Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 27 Nzeri 2020 mu Rwanda habonetse abantu icyenda (9) bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi umunani (8) bakize.
Leta zunze Ubumwe za Amerika zafashe ingamba zikomeye ku bajyaga kwigayo bagaherayo kubera itegeko rishya ryerekeye abimukira rishobora gutuma abanyeshuri benshi bo muri Afurika bisanga mu bibazo bikomeye muri Amerika bikaba ngombwa ko bongera gusaba amerika uburenganzira bwo kwigayo.
Mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 25 Nzeri 2020, harimo uwemerera abatwara abagenzi ku magare bazwi ku izina ry’abanyonzi kugaruka mu muhanda, ariko basabwa kubahiriza amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima, ndetse no gukoresha ingofero zabugenewe (helmet/casque) kugira ngo birinde banarinda abo batwara ingaruka (…)
Abatuye mu Mudugudu wa Gakoro mu Kagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze bafite impungenge z’ingaruka zikomeje guterwa n’uruganda rutunganya amabuye rukorera mu mudugudu wabo.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Claver Gatete, avuga ko inzu za Leta ziri i Huye zidakoreshwa, kimwe n’ibibanza by’ahitwa mu Cyarabu bikomeje gutera umwanda mu mujyi, biza gufatirwa ingamba.
Joséphine Nyiramatabaro w’i Bukomeye mu Murenge wa Mukura yahawe umuganda wo kumuhomera inzu, ariko kuri we ngo ikimubangamiye cyane ni ukuvirwa biturutse ku kuba amabati yahawe ayubaka yaramubanye makeya.
Mvukiyehe Juvenal wari umukandida rukumbi ku mwanya wa Perezida wa Kiyovu Sports, ni we utorewe kuyobora iyo kipe mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere, akaba atowe 100%.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza Ndindabahizi Didace avuga ko amasoko y’amazi ari mu cyuzi cya Ruramira yakomye mu nkokora gushakisha imibiri y’Abatutsi bajugunywemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Nyuma y’Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ku wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bamwe bishimiye ibyemezo byayifatiwemo, icyakora abandi bagaragaza ko hari ibindi bikorwa na byo bikwiriye kudohorerwa, nk’uko ibitekerezo batanze ku mbuga nkoranyambaga (…)
Ubuyobozi bw’Uturere mu Ntara y’Iburengerazuba butangaza ko insengero 110 ari zo zemerewe gukora mu gihe izindi zigisabwa kuzuza ibyo zisabwa mu kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Minisitiri w’Intebe mushya w’u Buyapani Yoshihide Suga, yatangaje ko u Buyapani bwiyemeje kizakira imikino ya Olempike ikazabera i Tokyo mu mwaka wa 2021.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Nzeri 2020 mu Rwanda habonetse abantu 13 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 11 bakize.
Nyuma y’uko mu gihe cy’amezi atarenze atanu ba Gitifu bane b’imirenge igize Akarere ka Musanze bashyikirijwe inkiko bamwe bakaba bafunze baregwa icyaha cy’ihohotera mu baturage, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze yagize impanuro atanga zijyanye n’uburyo abayobozi bagombye kwifata imbere y’abo bayobora.
Abatwara ibintu n’abantu ku magare bazwi nk’Abanyonzi bishimiye kugaruka mu muhanda ariko barasaba koroherezwa kubona ingofero zabugenewe zijyanye n’akazi n’ubushobozi bwabo.
Perezida wa Koreya ya ruguru Kim jong Un yatunguranye asaba imbabazi nyuma yo kwica umuyobozi wo muri Koreya y’Epfo bakanamutwika.
Ku bufatanye n’abaturage, Polisi ikorera mu turere twa Rutsiro na Nyabihu yashoboye kugarura imifuka 25 ya sima yari yibwe ahubakwa ibikorwa remezo bya Leta.
Uwitwa Sergueï Torop wo mu Burusiya ni umwe mu bayobozi b’idini ry’abahindu uzwi cyane muri icyo gihugu. Avuga ko Yesu/Yezu yazukiye muri we, akaba afite ibihumbi byinshi by’abayoboke mu idini rye.
Uku niko biba byifashe mu nama y’Abaminisitiri. Aha ni mu nama yateranye tariki 25 Nzeri 2020 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, yahamagariye abayobozi batandukanye mu Ntara y’Iburengerazuba kwegera abaturage no kubagezaho ibyo bifuza kugira ngo barusheho kwishimira uko babayeho.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwafunze uwitwa Nyirahanyurwishaka Alphonsine ukurikiranyweho icyaha cyo gukomeretsa byateye urupfu aho yamennye amazi ashyushye ku mugabo we n’umwana wabo w’umwaka umwe n’amezi ane, umwana bikamuviramo urupfu.
Uwitwa Hagenimana Gad yasize umugore n’abana i Rusizi tariki 21 Werurwe 2020, aza i Kigali atwaye abagenzi mu modoka, yari azi ko ahita asubira mu rugo rwe, ariko yongeye gusubirayo nyuma y’amezi atandatu kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Nzeri 2020.
Paul Rusesabagina uregwa gufatanya na FLN mu byaha by’iterabwoba, kwica, gutwikira abaturage no kubasahura hakoreshejwe intwaro i Nyamagabe na Nyaruguru, yabwiye Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ko atategekaga uwo mutwe wa FLN.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa gatanu tariki 25 Nzeri 2020 yemeje ko amashuri azafungura mu gihe cya vuba hakurikijwe ibyiciro byayo. Gahunda y’uko azatangira ikazatangazwa na Minisiteri y’Uburezi hashingiwe ku isesengura rizakorwa.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi batandukanye.
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 25 Nzeri 2020 iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yemeje ko imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zihuza Intara n’Umujyi wa Kigali zemerewe gukora.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 yafatiwemo imyanzuro itandukanye harimo uvuga ko amakoraniro (social gatherings) y’abantu batarenze 30 badasabwa kubanza kwipimisha COVID-19.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Gatanu tariki ya 25 Nzeri 2020, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020, mu Rwanda abandi bantu babiri bishwe na COVID-19.
Urukiko rw’Ubujurire rwagumishijeho igihano cya burundu kuri Leon Mugesera nyuma yo gusuzuma ubujurire bwe rugasanga nta shingiro bufite.
Abahanga batandukanye bagira abantu inama ku myitwarire cyangwa ibibazo umusore atagombye kubaza umukobwa niba yifuza ko bakundana koko.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.
Leta y’u Bushinwa yiyamye ku mugaragaro Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UN) kubera kubuhoza ku nkeke zivuga ko ari bwo bwateje icyorezo cya Coronavirus.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi rikomeje ibikorwa byo kurwanya uburobyi bukorerwa mu kiyaga cya Kivu ndetse n’ibindi byaha bibera muri iki kiyaga.
Muri Botswana abaharanira uburenganzira bw’inyamanswa bamaze igihe bibaza impamvu yaba ituma inzovu zipfa umusubirizo ndetse zigapfira rimwe ari nyinshi.
Ubushinjacyaha bwasobanuye ko impamvu y’ubujurire bwa Rusesabagina mu Rukiko Rwisumbuye ku ifungwa rye nta shingiro ifite, bitewe n’uko FLN yagabye ibitero i Nyamagabe na Nyaruguru muri 2018 ari we ngo wayitegekaga abinyujije kuri Nsabimana Callixte.
Urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu bahawe imashini zo kudoda baratangaza ko bagiye kwikura mu bukene bukabije, kandi bagafasha na bagenzi babo kwiga umwuga w’ubudozi kuko wizeweho kubateza imbere.
Umukinnyi wa mbere ukize ku isi si Lionnel Messi, Cristiano Ronaldo cyangwa Neymar nk’uko benshi babikeka, ahubwo ni Faiq Bolkiah w’imyaka 22 y’amavuko.
Mu minsi yashize ibice by’igihugu byibasiwe n’ibiza birimo amazi y’imvura yaguye ari nyinshi ku buryo budasanzwe yibangiza imyaka mu mirima n’ibindi.
Paul Rusesabagina uregwa gufatanya na FLN mu byaha by’iterabwoba, kwica, gutwikira abaturage no kubasahura hakoreshejwe intwaro i Nyamagabe na Nyaruguru, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ko atategekaga uwo mutwe wa FLN.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko tariki 24 Nzeri 2020 yakiriye imbangukiragutabara 40 u Rwanda rwahawe n’u Bubiligi binyuze mu Kigo cy’Iterambere cy’Ababiligi (Enabel).
Umunsi mpuzamahanga w’abahanga mu by’imiti kuri uyu wa 25 Nzeri 2020, usanze abo mu Rwanda bari mu myiteguro yo kwegereza abaturage zimwe muri serivisi baboneraga kwa muganga, harimo iyo gukingira abantu no kuboneza urubyaro.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye abakozi ba Pariki kubera ubwitange bubaranga mu kazi kabo ko kubungabunga ibinyabuzima bibamo, by’umwihariko ingagi.
Abakinnyi batatu b’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza bitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana 24 b’ingagi, ndetse na bo bagira uruhare muri uwo muhango baha amazina bamwe muri abo bana b’ingagi.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 24 Nzeri 2020 mu Rwanda habonetse abantu 10 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 55 bakize.
Buri muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi uba ufite umwihariko cyane cyane mu kwakira abashyitsi no kugaragaza isura ya nyayo y’ubukerarugendo mu Rwanda.
Guhera tariki 9 Nzeri 2020, Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera, ishingiye ku itegeko nshinga rya Republika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, no ku itegeko no 87/2013 ryo ku wa 11/9/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere y’inzego z’imitegekere y’igihugu zegerejwe abaturage, ishingiye kandi ku ngamba n’ibyemezo (…)
Komite Nyobozi yayoboraga ya Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah