kubera siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’, yitabiriwe n’abantu banyuranye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2020, mu Rwanda umuntu wa 26 yishwe na COVID-19. Uwo muntu wishwe na COVID-19 ni Umunyarwandakazi w’imyaka 26 witabye Imana ari i Kigali.
Urwego rwasigariye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, IRMCT, rwanze ubusabe bwa Laurent Semanza wahamijwe ibyaha bya Jenoside ubu akaba arimo kurangiriza igihano muri Benin, wasabye gufungurwa kandi atararangiza igihano.
Polisi y’u Rwanda iributsa abantu ko kubera siporo ngarukakwezi ‘Car Free Day’ izaba ejo ku Cyumweru tariki ya 20 Nzeri 2020 guhera saa moya kugeza saa yine, imwe mu mihanda izaba ifunze ku buryo nta kinyabiziga kizaba cyemerewe kuyikoresha.
Gahunda y’Imbonezamikurire y’abana bato (NECDP), igiye guhindura uko yakoraga, ikorane cyane n’inzego z’ibanze kuko byagaragaye ko itagera ku bo igenewe uko bikwiriye.
Ikamba rya purasitike (plastic) umuraperi Notorious B.I.G yamabaye ari kwifotoza iminsi itatu mbere y’uko apfa, ryagurishijwe muri cyamunara arenga igice ya miliyoni y’amadorali ya Amerika.
Polisi y’u Rwanda itangaza ko muri iki cyumweru cyo kuva ku wa Gatanu tariki 11 kugera ku wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2020, habaye impanuka zitandukanye zihitana ubuzima bw’abantu 17.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Kagari ka Gabiro mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru, barifuza korozwa kugira ngo babashe kwikura mu bukene, kuko no kubona ibumba bakuragamo ibibatunga bitakiborohera.
Umugabo w’imyaka 50 witwa Uwarayeneza Jackson wo mu Kagari ka Kamanyana mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, amaze imyaka ine adatekanye bitewe n’ikibyimba yarwaye mu ijosi, akaba atewe impungenge n’ubuzima bwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred, avuga ko amarimbi ari ikibazo mu ntara kuko buri kagari katari karibona, ariko bagiye kubyigaho ahari ikibazo gikomeye aboneke byihuse.
Ambasade ya Uganda mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2020, icyiciro cya kabiri cy’abaturage b’Abagande 75 bari baraheze mu Rwanda kubera icyorezo cya Covid-19 batashye mu gihugu cyabo.
Zimwe mu nzoga zitemewe zengwa rwihishwa mu Rwanda kandi mu buryo butemewe, usanga zifite amazina asekeje izindi zikitwa amazina asanzwe akoreshwa mu buzima bwa buri munsi, ariko yose afite aho ahuriye n’ingaruka zigira ku wazinyoye.
Bamwe mu baganga bo mu bitaro bikuru n’iby’uturere binyuranye byo hirya no hino mu gihugu, basoje amahugurwa y’iminsi ibiri ajyanye no kwiga uburyo barushaho gutanga serivise nziza ku bantu bafite ubumuga baza babagana.
Hoteli yari imaze imyaka 17 mu mushinga yagombaga kubakwa mu Karere ka Muhanga igiye kubakwa ihuriweho n’Uturere twa Ruhango, Muhanga na Kamonyi, ari na ryo zina Hotel izahabwa kuko yiswe ‘RMK (Ruhango, Muhanga Kamonyi) Resort Hotel’.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Nzeri 2020, mu Rwanda abantu babiri byishwe na COVID-19.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko Umudugudu wa Gakoma wo mu Kagari ka Kigeme mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe wakuwe muri Guma mu Rugo (lockdown) guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nzeri 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ikoranabuhanga rikwiye kwifashishwa mu guhangana n’ibindi biza byakugariza isi, nyuma y’aho icyorezo cya Covid-19 kizaharije ubukungu bwayo.
Imiryango 112 y’abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo irimo ibice bibiri, abahatujwe muri 2019 bakaba bashinja abahabatanze, kwanga gusangira na bo umusaruro ukomoka ku nkoko zahawe uwo mudugudu.
Kuri uyu wa 18 Nzeri 2020 Banki ya Kigali ishami rya Rwamagana yashyikirije udupfukamunwa ibihumbi 30 Akarere ka Rwamagana kugira ngo na ko kadushyikirize imiryango itishoboye.
Umunyarwanda Emile Bikorabagabo yagiye kwiga mu gihugu cy’u Bushinwa none uyu munsi arakina mu cyiciro cya kabiri mu ikipe ya Yumeng FC mu Ntara ya Jiangsu mu gace bita Changzhou city hafi y’Umujyi wa Shangai.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 18 Nzeri 2020, i Karama mu Murenge wa Ruhashya hafatiwe umugabo ukekwaho ubujura, barebye basanga ni Isaac Banyangiriki wari warabuze ngo afungirwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice yemereye abahinzi b’ibirayi bibumbiye muri Koperative IABNDI ubufasha bwo guhunika imbuto kugira ngo igabanuke guhenda.
Abagore bo mu gihugu cya Botswana bemerewe gutunga ubutaka, mu gihe itegeko risanzweho ritajyaga ryemerera umugore kugira umutungo w’ubutaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi burashimira Umuryango Imbuto Foundation ku bikorwa umaze gukorera muri ako karere, aho bwemeza ko byahinduye imibereho y’abaturage ba rubanda rugufi.
Ishuri ry’umupira w’amaguru rya Paris Saint Germain rigomba gutangizwa mu Rwanda, byemejwe ko rizubakwa mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo.
Ku wa Kane tariki 17 Nzeri 2020, Komisiyo ishinzwe imari (PAC) mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yahagaritse kumva ibisobanuro by’abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gutanga ingwate (BDF) kuko bayitabye batiteguye, basabwa kuzagaruka biteguye.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, rwategetse ko Paul Rusesabagina afungwa by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30, bitewe n’uko ibyaha Ubushinjacyaha bumurega bifite impamvu ikomeye igaragaza ko bishobora kumuhama.
Ikipe ya APR FC imaze gutangaza ko yasinyishije Jacques Tuyisenge amasezerano y’imyaka ibiri, ni nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Petro Atletico yo muri Angola
Abacuruzi bakorera mu isoko ryubatse ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi mu Karere ka Rubavu basabye Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Hakuziyaremye Soraya kubafasha koroherezwa kwambutsa ibicuruzwa mu mujyi wa Goma kuko bahuye n’igihombo gikomeye kuva imipaka yafungwa.
Muri Sudani hafatiwe ikinyabutabire cya "Nitrate d’Ammonium" cyashoboraga guturika kikarimbura umurwa mukuru wose wa Kharthoum.
Mu itangazo yavugiye kuri televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yatangaje ko kuva tariki ya 01 Ukwakira 2020, bazafungurira imipaka bamwe mu bagenzi bashaka kwinjira mu gihugu, ariko bakabanza kwerekana icyangombwa cya muganga ko bapimwe bagasanga nta bwandu bwa COVID-19 bafite. Icyo cyangombwa (…)
Imyaka 35 irashize hatangijwe ingamba zo kurengera no kurwanya iyangirika ry’akayunguruzo k’imirasire y’izuba, ingamba zatangijwe n’isinywa ry’amasezerano ya Montreal yo kurengera ako kayunguruzo yasinywe mu mwaka wa 1987, umwanya wabaye mwiza mu kurengera isi n’abayituye.