N’ubwo utubari tugifunze kubera kwirinda Covid-19, ntabwo bibuza abakunzi b’inzoga kunywa bamwe bagasinda bazinywereye muri resitora cyangwa mu maduka kuko ho hadafunze.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye gushyiraho ingamba nshya zo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo Covid-19 mu masoko yo muri uyu mujyi.
Hari uwabona umuntu yicaye mu mutaka yambaye ‘akajile’ na telefoni mu ntoki, akagira ngo wenda kuba umu ajenti ‘agent’ wa sosiyete y’itumanaho si akazi gahemba kandi katunga ugakora neza.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, bwatangije ubukangurambaga bugamije kwibutsa abaturage ko icyorezo cya Covid-19 kigihari kandi buri wese yacyandura, bityo bagasabwa kukirinda.
Umunyarwanda Mugisha Moise wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020, yakoze impanuka ubwo yari gukora imyitozo mu bice by’akarere ka Kamonyi.
Itsinda ry’abantu barenga icumi bari bitabiriye ibirori by’isabukuru y’umukunzi wa Michael Sarpong bakuwe mu kato bari bamazemo iminsi itatu.
Mu gihe indirimbo ‘we don’t care’ umuhanzi Meddy w’Umunyarwanda yakoranye na RJ The DJ na Rayvanny bakorera mu nzu y’umuziki ya Wasafi izwi muri Tanzaniya ya Diamond yari imaze kujya hanze, Meddy yatunguwe n’uko yaje guhita isibwa ku rubuga rwa YouTube.
Uruganda ‘Apple’ rukora ibikoresho bitandukanye by’ikoranabuhanga byiganjemo telefoni na mudasobwa bigendanwa, rwakoze mu buryo bw’ibanga udukoresho twumvirwaho imiziki, amajwi, ibitabo n’ibindi tuzwi nka ‘Ipod’ mu buryo tubashaka gutata no kubika amakuru y’abadukoresha.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC), kiratangaza ko muri uku kwezi kwa Kanama basubukura igikorwa cyo kugeza ku Banyarwanda gahunda yo gukoresha mubazi y’amazi (Water Mass Meter).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko ikibazo umukecuru Bazarama Anastasie wo mu Mudugudu wa Rukundo, Akagari ka Rwisirabo, Umurenge wa Karangazi ayari afitanye na Padiri Gakirage Jean Bosco cyamaze kurangira.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko Umunyarwanda w’imyaka 42 y’amavuko yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 20 Kanama 2020 azize COVID-19, abamaze kwicwa n’icyo cyorezo bose hamwe mu Rwanda baba cumi n’umwe.
Ku mugoroba wa tariki ya 19 Kanama Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Matimba yafashe uwitwa Twerekane Dieudonne w’imyaka 33. Yari apakiye amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti ibiro 350, yari mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux ifite ibirango RAA 208E.
Iyo umwaka ushojwe buri gihe amakipe atangira kwiyubaka. Mu gushaka kwiyubaka ni ho usanga amakipe amwe n’amwe ajya ku isoko akagonganira ku bakinnyi bitewe n’uko buri wese aba yifuza kubona abakinnyi b’indobanure, mu gihe abakinnyi na bo baba bifuza amakipe yifite abaha umutekano wo kuzabona ibyo bifuza.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 20 Kanama 2020 yitabiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga Inama y’Abagize Biro y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’abakuru b’Uturere tw’Ubukungu, iyo nama ikaba yigaga ku kurwanya icyorezo cya COVID-19.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Anastase Shyaka, arasaba abayobozi baturiye inkiko (imipaka) kugira amaso ane: abiri areba abaturage n’abiri areba inkiko.
Kuva tariki 15 Kanama 2020, moto na taxi (voiture) zitwara abagenzi zose zisabwa kugira imashini (telefone zigezweho zitwa smart phone), zibara igiciro cy’urugendo hashingiwe ku mubare w’ibirometero ikinyabiziga cyagenze.
Ikipe ya Gisagara VC yateguye umwiherero uzayihuza n’abakozi bayo ukazamara iminsi itatu. Ni umwiherero utangira kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Kanama 2020 ukazarangira ku wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2020 ukabera mu Karere ka Gisagara.
Safi Madiba wamenyekanye cyane igihe yari mu itsinda rya Urban Boys, yemeye ko yatandukanye n’umugore we Judith Niyonizera, nyuma yo kugirana ibibazo byinshi by’imibanire kwiyunga bikananirana.
Ubuyobozi bw’Inyubako y’ubucuruzi ya ‘Makuza Peace Plaza’, iherereye mu Mujyi wa Kigali, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), kuri uyu wa Kane tariki 20 Kanama 2020, bwateye umuti mu nyubako yose hagamijwe gukumira icyorezo cya Covid-19.
Inzara yatewe na COVID-19 n’imyuzure muri Koreya ya Ruguru yatumye Perezida Kim Jong Un ategeka ko abatunze imbwa bose bazitanga zikabagwa abaturage bakabona ibyo kurya.
Abashinzwe gutegura shampiyona y’u Bwongereza bamaze gushyira hanze ingengabihe ya shampiyona igomba gutangira tariki 12/09/2020.
Uko icyorezo cya Covid-19 kigenda cyibasira ibihugu bitandukanye ku isi, hari ikintu kigaragara cyane, aho usanga ab’igitsina gabo bibasirwa cyane kandi bagahitanwa na cyo kurusha ab’igitsina gore.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kane tariki 20 Kanama 2020 ahagana saa cyenda z’ijoro, abajura bapfumuye ibiro by’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga biba mudasobwa enye ndetse n’ikarito yari irimo imiti yo kuvura inka zo muri gahunda ya ‘Girinka’.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko itazitabira ubutumire yari yagejejweho n’ikipe ya Young Africans ndetse na Simba zo muri Tanzania
Iyo umuntu avuze ko agiye kwivuriza kwa Nyirinkwaya, abenshi mu bajya kwivuza bahita bamenya aho ari ho, ni izina rimaze kumenyekana ndetse rizwi na benshi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko bufite icyizere cyo kurangiza ikibazo cyo kubona amazi meza, abaturage bakibagirwa kuvoma amazi yo mu bishanga. Ubuyobozi bubishingira ku mushinga wo kubaka uruganda rw’amazi ku mugezi wa Koko mu Murenge wa Murunda, ruzagaburira amazi imirenge iyakeneye.
Colonel Assimi Goita, yatangaje ko ari we wateguye akanashyira mu bikorwa umugambi wo guhirika Perezida Ibrahim Boubacar Keïta (IBK) wa Mali na Minisitiri we w’Intebe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bwemewe n’amategeko ari bo bihishe inyuma y’ubucukuzi butemewe, ariko bagiye gukurikiranwa.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Anastase Shyaka, aranenga abantu bibuka kwambara udupfukamunwa ari uko babonye abayobozi hafi yabo.
Ikipe ya Bayern Munchen itsinze Lyon ibitego 3-0, mu mukino wa kabiri wa ½ wakinwe kuri uyu wa Gatatu, isanga Paris Saint Germain ku mukino wa nyuma
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kanama 2020 mu Rwanda abantu 15 bakize icyorezo cya COVID-19, mu gihe habonetse abarwayi bashya 67.
Abanyanamibiya bihanangirijwe kubera ingaruka bashobora guhura na zo biturutse ku gukoresha amase y’inzovu nk’uburyo bwo kwivura covid-19.
Komite Nyobozi ya Ferwafa yamaze gufata umwanzuro ku mafaranga y’ingoboka aheruka gutangwa na FIFA, yemeza ko buri kipe mu cyiciro cya mbere izahabwa Miliyoni 28 Frws.
Impuguke mu by’imirire n’imikurire y’abana zihamya ko nta biryo runaka cyangwa ibyo kunywa byihariye bituma umubyeyi abona amashereka yo konsa umwana, igikuru ngo ni uko abona indyo yuzuye kandi ihagije.
Ubusanzwe habaho ibihembwe by’ihinga bitatu harimo igihembwe cya A (Nzeri-Gashyantare), igihembwe B (Werurwe-Gicurasi), hakaba n’igihembwe C (Kamena-Nzeri).
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, yatangaje igihe ibihugu birimo n’u Rwanda bizasubukurira imikino yo gushaka itike ya CAN 2022 izabera muri Cameroun
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), wungirije ushinzwe ubushakashatsi mu buhinzi no gusakaza ibyavuye mu bushakashatsi Dr. Charles Bucagu, avuga ko barimo gukora ubushakashatsi ku ndwara yadutse mu ntoki.
Mu gihe nk’iki mu myaka itatu ishize, Abanyarwanda bari bakirimo kwishimira ko Perezida Kagame yari yarahiriye kongera kuyobora u Rwanda, nyuma y’ubusabe bwa benshi nk’uko babigaragaje.
Mu gihe abantu bashishikarizwa kwifashisha ikoranabunga mu guhererekanya amafaranga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya Coronavirus, hari abacururiza mu isoko rya Huye bavuga ko hashize igihe basabye gushyirwa muri Momo Pay batarabyemererwa.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa ureberwaho na benshi mu bakora umuziki gakondo, burya ngo umuziki we awukomora mu muryango we cyane cyane ku mubyeyi we (Se) wari umuyobozi wa Korali y’Abagatorika muri Kiriziya y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille) ya Kigali.
Urukingo rwakozwe n’ikigo cy’ubushakashatsi cyo muri Amerika cyitwa ‘US-based biotechnology company’ (Novavax), rurimo kugeragezwa mu bushakashatsi bwa kaminuza ya Witwatersrand.
Abahinzi b’icyayi mu Turere twa Rubavu na Rutsiro bahuriye muri Koperative COOPT Pfunda bashyikirijwe ibikoresho bibafasha kwirinda COVID-19.
Nyuma y’iminsi mu igeragezwa I Londres mu ikipe ya Arsenal, George Lewis Maniraguha ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda na Norvege yamaze gusinya muri Arsenal amasezerano y’imyaka ibiri n’igice
Mu mukino wa mbere wa ½ cy’irangiza wa Champions League, ikipe ya Paris Saint Germain yatsinze Leipzig bituma igera ku mukino wa nyuma bwa mbere mu mateka yayo.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) mu Karere ka Muhanga, uratangaza ko utegereje ko abakekwaho guhisha amakuru ku mibiri yagaragaye ku rusengero rwa ADEPR Gahogo bamenyekena.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko abantu baherutse kugaragara mu mafoto ku mbuga nkoranyambaga bari mu birori barimo abakinnyi b’umupira w’amaguru barimo Sarpong na Olivier Karekezi n’abandi batandukanye bose hamwe uko ari cumi n’umwe bashyizwe mu kato, mu gihe abandi babiri bagishakishwa.
Abaturage bambara ubusa mu busitani (nudists) basabiye ingurube y’ishyamba kuraswa nyuma y’uko isagariye umwe muri bo arimo yota akazuba, ikamushikuza igikapu cye kirimo mudasobwa igendanwa n’imyambaro ye.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko Abanyarwanda babiri b’imyaka 45 na 55 y’amavuko bitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2020 bazize COVID-19, abamaze kwicwa n’icyo cyorezo bose hamwe mu Rwanda baba icumi.